Tag: Akarengane

Kicukiro: Aratabaza kuko Musengimana wahoze ari umusirikare yamusigiye imitungo y’iwabo nyuma ya 1994 n’ubu akaba akiyirimo

Kicukiro: Aratabaza kuko Musengimana wahoze ari umusirikare yamusigiye imitungo y’iwabo nyuma ya 1994 n’ubu akaba akiyirimo

Amakuru
Abo mu muryango wa Ngiruwonsanga Jean Baptiste bakundaga kwita Ruhashya witabye Imana muri 1994,baravuga ko  umutungo wabo utimukanwa ugizwe n’isambu ifite ubuso bwa hegitari ebyiri zirenga ufite UPI:1/03/10/03/755 ndetse n’inzu  uri mu Murenge wa Nyarugunga, Akagali ka Rwimbogo, Umudugudu wa Rwinyange, wigaruriwe na Musengimana Protegene kuva Jenoside yakorewe abatutsi yahagarikwa kugeza 2022, aba bana baracyasiragira mu nzego z’ubuyobozi basaba gusubizwa imitungo y’ababyeyi babo, ariko byaranze. Uyu Protegene we aravuga ko kugira ngo yemera gusubiza uwo mutungo agomba kubanza kwishyurwa amafaranga yose y’imyaka yamaze aharinda bo badahari. Umwe mu banyamategeko wavuganye n’ikinyamakuru impamba.com yavuze ko iyo umuntu aragijwe umutungo iyo nyirawo agarutse arawusubizwa nta yan
Remera: Baranduriwe imyaka bategekwa gutera ibiti

Remera: Baranduriwe imyaka bategekwa gutera ibiti

Amakuru
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Remera,Akagari ka Kibungo mu Karere ka Ngoma,bavuze ko batunguwe no kubona abantu babarandurira imyaka batabanje kumenyeshwa, nyuma babwirwa ko imirima yabo igomba gushyirwamo ibiti by’imbuto ziribwa. Aba bavuze ko kuba imyaka yabo yararanduwe kandi ariyo bari bitezeho ibitunga umuryango, bigiye kubashyira mu gihombo. Umwe ati “Abaturage bari bafite imirima idutunze, twishyuriraga abana amafaranga y’ishuri,ubwisungane mu kwivuza,tugiye kubona, tubona abantu ngo ayo masambu ntabwo mwemerewe kuyahinga.” Undi nawe ati “Ariko amasambu yanjye, nayahaga abantu bagahinga,bagakuramo n’icyo kurya.Dore nk’iyi nzu igiye kungwa hejuru, ubwo se nzakura he icyo kuyubakisha,nzakura he icyo kurya?” Hari umuturage uvuga ko yari yarafashe inguzanyo muri ban
Gitifu Hakuzimana Valens wafatanyije n’urubyiruko gukorera iyicarubozo umumotari yatawe muri yombi

Gitifu Hakuzimana Valens wafatanyije n’urubyiruko gukorera iyicarubozo umumotari yatawe muri yombi

Amakuru
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe ubugenzacyaha-RIB rwafunze Hakuzimana Valens, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gekenke n’abandi bari kumwe bagaragaye ku mashusho ku mbuga nkoranyambaga bakubita umumotari. Abakekwa bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Rushashi na Gakenke mu gihe hakorwa dosiye kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha mu rwego rwo kwirinda COVID-19. Bakurikiranweho ibyaha by’iyica rubozo, gukubita no gukomeretsa umuturage mu gihe bagenzuraga ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.RIB iributsa ko nta muntu uwo ariwe wese wemerewe gukubita undi niyo yaba yakoze icyaha cyangwa amakosa kuko nta gihano cyo gukubita giteganywa n’amategeko mu Rwanda. Ministre w'Ubutegetsi bw'Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney abinyujije ku rubuga
Majyambere Albert arashinjwa kunyereza umutungo w’abahoze ari abashoferi ba Minisiteri y’Imali n’Igenamigambi

Majyambere Albert arashinjwa kunyereza umutungo w’abahoze ari abashoferi ba Minisiteri y’Imali n’Igenamigambi

Amakuru
Mu rukiko rw’ubucuruzi ruri  i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge hagaragaye urubanza ruregwamo Majyambere Albert ushinjwa kunyereza umutungo wa Koperative "ABACU MCOF". Abahoze batwara imodoka muri Minisiteri y’Imali n'Igenamigambi (MINECOFIN) bavuga ko basezerewe bahawe imperekeza bashinga ikinamba kugira ngo biteze imbere, ariko Majyambere yikubira umutungo. Basita Christophe umunyamuryango wa “Abacu MCOF Ltd” yagize ati “ mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gukangurira Abanyarwanda kwibumbira mu makoperative  hari bamwe batabikozwa,harimo Majyambere Albert waduhemukiye nk’abantu twari dusangiye Koperative ABACU MCOF yashinzwe twese tunganya umugabane”. Mu rukiko Basita yerekanye ko Majyambere yaje gufata umutungo nk'aho ari uwe bwite kugeza naho yagiye abikuza amaf