Tag: NGOS Forum

Rwanda NGOs Forum na ASOFERWA bahuriye mu rugamba rwo guhangana na Malariya

Rwanda NGOs Forum na ASOFERWA bahuriye mu rugamba rwo guhangana na Malariya

Politiki
Urugaga rw’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta ishinzwe kurwanya icyorezo cya SIDA, guteza imbere Ubuzima no guharanira Uburenganzira bwa muntu (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP) muri gahunda yo kurandura indwara ya Malariya izakora ubukangurambaga mu bantu basanzwe naho ASOFERWA (Association De Solidarite des Femmes Rwandaises) izakora ubukangurambaga mu bantu bigoye kugeraho nk’abakora umwuga w’uburaya n’abandi. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Kamena 2022 nibwo muri Kigali habereye umuhango wo gutangariza inzego zitandukanye harimo abo mu nzego za Leta zishinzwe ubuzima, uburyo ubwo bukangurambaga bwo guhangana Malariya buzakorwa mu myaka ibiri. Nshimiyimana Appolinaire, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa ASOFERWA yatangarije ikinyamaku
Kigali: Habereye ubukangurambaga bwa “Global Fund” ikeneye miliyari 18 z’amadolari

Kigali: Habereye ubukangurambaga bwa “Global Fund” ikeneye miliyari 18 z’amadolari

Amakuru
Hakenewe miliyari 18 z’amadolari azifashishwa mu bikorwa by’umuryango Global Fund muri 2024-2026 mu kwita ku bafite Virus itera SIDA, guhangana na Malariya ndetse n’Igituntu. Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP) n’izindi nzego zita ku buzima mu Rwanda na Global Fund kuri uyu wa Kane tariki 5 Gicurasi 2022, bakoreye inama muri Kigali igamije kuvuga kuri ayo mafaranga Global Fund ikeneye, aho agomba kuva ndetse n’umusaruro bayitezeho mu guhangaan na Virusi itera SIDA, Igituntu na Malariya. Innocent Cyiza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa mu biro bikorera muri Minisiteri y’Ubuzima  bishinzwe ubufatanyabikorwa hagati y’u Rwanda na Global Fund, yabwiye abanyamakuru ko
Depite Murebwayire yasabye sosiyete sivili kumanuka ikareba ibibazo biri mu muryango Nyarwanda

Depite Murebwayire yasabye sosiyete sivili kumanuka ikareba ibibazo biri mu muryango Nyarwanda

Amakuru
Mu kiganiro ku ruhare rw’imiryango ya Sosiyete Siviri mu mu gushyiraho politiki y’Igihugu, cyabereye muri Kigali kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Werurwe 2022, Depite Murebwayire Donatira yasabye sosiyete sivili kumanuka ikajya kumva ibibazo biri mu muryango Nyarwanda. Ibi yabigarutseho nyuma y’uko baherutse gusura tumwe mu Turere tw’u Rwanda bagasanga mu muryango nyarwanda harimo amakimbirane menshi aho usanga hagati y’umugabo n’umugore harimo guhimana. Depite Murebwayire yabwiye abari aho ko ishyiga rimwe rya sosiyete sivili rivuyeho nta cyagerwaho, yagize ati “ishyiga rya sosiyete siviri rivuyeho ntabwo twahisha”. Yatanze urugero avuga ko mu cyaro hariyo imyaka, ariko umugore agakandamizwa, bityo asaba imiryango ya sosiyete sivili kugira icyo ikora kuko intego zayo ari ukungan
Sosiyete sivili yasuzumye uruhare rwayo kuri politiki y’u Rwanda

Sosiyete sivili yasuzumye uruhare rwayo kuri politiki y’u Rwanda

Amakuru
Ihuriro rya sosiyete siviri mu Rwanda rifatanyije n’Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP) hamwe n’indi miryango ikorana na ryo nka “Great Lakes Initiative for Human Rights Development” na IMRRO barebeye hamwe uko uruhare rwabo ruhagaze mu ishyirwaho rya politiki y’Igihugu. Iki kiganiro cyabaye tariki ya 18 Werurwe 2022 kibera muri imwe mu mahoteri yo muri Kigali, harebwa uruhare imiryango itari iya Leta igira mu kwemeza politiki Igihugu kigenderaho ndetse n’icyakosorwa kugira ngo irusheho gutanga umusanzu wifuzwa. Dr. Ryarasa Nkurunziza Joseph umwe mu mpirimbanyi z’ubutabera witabiriye iki kiganiro avuga ko imiryango ya sosiyete siviri ifite urubuga rwo gutangir
Global Fund yagize impinduka zikomeye mu rwego rw’ubuzima mu Rwanda-Kabanyana

Global Fund yagize impinduka zikomeye mu rwego rw’ubuzima mu Rwanda-Kabanyana

Amakuru
Kabanyana Nooliet, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP) avuga ko mu myaka 20 Global Fund imaze itera inkunga ibikorwa by’ubuzima mu Rwanda hari impinduka zabayeho. Ibi, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Gashyantare 2022 ubwo muri Kigali Convention Center haberaga inama ibanziriza iya Global Fund igamije kuvugurura uko ikorana n’imiryango itari iya Leta ku nshuro ya karindwi mu bijyanye no kurwanya Virus itera SIDA, Igituntu na Malaria. Iyi nama yateguwe na RNGOF on HIV/AIDS & HP ifatanyije na UNAIDS ku rwego rw’Igihugu, hamwe n’indi miryango nka CCM-Rwanda, GFAN Africa na Global Fund. Kabanyana avuga ko kuri
Hagaragajwe ko abantu baba mu buzima bwihariye COVID-19 yabagizeho ingaruka nyinshi

