Tag: Ibidukikije

Amayeri akomeje kwiyongera ku bacururiza bundi bushya mu macupa ya pulasitike yacurujwemo amazi

Amayeri akomeje kwiyongera ku bacururiza bundi bushya mu macupa ya pulasitike yacurujwemo amazi

Amakuru
Muri Kigali no mu Ntara, amacupa ya pulasitike akomeje gukoreshwa inshuro nyinshi kuko hatashyizweho uburyo bwo gukurikirana imikoreshereze yayo nyuma yo kuvamo amazi. Amacupa abakora inzoga ndetse n’abacuruza amavuta y’ubuto bakunze gukoresha ni ay’uruganda rw’Inyange Industries na Sulfo Rwanda Industries. Ibi binyuranyije n’amategeko, nyamara gufata no guhana ababikora biracyagoranye. Amayeri ni yose ku bacururiza bundi bushya mu macupa ya pulasitike ubusanzwe aba yaravuye mu nganda ziyacururizamo amazi. Umwe mu bacuruzi wo muri Kicukiro ucuruza inzoga ya Gubwaneza agira, ati “hari abakora izi nzoga bafite ibyangombwa by’ubuziranenge, bakazikora mu macupa y’icyuma zikagurishirizwa ahantu ho mu mijyi. Gusa abacuruzi bo mu nkengero z’Umujyi wa Kigali n’ahandi hatagaragara cyan
Kutavangura imyanda ibora n’itabora bibangamiye ibidukikije

Kutavangura imyanda ibora n’itabora bibangamiye ibidukikije

Amakuru
Mu duce dutandukanye tw’Igihugu haracyagaragara ahantu usanga abaturage bamennye imyanda, ariko ntibatandukanye imyanda ibora n’itabora, ibi bikaba bibangamira ibidukikije. Mu gukora iyi nkuru, umunyamakuru yibanze mu Mujyi wa Kigali no mu Murenge wa Busogo ahegereye isoko ryo mu Byangabo mu Karere ka Musanze. Sebataha Shabani ukora akazi ko kudoda inkweto inyuma y’isoko ryo mu Byangabo iruhande rw’aho bakunze kumena imyanda ibora n’itabora avuga ko bakeneye ubuvugizi kuko kumena imyanda mu kajagari usibye kuba bibangamira ibidukikije bikurura n’umwanda. Uwimana Florida, utuye mu Mudugudu wa Kabaya ho mu Murenge wa Busogo ucururiza mu isoko ryo mu Byangabo yabwiye umunyamakuru ko iyo myanda ibora n’itabora bamena imbere y’isoko igomba kuhava kuko ifite ingaruka ku baturage bak
Ntawukwiriye kumva ko ibidukikije bitamureba-Vuningoma

Ntawukwiriye kumva ko ibidukikije bitamureba-Vuningoma

Amakuru
Vuningoma Faustin umuhuzabikorwa w’Impuzamiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda igamije kubungabunga ibidukikije (RCCDN) arasaba abantu kumva ko kurengera ibidukikije bitareba umuntu runaka ahubwo ko buri wese agomba kumenya ko bimureba. Ibi yabivuze tariki ya 17 Ukuboza 2021 mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri imwe muri hoteli yo muri Kigali, ahabereye igikorwa cyo guhemba abahinzi bagize uruhare mu kurengera ibidukikije ndetse no kwerekana ambasaderi (brand) wa RCCDN mu rugamba rwo kurengera ibidukikije. Vuningoma yatangaje ko RCCDN ikorana n’imiryango 66 mu rugamba rwo kurengera ibidukikije indi igakora ibijyanye n’ingufu (Energy), aboneraho umwanya wo gusaba itangazamakuru kugira uruhare rufatika mu buvugizi kugira ngo ibidujije birusheho kurengerwa. Uyu muyobozi
Amwe mu masashe mu Rwanda ntiyemewe, ayemewe wayamenya gute?

Amwe mu masashe mu Rwanda ntiyemewe, ayemewe wayamenya gute?

Amakuru
Mu Rwanda amasashe yaraciwe, ariko n’ubu hari abayakoresha bigatuma hibazwa ayemewe gukoreshwa cyangwa atemerewe gukoreshwa. Umwe mu bakozi b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) ariko wanze ko amazina ye atangazwa yabwiye ikinyamakuru impamba.com ko amwe mu masashe bashyiramo inyama cyangwa isombe bikunze kugaragara mu duce tumwe two muri Kigali atemewe gukoreshwa. Uyu mukozi wa REMA yagize ati “amashashi yemewe si kuriya aba ateye”. Bernardin Bavuge inzobere mu kurengera ibidukikije yabwiye abanyamakuru bitabiriye amahugurwa yo kubungabunga ibidukikije, yateguwe n’Umuryango utari uwa Leta ugamije impinduka muri rubanda binyuze mu itangazamakuru (MIC) ko muri rusange amashashi atemewe, ariko hari ayemerewe gukoreshwa kandi agira ikiyatandukanya n’ayaciwe kuber
Scroll Up