Tag: FERWAHAND

Handball: Kiziguro SS yegukanye Coupe du Rwanda, menya uko imikino yagenze n’icyo abatoza n’abayobozi babivugaho

Handball: Kiziguro SS yegukanye Coupe du Rwanda, menya uko imikino yagenze n’icyo abatoza n’abayobozi babivugaho

Imikino
Ikipe ya Handball ya Kiziguro SS ni yo yegukanye igikombe cya “Coupe du Rwanda” mu bagore itsinze Falcons ibitego 39-33. Imikino ya nyuma (final) yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Ukwakira 2021 kuri Sitade Amahoro i Remera. Sindayigaya Aphrodice umutoza wa Kiziguro Secondary School, yabajijwe niba gutwara igikombe ari ibintu baje biteguye, asubiza ati “ntabwo umuntu yavuga ngo twaje tubyiteguye cyangwa se twatunguwe kuko amakipe yose aba yaje gukina ashaka igikombe, ariko icya mbere ni uko tuba twarateguye tucyifuza, dufite n’ishyaka ryo kugitwara”. Sindayigaya yakomeje avuga ko gutwara iki gikombe byanyuze mu nzira zikomeye kuko hitabiriye amakipe menshi banyura mu majonjora, bagera muri kimwe cya kane, kimwe cya kabiri kugeza batsinze umukino wa nyuma (final) kuko bakoze
Handball: U Rwanda rugiye kwitabira ku nshuro ya mbere Igikombe cya Afurika, hakenewe ubufasha bw’inzego zishinzwe siporo

Handball: U Rwanda rugiye kwitabira ku nshuro ya mbere Igikombe cya Afurika, hakenewe ubufasha bw’inzego zishinzwe siporo

Imikino
Ikipe y’Igihugu ya Handball mu bagabo igiye kwitabira imikino y’Igikombe cya Afurika  kuva tariki ya 13 kugeza 23 Mutarama 2022 muri Maroc, u Rwanda rukeneye ubufatanye bw’inzego zireberera siporo kugira ngo abakinnyi bazatangire imyitozo hakire kare ndetse bazitware neza. Iyi nkuru yamenyekanye binyuze ku rubuga rwa Twitter rw’Ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda mugitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Ukwakira 2021. Ikipe y’Igihugu irasabwa kwitabira aya marushanwa y’Igikombe cya Afurika nyuma y’uko ikipe y’u Rwanda yitwaye neza mu mikino itandukanye  nk’iy'ingimbi ya “IHF Trophy zone 5”, aho u Rwanda rwatwaye igikombe muri 2016 na 2018 ndetse ruhagararira n’Akarere ka gatanu (Zone 5) ku mikino ya nyuma yo ku rwego rw'Afurika yabereye mu gihugu cya Senegal mu
Handball igiye gutangira gukinirwa muri Kigali ARENA, inkuru yashimishije abatari bake

Handball igiye gutangira gukinirwa muri Kigali ARENA, inkuru yashimishije abatari bake

Imikino
Umukino wa Handball ugiye gutangira gukinirwa mu nyubako igezweho izwiho kwakira imikino muri Kigali izwi nka “Kigali ARENA”, akaba ari inkuru yashimishije abatari bake mu bakunzi b’uyu mukino. Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Ukwakira 2021 ni bwo muri Kigali ARENA habereye igikorwa cyo kupima aho amazamu azajya ashingwa mu gihe cy’amarushanwa y’umukino w’intoki wa Handball. Utabarutse Théogène, Perezida w’Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND) yatangarije ikinyamakuru IMPAMBA.COM icyo bivuze kuba umukino wa Handball nawo ugiye kuzajya ukinirwa muri Kigali ARENA. IMPAMBA: Muri make ubu Handball nayo yemerewe gukinirwa muri Kigali ARENA, bivuze iki ku bakinnyi n’abakunzi ba Handball mu Rwanda? Utabarutse Théogène:  Ni ukuvuga ko Handball yahawe agaciro nk'indi mikino y'
Handball: Imikino yo kwibuka yabaye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19

