Tag: Rwamagana

Rwamagana:Umunsi mukuru w’Umuganura waranzwe no guhigura imihigo no guhiga iya 2018-2019

Rwamagana:Umunsi mukuru w’Umuganura waranzwe no guhigura imihigo no guhiga iya 2018-2019

Amakuru
Umunsi Mukuru w’Umuganura wizihijwe mu gihugu hose kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Kanama 2018, mu midugudu yose mu Karere ka Rwamagana abaturage bawizihije bishimira ibyo bagezeho mu mwaka w’imihigo 2017-2018 banasinya imihigo y’umwaka wa 2018-2019. Abaturage batuye mu Kagali ka Cyanya  bishimira kuba bizihije umunsi mukuru w’ umuganura bagasangira ibyo bejeje muri uyu mwaka Aba baturage bavuga ko kwizihiza umuganura ari ikimenyetso cy’ubumwe no gufatanya byarangaga Abanyarwanda ba kera. Tuyisenge Fidèle utuye mu mudugudu wa Bigabiro yavuze ko kwizihiza umuganura ari ikimenyetso cy’ubumwe n’ubufatanye byarangaga Abanyarwanda , ati “ubu twahuye ngo twishimire umusaruro w’ibyo twagezeho tunasangire ku byo twejeje nk’ukoAabanyarwanda bo mu bihe bya mbere babikoraga ,ibi ni ikimen
Rwamagana: Ntezimana uregwa kwica umugore we akamubaga yaburaniye mu ruhame, asabirwa gufungwa burundu

Rwamagana: Ntezimana uregwa kwica umugore we akamubaga yaburaniye mu ruhame, asabirwa gufungwa burundu

Amakuru
Umugabo w’imyaka 40 witwa Ntezimana Jean Damascene ukekwaho kwica umugore we, Muhawenimana Beatrice akamubaga kuri uyu wa kabiri yaburaniye mu ruhame mu murenge wa Karenge mu karere ka Rwamagana ,ubushinjacyaha busabira igifungo cya burundu. Ubushinjacyaha bwareze  Ntezimana Jean Damascene, ibyaha birimo: Kwica umugore we abigambiriye akamutemaguramo ibice, agashinyagurira umurambo no guhisha umurambo. Ubushinjacyaha  bunamushinja kurya umutima wa Nyakwigendera  (icyo cyaha yagihakanye). Ubushinjacyaha  bunarega Gakire Joseph w’imyaka 63  ubufatanyacyaha mu rupfu  rwa Muhawenimana Beatrice wishwe n’umugabo we ku itariki ya 21 Mata 2018 ndetse no mu gushinyagurira umurambo we,  no kumufasha mu guhisha ibimenyetso (ibi byose, Gakire Joseph  yabihakanye). Imbere y’inteko y
Rwamagana:Abanyonzi barasaba ko abanyereza umutungo wa Koperative bakurikiranwa ,amafaranga yabo akagaruzwa

Rwamagana:Abanyonzi barasaba ko abanyereza umutungo wa Koperative bakurikiranwa ,amafaranga yabo akagaruzwa

Amakuru
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare mu mujyi wa Rwamagana  bibumbuye muri Koperative COTRAVERWA bashinja abahoze bayobora amakoperative  bakuweho icyizere n’abanyamuryango kubera kunyereza umutungo wa Koperative  burasaba inzego zibishinzwe kubakurikirana ,amafaranga y’abanyamuryango akagaruzwa. Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu mujyi wa Rwamagana biragoye kumenya umubare wabo bitewe nuko harimo n’abinjijwe muri koperative hadakurikijwe amategeko nk’uko byemezwa na bamwe mu banyonzi baganiriye n’impamba.com Nsengiyumva Théonest ukorera ku iseta iri ku isoko rya Rwamagana yavuze ko babazwa nuko abayobozi bajyaho bagamije gukora uburiganya no kunyereza umutungo wabo, ati “abayobozi bose tubatora tugira ngo bagiye kudufasha tubone iterambere, ariko bose iyo bamaze kujya
Bacana udutadowa kandi REG yarabahaye amashanyarazi

