Tag: ubuzima

Icyo wakora mu kwirinda kurumwa n’inzoka, n’icyo wakora mu gihe yakurumye

Icyo wakora mu kwirinda kurumwa n’inzoka, n’icyo wakora mu gihe yakurumye

Ubuzima
Abahanga bagaragaza ko kuba inzoka yaruma umuntu bitari muri kamere yayo, ahubwo akenshi ngo ibikora yirwanaho igihe umuntu yayisagariye. Akenshi iyo umuntu abonye inzoka usanga agerageza kuyica, ariko iyo ayihushije ishobora guhunga cyangwa nayo ikirwanaho bikaba byarangira imurumye. Hari zimwe mu nzoka zigira ubumara ku buryo iyo irumye umuntu aba ari hagati y’ubuzima n’urupfu, bigasaba ko yihutanwa kwa muganga kugira ngo yitabweho. Umuti uvura ubumara bw’inzoka utangwa n’abaganga ni wo wonyine uramira umuntu warumwe n’inzoka. Inzoka zifite ubumara zikunze kugaragara ahantu hashyuha, ari naho usanga imibare y’abarumwa n’inzoka ikunze kuba iri hejuru. Umushakashantsi ku ndwara zititaweho uko bikwiye muri RBC, Nshimiyimana Ladislas, avuga ko mu kwirinda ibyago byo kurumw
Indwara ya miyopi ni iki? Irangwa n’iki?

Indwara ya miyopi ni iki? Irangwa n’iki?

Amakuru
Miyopi (myopia) ni indwara yibasira amaso, igatuma umuntu uyirwaye atabasha kureba neza ibintu biri kure ye. Iyi ndwara ituma umuntu uyirwaye atabasha kubona neza amashusho ari kure cyangwa akayabona arimo ibikezikezi. Ubu burwayi kandi bugira ingaruka ku umuntu uburwaye zirimo nko kuribwa umutwe, ndetse iyo butavuwe hakiri kare bushobora gutera ubundi burwayi bw’amaso. Impamvu zitera uburwayi bwa miyopi (myopia) hari uruhererekane mu miryango ndetse n’izindi ziterwa no kwangirika kw’amaso bitewe n’ibyo umuntu areba. Umuntu ufite ubu burwayi agaragaza ibimenyetso byo kubona neza ibintu bimwegereye gusa ibiri kure akabibona hazamo ibihu bitagaragara neza. Ikindi kimenyetso cy’iyi ndwara ni ukuribwa umutwe ndetse no kunanirwa kw’amaso. Ku bana miyopi (myopia) igira ingaruka ku m
Umunsi mpuzamahanga wahariwe kwirinda gukuramo inda mu buryo butanoze wizihirijwe ku bitaro bya Kibagabaga

Umunsi mpuzamahanga wahariwe kwirinda gukuramo inda mu buryo butanoze wizihirijwe ku bitaro bya Kibagabaga

Ubuzima
Kuri uyi wa Mbere tariki ya 28 Nzeli 2020 ni bwo ku bitaro bya Kibagabaga mu Karere ka Gasabo hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe kwirinda gukuramo inda mu buryo butanoze, wateguwe n’imwe mu miryango itari iya Leta yita ku buzima. Insanganyamatsiko y’uyu munsi igira iti “uruhare rw’imiryango Nyarwanda itari iya Leta mu gukumira  inda ziterwa abangavu no gukuramo inda mu buryo butanoze”. Kamuhangire Eduard, Umuyobozi ushinzwe ireme rya serivisi z’ubuzima muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ari na we uyoboye ishami rishinzwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi, yatangaje ko imibare y’abangavu baterwa inda ikomeje kuzamuka, ariko hari ingamba zafashwe kugira ngo imibare igabanuke. Mu ijambo yagejeje ku bari aho yavuze ko gukurirwamo inda bikorerwa mu bitaro bya Leta n’ibyigenga k
Safari ati “Umuti witwa “SOMAHO” ukingira Kanseri y’Amara n’Igifu

