Tag: Table Tennis

Table Tennis: Abakinnyi baserukiye u Rwanda mu buryo bugoye, ariko bihagararaho

Table Tennis: Abakinnyi baserukiye u Rwanda mu buryo bugoye, ariko bihagararaho

Imikino
HAHIRWABASENGA Didier na NIYONIZIGIYE Eric hamwe na ISHIMWE François Regis wagiye ari umuyobozi wa delegasiyo, ariko bikarangira nawe abaye umukinnyi kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Gicurasi 2022 nibwo bageze mu Rwanda bavuye muri Ethiopia mu irushanwa rya Afurika ryiswe “Regional Qualification for 2022 Africa Senior Championship”, aho begukanye umwanya wa kane kandi baragiye mu buryo bugoye. Ikipe y’u Rwanda yatsinze Eritrea na Seychelle, naho mu guhatanira umwanya wa gatatu n’uwa kane Uganda ibarusha inota rimwe, u Rwanda ruhita ruba urwa kane mu bihugu 9 byitabiriye iri rushanwa. HAHIRWABASENGA Didier yabwiye abanyamakuru ko ari irushanwa bitabiriye bwa mbere ariko nubwo bagiye mu buryo bugoye ariko baranzwe n’ishyaka aho umwe yabaga umukinnyi agahindukira akaba umutoza.
Bahati Innocent yatorewe kuba Visi Perezida wa “Table Tennis”

Bahati Innocent yatorewe kuba Visi Perezida wa “Table Tennis”

Imikino
Inteko Rusange y’Ishyirahamwe rya Tennis ikinirwa ku meza “Rwanda Table Tennis Federation” (RTTF) yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Werurwe 2022 yatoye Innocent Bahati uzwi cyane ku izina rya “Enock” ku mwanya wa Visi Perezida aho yasimbuye Frere Burasa Maurice wari usanzwe kuri uyu mwanya wagiye mu butumwa bw’akazi muri Libani. Bahati yagize amajwi 8/8 y’amakipe yose yitabiriye Inteko Rusange. Bahati nyuma yo gutorwa yabwiye abanyamakuru ko icyo azibandaho ari iterambere rya Table Tennis mu Rwanda hategurwa amarushanwa menshi. Ubwo yabazwaga aho akura icyizere cy’uko azabigeraho yasubije ati “icyizere nshingiyeho ni icy’abanyamuryango ubungubu bahuje, tutirengagije ingaruka za Corona n’amikoro y’amakipe, icyizere ndakivana mu myanzuro yafashwe y’uko tugomba kweg
Birungi Jean Bosco arasabirwa kwegura ku mwanya wa Perezida wa “Table Tennis” nyuma yo gutorwa n’abanyamuryango batemewe

Birungi Jean Bosco arasabirwa kwegura ku mwanya wa Perezida wa “Table Tennis” nyuma yo gutorwa n’abanyamuryango batemewe

Imikino
Birungi Jean Bosco arasabirwa kwegura ku mwanya wa Perezida w’Ishyirahamwe rya “Table Tennis mu Rwanda” kuko mbere yo gutanga kandidatire yabanje gutekinika kugira ngo azongere gutorwa. Birungi Jean Bosco yongeye gutorerwa kuba Perezida w’Ishyirahamwe rya Tennis ikinirwa ku meza (Table Tennis) tariki ya 20 Ukuboza 2019, ariko mbere y’aho yari yabanje kuzana abanyamuryango baturuka mu makipe atagira ubuzimagatozi kugira ngo bazamutore akomeze guhindura iri shyirahamwe nk’akarima ke. Nyuma y’uko gutorwa ikinyamakuru impamba.com cyavugishije bamwe mu banyamuryango b’iri shyirahamwe bafite ibyangombwa bavuga ko icyifuzo cyabo ari uko amatora yashyizeho Birungi yateshwa agaciro kuko afite imiziro itamwemerera kubahagararira. Nubwo amashyirahamwe (federations) y’imikino mu Rwanda af
Miliyoni zisaga 24 zaburiwe irengero mu Ishyirahamwe rya “Table Tennis mu Rwanda”, Birungi Jean Bosco yanze kugira icyo atangaza yitwaje ko akomeye

Miliyoni zisaga 24 zaburiwe irengero mu Ishyirahamwe rya “Table Tennis mu Rwanda”, Birungi Jean Bosco yanze kugira icyo atangaza yitwaje ko akomeye

Amakuru
Birungi Jean Bosco Ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis ikinirwa ku meza (Rwanda Table Tennis Federation) abereye Perezida  riravugwaho kunyereza umutungo wa miliyoni zirenga 24 z’amafaranga y’u Rwanda, mu gucukumbura iyi nkuru abanyamakuru bayikurikiranye mu gihe cy’amezi agera muri atatu, bashatse kumva icyo Birungi Jean Bosco abivugaho yanga kugira icyo atangaza ahubwo akumva ko abandi ari bo basubiza kandi ibaruwa abanyamakuru bafitiye kopi ari we yandikiwe kugira ngo asobanure aho ayo mafaranga yagiye. Inshamake y’ibikubiye mu nkuru -Birungi Jean Bosco yabaye Perezida w’Ishyirahamwe rya Table Tennis asimbuye Semigabo Eugène, mu gihe Komite ye yavugaga ko ije guteza imbere umukino wa Table Tennis, ahubwo yakoze nabi kurusha izayibanjirije. -Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe rya Table
Rilima Table Tennis Club ibangamiwe no kubura ibikoresho no gukinira ahantu hato

Rilima Table Tennis Club ibangamiwe no kubura ibikoresho no gukinira ahantu hato

Imikino
Ikinyamakuru impamba.com cyasuye ikigo cy’amashuri cya GS Rilima mu Karere ka Bugesera, kimwe mu bibazo abakinnnyi n’abayobozi bakigejejeho, ni ikibazo cy’ibura ry’ibikoresho kugira ngo abana bakomeze gukina umukino wa Table Tennis uko babyifuza. Tuyikunde Tamari, avuga ko afite intego yo gukina Table Tennis akagera ku rwego rukomeye, ariko ikibazo nyamukuru bafite ari ukubura ibikoresho, aho bakinira ahatari ubwinyagamburiro. Asifiwe Patience avuga ko intego bafite mu ikipe ya Rilima ya Table Tennis ari ukuzana ibikombe, ariko nubwo nta ho gukinira hisanzuye bafite ariko intego yabo idashobora guhinduka. Hirwa Kellia yavuze ko ikibazo ari uko bakinira ahantu hato bityo babonye aho bakinira hisanzuye byarushaho kubafasha. Muyango Pierre watangiye gukinira Table Tennis m