Handball: Imikino yo kwibuka yabaye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19

Imikino
Imikino yo kwibuka, abakinnyi n’abakunzi ba Handball bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yasorejwe muri Sitade Amahoro i Remera kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Kamena 2021, hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Uwayo Théogène, Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) waje kureba isozwa ry’iyi mikino yashimye imigendekere yayo kuko muri ibi bihe bitoroshye ko abantu bategura amarushanwa akagenda neza kubera ko bigomba kujyana no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus (COVID-19). Yavuze ko kuba haraje amakipe 13 y’abagabo na 8 mu bagore ari ibintu byo kwishimira. Bagabo Placide ukuriye imikino yo kwibuka, yavuze ko bitewe n’ingamba zo kwirinda COVID-19, uyu mwaka amashyirahamwe azategura iyi mikino ari make bitewe n’uko hari amakipe atoro
Handball: Imikino yo Kwibuka izaba hagati ya 11 na 30 Kamena 2021

Handball: Imikino yo Kwibuka izaba hagati ya 11 na 30 Kamena 2021

Imikino
Imikino ya Handball yo kwibuka abakinnyi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yigijwe inyuma kuko imyiteguro yayo cyane cyane mu bijyanye no kwirinda COVID-19 yari itaranozwa. Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND) buratangaza ko igihe ntarengwa iyi mikino igomba kubera ari hagati y’itariki 11 na 30 Kamena 2021. Irushanwa ryo kwibuka abakinnyi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 (GMT) ritegurwa na Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) ku nkunga ya Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo. Komite ishinzwe iryo rushanwa muri Komite Olempike niyo itanga gahunda y’iryo rushanwa mu mashyirahamwe yerekanye ko yifuza kuritegura. Ubuyobozi bwa FERWAHAND buratangaza ko hashize amezi abiri bumenyesheje
“Rwanda Handball Challenge Trophy”: Mu bagabo Police yegukanye igikombe mu bagore gitwarwa na UR Huye

“Rwanda Handball Challenge Trophy”: Mu bagabo Police yegukanye igikombe mu bagore gitwarwa na UR Huye

Imikino
Imikino ya Handball yabimburiye iyindi nyuma y’aho icyorezo cya Coronavirus (COVID-19) kigereye mu Rwanda muri Werurwe 2020, yiswe “Rwanda Handball Challenge Trophy” yabaye mu mpera z'icyumweru yasorejwe mu kigo cya Kimisagara  kuri iki Cyumweru tariki ya 30 Gicurasi 2021, aho mu bagabo igikombe cyegekanywe na Police Handball Club nyuma yo gutsinda APR Handball Club ku bitego 33 kuri 24 naho mu bagore gitwarwa na UR Huye n’amanota 12. Uko imikino yagenze  Mu bagabo Uko batsindanye muri 1/2  Police Handball Club 33-15 UR Huye APR HBC 36-16 Gorillas HB Mu guhatanira umwanya wa gatatu (3rd Place) Gorillas 21 - 12 UR Huye Umukino wa nyuma (Final)  Police 33-24 APR Uko amakipe akurikirana (Final Ranking)  1.Police Handball Club 2.APR Handball Club 3
“Rwanda Handball Challenge Trophy” izaba hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19

“Rwanda Handball Challenge Trophy” izaba hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19

