Thursday, June 26Impamba y'amakuru yizewe

Author: Impamba Reporter

Ese koko umwe mu batoza ba Kiyovu yaba agiye kwicwa n’inzara

Ese koko umwe mu batoza ba Kiyovu yaba agiye kwicwa n’inzara

Mu Rwanda
Nduwimana Pascal utoza abanyezamu ba Kiyovu Sports, yahakanye amakuru yavugaga ko yaba yarambuwe n’iyi kipe agera kuri miliyoni 5.5 Frw kandi ngo inzara yamwiciye i Kigali kugeza ubwo amara iminsi ibiri atabonye icyo gushyira mu nda. Mu minsi ishize, ni bwo humvikanye inkuru yavugaga ko ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bufitiye ideni umutoza w’abanyezamu ba yo, Nduwimana Pascal, ringana na miliyoni 5.5 Frw. Aya makuru kandi yavugaga ko uyu mutoza yabuze uko asubira iwabo mu gihugu cy’u Burundi kandi ko ikirenze kuri ibyo amaze iminsi ibiri atarya. Aganira na UMUSEKE, Pascal yavuze ko nta kibazo cy’amafaranga afitanye na Kiyovu Sports nk’uko byumvikanye. Ati “Njye sinzi aho ayo makuru ari guturuka kuko nta kibazo na kimwe cy’amafaranga mfitanye n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports. Nta bwo na...
YohererejeTrump impano iriho ubutumwa bukomeye ‎

YohererejeTrump impano iriho ubutumwa bukomeye ‎

Mu Mahanga
Rutahizamu w'ikipe y'igihugu ya Portugal na Al Nassr yo muri Arabia Saudite, Cristiano Ronaldo yoherereje impano, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump iriho ubutumwa bukomeye mu gihe intambara hagati ya Iran na Israel ikomeje gufata indi ntera. ‎ Guhera ejo Donald Trump ari kubarizwa muri Canada aho ari kumwe n'abandi bayobozi bakomeye mu nama ya G7 nk'uko ikinyamakuru inyarwanda.com dukesha iyi nkuru kibitangaza. ‎Umuyobozi w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, António Costa nawe uri muri iyi nama yashyikirije Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika impano ya Cristiano Ronaldo. ‎Ni umupira we wo mu ikipe y'Igihugu ya Portugal uriho umukono we ndetse ukaba uriho n'ubutumwa bugira buti: "Kuri Perezida Donald J.Trump, ugukinira amahoro". ‎António Costa asan...
Umwarimu muri ESPANYA uregwa kwiba imodoka urubanza rwe rwongeye gusubikwa

Umwarimu muri ESPANYA uregwa kwiba imodoka urubanza rwe rwongeye gusubikwa

Mu Rwanda
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya kane urubanza rw’Umwarimu uregwa kwiba imodoka. Urukiko rwari rwapfundikiye urubanza runatangaza igihe rwari gusomwa nk'uko ikinyamakuru Umuseke dukesha iyi nkuru kibitangaza. Uyu mwarimu wigisha ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA riri mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza uregwa, yabwiye UMUSEKE ko urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse isomwa ry’urubanza, ruhita rutumiza uwatanze ikirego bityo akazongera kwitaba urukiko tariki ya 17 Kamena 2025. Bibaye ubugira Kane urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruhamagaza uwatanze ikirego ko yibwe imodoka n’umwarimu witwa Gatarayiha Marcel wigisha ku ishuri ry’ababyeyi rya ESPANYA riri mu karere ka Nyanza. Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasanze ari ngombwa ko...
Arashishikariza Abanyarwanda guharanira kugira imiryango ibanye mu bwumvikane

