Tag: Cricket

Cricket:IPRC Kigali na Zonic Tigers zegukanye ibikombe bya shampiyona

Cricket:IPRC Kigali na Zonic Tigers zegukanye ibikombe bya shampiyona

Imikino
Icyiciro cya mbere cya shampiyona ya Cricket cyakinwe kuri iki Cyumweru tariki ya 15 Gicurasi 2022 aho Zonic Tigers CC yatwaye igikombe cya shampiyona itsinze Kigali CC amanota 217 kuri 112 naho mu cyiciro cya kabiri igikombe cyatwawe na IPRC Kigali. Zonic Tigers CC ni yo yatsinze toss ihitamo kubanza gukora “batting” ishyiraho amanota 217 havuyemo abantu 4 (4 wickets). Kigali Cricket Club ntiyabashije gukuraho agahigo kari kashyizweho na Zonic kuko yashyizeho amanota 112 Zonic ikaba yakuyemo abakinnyi bose ba Kigali Cricket Club (10 All out Wickets). Asaba Bryan wa Zonic ni we wabaye umukinnyi mwiza w’umukino, anashyiraho amanota 120 mu dupira 60 yakinnye. Ku rundi ruhande, IPRC Kigali Cricket Club yatwaye igikombe cy’icyiciro cya kabiri itsinze Right Guards amanota 15
Abanyabigwi mu mukino wa Cricket bo muri Barbados bemereye Kagame ko bazagira uruhare mu iterambere ryawo mu Rwanda

Abanyabigwi mu mukino wa Cricket bo muri Barbados bemereye Kagame ko bazagira uruhare mu iterambere ryawo mu Rwanda

Imikino
Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagiriye muri Barbados, taliki ya 16/04/2022 yagiranye ibiganiro n’abanyabigwi mu mukino wa Cricket bamwizeza ubufasha mu guteza imbere uyu mukino mu Rwanda binyuze mu gutoza. Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Madamu Mia Amor Mottley bahuye n’abanyabigwi batandukanye mu mukino wa Cricket muri iki gihugu  barimo:  Sir Garfield St Aubrun Sobers “Sir Gary Sobers”, Sir Wesley Winfield Hall, Sir Cuthbert Gordon Greenidge, Joel Garner na Ian David Russell Bradshaw  ukuriye ihuriro ry’aba banyabigwi ndetse na Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket muri Barbados,  Conde Riley. Aba banyabigwi, Sir Gary Sobers na Sir Wesley Winfield Hall bashyikirije Perezida Kagame impano. Minisitiri w’
Kigali: Hagiye gutangira amajonjora y’igikombe cy’Isi cya Cricket mu batarengeje imyaka 19

Kigali: Hagiye gutangira amajonjora y’igikombe cy’Isi cya Cricket mu batarengeje imyaka 19

Imikino
Iyi mikino y’amajonjora igiye kubera mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere, iteganyijwe gutangira kuri uyu wa Kane tarikki 30 Nzeri, ikazasozwa tariki ya 06 Ukwakira uyu mwaka w’i 2021. Biteganyijwe ko izakinirwa ku bibuga bibiri biri mu Mujyi wa Kigali, aribyo ikibuga cyubatse mu Ishuli ry’ubumenyi ngiro rizwi nka RP-IPRC Kigali ndetse n’ikibuga mpuzamahanga cyubatse i Gahanga. Amakipe y’Ibihugu azitabira iyi mikino y’amajonjora akaba ari atanu agizwe n’u Rwanda ruzayakira, Tanzaniya, Uganda, Namibiya, Nijeriya. Aya makipe yose akaba azahura hagati yayo, akishakamo imwe gusa izatsindira itike yo kuzerekeza muri iyi mikino iteganyijwe kuzabera muri West Indies umwaka utaha w’i 2022 gusa amatariki izakinirwaho akaba ataramenyekana nk’uko tubikesha Impuzamashyirahamwe y’umukino wa C
Cricket: Kenya yabaye iya mbere, u Rwanda ruba urwa 3 mu mikino yo kwibuka

Cricket: Kenya yabaye iya mbere, u Rwanda ruba urwa 3 mu mikino yo kwibuka

Imikino
Amarushanwa ya Cricket yiswe “Kwibuka Memorial Women’s T20I Tournament 2021” agamije kwibuka aba “sportifs” bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yari amaze iminsi abera ku kibuga mpuzamahanga cya Gahanga muri Kigali yasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Kamena 2020, aho Kenya ari yo yegukanye umwanya wa mbere naho ikipe y’u Rwanda y’abagore yegukana umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Nigeria. Ikipe ya Kenya yahise yegukana igikombe ku nshuro ya kane itsinze Namibia ku mukino wa nyuma n’amanota 72 kuri 69. Abakinnyi ba Namibia ni bo babanje gukubita agapira bashaka amanota “Batting” nyuma Kenya na yo itangira itera agapira “Bowling”. Mu mategeko y’uyu mukino wa Cricket buri kipe iba igomba gutera udupira 120 gusa mu dupira 95, Kenya yahise ikuramo abakinnyi 10 ba
Cricket: Ku kibuga mpuzamahanga cya Gahanga hakomeje kubera amarushanwa yo Kwibuka