Imikino
Irushanwa rya Handball ryiswe “Rwanda Handball Challenge Trophy” rizaba tariki ya 29 kugeza 30 Gicurasi 2021, ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus (COVID-19). Tariki ya 19 Gicurasi 2021 nibwo ku biro by’Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND) biri muri Sitade Amahoro, habereye inama ya tekinike yahuje amakipe azitabira “Rwanda Handball Challenge Trophy” yemeza ko iri rushanwa ryagombaga kuba tariki ya 22 kugeza 23 Gicurasi 2021 ryimurirwa tariki ya 29-30 Gicurasi 2021. Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda avuga ko mu byatumye iryo rushanwa itariki ryagombaga kuberaho ihinduka ari ukugira ngo amakipe azaryitabira yitegure neza. Irushanwa rya “Rwanda Handball Challenge Trophy” rifunguye ku makipe yose abyifuza nd
FERWAHAND: Amakipe abiri ya Handball yemerewe gusubukura imyitozo

FERWAHAND: Amakipe abiri ya Handball yemerewe gusubukura imyitozo

Imikino
Nyuma y’aho tariki ya 24 Werurwe 2021 Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND) ryandikiye Minisiteri ya Siporo risaba gusubukura imyitozo mu rwego rwo gusubukura amakurushanwa abera mu gihugu n’ayo ku rwego mpuzamahanga, ubu amakipe abiri ari yo Police Handball Club na APR Handball Club niyo yahawe ubwo burenganzira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Mata 2021. Ibaruwa isubiza FERWAHAND igira iti “Nshingiye ku ibaruwa yanyu Ref. No 027/ferwahand/03/2021 yo kuwa 24/03/2021 mwanditse musaba gusubukura imyitozo mu rwego rwo kwitegura amarushanwa mu gihugu n’amarushanwa nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwabo azabera muri Maroc; Nejejwe no kubamenyesha ko Minisiteri ya Siporo ibemereye gusubukura imyitozo gusa by’umwihariko ku ikipe ya APR Handball Club n’ikipe ya POLICE Handball
FERWAHAND yiteguye gusubukura imikino imaze guhabwa Uburenganzira na Minisiteri

FERWAHAND yiteguye gusubukura imikino imaze guhabwa Uburenganzira na Minisiteri

Imikino
Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND) rirateganya gusubukura ibikorwa bya siporo ryubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ariko bikazatangira nyuma yo guhabwa uburenganzira na Minisiteri ifite Siporo mu nshingano zayo. Ibi, ni ibyatangarijwe itangazamakuru nyuma y’inama nyungurana bitekerezo n'abafatanyabikorwa ba FERWAHAND bagizwe n’amakipe,abatoza,abasifuzi n'abandi bafite aho bahuriye n’ibikorwa bya Handball mu Rwanda. Inama nyunguranabitekerezo n'abafatanyabikorwa ba FERWAHAND yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya  Coronavirus  Kucyumweru tariki ya 28 Gashyantare 2021, iteganya ko shampiyona ya Handball izatangira tariki ya 24 Werurwe 2021,ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19. FERWAHAND ikaba yashyize hanze “calend
Handball: Imikino y’Umunsi w’Intwari niyo izabimburira indi muri 2021

Handball: Imikino y’Umunsi w’Intwari niyo izabimburira indi muri 2021

Imikino
Mu bikorwa Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND) riteganya bizaba umwaka utaha, bizabimburirwa n’imikino y’umunsi w’Intwari izaba tariki ya 31 Mutarama kugeza ku ya 2 Gashyantare 2021. Iyi mikino ikazaba bitewe n’uko icyorezo cya COVID-19 kizaba gihagaze mu gihugu, cyangwa se ikazaba hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Coronavirus. Imikino ya Handball y’umunsi w’Intwari iba buri mwaka muri Gashyantare, mu rwego rwo gukangurira urubyiruko kugera ikirenge mu cy’intwari zitangiye u Rwanda, imikino ya 2020 yakiniwe ku Mulindi w’Intwari, mu bagabo igikombe cyatwawe na Police Handball Club naho mu bagore gitwarwa na UR Huye. Ku mukino wa nyuma Police Handball Club yatsinze APR ku bitego 40 kuri 35 na ho mu bagore U R Huye yatsinze U R Rukara ku bitego 21 kuri 18. Minisit