Tag: Rwamagana

Rwamagana :Barasaba ko gahunda y’uburere budahutaza yagezwa ku babyeyi bose

Rwamagana :Barasaba ko gahunda y’uburere budahutaza yagezwa ku babyeyi bose

Uburezi
Abatuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana barasaba ko gahunda yitwa “Uburere budahutaza”  yatangijwe n'itorero rya EPR binyujijwe mu mushinga waryo  ugamije gufasha abana yagezwa kuri bose. Mukeshimana umwe mubavuga ko abagore aribo baharirwa inshingano zo kurera abana bonyine abagabo  bakihunza izo nshingano avuga ko inyigisho bahawe zikwiye kugera ku bagabo n'abagore mu mirenge yose  . Habimana Jean Pierre ni umwe mu bagabo bahawe amahugurwa n’umuryango ufasha abana w’itorero rya E.P.R avuga ko abagabo bagenzi be bakeneye gukangurirwa gufasha abagore kurera abana babo . Agira ati “ ntabwo nari nsobanukiwe nuko ngomba gufasha umugore ariko maze kwigishwa gufasha umugore kurera abana nasanze abagabo dutererana abagore kandi iyo umugabo n’umugore badafatanyije kure
Rwamagana: Kiriziya ya Orthodoxe yabatije abayoboke bayo 200, basabwa kurangwa n’ibikorwa byiza

Rwamagana: Kiriziya ya Orthodoxe yabatije abayoboke bayo 200, basabwa kurangwa n’ibikorwa byiza

Amakuru
Musenyeri Byakatonda Innocentios uyobora Kiriziya ya Orthodoxe mu Rwanda n’u Burundi yasabye abayoboke babo b'i Rwamagana babatijwe kurangwa no gukora ibikorwa byiza bagatanga urugero mu gukora ibikorwa byiza ndetse bakanarangwa no kwicisha bugufi . Nyiricyubahiyuro Musenyeri Byakatonda Innocentios wahaye abayoboke 200 bashya isakaramentu rya Batisimu. Yasabye abo babatijwe muri kiriziya ya  Orthodoxe kurangwa no guharanira gukora ibyiza kandi bagatanga urugero rwiza  aho batuye  . Musenyeri Byakatonda yagize ati “Amatara yanyu agomba guhora yaka mukarangwa n’ibikorwa byiza kandi mukabikorana urukundo no kwicisha bugufi kugira ngo abo mubana mubamurikikire  kuko mugomba kubabera urumuri”. Musenyeri Byakatonda Innocentious yanasabye abanyamahanga bari baje kwifatanya nawe mu
Rwamagana: Abayobozi ba “Ejo Heza” batawe muri yombi

Rwamagana: Abayobozi ba “Ejo Heza” batawe muri yombi

Amakuru
Abashinze umuryango “Ejo Heza Family” wakoreraga mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana  ku buryo butemewe n’amategeko, batawe muri yombi n’Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) bashinjwa kwaka abaturage amafaranga. Abaturage bavuga ko babwirwaga ko “Ejo heza Family for Charty” abayiyobora n’abakozi bayo bababwiraga ko ibikorwa byayo byemewe na Leta kandi bigamije kubateza imbere bakanabasaba kuzana abandi kugira ngo bahabwe inyungu. Umuturage utuye mu Murenge wa Kigabiro  yahuye n’umunyamakuru amwereka amafishi 19 yishyuriyeho amafaranga ibihumbi 10 kuri buri fishi yemeza ko yabahaye amafaranga ibihumbi  ijana na mirongo icyenda by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo agire abantu benshi bitume abona inyungu nyinshi ariko ubu akaba afite ibibazo by’ubukene yasigiwe n’abo muri
Iburasirazuba : Umuyobozi wa Transparency yanenze abayobozi baburira abanyabyaha