Safari ati “Umuti witwa “SOMAHO” ukingira Kanseri y’Amara n’Igifu

Amakuru
Ikinyobwa cyitwa “Somaho Herbal Soft Drink” cyavumbuwe na Safari Adrien avuga ko gifitiye umubiri akamaro gakomeye mu gukingira kurwara Kanseri ifata Igifu n’Amara. Mu kiganiro Safari Adrien yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com yavuze ko uyu muti ari mwiza ku bantu b’ibyiciro byose ati “uyu muti ni mwiza ku muntu wese, yaba umwana, yaba abantu bakuru abakecuru n’abasaza abawuzi nibo bawirahira, uyu muti navuga ko ari igikorwa naba narabashije kugeraho mu mpera z’umwaka washize wa 2019, mu buryo bwuzuye neza nawushyize ku mugaragaro mu mwaka wa 2020”. Safari avuga ko uyu muti wawusanga i Nyabugogo mu mazu mashya y’amashyirahamwe ahizwi nko mu “Nkundamahoro”, ahandi ni mu Murenge wa Jali ahitwa i Rubingo. Usibye uwo muti yise “Somaho”, avura n’izindi ndwara zitandukanye nka Amib
Kwikinisha ntabwo ari iby’abadasenga gusa n’abakristu barabikora-Sibomana

Kwikinisha ntabwo ari iby’abadasenga gusa n’abakristu barabikora-Sibomana

Ubuzima
Sibonama Jean Bosco umuvuzi mu ivuriro rya gakondo riri i Nyabugogo ryitwa “African Cultural Medicine”, aremeza ko ingeso yo kwikinisha itari mu bantu badasenga gusa, agashimangira ko ahantu hose hateranira abantu benshi nko mu nsengero no mu mashuri ko hagomba gutangirwa inyigisho zigaragaza ububi bwo kwikinisha. Muganga Sibonama mu gushimangira ko na bamwe mu bakristu bagira ingeso yo kwikinisha yagize ati “kwikinisha ntabwo ari iby’abantu badasenga gusa n’abakristu barabikora, duhura nabo umunsi ku wundi baje kwivuza rero kuba wenda mbishyize ahagaragara ni ukugira ngo icyo kintu gicike, iyo indwara ihishwe aho kugira ngo icike ikomeza kumara abantu iyo hatabaye kuyigaragaza n’aho iherereye”. Sibomana avuga ko guhera mu mashuri yisumbuye kugera muri za kaminuza, iyo ngeso yo k
Mu Rwanda bizihije umunsi mpuzamahanga w’ubuzima bwo mu mutwe

Mu Rwanda bizihije umunsi mpuzamahanga w’ubuzima bwo mu mutwe

Ubuzima
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Ukwakira 2019 mu kigo cya CARAES i Ndera ishami riri mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Niboye habereye ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubuzima bwo mu mutwe. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti “twite ku buzima bwo mu mutwe bw’abana n’urubyiruko”. Abafite ubumuga bavuwe n’ibitaro bya CARAES Ndera bizwiho kwita ku bafite ubumuga bwo mu mutwe basabye ko badakwiriye guhabwa akato kuko nabo hari ibyo bashoboye muri sosiyete. Abayobozi batandukanye bari aho mu kigo cya Centre Psychotherapeutique Icyizere ku Kicukiro ahabereye uyu munsi mukuru, icyo bagarutseho ni uko uburwayi bwo mu mutwe ari uburwayi nk’ubundi kandi bukaba buvurwa bugakira, ikibazo gisigaye ari uburyo sosiyete ikomeza kubafata aho bamwe bakomeza kubaha akato. I
Cyanika: Igikoni cy’Umudugudu cyagize uruhare mu guhangana n’ikibazo cy’igwingira ry’abana

Cyanika: Igikoni cy’Umudugudu cyagize uruhare mu guhangana n’ikibazo cy’igwingira ry’abana

