Tag: Congo-Kinshasa

Abigaragambije mu Mujyi wa Goma basahuye ibiro bya MONUSCO

Abigaragambije mu Mujyi wa Goma basahuye ibiro bya MONUSCO

Mu Mahanga
Abantu benshi babonetse mu myigaragambyo mu mujyi wa Goma bamagana ingabo za ONU ziri muri DR Congo abandi banaboneka bangiza kandi basahura ibiro byayo. Iyi myigaragambyo yavuzweho mu mpera z’icyumweru bituma ku cyumweru umukuru w’umujyi wa Goma asohora itangazo ribuza kwigaragambya none kuwa mbere, batabyemerewe. Abigaragambya barasaba ingabo za MONUSCO kuva mu gihugu cyabo bazishinja kunanirwa kubungabunga amahoro, ibiri mu nshingano zihafite. Eliezer Makambo, umwe mu batuye umujyi wa Goma, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko amasoko na za ‘boutiques’ muri uyu mujyi byafunze birinda ko abigaragambya baza gusahura. Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta ya DR Congo, yatangaje ko leta irimo gukurikirana bya hafi ibiri kubera i Goma, ko “yamagana ikomeje ibitero byose ku bakozi n’i
DR Congo abavuga Ikinyarwanda bashobora gukorerwa Jenoside

DR Congo abavuga Ikinyarwanda bashobora gukorerwa Jenoside

Amakuru
Abavuga Ikinyarwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamwe muri bo batangiye kwicwa no gutotezwa biganisha kuri Jenoside nyuma y’Imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za M23. Umunyamulenge witwa Semutobo wakoraga ubucuruzi yiciwe i Kalima muri Maniema azira ko avuga ururimi rw’ikinyarwanda. Ibi bikurikiye imvugo z’urwango n’ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa abavuga ikinyarwanda muri Congo biganjemo abo mu bwoko bw’Abatutsi. Mu duce dutandukanye abavuga Ikinyarwanda bakomeje guhigwa bukware bazira uko bavutse. Nyuma y’aho umutwe wa M23 wubuye imirwano bamwe mu bayobozi muri Congo Kinshasa bakomeje kubishyira ku Rwanda ndetse n’abavuga Ikinyarwanda bakabirenganiramo bazira ko baba bafitanye isano n’Abanyarwanda. Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’
Congo Kinshasa yemeje ko M23 yafashe Bunagana ariko ibishyira ku ngabo z’u Rwanda

Congo Kinshasa yemeje ko M23 yafashe Bunagana ariko ibishyira ku ngabo z’u Rwanda

Mu Mahanga
Ubutegetsi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru ya DR Congo bwemeje ko Umujyi wa Bunagana uhana imbibe na Uganda wafashwe, ariko buvuga ko byakozwe n’ingabo z’u Rwanda. Umutwe wa M23 uvuga ko ariwo wafashe Bunagana kuwa mbere nyuma yo kunesha ingabo za Leta mu mirwano yo ku cyumweru, maze kuwa mbere mugitondo zimwe zigahungira muri Uganda. Itangazo ry’ibiro bya Guverineri wa Kivu ya Ruguru rigira riti “nyuma yo kubona gutakaza gukomeye ku rugamba kw’abo bafasha, ingabo z’u Rwanda zahisemo kurenga ku mipaka n’ubusugire bw’ubutaka bwacu zifata umujyi wa Bunagana”. Leta ya Kivu ya ruguru ivuga ko ibyo ari “intambara kuri DRC n’igisirikare cya DR Congo” kandi ikemeza ko “ibikenewe byose byateguwe” ngo bongere gusubiza ibintu mu maboko yabo. Mu itangazo ryo kuwa mbere mugitondo, ingabo z
Col Makanika yiyemeje kurwanira abo mu bwoko bwe