Bacana udutadowa kandi REG yarabahaye amashanyarazi

Amakuru, Mu Rwanda
Abaturage batuye mu midugudu ya Nyabishunzi na Cyaruhogo mu  Kagali ka Sovu mu Kagali ka Sovu mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana baracyacana udutadowa kandi barahawe amashanyarazi badasabwe ikiguzi ,abaturage bemeza ko kuba bagicana udutadowa kandi barahawe amashanyarazi babiterwa n’ubukene Mukandekezi Claudine utuye mu Mudugudu wa Nyabishunzi yavuze ko nubwo bamuhaye amashanyarazi ntacyo amumariye kuko agicana agatadowa Mukandekezi yagize ati “ntabwo ducana amashanyarazi baduhaye kuko ndi umukene ntabwo nabona ubushobozi bwo gushyira insinga mu nzu n’amatara, niba abayobozi badufasha nkuko baduhaye umuriro badufasha tukabasha no kuwucana kuko twabuze  uko tubigenza ,namwe murabireba uko mbayeho keretse Leta nidufasha nk’uko yatugiriye neza wenda tubashije kubona ubury
Umusore w’i Nyakariro  yishwe akubitswe ifuni

Umusore w’i Nyakariro yishwe akubitswe ifuni

Amakuru
Umusore wo mu Kagalii ka Munini, mu Murenge wa Nyakariro mu Karere ka Rwamagana, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho kwica mugenzi we witwa Ndacyayisenga Félicien, nyuma yo guterana amagambo ubwo yamusangaga yahira ubwatsi bw’amatungo. Kuwa Kabiri tariki ya 19 Kamena 2018, nibwo uwo musore w’imyaka 27 yatawe muri yombi amaze kwica Ndacyayisenga, nyuma yo guterana amagambo amuziza ko bamwita umujura none nawe akaba amusanze yiba ubwatsi . Karango Alphonse akaba ari n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakariro, yabwiye umunyamakuru ko uwo musore yari asanzwe ashinjwa kwiba, ndetse ko bigeze no kumuca ugutwi kubera ubujura. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakariro mu kiganiro n’ikinyamakuru muhabura.rw dukesha iyi nkuru yagize ati “Yari
Rwamagana :Abafatanyabikorwa b’Akarere bamurikiye abaturage ibyo babakorera

Rwamagana :Abafatanyabikorwa b’Akarere bamurikiye abaturage ibyo babakorera

Amakuru, Mu Rwanda
Kuva ku wa Gatatu  tariki ya 6 Kamena  kugeza  ku wa  Gatanu tariki ya 8 Kamena 2018 ku kibuga cya Police i  Rwamagana  habereye  imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere JADF mu Karere ka Rwamagana abitabiriye imurikabikorwa bagaragarije abaturage ibyo bakora, abaturage babona umwanya wo kubaza ibibakorerwa Uwari uhagarariye ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere muri JADF  ari we  Richard Dan Iraguha yijeje ubuyobozi bw’Akarere kuzakomeza gufatanya n’ubuyobozi bw’akarere mu kwesa imihigo Dan yagize ati “Twiyemeje kutiherererana ibyo dukora ,iri murikabikorwa twanaryigiyemo byinshi ,twiyemeje ko ubufatanye n’Akarere buzakomeza akarere ka Rwamagana kakabasha kuza mu myanya ya mbere mu mihigo”. Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Radjabu Mbonyumuvunyi yashimiye ab
Rwamagana:Umunyafurika y’Epfo yashatse gutera ibyuma abamusuye abaziza kongeza “volume” ya Radio

Rwamagana:Umunyafurika y’Epfo yashatse gutera ibyuma abamusuye abaziza kongeza “volume” ya Radio

Amakuru, Mu Rwanda
Philippe Opperman uturuka muri Afurika y’Epfo washakanye n’Umunyarwandakazi utuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana aho akorera umurimo w’ubworozi bw’amafi n’ingurube, mu mpera z’icyumweru gishize yashatse gutera ibyuma abashyitsi bari bamusuye nyuma yo kubamenera imodoka, abaziza kongeza “volume” ya Radio. Nsengiyumva Martin wari inshuti y’uyu Munyafurika y’Epfo wari waje kumusura niwe washwanye na we bapfuye volime (volume) ya radiyo ashaka kumutera icyuma. Uwamahoro Pascaline umugore wa ny’iri imodoka yavuze ko uwo Munyafurika y’Epfo yari inshuti yabo kandi uko gushwana kwabaye ko bamusuye, ati “bari basomye ku gacupa baricara baraganira barongera biyongeza ku gacupa, noneho yongera volime ya radiyo cyane cyane pe bikabije noneho umugabo wanjye afata telekomande araga
Mu Ntara y’Iburasirazuba: Umunsi w’Umurimo waranzwe no gusabana no gukina

