Tag: Bucyibaruta Laurent

Ubushinjacyaha ntibwahaye agaciro kuba Bucyibaruta yari afite umugore w’umututsikazi, menya igihano yasabiwe

Ubushinjacyaha ntibwahaye agaciro kuba Bucyibaruta yari afite umugore w’umututsikazi, menya igihano yasabiwe

Politiki
Mu rubanza rwa Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 rubera mu Bufaransa, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Nyakanga 2022, mbere y’uko umushinjacyaha amusabira igihano cyo gufungwa ubuzima bwe bwose, yaranzwe no gusinzira mu rukiko ndetse no kurira nyuma yo kumva ibyo ashinjwa. Abanyamakuru babiri bo mu Rwanda boherejwe n’umuryango PAX PRESS kumva uru rubanza rubera mu rukiko rwa rubanda ruri i Paris mu Bufaransa bemeza ko umushinjacyaha nyuma yo gushinja Bucyibaruta yamusabiye igifungo cya burundu hatitawe mu kuba yari afite umugore w’Umututsikazi cyangwa se hari umuntu yahise mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Umushinjacyaha Celine VIGUIER yagize ati “Bucyibaruta arashinjwa
Bucyibaruta yabajijwe impamvu yemeye kuguma mu mirimo ye muri Jenoside

Bucyibaruta yabajijwe impamvu yemeye kuguma mu mirimo ye muri Jenoside

Politiki
Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 rurakomeje mu Bufaransa, aho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Nyakanga 2022, umushinjacyaha yamubajije impamvu yemeye gukomeza kuba Perefe wa Gikongoro ndetse agakorana n'abicanyi. Nk'uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha abanyamakuru bagiye kumva uru rubanza rukomeje kubera mu rukiko rwa rubanda ruri i Paris mu Bufaransa, ni uko umushinjacyaha yabajije Bucyibaruta ati "kuki wemeye kuguma ku mirimo ya Perefe ugakomeza gukorana n'abicanyi?" Aha Bucyibaruta yasubije ati"guhunga ngo mve ku mirimo yanjye sinigeze mbitekereza mbere cyane ko numvaga bitakemura ibibazo byari biriho". Bucyibaruta yakomeje asubiza ati "ni iki se kibabwira ko wenda iyo nemera kuva ku mirimo hatari kuza um
Umuhanzi Masabo Nyangezi yagaragaye mu rukiko ashinjura Laurent Bucyibaruta

Umuhanzi Masabo Nyangezi yagaragaye mu rukiko ashinjura Laurent Bucyibaruta

Politiki
Umuhanzi Masabo Nyangezi wamenyekanye cyane mu Rwanda mu ndirimbo nka Kavukire, Daria, Mukamusoni, Jolie Bouteil n’izindi ni umwe mu bumviswe mu rukiko rwa rubanda ruri i Paris aho yashinjuraga Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Gikongoro ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994. Nk’uko bitangazwa n’abanyamakuru bagiye kumva uru rubanza, ni uko Masabo Nyangezi Yuvenari yabajijwe hakoreshejwe ikoranabuhanga (vision conference). Muri uru rubanza kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Kamena 2022, umuhanzi Masabo Nyangezi yaranzwe no guhakana amakuru menshi yabazwaga. Nyangezi Masabo, yavutse 1955, ubu akora akazi ko gutwara Taxi voiture, atuye i Louvain. Masabo yatangiye agira ati “nigeze kumvwa muri ankete y’abapolisi, nari naravuze ko ntacyo nzav
Uwahoze ari umusirikare muri Jenoside yavuze ko Bucyibaruta yatanze itegeko ryo kwica Abatutsi (Ubuhamya mu rubanza rw’i Paris)

Uwahoze ari umusirikare muri Jenoside yavuze ko Bucyibaruta yatanze itegeko ryo kwica Abatutsi (Ubuhamya mu rubanza rw’i Paris)

