Tuesday, February 3Impamba y'amakuru yizewe

Mu Rwanda

Gutwara imyanda muri Kigali bizanozwa ryari?

Gutwara imyanda muri Kigali bizanozwa ryari?

Mu Rwanda
Kigali nubwo ari umwe mu mijyi irangwamo isuku muri Afurika, ariko n'ubu hari ibitaranozwa, nk'uko tubisanga muri iyi nkuru. Gahunda yo gutwara imyanda bigaragara ko itiranozwa neza ndetse irimo ibibazo bitandukanye. Bimwe mu bigarukwaho n’abakora iyo serivisi birimo ibijyanye n’uburiganya mu bigo bitsindira amasoko, gutinda gutwarira imyanda abaturage, ikibazo cy’imihanda micye ikoreshwa n’imodoka zabugenewe n’ibindi . Umuyobozi w’ ikigo AGRUNI, gikusanya kikanatwara imyanda ku kimoteri cya Nduba, Ngenzi Shiraniro Jean Paul, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko kugeza ubu gutwara imyanda mu mujyi wa kigali bitaranozwa ahanini bitewe nuko nta buryo bunoze buhari bwo kuyicunga neza. Ati “Iriya myanda iramutse icunzwe neza ishobora kubyazwamo ibindi bintu bishobora kuvamo ubukire...
Ushinjwa kwica Burugumestre wa Ntyazo haribazwa impamvu atabazwa ubwicanyi bw’i Karama

Ushinjwa kwica Burugumestre wa Ntyazo haribazwa impamvu atabazwa ubwicanyi bw’i Karama

Mu Rwanda
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bo mu Karere ka Nyanza ho mu Ntara y'Amajyepfo baranenga ko Hategekimana Philippe bita Biguma ko atazabazwa ibyabereye ku musozi wa Karama. Mu Bufaransa hakomeje kubera urubanza mu bujurire bwa Hategekimana Philippe Manier  Biguma aho yajuririye icyemezo cy’urukiko rwa Rubanda, rwari rwamukatiye igihano cy’igifungo cya burundu rwamuhamije ibyaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Bavuga ko Hategekimana Philippe Manier Biguma yagize uruhare mu bwicanyi bwahabereye gusa uruhande rw’abaregera indishyi bari basabye urukiko ko Biguma yanaryozwa ubwicanyi bwabereye ku musozi wa Karama. Ni icyemezo kitashimishije bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo mu karere ka Nyanza. Umwe yagize ati”Kuba Biguma atazabazwa ibyabereye i...
Usanase yatawe muri yombi

Usanase yatawe muri yombi

Mu Rwanda
RIB yemeje ko yataye muri yombi umukobwa witwa Usanase Shalon uzwi  ku izina rya Jacky Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ari we Dr. Murangira B.Thierry, yavuze ko akurikiranweho gukora ibikorwa by’ibiterasoni mu ruhame, no gutangaza amakuru y’urukozasoni hakoreshejwe mudasobwa, gutukana mu ruhame no gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina. Kugeza ubu Jacky afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gikondo mu gihe agikorerwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Usanase yaheruka kugarahara ku mbuga nkoranyambaga avuga ibiteye isoni, anenga umugabo bari bagiye kubana nyuma yo kumwambika impeta ko ” atashobora inshingano zo mu buriri.” ndetse yasanze  nta mikoro afite nk'uko yabikekaga( abivugana ibitutsi). Dr. Murangira yavuze ko mu bihano Jacky...
Mabondo ni umwe mu batawe muri yombi, ese barakekwaho iki?

Mabondo ni umwe mu batawe muri yombi, ese barakekwaho iki?

Mu Rwanda
Urwego rw'Igihugu  rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi Mwiseneza Jerome, umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Gatunda n’umuhesha w’inkiko witwa Mabondo Semahoro Victor n’abandi bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba. Mu bandi batawe muri yombi bafatwa nk’abafatanyacyaha barimo Mukadusabe Marcelline wigize umuhuza, bamwe bazwi nk’abakomisiyoneri akaba yarakoranaga na Mabondo, Mukeshimana Seraphine umugore wa Jean Claude Hagumubuzima ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana na Ntuyenabo wahuje Mukeshimana na Mwiseneza. Aba bose bakurikiranyweho ibyaha byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ubufatanyacyaha ku cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kwiyitirira urwego rw’umwuga, aho Mabondo yiyitaga ko ari umwavoka wunga...
Eric Karinganire yihannye Umucamanza

Eric Karinganire yihannye Umucamanza

Mu Rwanda
Eric Karinganire, rwiyemezamirimo wo mu Ntara y’Iburasirazuba umaze hafi umwaka afungiye muri Gereza ya Nsinda mu Karere ka Rwamagana, yihannye umunyamategeko HATEGEKIMANA Danny avuga ko atamubonaho ubutabera. Uyu rwiyemezamirimo ufite company yitwa Kagera VTC Limited ikora akazi ko kuhira hakoreshejwe amazi yo munsi y’ubutaka hifashishijwe Smart Phone [Irrigation Using Undeground Water And Smart Phone], umugore we aherutse kwandikira Umukuru w’Igihugu avuga ko umugabo we yafunzwe ku bw’imbaraga za Rtd CG Gasana Emmanuel wabaye Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, nk’uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha umuseke.rw. Ku itariki ya 30/05/2024 nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwakatiye igifungo cy’imyaka 10 Karinganire Eric, rumaze kumuhamya icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi mu bury...