Tag: Ubutabera

Mu rubanza rwa Muhayimana hari umushinja kwanga kubaha ubuhungiro muri “Guest House” ya Kibuye

Mu rubanza rwa Muhayimana hari umushinja kwanga kubaha ubuhungiro muri “Guest House” ya Kibuye

Amakuru
Mu rubanza rwa Muhayimana Claude  ukurikiranyweho ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku Kibuye mu Karere ka Korongi, rubera i Paris mu Bufaransa, ku munsi waryo  wa 14 habonetse umutangabuhamya uregera indishyi umushinja ko bamusabye kubageza kuri Guest House ya Kibuye kuko ariho bari bizeye umutekano akabyanga. Claude Muhayimana w’imyaka 60 yavukiye mu Karere ka Karongi ubwo Jenoside yakorwaga,yari umushoferi wa Guest House ya Kibuye (Ubu ni mu mu Karere ka Karongi) arashinjwa “ubufatanyacyaha” muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 n’ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera ko yafashije interahamwe, akazitwara mu modoka zijya kwica Abatutsi mu ishuli ryisumbuye rya Nyamishaba, no mu misozi ya Karongi, Gitwa na Bisesero hahoze ari muri Perefegitura ya Kibuye. Ku
Mu rukiko rw’i Paris hari uwemeje ko yabonye Muhayimana afite Grenade

Mu rukiko rw’i Paris hari uwemeje ko yabonye Muhayimana afite Grenade

Amakuru
Urubanza rwa Muhayimana Claude ukurikiranyweho ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku Kibuye mu Karere ka Korongi, rubera i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Ukuboza 2021 hari umutangabuhamya wemeje ko yamubonye afite Grenade. Muhayimana Claude araregwa ibyaha byibasiye inyokomuntu  kuko kenshi yafashije abasirikari n’interahamwe  mu kubageza aho biciye Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye i Karongi, mu bitero byabereye i Gitwa na Bisesero. Umucamanza ku munsi wa 12 w’uru rubanza, yabajije uyu mutangabuhamya wavuze ko yabonye Muhayimana afite Grenade ati “wavuze ko wabonye Claude Muhayimana afite grenade?” Asubiza ati “yego twe twatwaraga amacumu, imihoro n’ibindi ariko we yatwaraga grenade akanambara ishati y'abasirikari hejuru”. Ya
Umuturanyi wa Muhayimana yavuze uburyo yamubonye atwaye imodoka y’uwakoreraga iyicarubozo Abatutsi

Umuturanyi wa Muhayimana yavuze uburyo yamubonye atwaye imodoka y’uwakoreraga iyicarubozo Abatutsi

Amakuru
Mu rubanza rwa Claude Muhayimana uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ruri kubera i Paris mu Bufaransa habonetse umutangabuhamya, uvuga ko yamubonye atwaye Barayata wari OPJ wakoreraga iyicarubozo Abatutsi. Amakuru ikinyamakuru IMPAMBA.COM gikesha abanyamakuru bagiye kumva uru rubanza avuga ko uyu mutangabuhamya mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yari aturanye na Muhayimana ku Kibuye, akaba ari mu rukiko ku ruhande rw'abaregera indishyi. Uyu mutangabuhamya yagaragaje uburyo Jenoside yatangiye hari abandi bo mu muryango wabo bari babasuye bari kumwe harimo na mubyara wabo witeguraga ubukwe tariki ya 10 Mata 1994, maze tariki ya 15 Mata abona Muhayimana Claude atwaye “Pick up” atibuka ibara ryaryo atwaye “Procureur” witwa Barayata. Uyu Barayata ngo yari OPJ
Mu rubanza rwa Claude Muhayimana Urukiko rwumvise umuhanga mu by’amateka

Mu rubanza rwa Claude Muhayimana Urukiko rwumvise umuhanga mu by’amateka

Politiki
Mu rubanza ruri kubera i Paris mu Bufaransa rw’Umunyarwanda Claude Muhayimana ucyekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Ugushyingo 2021, Urukiko rwumvise umuhanga mu by'amateka witwa Helene Dumas ukora ubushakashatsi akandika no kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Amakuru ikinyamakuru impamba.com gikesha abanyamakuru bo mu Rwanda bagiye kumva uru rubanza, avuga ko Helene Dumas yasobanuye uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe n’abayobozi bariho muri 1994 aho bahamagariye abaturage kwica n'abo basenganaga. Helene Dumas yavuze ko umugambi wari uhari mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kwari ukumaraho Abatutsi (abana, abagore, abasaza). Yasobanuye ko Jenoside itarangiranye n'ubwicanyi ko ahubwo abayirokotse basigaranye ibikom
U Bufaransa: Claude Muhayimana yahakanye ibyaha aregwa

U Bufaransa: Claude Muhayimana yahakanye ibyaha aregwa

Amakuru
Claude Muhayimana, Umunyarwanda uba mu Bufaransa yasomewe ibyaha aregwa  arabihakana, mu gihe aregwa ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, ari naho yavukiye. Amakuru atangazwa n’abakurikiye urwo rubanza yemeza ko Claude Muhayimana yemeye ko habayeho umugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko kuba yari umushoferi atari kubimenya, ko icyo azi ari uko habaye Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Uru rubanza rwatangiye kuri uyu wa mbere tariki  ya 22 Ugushyingo 2021, mu rukiko rwa rubanda rw’i Paris, rusanzwe ruburanisha ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Uru rubanza ruzasozwa tariki 17 Ukuboza 2021, aho urukiko ruzumva abatangabuhamya mirongo itanu, barimo 15 bazava mu Rwanda. Claude Muhayimana
Umunyamakuru Jado Castar yakatiwe gufungwa imyaka ibiri, icyo Maurice Munyentwari abivugaho

