Tag: COVID19

Bugesera: Bamwe mu baturage barahamya ko amakuru y’ibihuha ku cyorezo cya COVID-19 atababujije kwikingiza

Bugesera: Bamwe mu baturage barahamya ko amakuru y’ibihuha ku cyorezo cya COVID-19 atababujije kwikingiza

Ubuzima
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyamata na Mayange mu Karere ka Bugesera, barahamya ko amakuru y’ibihuha bumvise ku cyorezo cya COVID-19 no ku nkingo atababujije kwikingiza cyangwa se kubahiriza ingamba zo kwirinda. Mutatsineza Marie Joyeuse utuye mu Kagali ka Kanazi, Umurenge wa Nyamata avuga ko COVID-19 ikimara kuza abayobozi babakanguriye kwirinda bambara agapfukamunwa, gukaraba intoki no kwirinda ingendo zitari ngombwa. Ku byavuzwe ko bamwe mu bagabo bakingiwe batongera  gutera akabariro, Mutatsineza yavuze ibyo ari ibihuha kuko ntawe yumvise byabayeho, yagize ati “twarikingije uko bikwiriye abagabo bacu nta kibazo bigeze bagira”. Gashokoro Anatalie utuye mu Murenge wa Mayange yatangaje ko abayobozi babakanguriye kwirinda COVID-19 bakora isuku kandi bibagirira akama
 Ikoranabuhanga nti ryariryizerwa na benshi mu gikorwa cyo kurwanya Covid-19

 Ikoranabuhanga nti ryariryizerwa na benshi mu gikorwa cyo kurwanya Covid-19

Amakuru
Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda mu kwezi kwa 3 muri 2020, leta y'u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zo kwirinda. Muri izi ngamba harimo no gukangurira Abanyarwanda gukoresha ikoranabuhanga mu kugura no kugurisha. Iyi myanzuro yashyizweho mu rwego rwo kugira ngo abantu bareke guhererekanya amafaranga mu ntoki kuko biri mu bishobora gukwirakwiza icyorezo cya Covid-19. Ntakirutimana Simoni ni umucuruzi w'ibirayi mu isoko rya Nyamirambo, avuga ko yatangiye gukoresha ikoranabuhanga ubwo leta yemeje ko bagomba kwishyura bakoresheje uburyo buzwi nka Momo pay, ariko ngo ahora afite impungenge z'amafaranga ye kubera abatekamutwe bateye. Yagize ati" Urebye uburyo nakoreshaga Momo pay ubu narabigabanyije kuko mba mfite ubwoba ko amafaranga yanjye nshobora kuyabura kubera ...
Mu Bufaransa bigaragambije bamagana icyemezo cyo kubakingira COVID-19

Mu Bufaransa bigaragambije bamagana icyemezo cyo kubakingira COVID-19

Mu Mahanga
Ibihumbi by’Abafaransa kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17Nyakanga 2021, bakoze imyagaragambyo bamagana icyemezo cya Perezida Emmanuel Macron, gihatira abakora mu nzego z’ubuzima kugira icyangombwa cyerekana ko bakingiwe COVID-19 kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu benshi nko mu tubari,resitora n’ahandi hakinirwa imikino itandukanye. Muri iki cyumweru Macron yatangaje ingamba nshya zo guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’ubwandu bwa Coronavirus. Ni ibintu abigaragambya bavuga ko bibangamira ubwisanzure by’umwihariko ku badashaka gufata urukingo rwa COVID-19. Izi ngamba nshya nizo zakuruye imyigaragambyo mu bice bitandukanye by’u Bufaransa bituma Polisi itera ibyotsi biryana mu maso abigaragambya mu rwego rwo kuyihosha. Umwe mu bigaragambya witwa Chrystelle yavuz
Ubushinwa bwanze gutanga amakuru ya COVID-19 ku itsinda rya OMS

