Tag: COVID19

Kigali: Ababana bahuje igitsina n’abandi baba mu buzima bwihariye bagizweho ingaruka na COVID-19 bahawe inkunga n’impanuro

Kigali: Ababana bahuje igitsina n’abandi baba mu buzima bwihariye bagizweho ingaruka na COVID-19 bahawe inkunga n’impanuro

Mu Rwanda
Abantu baba mu buzima bwihariye bo muri Kigali batishoboye bagizweho ingaruka na COVID-19 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Kanama 2020 bashyikirijwe inkunga y’ibiribwa, ibikoresho by’isuku hamwe n’udupfukamunwa, hiyongeraho no kubagira inama yo kumenya kwirinda Coronavirus ndetse bibutswa no kwirinda n’icyorezo cya SIDA kuko na cyo kigihari. Aba bantu bahawe ubu bufasha ni: Ababana bahuje igitsina, abakora umwuga w'uburaya n'abakobwa batwe inda zitateganyijwe. Iki gikorwa muri Kigali mbere ya saa sita cyabereye ku Kimironko naho nyuma ya saa sita kibera mu Murenge wa Kacyiru. Erina umwe mu bashyikirijwe inkunga yatangaje ko inkunga yayishimiye, kuko yari afite ubukene, yagize ati “iyi miryango itari iya Leta itugiriye neza kuko ibyo ku Murenge bari baraduhaye twari twarabimaze”.
 Iby’ingenzi ukwiriye kumenya ku cyorezo cya Coronavirus

 Iby’ingenzi ukwiriye kumenya ku cyorezo cya Coronavirus

Ubuzima
Icyorezo cya Coronavirus (COVID-19) cyagaragaye bwa mbere mu Bushinwa mu Mujyi wa Wuhan mu mwaka ushize wa 2019, bikavugwa ko ituruka ku tunyamaswa ducururizwa mu Bushinwa. Prof. Arnaud Fontanet, akaba n’Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima rusange mu kigo cya “Institut Pasteur”cyo mu Bufaransa,yagize icyo atangaza nyuma yo kubona ko mu Bushinwa hagaragaye Coronavurus ati “aya ni amateka agarutse ugereranyije n’ayo dusanzwe tuzi ya “Sras”, kuko mu ntangiriro virus imeze nka Coronavirus yagaragaye ku Gacurama ku buryo ibigaragara kuri iki cyorezo gishya bigera kuri 96 ku ijana, bisa neza n’iyigeze kuboneka ku Gacurama ko mu Bushinwa rwagati muri 2018”. Nyuma ubushakashatsi bwagaragaje ko abarwayi ba mbere Coronavirus, ari abakoze kuri utwo tunyamaswa twacururizwaga mu Mujyi wa Wuhan, nk’uko Ra
Gasabo: Hatanzwe inkunga ku miryango 160 itishoboye yagizweho ingaruka na COVID-19

Gasabo: Hatanzwe inkunga ku miryango 160 itishoboye yagizweho ingaruka na COVID-19

Mu Rwanda
Imiryango ine itari iya Leta yageneye inkunga abantu 160 bo mu cyiciro cy'abatishoboye bo mu Karere ka Gasabo nyuma yo kugirwaho ingaruka n’icyorezo cya Coronavirus (COVID-19). Mu Kagari ka Cyaruzinge hafashijwe abantu 100 naho mu Kagari ka Masoro hafashwa abantu 60, aho bagenewe ibiribwa n’ibikoresho by’isuku. Iyi miryango ine itari iya Leta imaze iminsi itanga iyo nkunga ni: Strive Foundation Rwanda (SFR), Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP), Health Development Initiative (HDI) na Ihorere Munyarwanda Organization (IMRO). Mukandinda Béatrice, utuye mu Kagari ka Masoro, Umudugudu wa Byimana, wagenewe iyi nkunga, yavuze ko nta kazi gahoraho agira, bityo ko muri iyi minsi kubona icyo kurya byari bimugoye bityo iyi nkunga ikaba igiye ku
Ku Isi habonetse umubare munini w’ubwandu bwa COVID-19