Politiki
Mu cyumweru cya gatandatu cy’urubanza rwa Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Gikogoro ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, hakomeje kumvwa abatangabuhamya batandukanye, aho kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Kamena 2022 hari uwavuze ukuntu yumvise uwahoze ari umusirikare mu ngabo za ex-Far avuga ko Perefe wa Gikongoro yatanze itegeko ryo kwica Abatutsi. Umutangabuhamya wumviswe kuri uyu wa Mbere yagize ati “kubera ko twari dutuye ku nzira twaje kumva abahutu bagenda baganira ko bavuye mu nama kuri superefegitura ikaba yari iyo kwica Abatutsi. Haje gupfa umugabo Martin ku Gikongoro bajya kumushyingura, mu bagiyeyo harimo Straton Ngezahayo wari warigeze kuba umusirikare, bamaze kumushyingura yaraje ajya mu baturage b'abahutu ababwira ko bagomba gutangira kwi
Mu rubanza rwa Bucyibaruta hari uwavuze ukuntu umusirikare wa ex-FAR yanze ko Interahamwe zimwica kugira ngo azavuge ibyabaye

Mu rubanza rwa Bucyibaruta hari uwavuze ukuntu umusirikare wa ex-FAR yanze ko Interahamwe zimwica kugira ngo azavuge ibyabaye

Politiki
Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta wigeze kuba Perefe wa Gikongoro ukekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 rubera mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufarasa, rurakomeje aho hakomeje kumvwa abatangabuhamya batandukanye. Umwe muri aba batangabuhamya yavuze ukuntu we na mugenzi we bihishe mu musarani urimo imyanda bikageza aho batabaza umuntu uri hanze kugira ngo aze abakuremo, nyuma yo kuvamo Interahamwe zashatse kumwica ariko umusirikare wo mu ngabo zatsinzwe (EXFAR) arabyanga kugira abe ari we uzabara inkuru y’ibyo yabonye muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Uyu mutangabuhamya yavuze ukuntu mbere yo guhura n’uwo musirikare hari umugabo bahamagaye wabakuye mu musarani akoresheje ikiziriko, yagize ati “Twahamagaye nk’iminsi 4 cyangwa 5 niba mbyibuka neza, wa mukobwa
Arasaba ubutabera kuko muri Jenoside Bucyibaruta ari we wari ukuriye ubuyobozi bwose bwo muri Gikongoro

Arasaba ubutabera kuko muri Jenoside Bucyibaruta ari we wari ukuriye ubuyobozi bwose bwo muri Gikongoro

Politiki
Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta rurakomeje mu rukiko rwa rubanda ruri i Paris mu Bufaransa kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 nk’umuntu wari Perefe wa Gikongoro, abatangabuhamya batandukanye bakomeje gutanga ubuhamya kugira ngo hazatangwe ubutabera. Muri uru rubanza, umucamanza yabajije umutangabuhamya ati “Ese wigeze ubona cyangwa wumva Perefe Bucyibaruta mu gihe cya Jenoside? Asubiza ati “numvaga bamuvuga gusa ariko sinigeze mubona, numvaga bavuga ko ari we wayoboraga ubwicanyi ku Gikongoro ko yakoresheje inama mu Cyanika kandi ko Padiri yamutabaje ariko ntagire icyo akora, njye sinigeze mubona”. Umucamanza yakomeje amubaza ati “hari icyo wongeraho? Asubiza ati “ndasaba urukiko ko rwaduha ubutabera kuko Jenoside yakozwe n'ubuyobozi kandi Bucyibaruta n
Urubanza rwa Bucyibaruta: Umuntangabuhamya yemeje ko mbere ya Jenoside yari umugabo w’imico myiza

Urubanza rwa Bucyibaruta: Umuntangabuhamya yemeje ko mbere ya Jenoside yari umugabo w’imico myiza

