Tag: FERWACY

Amagare: Bamwe mu bayobozi b’amakipe barinubira gutumirwa mu irushanwa ku munota wa nyuma

Amagare: Bamwe mu bayobozi b’amakipe barinubira gutumirwa mu irushanwa ku munota wa nyuma

Imikino
Bamwe mu bayobozi b’amakipe y’umukino w’amagare mu Rwanda barinubira ko batinze kumenyeshwa irushanwa batumiwemo ryo Kwibuka rigomba kuba kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gicurasi 2022 mu Muyi wa Kigali. Nk’uko ikinyamakuru IMPAMBA.COM kibikesha ubutumire bwatanzwe n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ni uko bwanditswe tariki ya 16 Gicurasi mu gihe itariki ntarengwa yo kuba amakipe yamaze gutanga lisite y’abakinnyi byari kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Gicurasi 2022, ariko byarangiye bitubahirijwe, aho byageze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gicurasi 2022 ku masaha ya nimugoroba lisite y’amakipe azitabira itaratangazwa. Bamwe mu bayobozi b’amakipe bavuga ko bitumvikana uburyo batungujwe irushanwa kandi kugira ngo umukinnyi yitabire bisaba imyiteguro ihagize yaba mu
Amagare: Murenzi Abdallah ikipe yamugejeje muri FERWACY yamaze guhagarikwa, harifuzwa impinduka mu matora ategerejwe

Amagare: Murenzi Abdallah ikipe yamugejeje muri FERWACY yamaze guhagarikwa, harifuzwa impinduka mu matora ategerejwe

Imikino
Murenzi Abdallah umaze imyaka ibiri n’igice ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ikipe ya Karongi yamutanzeho umukandida muri 2019 yamaze guhagarikwa mu bikorwa by’umukino w’amagare mu Rwanda ku bwo kuba iyi kipe itagira ubuzima gatozi. Nyuma y’Inteko Rusange yateranye ku wa Gatandatu tariki ya 23 Mata 2022 bamwe mu banyamuryango ba FERWACY babwiye ikinyamakuru IMPAMBA.COM ko mu matora ya Komite Nyobozi azaba tariki 29 Gicurasi 2022 bifuza ko Komite yose icyuye igihe itagomba kugaruka kuko mu gihe imazeho umukino w’amagare wasubiye inyuma. Inteko Rusange ya FERWACY yahagaritse na none ikipe ya CINE EL MAY bakunze kwitirira Mayaka ku bwo kutagira ubuzima gatozi. Bamwe mu banyamuryango ba FERWACY baganiriye n’ikinyamakuru IMPAMBA, ariko banze ko a
Amagare: Amatora y’abayobozi ba FERWACY yagizwe ubwiru, abanyamuryango barasabwa gukora iki?

Amagare: Amatora y’abayobozi ba FERWACY yagizwe ubwiru, abanyamuryango barasabwa gukora iki?

Sesengura
Amatora y’abayobozi b’Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY) azaba muri Werurwe 2022, ariko kugeza ubu nta kintu na kimwe gihari cyerekana ko amatora ari hafi. Amakuru aturuka muri bamwe mu banyamuryango ba FERWACY avuga ko batazi impamvu nta kivugwa ku matora ya Komite kandi nta kwezi gusigaye kugira ngo abe, bakavuga ko gukorera mu bwiru akenshi ari byo bituma mu mashyirahamwe atandukanye y’imikino mu Rwanda hasigaye hazamo abantu batumva iyo  mikino bityo bikagira ingaruka ku iterambere ryayo. Murenzi Abdalah, Umuyobozi wa FERWACY mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru IMPAMBA.COM yavuze ko ibijyanye n’ayo matora bizemezwa n’Inteko rusange, yagize ati “ntabwo biremezwa kuko bigomba kwemezwa na “Assamblée generale” niyo izemeza igihe amatora azabera, a
Abantu babiri bafunzwe bazira ibyo bakoze muri “Tour du Rwanda” ya 2019

Abantu babiri bafunzwe bazira ibyo bakoze muri “Tour du Rwanda” ya 2019

Imikino
Abantu babiri barimo umwe mu bakozi ba Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) batawe muri yombi bazira  gukoresha mu buryo bunyuranyije n’ibyo baherewe isoko mu isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare rizwi ku izina rya “Tour du Rwanda”. Abafunzwe ni Ahimana Straton ubusanzwe uzwi mu gusifura umukino wa Basketball na Uwiduhaye Rogin usanzwe ari umukozi wa Minisiteri ya Siporo n’Umuco ushinzwe indangururamajwi(sound system), ubu bose ngo bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera. Amakuru yizewe agera ku kinyamakuru impamba.com avuga ko Ahimana Straton na Uwiduhaye Rogin, Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY) ryabahaye isoko ry’indangururamajwi (sound system) kugira ngo izo ndangururamajwi zikoreshwe mu isiganwa rya “Tour du Rwanda” ku maf
Abazitabira “Rwanda Cycling Cup” muri Gicurasi bazahagurukira i Kayonza

Abazitabira “Rwanda Cycling Cup” muri Gicurasi bazahagurukira i Kayonza

Imikino
Mu rwego rwo kwitegura isiganwa ryo kuzenguruka igihugu (Tour du Rwanda) ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ritegura amasiganwa aribanziriza ryitwa “Rwanda Cycling Cup” iritegerejwe mu minsi ya vuba ni irizaba tariki ya 19 Gicurasi 2018 rizahagurukira i Kayonza ryerekeza mu Karere ka Gicumbi. Amakuru aturuka mu Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, avuga ko mbere y’uko isiganwa riba abatekinisiye bazajya kureba inzira yose abakinnyi bazacamo. Amakipe biteganyijwe ko azitabira “Rwanda Cycling Cup” ya Gicurasi 2018 ni: Amis Sportif, Benediction, Nyabihu, Karongi Vision sports center, Muhazi Cycling Club, Kigali Cycling Club na Fly Cycling Club. Rwanda Cycling Cup, iheruka abakinnyi bahagurukiye i Kigali berekeza mu Karere ka Huye, icyo gihe