Mu Ntara y’Iburasirazuba: Umunsi w’Umurimo waranzwe no gusabana no gukina

Amakuru, Imikino
Mu kwizihiza Umunsi w'Umurimo kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 1 Gicurasi 2018, Abakozi b'Intara y’Iburasirazuba  bafatanyije n'ubuyobozi bw’ uturere twa Rwamagana na Kayonza  bawizihije basabana n'Abakozi bakina   Umupira w'Amaguru n'Umupira w'Intoki (Volleyball). Amakipe y’umupira w’amaguru  yanganyije 0-0, Volleyball Kayonza itsinda amaseti 2 kuri 1. Mu biganiro byahuje Abayobozi n'Abakozi nyuma y'iyi mikino, Guverineri w’intara Y’iburasirazuba Mufululkye Fred  nawe wakinnye yavuze ko ubuyobozi bw’intara bazakomeza gushyigikira siporo mu ntara y’iburasirazuba. Yagize ati: "umunsi nk'uyu nguyu ni ukugira ngo abakozi mwisanzure mwishime, tuzakomeza dushyigikire iyi gahunda ya siporo njye na bagenzi banjye dufatanya mu ntara". Guvereneri Mufulukye yanasabye abakozi bo nzego
Rwamagana:Rurageretse hagati y’umukobwa na nyina w’imyaka 75

Rwamagana:Rurageretse hagati y’umukobwa na nyina w’imyaka 75

Amakuru, Mu Rwanda
Nyirabagenzi Zena, umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 75 n’umukobwa we Muhawenimana Saidath w’imyaka 41 batuye mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagali ka Cyanya mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana rurageretse hagati yabo kubera ibibazo by’amakimbirane bafitanye amaze igihe kinini. Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kigabiro bwashyikirijwe ikirego na Nyirabagenzi mu gihe abaturage babona icyo nk’ihurizo rikomeye ryahawe Umurenge wa Kigabiro Nyirabagenzi Zena tariki 24 Mata 2018 yareze mu buyobozi bw’Akagali asaba ko umukobwa we Muhawenimana Saidath yamuvira mu rugo. Imbere y’iteko y’abaturage b’Akagali ka Cyanya yavuze ko adashaka kubana mu rugo n’umukobwa we Yagiraga ati “Saidath naramureze arakura agomba kumvira mu rugo kuko naramureze arakura, rero agomba kumvira mu rugo ntabwo nk
Rwamagana:Abaturage baratabariza umuturanyi wabo utotezwa n’umugore n’umuhungu we

Rwamagana:Abaturage baratabariza umuturanyi wabo utotezwa n’umugore n’umuhungu we

Amakuru
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagali ka Cyanya mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana batewe impungenge n’uburyo umuturanyi wabo Hatangimana Issa atotezwa n’umugore Mukeshimana Ziada n’umuhungu wabo w’imyaka 22 Abaturage babarizwa mu Isibo y’Ubutabera bavuga ko umuturanyi wabo ahora atotezwa kandi bagaterwa n’impungenge n’umutekano we Umwe mu baturanyi ba Hatangimana avuga ko ubuyobozi bukwiye kumurenganura akabona uburenganzira ku mutungo we, ati “ibikorerwa umuturanyi wacu Issa ni akarengane gakomeye,kuko kuva yatangira kuvuga ko yahombeje amakara ,umugore yatangiye kujya amutuka akamwandagaza ,ikibabaje ni uko yatangiye kumuteza umuhungu witwa Muhammed ngo ajye amukubita kugeza ubwo yanamukubise akamurema uruguma ,ubu igisigaye barashaka kumumenesha mu rugo kuko