Ubutaka buto bw’u Rwanda n’icyakorwa mu gukemura ikibazo cy’inzara mu mboni za Senateri Muligande
Senateri Dr. Charles Murigande yagaragaje ko bitumvikana ko mu Rwanda habaho abantu bicwa n’inzara kandi ruri mu bihugu bigira imvura ishobora gufasha mu buhinzi, asaba ko hashyirwa imbaraga mu guteza imbere ubushakashatsi bugamije kongera umusaruro.
Ibi, yabigarutseho kuri uyu wa 19 Mutarama 2026 ubwo Sena y’u Rwanda yaganiraga na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, wagaragazaga aho uru rwego ruhagaze kuri ubu.
Senateri Dr. Charles Murigande, yavuze ko hakwiye gushyirwa imbaraga mu bushakashatsi kugira ngo hamenyekane uko igihugu cyakongera umusaruro ushingiye ku kumenya ubwoko bw’ibihingwa byakwera mu Rwanda, uko umusaruro wakongerwa n’ibindi bishingiye ku bushakashatsi.
Yakomeje agaragaza ko u Rwanda rufite ubuso buto bw’ubutaka bwo guhinga bityo ko ubushakashatsi ari y...





