Tag: Amagare

Amagare: Murenzi Abdallah agiye kwiyamamariza kuyobora FERWACY ari umukandida umwe, Minisiteri ya Siporo irashinjwa kubigiramo uruhare

Amagare: Murenzi Abdallah agiye kwiyamamariza kuyobora FERWACY ari umukandida umwe, Minisiteri ya Siporo irashinjwa kubigiramo uruhare

Imikino
Murenzi Abdallah niwe uziyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ari umukandida umwe rukumbi mu matora agomba kuba Kucyumweru tariki ya 29/05/2022, mu gihe ubwo hatangwaga kandidatire uwo mwanya yawuhataniraga na Rwabusaza Thierry.   Kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Gicurasi 2022 nibwo hiriwe amakuru avuga ko Rwabusaza Thierry wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY ndetse akaba n’umubitsi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ko Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo yamutegetse kuvanamo kandidatire ye kugira ngo Murenzi Abdallah aziyamamaze ari umukandida umwe rukumbi. Nyuma yo kumva aya makuru ikinyamakuru IMPAMBA.COM cyabajije Shema Maboko Didier Umunyamabanga Uhoraho wa Minisiteri ya Siporo avuga ko ayo makuru nta
FERWACY yareze mu nkiko SKOL na Gorilla Games kampani zamenyekanye mu gutera inkunga amasiganwa y’amagare

FERWACY yareze mu nkiko SKOL na Gorilla Games kampani zamenyekanye mu gutera inkunga amasiganwa y’amagare

Imikino
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryareze mu nkiko uruganda rwa SKOL na Gorilla Games nyuma y’uko izi kampani zahagaritse kongera gutera inkunga amasiganwa y’amagare guhera 2021. Amakuru yizewe agera ku Kinyamakuru IMPAMBA.COM avuga ko uko umukino w’amagare mu Rwanda ugenda usubira inyuma ari na ko Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) rigenda ritakaza bamwe mu bafatanyabikorwa baryo. Bamwe muri abo bafatanyabikorwa bafashe icyemezo cyo guhagarika kongera gutera inkunga amasiganwa y’amagare harimo: SKOL, Gorilla Games na Bella Flowers, nyuma yo gufata iki cyemezo FERWACY yahise ijyana mu nkiko SKOL na Gorilla Games kuko batubahirije amasezerano bagiranye. Kugeza ubu SKOL yahise iva mu bikorwa byose yateraga inkunga bijyanye n’umukino w’amaga
Ikipe  ya Huye izajya ibimburira amakipe yo muri Tour du Rwanda

Ikipe ya Huye izajya ibimburira amakipe yo muri Tour du Rwanda

Imikino
Biteganyijwe ko ikipe y’umukino w’amagare y’i Huye izwi ku izina rya “CCA” izajya ibimburira andi makipe mu kunyura mu muhanda isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rya 2018 rizajya ricamo. Nzabazumutima Straton,umutoza w’ikipe ya Huye y’umukino w’amagare mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Kanama 2018, yavuze ko iki cyemezo cy’uko abakinnyi bazajya babanza guhaguruka isaha mbere y’uko abari muri “Tour du Rwanda” basiganwa, cyafashwe nyuma y’uko abaterankunga ari bo: Herman na Ernzen Jean Pierre wigeze kuba umuyobozi ushinzwe tekiniki mu Ishyirahamwe ry’Imikino ngororamubiri mu Rwanda, bifuje kureba uburyo ikipe ya Huye y’amagare iteye. Nzabazumutima Straton yaboneyeho gusaba abifuza kwamamaza ibikorwa byabo binyuze mu
Umukinnyi wa “Fly Cycling Club” nyuma yo kwitwara neza agiye gukaza imyitozo

Umukinnyi wa “Fly Cycling Club” nyuma yo kwitwara neza agiye gukaza imyitozo

Imikino
Habimana Jean Eric ukinira ikipe ya “Fly Cycling Club” waje ku mwanya wa mbere mu cyiciro cy’ingimbi mu bakinnyi basiganwa ku magare bitabiriye shampiyona y’Igihugu  yabereye mu Mujyi wa Kigali, kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Kamena 2018, nyuma yo gutsinda agiye gukomeza imyitozo kugira ngo azakomeze kwitwara neza no mu yandi masiganwa mpuzamahanga. Jean Eric w’imyaka 19 ni ubwa kabiri yitwaye neza muri shampiyona y’amagare kuko yabaye na none uwa mbere mu isiganwa rya “Course contre la montre”  rya 2017 mu basiganwa ku giti cyabo. Jean Eric yavuze ibanga yakoresheje kugira ngo atsinde ati “kugira ngo ntsinde mbikesha bagenzi banjye twafatanyije gukora uyu munsi  bitewe n’uko  ejo ntitwabashije gutsinda  “Conte la Montre” nk’uko twayitsinze uyu munsi”. https://www.youtube.
Scroll Up