Tag: Komite Olempike

Ikibazo cy’amashyirahamwe akorera muri Stade Amahoro cyabaye agatereranzamba, Komite Olempike nayo ntifite ubushobozi bwo gukodesha inzu yo gukoreramo

Ikibazo cy’amashyirahamwe akorera muri Stade Amahoro cyabaye agatereranzamba, Komite Olempike nayo ntifite ubushobozi bwo gukodesha inzu yo gukoreramo

Amakuru, Imikino
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Gicurasi 2018 ni bwo habaye inama yo kwiga ku kibazo cy’amashyirahamwe y’imikino agomba kwimuka muri Stade Amahoro i Remera, ariko yarangiye nta shyirahamwe na rimwe ryemeye ko rizashobora kwikodeshereza aho gukorera, ndetse na Komite y’u Rwanda y’Imikino Olempike (CNOSR) yatumije iyo nama yagaragaje ko nta bushobozi yabona bwo gukodesha ahandi. Amakuru ikinyamakuru impamba.com gikesha bamwe mu bayobozi b’amashyirahamwe bitabiriye iyo nama, avuga ko Komite Olempike yavuze ko ayo mafaranga yo gukodesha ahandi  ntayo ifite kuko mu bikorwa baterwamo inkunga, ayo mafaranga ntayarimo. Ikindi ni uko amafaranga Komite Olempike iyahabwa mu ntangiriro z’umwaka ubu ukaba ugeze hagati. Ambasaderi Munyabagisha Valens Umuyobozi wa Komite Olempike nyuma y’iyo nam
Abanyarwanda babiri nibo batorokeye mu mikino y’abakoresha Icyongereza muri Australia

Abanyarwanda babiri nibo batorokeye mu mikino y’abakoresha Icyongereza muri Australia

Imikino
Abanyarwanda babiri nibo batorokeye muri Australia ubwo bitabiraga imikino ihuza ibuhugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza (Commonwealth Games) ari bo Jean Paul Nsengiyumva na Mutatsimpundu Denise. Jean Paul Nsengiyumva wabanje kubura mbere n’amarushanwa atararangira, yari yitabiriye iyi mikino ari umutoza w’abaterura ibiremereye mu bafite ubumuga (Para Powerlifting) naho Mutatsimpundu Denyse wubatse izina mu gukina Volleyball ikinirwa ku musenyi yabuze ubwo ikipe y’u Rwanda yiteguraga kugaruka mu gihugu. Amakuru aturuka muri Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) agera ku kinyamakuru impamba.com aremeza  ko Mutatsimpundu Denise yahise abura akaba atagarukanye n’abandi. Mutatsimpundu akaba yarakunze kwitabira amarushanwa mpuzamahanga afatanyije na Nzayisenga Charlotte mu gukina “B
Abaserukiye u Rwanda mu mikino y’abavuga Icyongereza baragaruka uko bagiye

Abaserukiye u Rwanda mu mikino y’abavuga Icyongereza baragaruka uko bagiye

Imikino
Delegasiyo yaserukiye u Rwanda mu mikino y’abavuga Icyongereza (Commonwealth Games) muri Australia irasesekara i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Mata 2018 saa mbiri n’iminota 25 z’ijoro, nyuma y’uko abakinnyi b’imikino itandukanye bayitabiriye nta n’umwe wazanye umudali. U Rwanda rwitabiriye iyi mikino ku nshuro ya gatatu, rufitemo imikino nka: Volleyball ikinirwa ku musenyi (beach volleyball), gusiganwa ku magare (cycling), imikino ngororamubiri (athletics), umukino wo guterura ibiremereye mu cyicirocy’abafite ubumuga (para weightlifting). Muri iyi mikino nta bwo abakinnyi b’Abanyarwanda bigaragaje kuko nta n’umwe wazanye n’umudali, uwakinnye imikino isa n’igana ku musozo ni Nizeyimana Alexis wirutse Marato (42KM) ariko ntiyashoboye gusoza iri siganwa. Mu bakinnyi b’Ab
Ikirere nticyoroheye abakinnyi baserukiye u Rwanda mu mikino y’abakoresha Icyongereza

Ikirere nticyoroheye abakinnyi baserukiye u Rwanda mu mikino y’abakoresha Icyongereza

Imikino
Bamwe mu bakinnyi baserukiye u Rwanda mu mikino y’abakoresha Icyongereza (Commonwealth Games) muri Australia ntiborohewe n’ikirere cy’aho. Amakuru ikinyamakuru impamba.com gikesha umwe mu bakinnyi bari muri Australia yemeza ko ikirere cyo muri icyo gihugu kitanogeye abakinnyi ati “ikirere nk’abakinnyi si cyiza no gufatisha ntibiba byoroshye”. Uyu mukinnyi yemeje ko nubwo batorohewe, ariko azagerageza uko ashoboye. Imikino ya Commonwealth Games (CWG) ya 2018 iratangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Mata 2018. U Rwanda rwitabiriye iyi mikino ku nshuro ya gatatu, rufitemo imikino nka: Volleyball ikinirwa ku musenyi (beach volleyball), gusiganwa ku magare (cycling), imikino ngororamubiri (athletics), umukino wo guterura ibiremereye mu cyicirocy’abafite ubumuga