Tag: ubuzima

Kwirinda Maralia birashoboka-Dr Diane

Kwirinda Maralia birashoboka-Dr Diane

Ubuzima
Dr Diane Ministre w’Ubuzima yemeza ko kwirinda indwara ya Maraliya bishoboka kuko abaturage bamaze gusobanukirwa ibimenyetso byayo. Ibi yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Mata 2019, ubwo mu Rwanda haberaga inama y’ibihugu byo muri aka Karere ka Afurika y’Iburasirazuba hakiyongeraho na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho hareberwaga hamwe uburyo kwo kwirinda iyi ndwara mu bihugu byambukiranya imipaka. Yavuze ko mu kwirinda Maraliya bisaba, kugira isuku, gukinga inzu hakiri kare, kurara mu nzitamubu no kwivuza hakiri kare ku wamaze kugaraza ibimenyetso by’uburwayi. Inama Ministre agira abaturage ni ukwishyura ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé) ku gihe, kwisuzumisha no kwirinda. Ikindi yavuze ni uko bafashe ingamba yo kwica amagi at
Muri gahunda ya MINISANTE ya 2018-2024 “Car Free Day” izagera mu Turere twose

Muri gahunda ya MINISANTE ya 2018-2024 “Car Free Day” izagera mu Turere twose

Ubuzima
Dr Gashumba Diane, Ministre w’Ubuzima aratangaza ko mu igenamigambi ya MINISANTE ya 2018-2024 mu bizibandwaho harimo kwirinda  indwara zitandura abaturage bakora siporo. Ibi Ministre w’Ubuzima yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Mutarama 2019 ubwo habaga inama n’abafatanyabikorwa ba Minisiteri y’Ubuzima igamije kurebera hamwe uburyo gahunda y’imyaka irindwi yo kuzamura urwego rw’ubuzima izashyirwa mu bikorwa. Dr Diane Gashumba yavuze ko MINISANTE mu byo ishyize imbere harimo gushishikariza Abanyarwanda gukora siporo birinda indwara zitandura, siporo ya bose (Car Free Day) ikagera mu Turere twose. Ministre w’Ubuzima ubwo yasobanuriraga abanyamakuru ibikubiye mu bikorwa by’umwaka wa 2018 kugeza 2024 yagize ati “gushyira imbere siporo kugira ngo twirinde za ndwara zitandura
Za “Postes de sante” zigiye guhabwa imbaraga ku buryo zizajya zisuzuma na Diyabete

Za “Postes de sante” zigiye guhabwa imbaraga ku buryo zizajya zisuzuma na Diyabete

Ubuzima
  Za “Postes de Sante” zigiye guhabwa imbaraga ku buryo zizajya zisuzuma n’indwara zikomeye nka Diyabete, impyiko n’izindi. Umuryango Inshuti z’ubuzima (Society for Family-SFH Rwanda) ufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima, kuri uyu wa Gatatu taliki ya 23 Mutarama 2018, basuzumiye hamwe mu nama igamije kwigira hamwe uburyo ubuvuzi bw’ibanze bwakorerwaga mu Kigo Nderabuzima, bwakimuka bugatangirwa muri “Poste de Santé”, zigiye gukwirakwizwa mu tugari twose tw’u Rwanda. Ibyo bikaba bikorwa mu rwego rwo kongerera ubushobozi ubuvuzi bw’ibanze butangirwa muri Poste de santé ku buryo n’umubyeyi yahabyarira, bigakubitiraho nuko urugendo umurwayi yakoreshaga rugiye kugabanukaho iminota 25 aho kuba iminota 50 nk’uko bisanzwe. Iyo nama yari iteraniyemo impuguke mu murimo wo kuvura,
Dr Gatare arahamya ko mu mashuri makuru na za kaminuza ari hamwe mu ho bavana amaraso

Dr Gatare arahamya ko mu mashuri makuru na za kaminuza ari hamwe mu ho bavana amaraso

Ubuzima
Dr Swaibu Gatare, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gutanga Amaraso gikorera mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), avuga ko  mu mashuri makuru na za kaminuza ari hamwe mu ho babona abantu benshi batanga amaraso yo kugoboka abarwayi. Dr Swaibu yavuze ko ari imwe mu mpamvu zatumwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Mutarama 2019, baza muri Africa Leadership University kugira ngo abanyeshuri bigamo batange amaraso ku buntu, akaba  ari gahunda bagira no mu bindi bigo byaba ibya Leta n’iby’abikorera. Yavuze ko mu banyeshuri basaga 500 biga muri Africa Leadership University abasaga 300 ari abanyamahanga baje kwiga muri iyi Kaminuza imaze imyaka mike itangiye gukorera mu Rwanda kuko ishami ryayo ryatangiye muri 2017. Uyu muyobozi yagize ati “iyo tubonye kaminuza nk’iyi ya Africa
Umuyobozi wa Kaminuza ya Colombia yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Umuyobozi wa Kaminuza ya Colombia yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Amakuru
Umuyobozi wa Kaminuza ya Colombia, ari we Lee C. Bolinger akaba n’umuyobozi wa ICAP mbere yo gusoza urugendo we na delegasiyo yari ayoboye, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, maze barushaho kumenya amateka mabi yaranze igihugu. Intego y’urugedo rwa Lee C. Bolinger ni:Ugusura u Rwanda, gusura ibikorwa bya ICAP, gusura urwibutso rwa Jenoside n’abaturage. Lee C. Bolinger nyuma y’iminsi ine n’abo bari kumwe bamaze mu Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Mutarama 2019. Umuyobozi wa Colombia University yavuze ko  kugira icyo avuga nyuma yo gusura urwibutso rwa Kigali bitoroshye kuko babajwe n’ibyo babonye byabereye mu Rwanda. Yakomeje avuga ko afite icyizere ko ibyabaye muri
Kwita ku ndaya n’abakiriya bazo bishobora kuzatanga umusaruro-Dr Sabin