Arashishikariza Abanyarwanda guharanira kugira imiryango ibanye mu bwumvikane

Mu Rwanda
Bamwe mu baturage n'abayobozi mu nzego zitandukanye, baravuga ko ibiganiro byubaka bikozwe mu miryango, ari inkingi y'umuryango urangwa n'indangagaciro z'Umuryango Nyarwanda, bigatuma tubasha gukemura amakimbirane n'ibibazo bya hato na hato. Ibi byagarutsweho ubwo u Rwanda rwizihizaga Umunsi Mpuzamahanga w'Umuryango; washyizweho n'Umuryango w'Abibumbye mu mwaka wa 1993, utangira kwizihizwa muwa 1994, ukaba kuwa15 Gicurasi buri mwaka. Mu Rwanda by'umwihariko ukaba warizihirijwe m'Umugoroba w'Umuryango wo kuri uyu wa 18 Gicurasi 2025 mu rwego rwo gusubiza agaciro urwo rwego rwashyizweho. Ikiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: "ibiganiro byiza; ireme ry'umuryango". Ikiganiro nyirizina kikavuga kiti: "twubake umuryango urangwa n'indangagaciro z'Umuryango Nyarwanda". U...
RIB YASUBIJE TELEFONE 332 ZIBWE INAGARAGAZA ABAKEKWAHO IBYAHA

RIB YASUBIJE TELEFONE 332 ZIBWE INAGARAGAZA ABAKEKWAHO IBYAHA

Mu Rwanda
Zimwe muri telefone RIB yafashe Urwego rw'Ubugenzacyaha mu Rwanda; RIB, ku cyicaro cy'i Remera, Kuri uyu wa 15 Gicurasi 2025, bakoze igikorwa cyo kugaragaza abakekwaho ibyaha by'ubwambuzi butandukanye higanjemo abambura ama telefone, hanasubizwa telefone 332 zagarujwe, kuri ba nyirazo bazibwe. Ni gahunda RIB isanzwe ikora igamije gukumira ibyaha hamwe n'ubufatanye igirana n'itangazamakuru, n'ubufatanye aho RIB iba igamije kuburira abantu itanga ubutumwa bwo kwirinda ibyaha ndetse n'ubutumwa bwo kwihanangiriza ababyishoramo. Igikorwa cyakozwe mu byiciro bitatu, harimo kwerekana abantu bakekwa bafatiwe mu bikorwa bigize ibyaha, gusubiza za telefone ba nyirazo bazibwe zikaza gufatwa nyuma y'uko batanze ikirego, hamwe no gutanga ubutumwa itangazamakuru rigomba kugeza ku baturage. ...
African Schoolchildren Invited to Join Arctic Science Expedition on Board a Nuclear Icebreaker

African Schoolchildren Invited to Join Arctic Science Expedition on Board a Nuclear Icebreaker

Mu Mahanga
Schoolchildren aged 14 to 16 from Ghana, South Africa, Namibia, and Egypt, are invited to take part in the international educational project “Icebreaker of Knowledge”. The most outstanding participants will have a once-in-a-lifetime opportunity to join a scientific expedition to the North Pole aboard the nuclear icebreaker 50 Let Pobedy (“50 Years of Victory” in Russian), operated by Rosatom. The selection process, which opened in late April 2025, is part of the sixth edition of the “Icebreaker of Knowledge” project. This year’s expedition holds special significance as it coincides with the 80 years of Russian nuclear industry and the 500th anniversary of the Northern Sea Route — two milestones that highlight humanity’s ongoing quest for exploration and technological advancement. Sch...
Ishyaka rya Joseph Kabila ryahagaritswe