Ku Isi habonetse umubare munini w’ubwandu bwa COVID-19

Mu Mahanga
Umubare w’ubwandu bushya bwa Coronavirus bwabonetse mu masaha 24 ashize, ni abantu ibihumbi 260.000 ni bwo bwa mbere habonetse ubwandu bwinshi ku munsi umwe kuva iki cyorezo cyibasira Isi. Ibihugu byagaragayemo abantu benshi banduye iki cyorezo kuri uyu wa Gatandatu ni Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Brésil, u Buhinde na Afurika y’Epfo. Ni mu gihe umubare w’impfu nshya zabonetse na wo wazamutse ukagera ku 7360, benshi kuva ku itariki ya 10 Gicurasi 2020. Ku Isi harabarurwa abantu miliyoni 14,4 banduye iki cyorezo kuva cyagaragara, mu gihe abapfuye bo ari 604.963. Ibihugu bitanu byibasiwe cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika: Ifite ubwandu 3.833.271 mu gihe abapfuye ari 142.877 Brésil ubwandu ni 2.075.246 mu gihe abapfuye ari 78.817 U Buhinde ubwandu ni 1.077.864 mu gihe
Abafite indwara z’ubuhumekero bagomba kwirinda cyane Corona Virus-Dr Sabin

Abafite indwara z’ubuhumekero bagomba kwirinda cyane Corona Virus-Dr Sabin

Ubuzima
Abafite indwara z’ubuhumekero baragirwa inama yo kwegera abaganga bakababwira uko bagomba kwirinda icyorezo cya Corona Virus (COVID-19) ndetse n’ubwoko bw’agapfukamunwa bagomba kwambara. Bamwe mu bafite indwara z’ubuhumekero bo muri Kigali (ariko bitari ngombwa ko dutangaza amazina yabo) babwiye ikinyamakuru impamba.com ko bitewe n’uburwayi basanganywe iyo bambaye agapfukanunwa bibagiraho ingaruka nko kubura umwuka. Umwe bu bafite uburwayi bw’ubuhumekero yagize ati “iyo nambaye agapfukanunwa mbura umwuka ndetse no mu maso yanjye hakabyimba, ubu nayobewe uko nabigenza mu gihe amabwiriza avuga ko umuntu wese ugiye ahateraniye abantu benshi agomba kugenda yambaye agapfukamunwa mu rwego rwo kwirinda Corona Virus”. Dr Sabin Nsanzimana, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe
Nyarugenge: Abantu 300 bagizweho ingaruka na COVID-19 bashyikirijwe inkunga

Nyarugenge: Abantu 300 bagizweho ingaruka na COVID-19 bashyikirijwe inkunga

Mu Rwanda
Abantu 300 baba mu buzima bwihariye bo mu Karere ka Nyarugenge bashyikirijwe inkunga n’imiryango ine itari iya Leta, mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Corona Virus (COVID-19). Iyo nkunga igizwe n’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku aho byashimishije abayishyikirijwe kuko imirimo yabo yahagaze kubera COVID-19. Abashyikirijwe iyo nkunga barimo: Abakora umwuga w’uburaya, ababana bahuje igitsina n’abana b’akobwa babyariye iwabo. Iki akaba ari igikorwa cyatangiriye muri GS Kagugu mu Karere ka Gasabo  tariki ya 22 Kamena 2020, kikaba kiri gukorwa n’imiryango ine itari iya Leta  ari yo: Strive Foundation Rwanda (SFR), Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP), Health Development Initiative (HDI) na Ihorere Munyarwanda Organization (IMRO
Abantu baba mu buzima bwihariye bagenewe inkunga  muri ibi bihe bya COVID-19