Ubushinwa bwanze gutanga amakuru ya COVID-19 ku itsinda rya OMS

Ubuzima
Ubushinwa bwanze gutanga amakuru y’ingenzi ngo buyahe itsinda ry’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ririmo gukora iperereza ku nkomoko za Covid-19, nkuko umwe mu bagize iryo tsinda yabivuze. Profeseri Dominic Dwyer yavuze ko itsinda arimo ryahawe gusa inshamake y’amakuru y’ingenzi ryashakaga Profeseri Dominic Dwyer, impuguke mu bumenyi bw’udukoko tutabonwa n’amaso yonyine, yabwiye ibitangazamakuru Reuters, Wall Street Journal na New York Times ko itsinda arimo ryasabye amakuru y’umwimerere ajyanye n’abarwayi ba mbere ba Covid-19, icyo yise ko ari “ibintu bisanzwe bikorwa”. Yavuze ko icyo bahawe gusa ari inshamake y’ayo makuru. Ubushinwa ntabwo burasubiza kuri ibyo birego, ariko mbere bwashimangiye ko bukorera mu mucyo mu mikoranire yabwo na OMS nk'uko ik
Guma mu Rugo yazonze bamwe mu baturage ba Kigali

Guma mu Rugo yazonze bamwe mu baturage ba Kigali

Sesengura
Imibare ikomeje kwiyongera y’abandura Covid-19, imibare yo mu Mujyi wa Kigali niyo ikomeje kuba myinshi ku bantu bamaze kwandura. Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali iri ku izina gusa kuko usibye imodoka zitwara abagenzi ndetse n’ubucuruzi bumwe na bumwe cyane cyane abadafite aho bahuriye no gucuruza ibiribwa ndetse n’ibikoresho by’isuku abandi barafunze. Abakoraga imirimo iciriritse cyane cyane abarya ari uko bakoze kuko ubu nibo inzara yagezeho nkabari basanzwe ari ba nyakabyizi barya kuko bageze mu kazi ubu inzara ibageze habi, kuko nibyo Leta yatanze ntabwo ba Mutwarasibo babibagezaho kuko babwirwa ko lisiti zakorewe ku biro by’uturere. Igihe kirageze kugira ngo abafata ibyemezo babifate barebye inyungu z’abaturage kuko kureba uruhande rumwe bakibagirwa urundi nabyo ni ikibazo
Nyarugenge: Hari abafite ubwoba ko bashobora kwandura Covid-19 mu mubyigano w’abazunguzayi

Nyarugenge: Hari abafite ubwoba ko bashobora kwandura Covid-19 mu mubyigano w’abazunguzayi

Ubuzima
Bamwe mu buturage batuye mu Murenge wa Gitega na Kimisagara, baravuga ko bahangayikishijwe, n’akajagari k’abacuruzi b’abazunguzayi bacururiza muri imwe mu midugudu yo muri iyi mirenge,ngo bishobora ku bagiraho ingaruka zo kwandura Covid-19. Uyu mubyigano w’abazunguzayi ugaragara cyane mu nkengero z’isoko rya Kimisagara, ndetse usanga benshi bageze no mu duce dutuwe, ari naho abaturage bahera basaba ubuyobozi gushyira imbaraga mu guca akajagari k’aba baturage dore ko batubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo. Murekatete Josiane umwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Ntaraga, wo mu Kagali ka Kamuhoza, mu Murenge wa Kimisagara, ahagaragara cyane umubyigano w’abazunguzayi, yagize ati “Twebwe nk’abaturage batuye muri uyu mudugudu iyo turebye umubyigano w’abazunguzayi usigaye uba
Covid-19 yigishije isuku y’umubiri n’iyo mu rugo