Ishyaka rya Joseph Kabila ryahagaritswe

Mu Mahanga
Ibikorwa by’ishyaka rya Joseph Kabange Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo byahagaritswe ku butaka bw’icyo gihugu, rishinjwa gushyigikira u Rwanda n’umutwe wa M23. Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wungirije, Nico-Premion, rivuga ko guhera ku wa 19 Mata 2025, ishyaka PPRD rya Joseph Kabila ritemerewe gukorera muri RDC nk'uko ikinyamakuru umuseke.rw dukesha iyi nkuru kibitangaza. PPRD ishinjwa kuba ntaho yigeze yamagana u Rwanda n’umutwe wa AFC/M23, ndetse no kuba Kabila, umuyobozi w’ikirenga wayo, ari i Goma, umujyi ugenzurwa n’inyeshyamba za AFC/M23. Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yavuze ko guhagarika PPRD muri RDC ari umwanzuro wafashwe hashingiwe ku itegeko n°04/002 ryo ku wa 15 Werurwe 2004 rigenga amashyaka ya ...
Abakoresha imbuga nkoranyambaga barasabwa kwirinda imvugo zigoreka ukuri kuri Jenoside

Abakoresha imbuga nkoranyambaga barasabwa kwirinda imvugo zigoreka ukuri kuri Jenoside

Mu Rwanda
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwasabye abakoresha imbugankoranyambaga (social media), kwirinda imvugo zigoreka ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Ubu butumwa, RIB ibutanze mu gihe kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Mata 2025, u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 31  Jenoside yakorewe Abatutsi. RIB, yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga kwitwararika, iti “  Abakoresha imbuga nkoranyambaga birinde imvugo zigoreka ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, bigamije kuyobya rubanda nko kugabanya uburemere cyangwa ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, koroshya uburyo Jenoside yakozwemo cyangwa kugaragaza imibare itariyo y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.” Urwego rw’ubugenzacyaha,RIB, rwibukije kandi buri wese kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside,guhakana no gupfob...
Umuhanzi Jessica Simpson agiye kongera kwigaragaza

Umuhanzi Jessica Simpson agiye kongera kwigaragaza

Imyidagaduro
Nyuma y’imyaka 15 atagaragara mu ruhando rwa muzika, Jessica Simpson, umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya pop na sinema, yongeye gusubira ku rubyiniro. Uyu mwanzuro wo kugaruka mu muziki yawufashe nyuma yo kwimukira i Nashville, aho yabonye umuryango w’abahanzi bamufasha gusohora EP ye nshya yise "Nashville Canyon, Igice cya 1", igizwe n’indirimbo eshanu. Muri iyi EP, Jessica agaragaza impinduka zikomeye mu njyana ye, aho yerekeje ku njyana ya soul na rockabilly. Mu kiganiro yagiranye na PEOPLE, yatangaje ko kuva yahagarika kunywa inzoga mu mwaka wa 2017, yabashije kwisanga no kwandika indirimbo zifite ukuri n’ubutumwa butomoye. Uyu muhanzi yagize ati "nyuma yo guhagarika inzoga, numvise nsubiye kuba uwo ndi we, kandi ibyo byatumye mbasha kwandika no kuririmba indirimbo zituruka ku...
Nyarugenge: Abakekwaho ubujra bahagurukiwe

Nyarugenge: Abakekwaho ubujra bahagurukiwe

Mu Rwanda
  Polisi y’u Rwanda yavuze ko itazihanganira na busa abantu bumva ko bazatungwa no kwiba cyangwa gushikuza iby’abandi, ibasaba kuyoboka imirimo y’amaboko, kuko amayeri yose bakoresha mu gucucura rubanda yavumbuwe. Ni nyuma y’uko, ku wa 12 Werurwe 2025, mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Mageragere, Akagali ka Nyarufunzo, hafatiwe abantu bakekwaho ubujura. Abafashwe ni abasore babiri, Ngerageza Eric na Manishimwe John, batawe muri yombi bakekwaho kwiba abaturage mu ngo zabo, bakoresheje imfunguzo bacurishije nk'uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha ikinyamakuru umuseke.rw. CIP Wellars Gahonzire, Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yabwiye UMUSEKE ko Polisi itazihanganira uwo ari we wese urya iby’abandi babiriye icyuya. Yagize ati “abantu badashaka gukora bakumva k...