Ubuzima
Mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe haba gahunda yiswe “Igikoni cy’Umudugudu” igamije guhangana n’ikibazo cy’igwingira ry’abana, aho abaturage bahurira ahantu hamwe bagateka indyo yuzuye bakagaburira abana. Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kamena 2019, mu Kagari ka Gitega habereye igikorwa ngarukakwezi cy’Igikoni cy’Umudugudu, abantu batandukanye bavuga uburyo gifite uruhare mu guhangana n’ikibazo cy’igwingira ry’abana. Manirareba Claude, Umujyanama w’Ubuzima  mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Gitega mu Murenge wa Cyanika avuga ko igikoni cy’Umududugu cyatanze umusaruro mu gukemura ikibazo cy’imirire mibi mu bana aho buri kwezi buri muturage azana ibiribwa bigatekerwa hamwe bikagaburirwa abana. Abo bana bagaburirwa ibiryo bibafasha kubaka umubiri birimo: Ibijumba, ibirayi,
Kujya mu mihango ntabwo ari ukugira ikibazo-Miss Rwanda

Kujya mu mihango ntabwo ari ukugira ikibazo-Miss Rwanda

Ubuzima
Nyampinga w’u Rwanda wa 2019, Nimwiza Meghan yibukije abana b’abakobwa ko badakwiye kugira ikibazo kuko bagiye mu mihango, kuko kuyijyamo ari ubuzima busanzwe. Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Gicurasi 2019 ubwo mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma hizihirizwaga umunsi mpuzamahanga w’isuku mu mihango. Nyampinga w’u Rwanda avuga ko ntawukwiye guterwa isoni n’uko umubiri we uteye. Meghane avuga ko kujya mu mihango ari ubuzima busanzwe kimwe n’uko umuntu yasonza cyangwa se akagira ibitotsi, ko ari ikimenyetso cyerekana ko umukobwa ari muzima. Nyampinga Meghan yagize ati “kujya mu mihango ni ibintu bisanzwe nta n’igikuba kiba cyacitse ntitwagatewe isoni rero n’uko imibiri yacu iteye”. Uyu nyampinga asanga icyaba ikibazo mu gihe cyo kujya mu mihango ari uko y
Masaka: Abaforomokazi, abaforomo n’ababyaza babimburiye abandi mu kwambara umwamaro mushya

Masaka: Abaforomokazi, abaforomo n’ababyaza babimburiye abandi mu kwambara umwamaro mushya

Ubuzima
Ikigo Ndera Buzima cya Masaka, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019 ni cyo cyabimburiye ibindi mu gihugu mu kwambika abaforomokazi, abaforomo n’ababyaza umwambaro mushya uriho n’ibirango bigaragaza amashuri n’uburambe muri uwo mwuga. Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu, Abaforomokazi, Abaforomo n’Ababyaza (NCNM) butangaza ko kwambika imyambaro abakora uyu mwuga ndetse n’ibirango biri mu itegeko. Kimonyo Julie, Umwanditsi Mukuru wa NCNM yatangarije abanyamakuru ko mu mpamvu zatumye gutanga uwo mwambaro mushya ku baforomokazi, abaforomo n’ababyaza byahereye mu Kigo Ndera buzima cya Masaka ari uko cyafashe iya mbere mu kwerekana ko gikeneye uwo mwambaro, ariko no mu tundi duce tw’igihugu amarembo yahise afunguka kugira ngo abakoresha bawugurire abaforomokazi, abaforomo n’ababy
Donald Kaberuka yahawe kuyobora “Global Fund”

Donald Kaberuka yahawe kuyobora “Global Fund”

Amakuru
Ikigega Mpuzamahanga kigenewe kurwanya Sida, Igituntu na Malaria,cyatangaje ko Inama y’Ubutegetsi yacyo yatoranyije Dr Donald Kaberuka nk’umuyobozi wayo aho yungirijwe na Roslyn Morauta. Byatangajwe n’iki kigega kuri uyu wa Gatanu, aho iyi nararibonye Dr. Kaberuka wahawe izi nshingano afite urwego ruhanitse mu buyobozi kuko yabaye umuyobozi ahantu hatandukanye haba kuba Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda kuva 1997 kugeza 2005, yanabaye kandi na Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) hagati y’umwaka wa 2005 na 2015. Ubwo yemeraga izi nshingano,Dr Kaberuka, mu ijambo rye yavuze ko Global Fund ari ubufatanye budasanzwe bwatanze impinduka mu mibereho y’ikiremwamuntu mu myaka isaga 20 ishize. Yakomeje agira ati “Ubu ni cyo gihe cyo guhangana n’imbogamizi zig