Iburasirazuba : Umuyobozi wa Transparency yanenze abayobozi baburira abanyabyaha

Amakuru
Mu nteko rusange yahuje abayobozi kuva ku isibo kugeza ku rwego rw’intara, Ingabire Marie Immaculée Umuyobozi wa Transparency International  Rwanda yanenze bamwe mu bayobozi bakigingira ikibaba abayobozi bakora amakosa ndetse n’abahishira abanyabyaha bakababurira . Ingabire Marie Immaculée yavuze ko hari ikibazo cy’abayobozi b’imidugudu baburira abacuruza ibiyobyabwenge kugira ngo inzego z’umutekano zitabafata ndetse ko hari abayobozi bahishira bagenzi babo bakora amakosa yo kutubahiriza inshingano zabo . Ingabire Marie Immaculée yagize ati “hari  abakuru b’imidugudu baburira abanyabyaha hari igihe inzego z’umutekano zipanga kujya gusaka ibiyobyabwenge umukuru w’umudugudu agafata telefoni akamubwira ati ikirere ntabwo ari cyiza ,ubwo ibiyobyabwenge akabihisha,hari abayobozi kandi
Rwamagana: Abanyamuryango b’Ishyirahamwe “Urumuri” baratabaza

Rwamagana: Abanyamuryango b’Ishyirahamwe “Urumuri” baratabaza

Amakuru
Abanyamuryango b’ishyirahamwe “Urumuri” rigizwe n’abasaza bo mu idini ya Islamu, ribarizwa mu Murenge wa Kigabiro mu Kagari ka Cyanya mu Karere ka Rwamagana, barasaba inzego zibishinzwe gukemura ikibazo cy’ishyirahamwe ryabo bivugwa ko ryasheshwe mu buryo butemewe ndetse n’abayobozi babo  bagahunga kugira ngo batazakurikiranwa nyuma yo kunyereza umutungo. Aba banyamuryango bavuga ko bagize igitekerezo cyo gushinga ishyirahamwe rigamije kubafasha kwiteza imbere, ariko birangira bitagezweho. Abasaza bo mu Ishyirahamwe Urumuri bavuganye n’ikinyamakuru impamba.com bavuze ko buri umwe yatanze amafaranga y’umugabane shingiro w’ibihumbi cumi n’icyenda (19,000Frs) ndetse hari umuterankunga wahaye buri munyamuryango amafaranga ibihumbi ijana bakayashyikiriza ubuyobozi bw’ishyirahamwe kugi
Rwamagana: Padiri Ubald yasabye abakiristu kwizihiza Yubile y’imyaka 100  baramaze kwiyunga no kuvugisha ukuri ku bakoze Jenoside

Rwamagana: Padiri Ubald yasabye abakiristu kwizihiza Yubile y’imyaka 100 baramaze kwiyunga no kuvugisha ukuri ku bakoze Jenoside

Amakuru
Mu Gitambo cya misa cyatuwe na Padiri Ubald Rugirangoga yasabye abakirisitu kwiyunga kandi abakoze Jenoside bagasaba imbabazi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahemukiye kugira ngo bazizihize yubile y’imyaka 100 Paruwasi Gatulika ya Rwamagana imaze ishinzwe . Padiri Ubald yashimiye abantu bane bashoje urugendo rw’ubwiyunge bari bamazemo amezi 6 biga inyigisho zari zigamije kubigisha gusaba imbabazi no kubabarira ariko anagaya bamwe mu bakoze Jenoside batitabiriye urwo rugendo Padiri Ubald yagize ati “Imana ishimwe aba bane babaye impamvu y’umugisha ubu nibura babaye isooko y’umugisha mwari kuzizihiza Yubile mu kinyoma ,icyo nifuza ni uko buri wese yakoresha urufunguzo rwe mu gufungurira mugenzi dukwiye kwibaza niba abatutsi bishwe barishwe n’abantu bane gusa ,mwari kuzizihiz
Rwamagana: Abaturage biteguye kubyaza umusaruro “Expo 2019” yamurikiwemo ibikorwa bitandukanye

Rwamagana: Abaturage biteguye kubyaza umusaruro “Expo 2019” yamurikiwemo ibikorwa bitandukanye

Amakuru
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana  bemeza ko imurikagurisha rihabera rizababera ishuri bigiramo byinshi  kubera ubwinshi bw’abaryitabiriye barimo n’abanyamahanga bavuye mu bihugu 8. Abatuye mu Murenge wa Kigabiro aharimo kubera Imurikagurisha bavuga ko bazarikuramo amasomo azabafasha kwihangira imirimo . Bucyana Augustin ni umwe mu baturage wa Rwamagana wemeza ko iri murikagurisha bazaryitabira bakagura ibyo bakeneyemo ariko ko bazajya basura ibikorwa byose byamurikiwemo kugira ngo bigiremo uko bakwihangira imirimo . Bucyana yagize ati “twiteguye kwitabira iri murikagurisha kuko tuzaryungukiramo cyane bitewe n’uko ibintu byose ibiciro byabyo biba byamanutse bikatworohera guhaha tudahenzwe,tukabatuzanasura ahari ibikorwa hose kugira ngo turusheho kumenya ibikorwa bikorwa n’aband
Mwulire: Ubujura bw’amatungo buravuza ubuhuha, irondo ry’umwuga rirashyirwa mu majwi

