Tag: Bugesera

Bugesera: Ibibazo biri mu isoko rya Batima bibangamiye abarirema

Bugesera: Ibibazo biri mu isoko rya Batima bibangamiye abarirema

Mu Rwanda
Abacururiza n'abarema isoko rya Batima riherereye mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera, barataka ko ubuto bwaryo butuma benshi bacururiza hanze yaryo, bikagira ingaruka kuri benshi. Ubwo umunyamakuru w'ikinyamakuru impamba yageraga muri “centre” ya Batima, yasanze hari isoko ryubakiye ririmo abacuruzi, hanze yaryo ariko hari abandi benshi bacururiza ku bitanda abandi bagacururiza hasi. Abacuruzi bacururiza hanze bigaragara ko ari benshi, bagaragaza ibibazo birimo kuba iyo izuba ribaye ryinshi ribabangamira, imvura yagwa nabwo ikanyagira ibicuruzwa. Uwo twahaye izina rya Carine agira ati "iyo imvura iguye ibicuruzwa byacu biranyagirwa, ugasanga turabyigana tujya kubyanika ku mabaraza y'amazu y'abandi" Ni mu gihe Emmanuel Rutebuka nawe agira ati "si imvura gusa itubangam
Gashora: Mukecuru Bujeniya yakoreye impanuka mu bwato bufite ubwishingizi bwa RADIANT ntiyavuzwa

Gashora: Mukecuru Bujeniya yakoreye impanuka mu bwato bufite ubwishingizi bwa RADIANT ntiyavuzwa

Mu Rwanda
Cyiza Bujeniya, umukecuru wo mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, yakoreye impanuka mu ruzi rw’Akagera rugabanya uturere twa Bugesera na Ngoma, mu bwato bufite ubwishingizi bwa sosiyete ya RADIANT ntiyavuzwa none aratabaza. Tariki ya 8 Kamena 2022, ni bwo Cyiza Bujeniya wo mu Kagali ka Ramiro, Umurenge wa Gashora, yakoreye impanuka mu Kagera ari mu bwato, ubwato bwari bunafite ubwishingizi. Avuga ko nyuma yo gukora iyi mpanuka aho yanyereye mu bwato agahita avunika amaboko yombi, yavuriwe mu bitaro bitandukanye birimo n’ibikomeye cyane mu Rwanda, dore ko yabumbiweho amasima ku maboko yombi, nyamara ariko ba nyirubwato ntacyo ngo bigeze bamufasha mu buvuzi bwe kugeza na n’ubu, dore ko yanitabaje ubuyobozi bw’umurenge wa Gashora bumutera utwatsi. Bujeniya agira ati ʺubu
Gako-Bugesera: Ubujura bw’insinga z’amashanyarazi buravuza ubuhuha

Gako-Bugesera: Ubujura bw’insinga z’amashanyarazi buravuza ubuhuha

Mu Rwanda
Abatuye mu Mudugudu wa Gako mu Kagali ka Kabeza Umurenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera, bakomeje gutaka ubujura bw’insinga bukomeje gufata intera ndende, bagasaba gukarizwa umutekano kuri iyi nshuro ariko barasaba gufashwa kugura urwibwe. Muri uyu Mudugudu wa Gako mu Kagali ka Kabeza abaturage bavuga ko ubujura bw’insinga z’amashanyarazi bubageze kure, kuri ubu ubwo twakoraga iyi nkuru, ikinyamakuru impamba cyageze mu mudugudu wa Gako, dusanga hashize iminsi mike, ibyumweru bigera kuri bitatu hari ingo esheshatu ziri mu kizima, kubera urutsinga rwabagemuriraga umuriro ruherutse kwibwa, ikaba ari inshuro ya gatatu rwibwa. Aba baturage batubwiye ko iki kibazo kimaze gufata intera ndende, kuko ngo insinga zibwa ku masaha y’ijoro, bakavuga ko hari ubwo abakora irondo baba bagiye ah
Gashora: Barashinja Veterineri Mujejimana guhombya aborozi abahambisha inka zitishwe n’indwara

Gashora: Barashinja Veterineri Mujejimana guhombya aborozi abahambisha inka zitishwe n’indwara

