Tag: Football Amputee

Umunyamabanga wa “Football” y’afite ubumuga ku Isi yashimiye u Rwanda, amahirwe ataragirwa n’ikindi Gihugu

Umunyamabanga wa “Football” y’afite ubumuga ku Isi yashimiye u Rwanda, amahirwe ataragirwa n’ikindi Gihugu

Imikino
Simon Baker Umunyamabanga Mukuru w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi mu ruzinduko rw'iminsi itanu yashimiye Ishyirahamwe rishinzwe uyu mukino mu Rwanda (RAFA) arigenera inyemezabumenyi (Certificate). Rugwiro Audace, Perezida wa RAFA yatangarije ikinyamakuru IMPAMBA ko iyo 'Certificate' u Rwanda rwahawe ivuze ikintu gikomeye kuko nta kindi gihugu ku Isi cyashoboye kubona ayo mahirwe kuko mbere bitakorwaga. Ishyirahamwe rya “Football Amputee” mu Rwanda ryahawe iyo nyemezabumenyi (Certificate) kubera ibikorwa ryakoze by'indashyikirwa nko kugira ibyiciro bitandukanye bikina umupira w'Amaguru ku bafite ubumuga. “Rwanda Amputee Football Association (RAFA)” ifite abakina umupira w’amaguru nko mu cyiciro cy'abana, abakuru n'abagore hakiyongeraho Shampiyona y'igihugu aho iya
Bahati yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru wa RAFA, hakirwa abanyamuryango bashya ba “Football Amputee”

Bahati yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru wa RAFA, hakirwa abanyamuryango bashya ba “Football Amputee”

Imikino
Bahati Omar uzwi cyane mu muryango UWEZO, niwe watorewe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru ku bafite ubumuga bw’ingingo (Football Amputee), aho yagize amajwi 25 kuri 25 y’abari bemerewe gutora. Aya matora yabereye ku Kimisagara mu cyumba cy’inama cya AJSK:Espérance ku wa Gatandatu tariki ya 19 Werurwe 2022. Muri iyi nama habayeho gusimbuza imyanya y’ababuraga muri Komite hamwe no kwakira abanyamuryango bashya. Nyuma yo gutora Bahati Omar ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru hakurikiyeho, gutora mu yindi myanya aho Evelyn Mukarurangwa yatorewe kuba Umujyanama n’amajwi 13 naho Kayitesi Pacifique wagize amajwi 11 agirwa Umunyamabanga wa Komite Ngenzuzi. Abanyamuryango bashya bakiriwe ni abaturutse mu ikipe ya Rubavu, Musanze, Kigali, Huye n
Umupira w’amaguru ku bafite ubumuga: Ikipe ya Musanze na Huye zatangiranye imbaraga

Umupira w’amaguru ku bafite ubumuga: Ikipe ya Musanze na Huye zatangiranye imbaraga

Imikino
  Shampiyona y’Igihugu y’Umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’ingingo (Football Amputee) yatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Mutarama 2020, yatangiye ari amakipe atatu, aho ikipe Musanze ifite igikombe giheruka yihagazeho ariko ikinnye n’iy’Akarere ka Huye yihagararaho birangira ari ubusa ku bundi. Uko imikino yagenze Huye 2-0 Kigali Amputee Football Club (Nyarugenge) Huye 0-0 Musanze Musanze 4-1 Kigali Amputee Football Association (Nyarugenge). Uko amakipe akurikirana Musanze 4pts Huye 4 pts Kigali (Nyarugenge) 0 pts. Rugwiro Audace Perezida wa “Rwanda Amputee Footballl Association” yatangarije ikinyamakuru impamba.com iyi shampiyona izitabirwa n’amakipe atanu, ariko mu gutangira mu mikino ibanza (Phase aller) haje amakipe atatu. Yavuze ko i
Abakinnyi b’umupira w’amaguru bafite ubumuga baravuga icyo iyi siporo ibamariye