Politiki
Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, rubera mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa kugeza ubu hakomeje kwakirwa abatangabuhamya batandukanye, aho umwe yabajijwe uko yari umuzi mbere, asubiza ko yari umugabo mwiza. Muri uru rubanza, umutangabuhamya warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yabajijwe ati “Ese waba wari uzi Perefe? Maze asubiza Yego asobanuraga naho bahuriye. Uyu mutangabuhamya kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gicurasi 2022 yagize ati “mbere ya Jenoside twahuriraga mu nama hari nk'iyo nibuka yabereye ahitwa ku Itaba ikaba yari inama yavugaga ku mutekano, icyo gihe hari inkubiri y'amashyaka, Bucyibaruta akavuga ko abantu bagomba kwirindira umutekano”. Umucama
Mu rubanza rwa Bucyibaruta hari uwisubiyeho ku ijambo yabwiye Abafaransa muri 2012

Mu rubanza rwa Bucyibaruta hari uwisubiyeho ku ijambo yabwiye Abafaransa muri 2012

Amakuru
Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, rubera mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa kugeza ubu hakomeje kwakirwa abatangabuhamya batandukanye, aho umwe muri 2012 wavuze ko adashobora kumutangaho ubuhamya, ariko muri 2022 aza kwisubiraho akaba ari umwe mu batangabuhamya bumviswe kuri uyu wa Gatatu. Amakuru ikinyamakuru IMPAMBA.COM gikesha abanyamakuru bagiye kumva uru rubanza avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Gicurasi 2022, umutangabuhamya yabajijwe n'urukiko impamvu muri 2012 yabwiye Abafaransa bari mu iperereza mu Rwanda ko Bucyibaruta aramutse afashwe atakwemera kuzamutangaho ubuhamya ubu akaba yemeye kubutanga. Uyu mutangabuhamya yasubije ko muri 2012 yari afite ubw...
Umutangabuhamya yasabye ko Bucyibaruta yoherezwa mu Rwanda agasaba imbabazi Abanyarwanda

Umutangabuhamya yasabye ko Bucyibaruta yoherezwa mu Rwanda agasaba imbabazi Abanyarwanda

Amakuru
Urubanza rwa Bucyibaruta Laurent ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, kuri uyu wa Kabiri humviswe abatangabuhamya bo mu Rwanda, aho hari uwasabye ko yakoherezwa mu Rwanda agasaba imbabazi abanyarwanda yahemukiye. Uru rubanza rukomeje kubera mu rukiko rwa rubanda ruri i Paris mu Bufaransa, Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Gikongoro akaba aburana kubera gukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994. Abanyamakuru bavuye mu Rwanda bakajya mu Bufaransa gukurikirana uru rubanza batangaza ko umutangabuhamya yavuze ko nyuma yo kurokoka ubwicanyi kuri Paruwasi ya Kibeho yabashije guhungira kuri paruwasi ya Karama .Gusa naho ngo abicanyi bari bamaze kwica abatutsi i Kibeho barabakurikiranye. Umutangabuhamya y...
Bucyibaruta niwe wisabiye ko uwahoze ari Ministre w’Intebe aza mu rubanza rwe

Bucyibaruta niwe wisabiye ko uwahoze ari Ministre w’Intebe aza mu rubanza rwe

Amakuru
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Gicurasi 2022 nibwo mu rubanza rwa Laurent Bucyibaruta ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 rubera mu rukiko rwa rubanda i Pari mu Bufaransa humviswe umutangabuhamya Dismas Nsengiyaremye, wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, kuva muri Mata 1992 kugera muri Nyakanga umwaka wa 1993. Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta wigeze kuba Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro rwari rugeze ku munsi wa gatandatu. Laurent Bucyibaruta uburanishwa n'uru rukiko rwa rubanda akaba ari we wisabiye ko Dismas Nsengiyaremye w’imyaka 77 ahamagazwa n'urukiko nk’impuguke, nk’uko bitangazwa n’abanyamakuru bagiye kumva uru rubanza ku nkunga y’Umuryango w’Abanyamakuru baharanira amahoro (PAX Press). Aba banyamakuru bavuga ko Dismas Nsengiya