Kwita ku ndaya n’abakiriya bazo bishobora kuzatanga umusaruro-Dr Sabin

Amakuru, Ubuzima
Ikigo k’igihugu cy’ubuzima (RBC) kiravuga ko gahunda yashyizweho na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yo kugabanya ubwandu mu bakora uburaya igenda itanga umusaruro mwiza. Dr Nsanzimana Sabin ushinzwe ishami ryo kuvura SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina muri RBC, avuga ko abakora uburaya bitaweho kuko bari bafite ubwandu buri hejuru. Avuga ko icyiciro cy’abakora uburaya mu bice bitandukanye by’igihugu ari cyo cyibasiwe cyane aho 46% bafite virusi itera Sida. Dr Sabin yagize ati“Igihangayikishije ni uko atari abakora uburaya gusa kuko bafite n’abakiriya babo b’abagabo n’abasore, ibipimo bitwereka ko hagati ya 10 na 15% bafite virusi itera Sida, urumva ni inshuro eshanu ku gipimo rusange cy’abaturage. Noneho akenshi ni abantu bafite ingo, binagaragara ko band
Abaganga 10 b’Abanyarwanda  batsinze ikizamini cy’inzobere mu kubaga

Abaganga 10 b’Abanyarwanda batsinze ikizamini cy’inzobere mu kubaga

Ubuzima
Mu Rwanda ni ho habereye umuhango wo guha impamyabumenyi inzobere z’abaganga mu kubaga, mu baganga 10 b’Abanyarwanda bakurikiye amasomo yatanzwe na Kaminuza y’Afurika y’Iburasirazuba, iyo hagati n’iy’Amajyepfo  izwi nka “College of Surgeons of East,Central and Southern Africa” (COSECSA) bose batsinze ikizamini bahawe. Umuhango wo gutanga impamyabumenyi kuri aba baganga b’inzobere mu kubaga, wabereye muri Kigali Convention Center kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ukuboza 2018. https://www.youtube.com/watch?v=4G3Kyfj3mSo Dr Diane Gashumba, Ministre w’Ubuzima yabwiye abanyamakuru ko mu Rwanda haje inzobere 14 zavuye mu mahanga zije gutanga ikizamini ku baganga b’inzobere mu kubaga, muri 85 batsinze, Abanyarwanda icumi bose bagikoze bagitsinze. Bimwe abo baganga bagizemo ubuzobere
Niba ukora siporo waraye mu nzoga menya ibyago bigutegereje

Niba ukora siporo waraye mu nzoga menya ibyago bigutegereje

Ubuzima
Dr Bosco Mpatswenumugabo umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’ubuvuzi bwa siporo mu Rwanda (ARDMES) aragira inama abantu kwirinda kubyukira muri siporo kandi baraye mu nzoga kuko bigira ingaruka. Dr Bosco, umuganga mu bitaro bya Kigali byitiriwe Umwami Fayisari (King Faisal Hospital) mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com yavuze ko atari byiza kuza muri siporo mugitondo kandi waraye mu nzoga, ati “ni ukuvuga ngo ikindi “ikonsoma” amazi menshi, ni yo mpamvu mubona umuntu wanyoye inzoga ajya kwihagarika kenshi, si uko aba yihagarika inzoga, ahubwo aba arimo yihagarika amazi amuva mu mubiri, bitewe n’uko “alcol” iba yagiye yangiza rwa ruhande “rukontrola” amazi n’umubiri”. Uyu muganga yavuze ko ibi biri mu bituma umuntu waraye anyoye inzoga abyuka afite inyota nyinshi bitewe n’uko
Mu Rwanda hari abaganga batandatu gusa b’inzobere mu byo kwita ku ndembe

Mu Rwanda hari abaganga batandatu gusa b’inzobere mu byo kwita ku ndembe

Amakuru, Ubuzima
Mu Rwanda hari abaganga batandatu b’inzobere mu byo kwita ku ndembe, mu nama Nyafurika y’iminsi itatu iri kubera mu Rwanda yiswe “4th African Conference for Emergency Medicine” izasozwa hari umwanzuro ufashwe mu guteza imbere ubu buvuzi bwihuse. Dr Muhire Olivier Felix umwe mu baganga batandatu  b’inzobere mu buvuzi bwo gufasha indembe n’abantu babaye kurusha abandi mu Rwanda, yatangarije ikinyamakuru impamba.com, inama ya Afurika kuri ubu buvuzi izafasha mu guhererekanya ubunararibonye muri aka Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Afurika y’Epfo n’ahandi kugira ngo bamenye uko bakwita ku barwayi babo. Dr Muhire ubwo iyi nama Nyafurika yatangiraga yavuze ko mu Rwanda ibitaro bifite serivisi yihariye yo kwita ku ndembe ari: CHUK, Ibitaro byitiriwe Umwami Fayisari (King Faycal Ho