Amakuru
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, bavuga ko inka zipfuye zitishwe n’indwara Veternaire yagakwiye kujya azipima, yasanga nta burwayi zifite bakazirya, ariko we ngo ahita ategeka ko bazihamba atazipimye. Abaturage bashinja umukozi ushinzwe ubworozi mu Murenge wa Gashora guhombya aborozi, biganjemo abo ikinyamakuru impamba cyasanze mu Kagali ka Ramiro ahazwi nko ku idihiro. Bavuga ko iyo inka ipfuye kabone n’iyo yaba yishwe n’ikiziriko “Veternaire” Mujejimana w’Umurenge wa Gashora ahita ategeka ko bayihamba atayipimye, ku bwabo bakavuga ko aramutse ayipimye agasanga nta burwayi bundi ifite bahita bayirya. Umuturage twahaye izina rya Jean Damour wo muri “centre” ya Dihiro agira ati “umuntu agira impanuka ry’itungo rye, ryishwe n’ikiziriko yahamagara
Bugesera: Abahinga umuceli mu gishanga cya Gatare bafite impungenge ko imisanzu ya “Ejo Heza” idatangwa

Bugesera: Abahinga umuceli mu gishanga cya Gatare bafite impungenge ko imisanzu ya “Ejo Heza” idatangwa

Mu Rwanda
Abahinga umuceli mu gishanga cya Gatare giherereye hagati y’imirenge ya Ruhuha na Mareba mu Karere ka Bugesera bibumbiye muri koperative TWIZAMURE, bavuga ko bagiye kumara ibihembwe bitatu by’ubuhinzi bakurwaho amafaranga y’imisanzu ya Ejo Heza ntibabone ubutumwa bugufi bubyemeza. Abahinzi bibumbiye muri koperative TWIZAMURE, bamwe muri bo bavuga ko bamaze ibihembwe bitatu by’ubuhinzi bakurwaho amafaranga y’imisanzu ya “Ejo Heza” n’ubuyobozi bw’iyi koperative nyamara ntibabone ubutumwa bugufi ku matelephone yabo bubereka ko imisanzu yagezeho, bagakeka ko iyi misanzu yaba itagezwa ku ma konti yabo ya Ejo Heza. Mukamusoni Selaphine ni umucyecuru uhinga umuceli mu gishanga cya Gatare, agira ati “ntabwo tumenya ngo amafaranga y’Ejo Heza turi kuyashyira aha, nsaruye gatatu nta mess
Bugesera ubuyobozi bwakuriye inzira ku murima abifuza guhinga amasaka

Bugesera ubuyobozi bwakuriye inzira ku murima abifuza guhinga amasaka

Mu Rwanda
  Mu Karere ka Bugesera hari abahinzi bifuza kwemererwa kujya bahinga igihingwa cy’amasaka muri bimwe mu bibaya, kuko ari igihingwa bavuga ko kibafatiye runini, cyane mu birori, ubuyobozi ntibubyemera Abahinga muri bimwe mu bibaya mu Karere ka Bugesera, bavuga ko igihingwa cy’amasaka ari kimwe mu bihingwa usanga bitanga umusaruro mwiza kuri bo, na cyane ko ibikomoka ku masaka birimo nk’ibikoma, ibigage n’urwagwa byifashishwa mu birori bitandukanye, na cyane ko ari akarere gafite imirenge myinshi ifite ibyaro. Urugero nk’abahinga mu kibaya cya Ngeruka, kiri hagati ya Ngeruka na Kamabuye, bavuga ko babemereye guhinga amasaka byabafasha. Mukagatare Vicencia agira ati “amasaka ni igihingwa cyadufatiraga runini, aho batuburije kuyahinga muri iki gishanga ntitukibona agakoma
Bugesera: Hari abahinzi bonesherezwa ariko bavuga bagakubitwa

Bugesera: Hari abahinzi bonesherezwa ariko bavuga bagakubitwa

Mu Rwanda
Mu Karere ka Bugesera; abahinzi bo muri koperative DUSANGIRE MU MAJYAMBERE bahinga mu kibaya cy’Umwesa giherereye hagati y’imirenge ya Rilima, Mayange na Juru; bashinja aborozi kuboneshereza, none basigaye bahinga kuri hegitari 50 zonyine mu gihe bakabaye bahinga kuri hegitari 188. Iki ni ikibazo kivugwa n’abahinzi basaga 535 bavuga ko hari aborozi bororeye ku nkengero z’iki kibaya, aba borozi inka zabo usanga ziragirwa mu kibaya mu mirima ihingwamo noneho zikangiza imyaka, kandi hagira umuhinzi ukoma abashumba bakamugirira nabi, kuko usanga banaragirana imbwa z’inkazi. Niyonzima Jean de Dieu uyobora koperative DUSANGIRE MU MAJYAMBERE agira ati “inka ziva mu murenge wa Mayange zikaza kona, kandi iyo tubwiye ubuyobozi nta gisubizo baduha, twagerageje no kurega twanditse amabaruwa
Bugesera: Abahinga mu gishanga cya Mareba barasaba ko Umurasire uzamura amazi buhira usanwa

