Tag: Kamonyi

Kamonyi: LA GALOPE-RWANDA yatanze inkoko 50 (Amafoto y’ibyakozwe)

Kamonyi: LA GALOPE-RWANDA yatanze inkoko 50 (Amafoto y’ibyakozwe)

Amakuru
Umuryango utari uwa Leta witwa LA GALOPE-RWANDA (LGR) watanze inkoko 50 ku bagore mirongo itanu bashinzwe ingo zabo babarizwa muri Koperative KODARIKA Amizero ibarizwa mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi. Mbere yo guhabwa izo nkoko abitabiriye uyu muhango, barimo abayobozi bo mu Karere ka Kamonyi n’abanyamuryango ba KODARIKA, babanje kumurikirwa ibikorwa byakozwe na LA GALOPE Rwanda birimo : Inzu y’inkoko, ikigega cyakira amazi akururwa hakoreshejwe moteri ikoresha imirasire y’izuba n’akarima k’igikoni. Niyigena Alphonsine Umuyobozi wa LA GALOPE Rwanda yavuze ko umushinga wo gufasha abagore bayobora ingo bo muri Kperative KODARIKA Amizero watangiye muri 2019, utangira gushyirwa mu bikorwa muri 2020, bityo hakorwa ubworozi bw’inkoko mu rwego rwo  rwo kurwanya imirire mibi
Kamonyi: LA GALOPE-RWANDA na CODARIKA Amizero basinye amasezerano y’ubufatanye

Kamonyi: LA GALOPE-RWANDA na CODARIKA Amizero basinye amasezerano y’ubufatanye

Amakuru
Tariki ya 30 Ukwakira nibwo umuryango utari uwa Leta, La Galope Rwanda (LGR) hamwe na Koperative y’abahinzi b’Umuceri CODARIKA Amizero ikorera mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Musambira, basinye amasezerano y’ubufatanye, akubiyemo inshingano za buri ruhande mu bikorwa by’umushinga wo gufasha abagore batishoboye babarizwa muri iyi Koperative. Uyu mushinga ni uwo gufasha abagore batishoboye babarizwa muri koperative,aho bazahabwa inkoko 300, bakubakirwa ikiriro cy’inkoko n’uturima tw’igikoni hamwe no gufukura amazi meza. Ibi byose ni ukugira ngo biteze imbere, hamwe no ku rwanya imirire mibi. Nk’uko byasobanuwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa LGR, Alphonse Safari yavuze ko muri aya masezerano agamije ubufatanye hagati ya CODARIKA Amizero na LGR akaba akubiyemo inshingano za bu
Kamonyi: Abana 337 batewe inda

Kamonyi: Abana 337 batewe inda

Mu Rwanda
Byatangajwe mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bwakozwe mu Karere ka Kamonyi. Muri aka karere habaruwe abana 337 bari munsi y’imyaka 18 babatewe inda hagati ya 2017 na 2018. Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Alice Kayitesi avuga ko hari n’abandi barengeje imyaka y’ubukure bagera kuri 39 bo basambanyijwe ku ngufu mu mezi atandatu ashize. Avuga kandi ko abantu 40 ari bo bahamwe n’ibi byaha ubu bakaba barahawe ibihano. Mu bateye inda bariya bana ngo harimo n’abafitanye na bo isano ya bugufi. Mubagekazi, afite imyaka 17 ubu, avuga ko yagambaniwe n’inshuti ye agasambanywa agasama inda ndetse iwabo bakamubwira ko nabyara agomba guhita ajyana umwana kwa se. Mugabekazi ubu yifuza ko yahabwa ubutabera. Ingabire Eugenie ushinzwe kurwanya ihohoterwa mu
St Bernadette y’i Kamonyi yizihije isabukuru y’imyaka 50, yishimira ibyo yagezeho mu mikino mpuzamashuri (amafoto n’amashusho)

St Bernadette y’i Kamonyi yizihije isabukuru y’imyaka 50, yishimira ibyo yagezeho mu mikino mpuzamashuri (amafoto n’amashusho)

Amakuru
Ishuri ryisumbuye rya Sainte Bernadette ryo mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Ukwakira 2018 ryizihije isabukuru y’imyaka 50, igikorwa cyahuriranye no gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri baharangije mu myaka itatu ishize ndetse no kwishimira imyanya iki kigo cyagize mu mikino mpuzamashuri y’uyu mwaka. https://www.youtube.com/watch?v=PYC8DuKegRY Padiri Majyambere Jean d’Amour umuyobozi wa St Bernadette yabwiye abantu batandukanye bitabiriye ibi birori ko iri shuri ryatangiye mu mwaka wa 1968, ubu rikaba ryigamo abana basaga igihumbi, rikagira abakozi 75. Umuyobozi wa St Bernadette yavuze ko muri iri shuri batanga ubumenyi hakiyongeraho ikinyabupfura ndetse no gusenga ntawubangamiwe mu myemerere ye. Yashimiye uko abanyeshuri bitwaye mu mikino ya Basketb