
Rubavu: Haravugwa utubare dukora mu buryo butazwi dushobora no gucumbikira abanyarugomo
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu batewe impungenge n'utubare ducumbikira abantu ku mafaranga make, ari nayo nyirabayazana y’urugomo rugaragara muri uwo Murenge.
Karasira Innocent (ni izina yahimbwe ku mpamvu z’umutekano we) umwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugerero yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko atewe impungenge n'amacumbi(lodge) atemewe akora rwihishwa.
Yakomeje avuga ko, urugomo rubera mu Murenge wa Rugerero rufitanye isano no kuba muri uwo Murenge hakunze kugaragaramo ibikorwa by’urugomo kuko utubare tw’aho ducumbikira amabandi ku mafaranga make ashoboka kuko amafaranga ibihumbi bibiri (2,000Frs) umuntu ahabwa icumbi.
Abajijwe niba hari igitabo bandikamo abaharaye, yavuze ko nawe yarayemo, ariko ntawigeze amwaka icyangombwa cyangw