Mwulire: Ubujura bw’amatungo buravuza ubuhuha, irondo ry’umwuga rirashyirwa mu majwi

Amakuru
Abaturage batuye mu tugari twa Ntunga na Mwulire mu Karere ka Rwamagana barataka ubukene batewe n’ubujura bw’amatungo bumaze iminsi bubarembeje, bakibaza niba abakora irondo ry’umwuga batabiri inyuma. Abaturage bavuga ko bahisemo kugurisha amatungo yabo yiganjemo ihene bitewe nuko bamaze iminsi bugarijwe no kwibwa amatungo arimo ihene n’inkoko . Umwe baturage utuye mu Kagari ka Ntunga yemeza ko bugarijwe n’ubukene bwaturutse ku matungo yibwa kandi  bafite irondo ry’umwuga bahemba buri kwezi . Uyu  muturage aragira ati “tumaze igihe twibwa amatungo kuko nta muturage urarana n’amatungo mu nzu twahisemo kuyubakira ibiraro byayo ariko abajura baduciye ku bworozi bitewe nuko korora bidusaba kutaryama ,abatabishoboye bahitamo kuyagurisha cyangwa kuyabaga bitewe nuko batwiba kandi du
Rwamagana :Abafundi  barishimira aho bageze mu myumvire n’imikorere

Rwamagana :Abafundi barishimira aho bageze mu myumvire n’imikorere

Amakuru
Abafundi n’abatekenisiye bibumbuye mu ihuriro bise “UBTC EAST” mu Ntara y’Iburasirazuba mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 u Rwanda rwibohoye,  bavuze ko nabo bishimira intera bamaze kugeraho mu myumvire kuko kera bafatwaga nk’ababoneka mu tubare gusa, ariko ibyo byamaze guhinduka nabo ubu bafashe icyemezo cyo kwiteza imbere. Ibi, babitangaje  nyuma yo gufasha umugore witwa Helena Nikuze utuye mu Kagari ka Nkungu mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana bamugurira inzugi n’amadirishya  banabikinga ku nzu  yubakiwe n’abaturage ku bufatanye n’Umurenge wa Munyaga , Umwe mu bafundi ukorera mu Karere ka Rwamagana avuga ko bifuje kwishimira ibyiza bagezeho bafasha umuturage ukeneye gufashwa. Uyu mufundi yagize ati “twebwe abafundi turishimira umwuga wacu uburyo udufasha kugira imib
Rwamagana: Abafatanyabikorwa bakoresheje amafaranga asaga miliyari 2,5 mu gufasha Akarere kwesa imihigo

Rwamagana: Abafatanyabikorwa bakoresheje amafaranga asaga miliyari 2,5 mu gufasha Akarere kwesa imihigo

Amakuru
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Rwamagana (JADF) ritangaza ko ryakoresheje amafaranga asaga miliyari ebyiri n’igice mu gufasha akarere kwesa imihigo kahize muri uyu mwaka w’imihigo wa 2018/2019. Mu bikorwa abafatanyabikorwa mu iterambere bamuritse ku wa Gatatu tariki ya 5 Kamena 2019 birimo isoko ry’imbuto n’imboga ryo mu Kagari ka Ruhunda mu Murenge wa Gishari ryubatswe na INADES Rwanda  ,hakaba ibikorwa bigamije kurwanya imirire mibi bikorwa n’umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE RWANDA n’isoko ry’amatungo ryatangiye kubakwa mu Murenge wa Mwulire rizubakwa n’urugaga rw’abikorera PSF mu Karere ka Rwamagana . Abaturage bavuga ko bishimiye ibikorwa bagejejweho n’abafatanyabikorwa b’akarere bakemeza ko bigiye guhindura ubuzima bwabo . Musabyimana Epifa