Wednesday, August 13Impamba y'amakuru yizewe

Month: August 2025

Kigabiro:Basobanuriwe amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu

Kigabiro:Basobanuriwe amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu

Mu Rwanda
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere Rwamagana, Kucyumweru tariki ya 10 Kanama 2025, basuye Umuhora w'amateka y'urugamba rwo kubohora Igihugu. Aba baturage bavuze ko bahawe amasomo menshi nyuma yo gusobanurirwa uko ingabo zahoze ari iza RPA zaranzwe  n'ubwitange n'umurava zigahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse zikabohora Igihugu kandi abenshi muribo bari bakiri urubyiruko. Abarenga 150 bari baturutse mu tugari tugize Umurenge wa Kigabiro, gusura Umuhora w'amateka y'urugamba rwo kubohora Igihugu babitangiriye ku mupaka wa Kagitumba mu Murenge wa Matimba aho Ingabo za RPA zinjiriye zitangira urugamba rwo kubohora Igihugu.Bakomereje ahitwa  Nyabwishongwezi ku gasozi Major generali Fred Gisa Rwigema wari umugaba w'Ingabo zatangije urugamba rwo kubohora Igihugu ta...

Gahengeri: Bizihije Umunsi w’Umuganura bishimira ibyo bagezeho

Mu Rwanda
Abatuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana,kuwa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025 , bizihije umunsi mukuru w'umuganura bishimira n'ibikorwa by'indashyikirwa bagezeho.Bimwe mu byo bagezeho birimo ubuhinzi bwa kijyambere bwatumye abaturage bikura mu bukene. Mu ijambo ry'ikaze yagejeje ku bitabiriye umunsi mukuru w'umuganura, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gahengeri, Byaruhanga John Bosco,yagaragaje ko uyu munsi abatuye uyu Murenge bawizihije bishimira ibikorwa bagezeho bigira uruhare mu kongera umusaruro no guhindura ubuzima bw'abawutuye . Yagize ati "Nyakubahwa muyobozi w'Akarere murabizi ko uyu Murenge wacu mu mwaka ushize utari umeze neza,mwadukoreye ibintu bikomeye mudusanira umurenge,uva muri ya mirenge itameze neza. Kubaka umurenge hari ibintu byadufashije,i...