Abantu baba mu buzima bwihariye bagenewe inkunga  muri ibi bihe bya COVID-19

Ubuzima
Abantu baba mu buzima bwihariye barimo: Abakora umwuga w’uburaya, ababana bahuje ibitsina n’abana b’abakobwa batewe inda bashyikirijwe inkunga y’ibiribwa. Iyi nkunga bayihawe n’imiryango ine itari iya Leta ari yo: Strive Foundation Rwanda (SFR), Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP), Health Development Initiative (HDI) na Ihorere Munyarwanda Organization (IMRO) Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Kamena, 2020 kibera mu ishuri rya GS Kagugu mu Karere ka Gasabo, abashyikirijwe ibyo biribwa babwiye abanyamakuru ko bije gukemura ikibazo cy’inzara bagize kubera icyorezo cya Corona Virus (COVID-19). Abazashyikirizwa inkunga ni abantu ibihumbi bibiri, aho muri Gasabo abayishyikirijwe ari 200, nyuma y'Uturere dutatu two mu Mujyi
Imyenda ya Chaguwa iracyagurwa cyane nubwo COVID-19 yahungabanyije ubukungu bw’abaturage

Imyenda ya Chaguwa iracyagurwa cyane nubwo COVID-19 yahungabanyije ubukungu bw’abaturage

Ubukungu
Umwe mu baranguza imyenda ya Chaguwa mu Mujyi wa Kigali, wanze ko amazina ye atangazwa, yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko nubwo abantu bamaze iminsi mu rugo kubera icyorezo cya Corona Virus (COVID-19), nyuma y’aho ubucuruzi bwe bwongeye gusubukurwa ubu afite abakiliya benshi. Ikinyamakuru impamba.com cyabajije uyu mucuruzi niba atarazamuye ibiciro kubera ko ubu iyo myenda ya Chaguwa yashoboye kurangurwa n’abantu bake, yavuze ko atigeze azamura ibiciro, maze agira ati “ntabwo turimo kuyihenda tugerageza kureba ko umusoro uvamo, ayo washoye, ntabwo ibiciro twakoreshaga mbere ya Corona byahindutse cyane, icyahindutse hari nk’amafaranga twagiye duhombera muri za “Stockage”, nk’ibintu twagendaga tuzana byanyuraga ku ma “port” (ku mipaka) hanyuma haza ibintu bya “Lockdown” irabifung
Moto n’amagare bizongera gutwara abagenzi muri Kamena

Moto n’amagare bizongera gutwara abagenzi muri Kamena

Mu Rwanda
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 18 Gicurasi 2020, yemeje ko bimwe mu bikorwa bikomeza gufungwa nk’utubari n’insengero naho Moto n’Amagare bikazongera gutwara abagenzi muri Kamena 2020. Inama y’Abaminisitiri yateranye none tariki ya 18 Gicurasi 2020, yemeje ko bimwe mu bikorwa bikomeza gufungwa nk’utubari n’insengero ndetse na moto n’amagare akaba akomeje kubuzwa gutwara abagenzi mu gihe yemeye isubukurwa ryo gusezerana kw’abashakana mu murenge. Iyi nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yongeye gusuzuma ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Iyi nama yakomeje gufunga bimwe mu bikorwa n’ubundi bimaze iminsi bidakora birimo amashusi, utubari n’insengero. Ku bijyanye na moto n’amagare bisanzwe byifashishwa mu ngendo,
COVID-19: Hari ibikorwa bigiye gusubukurwa n’ibigomba gukomeza guhagarara

COVID-19: Hari ibikorwa bigiye gusubukurwa n’ibigomba gukomeza guhagarara

Mu Rwanda
Imyanzuro yafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 30 Mata igamije kongera kwiga ku cyorezo cya COVID-19 n’ingamba zo gukomeza kukirwanya ngo kidakwira mu gihugu hose. Hari hashize iminsi 40 Leta y’u Rwanda ishyizeho ingamba zikomeye zirimo gufunga ibikorwa hafi ya byose mu gihugu hagasigara hakora ibyangombwa gusa nk’amavuriro n’amaguriro y’ibiribwa, ndetse abaturage bose bagasabwa kuguma mu ngo. Mu ngamba nshya zemejwe n’Inama y’Abaminisitiri, zirimo gukomorera ibikorwa bimwe na bimwe bikongera gusubukura imirimo mu gihe ibindi byakomeje gusubikwa. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, rivuga ko izo ngamba nshya “Zizakurikizwa guhera ku wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi kandi zikazamara ibyumweru bibiri”. Serivisi zemerewe kongera
Scroll Up