Umunyamakuru Jado Castar yakatiwe gufungwa imyaka ibiri, icyo Maurice Munyentwari abivugaho

Amakuru
Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB), Bagirishya Jean de Dieu ‘Jado Castar’, yakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Gasabo igifungo cy’imyaka ibiri nyuma yo guhamywa gukoresha inyandiko mpimbano. Jado Castar yatawe muri yombi ku wa 20 Nzeri 2021, icyo gihe yagiye gufungirwa kuri Sitasiyo ya Kicukiro y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Umunyamategeko Maurice Munyentwari aganira na Radio Fine Fm yavuze ko icyaha Castar yari akurikiranweho kiri mu byaha by’ubugome gikatirwa igihano cyo kuva ku gifungo cy’imyaka 5 kuzamura. Amategeko agena ko gukoresha inyandiko mpimbano bihanwa hifashishijwe ingingo ya 276 iteganya igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu itari munsi ya miliyo
Kabuga ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside azakomeza kuburanishwa

Kabuga ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside azakomeza kuburanishwa

Amakuru
Urwego mpuzamahanga rwasigariyeho urukiko mpanabyaha ruzakomeza kuburanisha urubanza rwa Kabuga Felesiyani ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994  wafatiwe mu Bufaransa muri Gicurasi 2020, rutangaza ko yitaba urukiko tariki ya 1 Kamena 2021. Kabuga aheruka kugaragara mu rukiko tariki ya 11 Ugushyingo mu mwaka ushize, aho yumvise ibirego bye byose  ashinjwa yasomewe mu rukiko rwaciwe. Kabuga agomba kwitabira inama y’imitegurire y’urubanza rwe, aho abafite inyungu muri uru rubanza bazahurira bagasuzuma imigendekere y’urwo rubanza. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya  1 Kamena 2021, saa munani n’igice z’umugoroba nibwo biteganyijwe ko yitaba uru rukiko ruri I la Haye mu Buholande nkuko bitangazwa na Lain Bonomy, umucamanza muri uru rubanza nkuko Newtimes yabitangaje.
Intumwa ya Minisiteri y’Ubutabera yijeje ko hazakomeza kubaho ubufatanye n’imiryango itari iya Leta

Intumwa ya Minisiteri y’Ubutabera yijeje ko hazakomeza kubaho ubufatanye n’imiryango itari iya Leta

Amakuru
Ibi, Anastase Nabahire ukuriye ibikorwa by’inzego z’ubutabera muri Minisiteri y’Ubutabera, yabitangarije abanyamakuru nyuma y’inama nyunguranabitekerezo yahuje imiryango itari iya Leta ikora mu butabera n’uburenganzira bwa muntu, kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Gicurasi 2021, mu Mujyi wa Kigali. Mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19 iyi nama yitabiriwe n’imiryango itari iya Leta mike harimo:Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion, IMRO, HDI na GLIHD yitabirwa na none n’abahagarariye Minisiteri y’Ubutabera, intego ari ukuganira ku butabera bukorera mu Turere kugira ngo ubutabera bwegere abaturage. Abitabiriye iyi nama basuzumye ubushakashatsi bwagiye bukorwa, harebwa ingamba zafashwe ndetse no kureba uko urwo rwego rubishinzwe rwarushaho gukora neza, urwo rwego rwa
Umuyobozi w’Ikinyamakuru Umubavu yatangiye kuburana, asabirwa gufungwa by’agategano

Umuyobozi w’Ikinyamakuru Umubavu yatangiye kuburana, asabirwa gufungwa by’agategano

Mu Rwanda
Kimwe mu byaha 2 yari akurikiranweho nticyaregewe urukiko, umwunganizi we avuga ko n’igisigaye nta shingiro gifite, ubushinjacyaha bwo bwamusabiye igifungo cy’agateganyo. Urubanza, rwatangiye ku isaa 9h00 zuzuye za mugitondo. Mu gihe imirimo y’inkiko yari yarabaye ihagaze, imanza zimwe na zimwe zihutirwa zigacibwa hifashihsije ikorana buhanga rya Video comference, kuri iyi nshuro, iburanisha ryatangiye kubera mu ruhame uregwa, abamwunganira, abashinjacyaha, abacamanza n’umwanditsi w’urukiko bose bari imbonankubone mu cyumba cy’iburanisha. Icyakora byabaye ngombwa ko mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya corona Virus, abaturage bashaka kumva imigendekere y’imanza bahezwa mu cyumba cy’urukiko. Ni nako byagenze ubwo urukiko rw’ibanze rwa Kagarama ruri mu karere ka Kicukiro rwatangir
Umunyamakuru wa BBC Ndayizera azasomerwa mu ruhame

Umunyamakuru wa BBC Ndayizera azasomerwa mu ruhame

Amakuru
We n’abandi bagabo 12 bararegwa ibyaha by’iterabwoba, nk’uko byemejwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge mu cyumweru gishize, iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo uyu munsi ryatangiye mu muhezo. Rirangiye batangaje ko urubanza rusomwa mu ruhame. Mbere ya saa tatu abaregwa bazanywe mu modoka ya Mini Bus bategereza abacamanza, saa tatu abaregwa binjiye mu cyumba cy’iburanisha. Hinjiyemo kandi itsinda ry’abacamanza bane b’uru rukiko, abunganizi batatu bunganira abaregwa n’abashinjacyaha babiri. Usibye aba nta wundi wemerewe kwinjira mu cyumba cy’Urukiko, abacunga umutekano w’abafunze na bo barawucungira hanze y’icyumba cy’Urukiko. Ku rukiko hari abantu bake cyane bo mu miryango y’abaregwa, barimo n’umubyeyi (nyina) w’umunyamakuru Phocas Ndayizera. Iburanisha ryam