Abakinnyi b’umupira w’amaguru bafite ubumuga baravuga icyo iyi siporo ibamariye

Imikino
Abakinnyi b’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’ingingo (Football Amputee) baravuga ko nyuma y’aho uyu mukino utangiriye mu Rwanda hari icyo wabafashije birimo kwivana mu bwigunge. Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’ingingo mu Rwanda (Rwanda Amputee Football Association-RAFA) ryavutse muri 2015 riyobowe na Rugwiro Audace, ikinyamakuru impamba.com cyavuganye n’abakinnyi bafite ubu bumuga bitabiriye imikino  yo ku rwego rw’igihugu igamije kubafasha kugira ngo bose bitabire  gukina umupira w’amaguru (Football for all league) bagira icyo batangaza. Nsengimana Jean Claude ukinira ikipe y’Akarere ka Musanze avuga ko icyo uyu mukino umaze kumufasha ari ugutera imbere mu mutwe. Nsengimana yagize ati “uko twatangiye si ko biri, na njye uko natangiye si ko ndi, sipor
Shampiyona y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga yabereye i Kirinda

Shampiyona y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga yabereye i Kirinda

Imikino
Shampiyona y’Igihugu ku bafite ubumuga bw’ingingo mu mpera z’icyumweru gishize yakomereje i Kirinda mu Karere ka Karongi aho yari igeze ku munsi wa kane. Uko imikino yagenze Nyanza 2-0 Kirinda Huye 1-0 Kirinda. Iyi mikino igamije ko abafite ubumuga bose bakina umupira w’amaguru (Football for all league) yatewe inkunga na Ambasade y’u Budage mu Rwanda ikaba izasorezwa i Kigali tariki ya 3 Ukuboza 2018 ku munsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga. Uyu mupira w’amaguru ku bafite ubumuga bigaragara ko ukunzwe kuko aho imikino ibera hose abaturage baza ku bwinshi kureba kuko ukiri mushya mu Rwanda. Abakinnyi bitabiriye iyi shampiyona baganiriye n’ikinyamakuru impamba.com bavuze ko icyo yabafashije ari ukwivana mu bwigunge no gusabana n’abandi bityo igisigaye ari uko u
Shampiyona y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga irakomereza i Kirinda

Shampiyona y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga irakomereza i Kirinda

Imikino
Shampiyona y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga (Football for all league) kuri iki Cyumeru tariki ya 18 Ukwakira 2018 ku munsi wa kane irakomereza i Kirinda mu Karere Karongi. Uko gahunda y’iyi mikino y’abafite ubumuga (Football Amputee) iteye, mu mukino wa mbere ikipe ya Nyanza izahura n’iya Kirinda mu wundi mukino Kirinda izahura n’ikipe ya Huye. Iyi mikino yatewe inkunga na Ambasade y’u Budage mu Rwanda izasorezwa mu Mujyi wa Kigali tariki ya 3 Ukuboza 2018 ku munsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga. Iyi mikino yahereye mu Karere ka Musanze mu kigo cy’amashuri cya GS Wisdom tariki ya 28 Ukwakira 2018. Ahandi yabereye ni muri Kigali no mu Karere ka Gakenke.
Gankenke: Abafite ubumuga berekanye ubuhanga bafite mu guconga ruhago

Gankenke: Abafite ubumuga berekanye ubuhanga bafite mu guconga ruhago

Imikino
Amarushanwa y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’ingingo (Football Amputee) kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Ugushyingo yari ageze ku munsi wa gatatu aho yabereye mu Karere ka Gankenke, maze abakinnyi bagaragaza ubuhanga bafite mu guconga ruhago. Aya marushanwa y’umupira w’amaguru kuri bose mu bantu bafite ubumuga (Football for  all league) yatewe inkunga na Ambasade y’u Budage mu Rwanda. https://www.youtube.com/watch?v=7P_Kk0IjR9M&feature=youtu.be Nyuma yo kubera mu duce dutandukanye tw’igihugu, akaba azasozwa tariki ya 3 Ukuboza 2018 ku munsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga. Uko imikino yagenze ku munsi wa gatatu Musanze 1-0 Kigali Amputee Football Club Rubavu 2-1Gakenke Kigali Amputee Football Club 1- 0 Gakenke. Igitego cya Musanze mu mukino wayihu
Ikipe ya  Musanze y’umupira w’amaguru y’abafite ubumuga yanyagiye iya Gakenke, iyitsinda 12 ku busa