Col Makanika yiyemeje kurwanira abo mu bwoko bwe

Mu Mahanga
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo- Kuva Kucyumweru kugeza kuwa gatatu mu duce dutandukanye tw'Akarere ka Minembwe muri teritwari ya Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, haravugwa imirwano ikomeye ishyamiranyije imitwe yitwaje intwaro ishingiye ku moko y'Abanyamulenge, Abanyindu,Abafulero n'abandi, iyi mirwano yagize imbaraga nyuma y’aho Col Makanika wahoze mu ngabo z’Igihugu yayinjiyemo mu rwego rwo gutabara benewabo bari bamaze igihe kinini bicwa bazira ubwoko bwabo. Kuwa gatatu, Pierrot Kaluba ukuriye ubwoko bw'Abanyindu yabwiye BBC ati: "ibintu bimeze nabi, igihugu cyose cyasambutse", ashinja abarwanyi b'Abanyamulenge bayobowe na Col Michel Rukunda bahimba Makanika, kubatera bakica abaturage. Col Makanika yaraye abwiye BBC Gahuzamiryango ko ariho arwana n'Aba-Mai-mai kandi yab
Abaperezida bifurije Félix Tshisekedi amahirwe nyuma yo gutorerwa kuyobora DRC

Abaperezida bifurije Félix Tshisekedi amahirwe nyuma yo gutorerwa kuyobora DRC

Mu Mahanga
Bamwe mu bakuru b’ibihugu bo muri Afurika bifurije ishya n’ihirwe Félix Tshisekedi mu mirimo mishya yatorewe, watangajwe ko ari we watsinze amatora ya perezida atavuzweho rumwe yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, nubwo bwose Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika wayanenze. Uyu muryango watangaje ko ufite impungenge zikomeye ku byayavuyemo.Urukiko rw’itegeko-nshinga rwanzuye ko Tshisekedi ari we watsinze ayo matora, rumaze gutesha agaciro ubujurire bwa Martin Fayulu bari bahanganye. Fayulu yavuze ko Tshisekedi yagiranye amasezerano yo gusangira ubutegetsi na Perezida ucyuye igihe, Joseph Kabila.Gusa uruhande rwa Tshisekedi rurabihakana. Mu boherereje ubutumwa bw’ishimwe uyu mukuru w’ishyaka UDPS, barimo Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, Perezida John Magufuli wa Tanzaniya na Per
Congo-Kinshasa: Urukiko rwemeje ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora ya Perezida

Congo-Kinshasa: Urukiko rwemeje ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora ya Perezida

Mu Mahanga
Urukiko rurengera Itegeko Nshinga  rwemeje  ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora ya Perezida, rutesha agaciro ikirego cyari cyatanzwe na Martin Fayulu ushyigikiwe na Kiliziya Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uwo mwanzuro w’urukiko wari utegerejwe na benshi watangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru. Komisiyo y’Amatora yari yatangaje ko Tshisekedi ari we watsinze amatora yo ku wa 30 Ukuboza 2018 n’amajwi 38.57%, biterwa utwatsi na Martin Fayulu wamukurikiye mu majwi wahise aregera urukiko rurengera Itegeko Nshinga. Byari biteganyijwe ko umwanzuro w’urukiko usomwa ahagana saa cyenda kuri uyu wa Gatandatu i Kinshasa icyakora RFI yatangaje ko isomwa ry’urubanza ryatangiye ahagana saa tanu z’ijoro. Rwanzuye ko ikirego Martin
Umuhungu Tshisekedi niwe watsindiye kuyobora Congo Kinshasa