Covid-19 yigishije isuku y’umubiri n’iyo mu rugo

Ubuzima
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko nubwo icyorezo cya Covid-19 gihangayikishije Isi n’u Rwanda muri rusange cyatumye abaturage barushaho kugira isuku ku mubiri ndetse no mu rugo. Aba baturage bemeza ko mbere batitaga ku isuku cyane ndetse benshi nti bumve ko hari indwara nyinshi bashobora kurwara biturutse ku Isuku nkeya, ariko aho Coronavirus yaziye yatumye bagira umuco w’isuku ibintu bifuza ko bizaba umuco mu gihe iki cyorezo cyaba kimaze gukendera. Uyu ni Ndayambaje Gaspard w’imyaka 32 afite abana 2 atuye mu Murenge wa Gitega avuga ko Covid-19 yatumye barushaho kugira isuku kandi ngo kuri we byamaze kuba nk’umuco ngo nubwo iki cyorezo cyashira bazakomeza ingamba zo kugira isuku nyinshi mu rugo kuko yamaze gusobanukirwa ko hari izindi ndwara bibarinda. Yagiz
Sosiyete Sivile mu Rwanda yagaragaje ko abaturage babangamiwe n’ibihano bihabwa abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Sosiyete Sivile mu Rwanda yagaragaje ko abaturage babangamiwe n’ibihano bihabwa abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Mu Rwanda
Ihuriro ry’imiryango itegamiye kuri Leta ryandikiye Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, rimugaragariza icyo babona nk’impungenge zishingiye ku mabwiriza atandukanye yatanzwe n’ibigo bya leta agamije kwirinda Covid-19, amabwiriza bavuga ko abangamiye abaturage kandi anyuranye n’amategeko. Uru rwandiko rushingiye ku ngamba ziherutse gushyirwaho zigamije gukumira ikwirakwira rya Covid-19, zijyanye cyane cyane n’uburyo abantu bakwiye kwitwara ndetse n’ibihano bihabwa abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Imiryango itegamiye kuri Leta ivuga ko n’ubwo izo ngamba zikenewe, harimo iziremereye abaturage ndetse zimwe na zimwe, zivuguruzanya n’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri byayashyizeho. Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 26 Kanama yafashe ingamba zigamije kurushaho gukumira ikwirakwira
COVID-19 yerekanye ko uburaya atari ngombwa

COVID-19 yerekanye ko uburaya atari ngombwa

Amakuru
Bamwe mu bagore bahoze mu mwuga w’uburaya mu Mujyi wa Kigali batangiye gukora indi mirimo nyuma y’aho icyorezo cya Coronavirus (COVID-19) kigereye mu Rwanda muri Werurwe 2020. Bamwe muri aba bagore batangarije umunyamakuru ko mu gihe cya COVID-19 nabo akazi kabo ko gutega abagabo kahagaze kuko buri muntu yagombaga kuguma mu rugo rwe, ndetse na nyuma y’aho imirimo imwe n’imwe yemerewe gukomeza gukora bo ngo n’ubundi bakomeje kubura isoko kuko utabare n’utubyiniro bajyaga gutegeramo abagabo tutemerewe gukora bituma bajya mu bucuruzi busanzwe abandi bajya kwiga indi myuga yabafasha kwibeshaho. Aba bagore birinze gutangariza ikinyamakuru impamba.com amazina yabo yose aho bavugaga rimwe ku mpamvu z’umutekano wabo. Solange ni umwe mu bagore wategaga abagabo i Remera, aratangaza ko C
Hari abemeza ko COVID-19 yerekanye ko mu bukwe hari imihango yatwaraga amafaranga mu bitari ngombwa

Hari abemeza ko COVID-19 yerekanye ko mu bukwe hari imihango yatwaraga amafaranga mu bitari ngombwa

Amakuru
Bamwe mu baturage bo muri Kigali baremeza ko ubukwe bwatwaraga amafaranga y’umurengera no mu bitari ngombwa kuko COVID-19 yerekanye ko amafaranga uko yangana kose atabuza ubukwe kuba. Semasaka Jean de Dieu utuye mu Kagali ka Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, yabwiye umunyamakuru ko hari amasomo menshi bigiye ku cyorezo cya Coronavirus (COVID-19) kuko mbere abantu bari bazi ko kugira ngo ubukwe bube ari uko abantu babutaha ari benshi hagakoreshwa amafaranga asaga miliyoni eshanu. Semasaka yagize ati “wasangaga umuntu ategura ubukwe akishyura amafaranga yo kuvuga amazina y’Inka, kwishyura umuhuza w’amagambo (MC), kwishyura “salle” yo kwicazamo abatashye ubukwe n’andi menshi ariko se ko muri ibi bihe bya COVID-19 bitaba se bibuza ubukwe kuba?” Kayitesi Espérance, umukobwa utuye mu N