Bugesera: Abahinga mu gishanga cya Mareba barasaba ko Umurasire uzamura amazi buhira usanwa

Mu Rwanda
Abahinzi bo mu gishanga cya Mareba, bo ku ruhande rw’Umurenge wa Musenyi mu Kagali ka Nyagihunika, bavuga ko umurasire ukurura amazi mu gishanga cya Mareba, gifatanye n’ikiyaga cya Cyohoha ya ruguru, utagifite imbaraga zo gukurura amazi ahagije yo kuvomerera imyaka yabo mu mirima. Aba bahinzi bavuga ko uwo murasire wubakwa wakururaga amazi hifashishijwe imbaraga z’izuba, ugafasha abo mu Kagali ka Nyagihunika mu kuvomerera imyaka mu mirima yabo mu gishanga cya Mareba gifatanye n'ikiyaga cya Cyohoha ya ruguru iherereye hagati y' imirenge ya Mareba na Musenyi mu Karere ka Bugesera, aho ngo hari haranashyizwe ibigega(water tank) mu mirima, byakusanyirizwagamo amazi akabasha kugera mu mirima ari menshi, ubu ngo uwo murasire ukaba utagifite ubwo bushobozi, ukwiye gusanwa. Umuhinzi witw
Bugesera-Musenyi:Ababyeyi basabwe kuba hafi abasoje urugerero “Inkomezabigwi” z’icyiciro cya cyenda

Bugesera-Musenyi:Ababyeyi basabwe kuba hafi abasoje urugerero “Inkomezabigwi” z’icyiciro cya cyenda

Mu Rwanda
Ubwo hasozwaga itorero ry’Inkomezabigwi icyiciro cya cyenda z’abasoje amashuli yisumbuye 2020-2021, abagize iri torero bo mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, biyemeje guhangana n’ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, maze ubuyobozi bw’uyu murenge busaba ababyeyi kudatererana abana. Abitabiriye iri torero bo mu Murenge wa Musenyi bahamya ko hari byinshi baryigiyemo batari bazi, ariko kandi bigiye gutuma bateza imbere aho batuye. Igirimbabazi Pacifique wo mu Mudugudu wa Bizenga mu Kagali ka Musenyi agira ati “twize uburyo bwo kurya imboga tuzikuye mu karima k’igikoni, mu buzima busanzwe nabonaga akarima k’igikoni ariko ntazi uburyo kakubakwa; ariko ubungubu umwanzuro nafashe ni uko mu mudugudu ntuyemo nta mwana uzongera kugaragara mu mirire mibi biturutse ku bur
Bugesera Women Sitting Volleyball Club irerekeza i Rubavu, intego ni ukuzana igikombe

Bugesera Women Sitting Volleyball Club irerekeza i Rubavu, intego ni ukuzana igikombe

Imikino
Ikipe y’abagore ya Bugesera ya Sitting Volleyball, irerekeza mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu gukina imikino ya nyuma (final) izaba kuri uyu wa Gatandatu kugeza Kucyumweru tariki ya 8 Gicurasi 2022, ari na bwo ikipe ya mbere izahabwa igikombe. Ndamyumugabe Emmanuel, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Imikino y’abafite ubumuga mu Karere ka Bugesera (BDSA) akaba n’umutoza wa Sitball na Sitting Volleyball yatangarije ikinyamakuru IMPAMBA.COM ko ajya i Rubavu afite intego yo gutwara igikombe kuko ibyiciro (phase) byose byabanje batsinze ari aba mbere. Ikipe y’abakobwa ya Bugesera ni yo yegukanye umwanya wa mbere muri shampiyona yabaye tariki ya 28 kugeza 29 Ugushyingo 2021 yabereye ku kibuga cya Bugesera, yongera gutwara umwanya wa mbere tarki ya 18-19 Ukuboza 2021 mu mikino yabereye