Umuhungu Tshisekedi niwe watsindiye kuyobora Congo Kinshasa

Mu Mahanga
Umuhungu wa nyakwigendea Etienne Tshisekedi waranzwe no kutavuga rumwe n’Abaperezida ba Congo Kinshasa ari we Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo uyoboye ishyaka rya UDPS (Union pour la Démocratie et le Progrès Social) ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo niwe watangajwe  na Komisiyo ishinzwe gutegura amatora ko yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu. Mu majwi y’agateganyo yatangajwe mu masaha ya sa kumi z’igitondo kuri uyu wa kane,yerekana ko umuhungu wa nyakwigendera Etienne Tshisekedi Wamulumba,Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo 7.051.013 (38,57%) agakurikirwa na Martin Fayulu n’amajwi 35’2% naho Emmanuel Ramazani Shadary wari ushyigikiwe na Perezida Kabila yabonye amajwi 4 357 359 (23,8%). Agiye gusimbura Joseph Kabila amaze imyaka 18 ku buteg
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yiteguye kohereza ingabo zayo muri Congo

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yiteguye kohereza ingabo zayo muri Congo

Amakuru
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko iki gihugu cyohereje abasirikare kabuhariwe bacyo muri Gabon, ariko ko bakwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isaha ku isaha mu gihe cyose umutekano waba utifashe neza. Perezida Trump avuga ko aba basirikare be bakwinjira muri Congo gutanga ubutabazi mu gihe cyose haba havutse imvururu zakurikira amatora. Nk’uko BBC ibitangaza, ngo ibaruwa Trump yandikiye abasenateri n’abadepite, yabamenyesheje ko abasirikare ba mbere 80 bageze muri Gabon ku wa Gatanu tariki ya 4 Mutarama 2019. Ku bwa Donald Trump, avuga ko izi ngabo ze zakoherezwa muri Congo kugira ngo zirinde Abanyamerika bari i Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yagize ati: “Abo basirikare bazaguma muri
Abaturage ba Congo Kinshasa batoye bakoresheje ikoranabuhanga bwa mbere

Abaturage ba Congo Kinshasa batoye bakoresheje ikoranabuhanga bwa mbere

Mu Mahanga
Abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) babyukiye mu matora yo gushaka uzasimbura Perezida Joseph Kabila wagiye kuri uwo mwanya asimbuye se Laurent Désiré Kabila. Ibiro by’itora byafunguye imiryango saa kumi n’ebyiri za mugitondo mu bice biherereye mu Burasirazuba bw’igihugu nka Goma, Lubumbashi na Kisangani ndetse na saa moya za mugitondo mu bice byo mu burengerazuba bw’igihugu nka Kinshasa. Abaturage miliyoni 40 nibo biyandikishije kuri lisite y’itora, bemerewe gutora kugeza saa cyenda z’igicamunsi mu Burasirazuba na saa kumi mu Burengerazuba. Ikinyamakuru actualité cyatangaje ko nk’ahitwa Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru, amatora yatangiriye ku gihe ariko mu duce tumwe na tumwe ibiro by’itora bicunzwe n’imitwe yitwaje intwaro. Bamwe mu bitabiriye ito
Bamwe mu bantu bamamazaga umukandida  Perezida Kabila ashyigikiye, batangiye kwicwa

Bamwe mu bantu bamamazaga umukandida Perezida Kabila ashyigikiye, batangiye kwicwa

Amakuru
Mu mpera y’icyumweru gishize abantu batatu bishwe baciwe imitwe mu ntara ya Kasai iri hagati muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, ubwo bamamazaga umukandida-perezida w’urugaga rw’amashyaka ari ku butegetsi. AFP ducyesha iyi nkuru itangaza ko yahamirijwe ayo makuru n’abo mu miryango ya ba nyakwigendera ndetse n’abategetsi bo mu ishyaka ry’uwo mukandida rivuga ko riharanira kubaka [Kongo] bundi bushya na demokarasi, rizwi nka parti du peuple pour la reconstruction et la démocratie, mu rurimi rw’Igifaransa. Umuhungu w’umwe muri ba nyakwigendera yabwiye AFP ko bari bambaye imipira igaragaza mu maso hasa nk’aha Emmanuel Ramazani Shadary, umukandida-perezida w’urugaga rw’amashyaka ari ku butegetsi muri Kongo. Hagati aho, ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida-perezida bikaba byama