Hagaragajwe ko abantu baba mu buzima bwihariye COVID-19 yabagizeho ingaruka nyinshi

Amakuru
Hagaragajwe  ko COVID-19 yagize ingaruka nyinshi by’umwihariko ku bantu baba mu buzima bwihariye (key populations). Byagaragajwe n’ubushakashatsi bwamurikiwe abafatanyabikorwa tariki ya 17 Ukuboza 2021 n’Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima mu Gihugu (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP) ku bufatanye na UNAIDS na UHAI EASHRI kugira ngo harebwe zimwe mu nzitizi abantu baba mu buzima bwihariye bahuye nazo mu gihe cya COVID-19 ubwo hafatwaga ingamba zo kuyirinda harimo na Guma mu rugo. Abo bantu bo mu byiciro byihariye bakozweho ubushakashatsi ni: Abakora umwuga w’uburaya, ababana bahuje igitsina n’abitera inshinge zibongerera imbaraga. Jean Claude Uwihoreye, ubarizwa mu cyiciro cy’abagabo bakundan
Barahamya ko aho kugira isoni zo kugendana Agakingirizo bagira isoni zo kwicwa na SIDA

Barahamya ko aho kugira isoni zo kugendana Agakingirizo bagira isoni zo kwicwa na SIDA

Amakuru
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bumbogo, barahamya ko nta mpamvu yo kugira isoni zo kugendana Agakingirizo kandi ari imwe mu nzira yo kwirinda kwandura Virus itera SIDA. Ibi, babitangaje nyuma yo kwerekwa uko Virus itera SIDA yirindwa hakoreshejwe Agakingirizo ndetse no guhabwa ubundi bujyanama mu kwirinda. Kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Ukuboza 2021, ni bwo Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima mu Rwanda (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP) rifatanyije n’indi miryango itari iya Leta izwiho ibikorwa byo kurengera ubuzima, bakoreye mu Murenge wa Bumbogo Akagari ka Nyagasozi mu Karere ka Gasabo, igikorwa kigamije ubukangurambaga mu gukumira Virus itera SIDA, abaturage babwiye ikinyamakuru IMPAMBA.C
Hakenewe ubushakashatsi bwimbitse kugira ngo icyorezo cya SIDA kizarangire muri 2030-Kaberuka

Hakenewe ubushakashatsi bwimbitse kugira ngo icyorezo cya SIDA kizarangire muri 2030-Kaberuka

Amakuru
Ibi, ni ibyatangajwe na Gerard Kaberuka umushakashatsi wigenga, wakoze ubushakashatsi ku cyorezo cya SIDA yamuritse kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Ugushyingo 2021 mu nama yatumiwe n’Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP yari igamije ko hongerwa ubushakashatsi mu gukumira SIDA mu Rwanda. Gerard Kaberuka avuga ko ubushakashatsi yamuritse bwari bugamije kwirinda icyorezo cya SIDA harimo kumvisha abantu agakingirizo ku bagore no ku bagabo mu buryo bw’imiti kugira ngo nahura n’icyorezo ntikibe cyamwanduza, ubundi buryo bukoreshwa mu kwirinda harimo gusiramura kuko byagaragaye ko nabyo bifasha. Hakaba n’ubundi buryo bwo kurinda ko umwana yanduzwa n’umubyeyi hakaba n’u
Muramira yasimbuye Felicité Rwemarika ku mwanya w’Umuyobozi wa NGOS Forum

Muramira yasimbuye Felicité Rwemarika ku mwanya w’Umuyobozi wa NGOS Forum

Amakuru
Muramira Bernard niwe watorewe kuba Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’ Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP), asimbuye Felicité Rwemarika wari usoje manda ye y’imyaka itanu. Aya matora yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Ugushyingo 2021 muri imwe mu mahoteli yo muri Kigali, aho Muramira Bernard yagize amajwi 43 kuri 44. Muramira yatowe nyuma y’uko abanyamuryango bitabiriye Inteko Rusange babanje kugezwaho ibikorwa manda icyuye igihe yakoze mu gihe cy’imyaka itanu. Muramira Bernard, asanzwe ari umuyobozi w’umuryango utari uwa Leta witwa Strive Foundation Rwanda, akaba afite uburambe bw’imyaka 19. Mu ijambo yagejeje ku bari aho nyuma yo gutorwa, yabanje gu
Rubavu:  Rwanda NGOs Forum n’abafatanyabikorwa bayo batanze umusanzu mu butabera

Rubavu:  Rwanda NGOs Forum n’abafatanyabikorwa bayo batanze umusanzu mu butabera

Amakuru
Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP), n’indi miryango Nyarwanda itari iya Leta itanga serivisi z’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, kuri uyu wa Gatanu tariki tariki ya 29 kugeza kuri uyu wa Gatandatu ya 30 Ukwakira 2021 bamurikiye abaturage b’Akarere ka Rubavu ibyo bakora, basobanurirwa uburenganzira bafite ku butabera nko kunganirwa imbere y’amategeko. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Rugerero mu Kagari ka Rwaza cyitabirwa n’abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Rubavu n’abo mu Rwego rw’Igihugu. Olivier Ruhamyambuga, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, ariko ubu akaba ari Umuyobozi w’Akarere w’Agateganyo yatangarije abanyamakuru ko bishimi