Ikipe ya Musanze y’umupira w’amaguru y’abafite ubumuga yanyagiye iya Gakenke, iyitsinda 12 ku busa

Imikino
Ikipe ya Musanze y'umupira w'amaguru mu bafite ubumuga bw'ingingo (Amputee Football) yegukanye igikombe cya Shampiyona ya 2017-2018 nyuma yo gutsinda ikipe ya Gakenke ku bitego 12 ku busa. Iyi mikino yabereye mu Karere ka Musanze mu kigo cy'amashuri cya GS Wisdom kuri iki Cyumweru tariki ya 28 Ukwakira 2018, ihurirana n'igikorwa cyo gutangiza amarushanwa y'umupira w'amaguru ku bantu bose bafite ubumuga (Football for all league). https://www.youtube.com/watch?v=vBhQhjiyzfo&feature=youtu.be Ibitego 12 bya Musanze byinjijwe n’abakinnyi barimo: Ndahiro Jean Claude bakunze kwita Daddy winjije bine akaba ari nawe wabaye umukinnyi mwiza (MVP). Undi mukinnyi wa Musanze winjije byinshi ni Ahinzira Hamidi winjije bitatu, Imanirutabyose nawe yinjije bitatu naho Gatete Fidele yinjiza
Shampiyona y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga igiye gusorezwa mu Karere ka Musanze

Shampiyona y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga igiye gusorezwa mu Karere ka Musanze

Imikino
Shampiyona y’Igihugu ku bakinnyi bafite ubumuga bw’ingingo (Football Amputee) izasorezwa mu Karere ka Musanze mu kigo cy’amashuri  cya GS Wisdom mu Murenge wa Cyuve,  kuri iki Cyumweru tariki ya 28 Ukwakira 2018. Nsengimana Donatien Visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu bafite ubumuga bw’ingingo aratangaza ko mu gusoza shampiyona ya 2017-2018 hazaba  umukino wa nyuma uzahuza “Musanze Amputee Football Club” na “Gakenke Amputee Football Club”. Nyuma hazabaho umuhango wo gutanga igikombe ku ikipe ya mbere, hakazatangwa n’ibikoresho bitandukanye ku makipe y’abafite ubumuga azaba ari aho. Ibyo bikoresho birimo: Imipira, ibikumira gukomereka mu gihe cy’amarushanwa (contre choc), imyenda n’imbago byatanzwe na Ambasade y’u Budage mu Rwanda. Kuri iki Cyumweru na
Ikipe ya Musanze y’abafite  ubumuga iyoboye shampiyona y’umupira w’amaguru

Ikipe ya Musanze y’abafite ubumuga iyoboye shampiyona y’umupira w’amaguru

Imikino
Ikipe ya Musanze y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’igingo (Amputee Football) ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 6 nyuma yo gutsinda Vision Jeunesse Nouvelle y’i Rubavu ibitego 4 ku busa mu mukino wabaye mu mpera z’icyumweru. Ubwo iyi shampiyona yari igeze ku munsi wa kabiri Musanze ni yo yari yakiriye Vision Jeunesse Nouvelle. Kugeza ubu “Musanze Amputee Football Club (AFC)”  ikaba ari yo iyoboye urutonde rwa shampiyona  ya  “Amputee Football” nyuma yo gutsinda Kigali Amp.FC na Vision Jeuness Nouvelle,  naho mu bamaze gutsinda ibitego byinshi akaba ari Ndahiro Jean Claude bakunze kwita Daddy G kuko ubu afite ibitego  6 akaba akinira ikipe ya Musanze y’abafite ubumuga nk’uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha Rugwiro Audace, Umuyobozi wa “Rwanda Amputee Associa
Scroll Up