Tag: Rulindo

Rulindo: AJECL yasabye urubyiruko guhindura imyumvire

Rulindo: AJECL yasabye urubyiruko guhindura imyumvire

Mu Rwanda
Umuryango AJECL (Association des Jeunnes de Saint Charles Lwanga), umaze iminsi itanu uhugura urubyiruko rwo mu mirenge ine yo mu Karere ka Rulindo, ku bijyanye no kwihangira imirimo ukaba urusaba kwikuramo imyumvire y’uko uhaye urubyiruko inkunga aba ayitaye. Umuryango AJECL, watangiye mu mwaka wa 2004, ukaba ugamije kubaka umuco w’Amahoro, aho unafite gahunda ya GWIZAMAHORO 2100 ukomeje gusakaza mu baturage hirya no hino mu Rwanda binyuze mu matsinda ya GWIZAMAHORO Club. Uwashinze uyu muryango ari we Padiri Iyakaremye Théogène ukorera ubutumwa muri Paruwasi ya Ruhuha aho ashinzwe by’umwihariko urubyiruko, avuga ko kimwe mu bibuza amahoro ari ubukene, iyi ikaba ari yo mpamvu bari gushyigikira urubyiruko baruhugurira kwihangira imirimo, hanyuma bakarutera inkunga irufasha gutangi
Abakozi ba Sina Gerard bakoze impanuka yaguyemo umwe nyuma yo kuva mu birori

Abakozi ba Sina Gerard bakoze impanuka yaguyemo umwe nyuma yo kuva mu birori

Amakuru, Mu Rwanda
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Mata 2018 ni bwo mu Karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo gutangiza ikipe y’Imikino mu Karere ka Rulindo ndetse n’iya Sina Gérard, ibi birori byabereye ku musozi wa Tare, ariko ibi byishimo ntibyakomeje kuko ubwo imodoka yari itwaye aba “Acrobate”, ababyinnyi n’abakozi ba Sina Gerard bakoze impanuka bagarutse bagiye kugera ku muhanda wa Kaburimbo ujya ku cyicaro cya Entreprise Urwibutso. Imodoka, ubwo yari igiye kugera kuri Kaburimbo yacitse Feri irimbirandura hakomereka abagera kuri 12 bahise bajyanwa ku bitaro, ariko amakuru ageze ku Kinyamakuru impamba.com ni uko kuri uyu mugoroba umwe yahise yitaba Imana undi akaba arembye bikomeye n’abandi bakaba bakomeje kwitabwaho n’abaganga. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Umuyobozi w’Ingabo, S