Cricket: Ku kibuga mpuzamahanga cya Gahanga hakomeje kubera amarushanwa yo Kwibuka

Imikino
Imikino mpuzamahanga ya Cricket yo kwibuka abakinnyi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yiswe ““Kwibuka Memorial Women’s T20I Tournament 2021” mu cyiciro cy’abagore yatangiye mu mpera z’icyumweru, kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Kamena 2021, yari igeze ku munsi wa kabiri, aho ku ruhande rw’ikipe y’u Rwanda yatsinzwe n’iya Namibia. Ubwo iyi mikino yatangizwaga ku mugaragaro tariki ya 5 Kamena 2021 kuri Sitade Mpuzamahanga ya Gahanga, yitabiriwe n’abayobozi bo muri siporo barimo Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda Uwayo Théogène na Shema Maboko Didier Umunyamabanga Uhoraho wa Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo., Perezida w’Ishyirahamwe rya Cricket mu Rwanda (RCA), Steven Musaale yavuze ko afite icyizere ko abakinnyi b’Abanyarwanda bazitwara neza kuko bakoze imyito
Igikombe cy’Isi cya Cricket cyagejejwe mu Rwanda, menya icyo Komite Olempike ibivugaho

Igikombe cy’Isi cya Cricket cyagejejwe mu Rwanda, menya icyo Komite Olempike ibivugaho

Imikino
Bizimana Festus, Visi Perezida wa Komite Olempike, avuga ko kuba u Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika byagejejwemo igikombe cy’isi cy’umukino wa Cricket bigaragaza ko uyu mukino mu myaka mike umaze mu Rwanda umaze kugera ku rwego rushimishije. Iki gikorwa cyo kuzengurutsa iki gikombe cy’Isi cya Cricket cyiswe "ICC CRICKET WORLD CUP TROPHY TOUR”. Visi Perezida wa Komite Olempike ni umwe mu bayobozi ba siporo waje i Gahanga kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Gashyantare 2019, ubwo habaga ibirori byo kwakira igikombe cy’Isi cya Cricket kizabera i London mu Bwongereza ariko kikabanza gutambagizwa mu bihugu bimwe na bimwe bikina Cricket. Bimwe mu bihugu bya Afurika bigomba kugezwamo iki gikombe cy’Isi cya Cricket ni: Zimbabwe, Nigeria, Afurika y’Epfo n’u Rwanda rwacyakiriye kuva
Nubwo tutitwaye neza twerekanye ko mu Rwanda hari umukino wa Cricket-Mugarura

Nubwo tutitwaye neza twerekanye ko mu Rwanda hari umukino wa Cricket-Mugarura

Imikino
Irushanwa rya Cricket ryiswe “ICC world T20 Africa B Qualifier 2018” ryaberaga mu Rwanda ryasojwe mu mpera z’icyumweru aho ikipe ya Kenya ari yo yahise iza ku mwanya wa mbere, iy’u Rwanda iba iya nyuma. Mu bihugu bine by’aka Karere byitabiriye iri rushanwa ku mwanya wa mbere haje: Kenya, Uganda iba iya kabiri, Tanzaniya iba iya gatatu na ho u Rwanda rwakiriye ruba urwa kane. Eddie Mugarura, Perezida w’Ishyirahamwe rya Cricket mu Rwanda (RCA) yavuze ko nubwo ibihugu byaje muri iri rushanwa  byatsinze u Rwanda ariko rwagaragaje umukino mwiza kuko bwari ubwa mbere bakiriye irushanwa mpuzamahanga rya Cricket, ati “nubwo tutashoboye gutsinda twerekanye ko mu Rwanda hari Cricket”. Mugarura yavuze ko iri rushanwa ry’aka karere bakiriye ryagaragaje uburyo umukino wa Cricket Abanya
Inyungu ziri mu kuba u Rwanda rugiye kwakira imikino mpuzamahanga ya Cricket

Inyungu ziri mu kuba u Rwanda rugiye kwakira imikino mpuzamahanga ya Cricket

Imikino
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rurakira irushanwa rya Cricket ry’aka Karere mu guhatanira itike yo kujya mu gikombe cy’isi, inyungu igihugu gifite muri iyi mikino ni ubukerarugendo no kurushaho kumenyekanisha iyi siporo. Iri rushanwa ryiswe “ICC world T20 Africa B Qualifier 2018” rigomba kubera mu Rwanda ku kibuga cya Cricket kiri i Gahanga mu Mujyi wa Kigali guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 kugeza 14 Nyakanga 2018. Ibihugu biri muri iri rushanwa ni: Uganda, Kenya,Tanzaniya n’u Rwanda rwakiriye imikino. Eddie Mugarura, Perezida w’Ishyirahamwe rya Cricket mu Rwanda (RCA) yabwiye abanyamakuru ko kwakira iri rushanwa ku nshuro ya mbere riri ku rwego mpuzamahanga bifite inyungu nyinshi ati “kwakira iri rushanwa harimo inyungu nyinshi, bihereye mu bukerarugendo, kumenyekanisha