Tag: Abahanzi

Abagize “T&T” bakoreye indirimbo i Burundi nubwo byari bigoye

Abagize “T&T” bakoreye indirimbo i Burundi nubwo byari bigoye

Imyidagaduro
Itsinda rya T&T rigizwe n’abavandimwe babiri ari bo: Timothée T. Nsengiyumva (T-Time) ndetse na Yves T. Nsengiyumva (Adapt) bashyize hanze amwe mu mashusho y’indirimbo bakoreye i Burundi harimo iyo bise Adeline nubwo bitari byoroshye kubera bariyeri bahuraga nazo. Aba basore bavuga ko bamaze icyumweru mu Burundi aho bafataga amashusho y’indirimbo enye z’amajwi bakoreye muri Norvege aho basanzwe bakorera ibikorwa byabo bya muzika. Mu Kiganiro T-Time yagiranye na Impamba.com, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Mutarama 2019, yavuze ko nubwo bitari byoroshe kwisanzura mu Burundi, ariko bahakoreye amashusho y’indirimbo enye. T-Time yagize ati “Twamaze mu Burundi icyumweru cyose dufata amashusho, ariko twashatse abantu bamenyereyeyo kugira ngo bajye badutambutsa kuri bariyeri. Ntab
Ubusinzi bukabije mu gitaramo cyo kwakira Jay Polly nyuma yo kuva muri gereza

Ubusinzi bukabije mu gitaramo cyo kwakira Jay Polly nyuma yo kuva muri gereza

Imyidagaduro
Umuraperi Jay Polly yafunguwe nyuma y'amezi atanu yakatiwe y'igifungo azira gukubita no gukomeretsa umugore we, mu gitaramo cyo kumwakira cyabaye ku bunani yaje ku rubyiniro yasinze kimwe na mugenzi we Bull Dogg. Ngo muri iki gitaramo, ntabwo Jay Polly yabashije kukirangiza kuko yakuwe ku rubyiniro kubera gusinda. Iki gitaramo cyabereye muri Wakanda Villa akabyiniro kabarizwa i Kabeza mu Mujyi wa Kigali, cyari kitabiriwe n’abahanzi banyuranye. Abaririmbye muri iki gitaramo cyari kiyobowe na Ally Soudi harimo: Jack B, Edouce Softman, Khalfan, Queen Cha, Safi Madiba, Bull Dogg ndetse na Jay Polly nyiri izina wagombaga kuririmbira bwa mbere kuva yasohoka muri gereza ya Mageragere. Abandi bose bamaze kuririmba hahamagawe Bull Dogg ku rubyiniro, uyu muri iki gitaramo yaririmbiye
Bab-G yashyize ibikoresho bya studio ye ku isoko

Bab-G yashyize ibikoresho bya studio ye ku isoko

Imyidagaduro
Bab-G  ufite studio ikorera ku Gisozi ubu ibikoresho byayo yamaze kubishyira ku isoko. Umuhanzi Rukundo Moïse wamenyekanye ku izina rya Bab-G yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko yahisemo kugurisha studio ye iri ku Gisozi kuko ashaka kwimukira ku Ruyenzi na bwo akazakomeza akazi ka studio ari na yo mpamvu yanze kugurisha izina rya studio ye ahubwo agahitamo kugurisha ibikoresho gusa. Ubwo yabazwaga amafaranga yifuza kuri iyo studio ye, yasubije ko ayikeneyeho amafaranga y’u Rwanda miliyoni eshatu (3,000,000Frs). Muri Nyakanga 2018 nibwo umuhanzi Bab G yatanze itangazo ry’uko ashaka kugabanya ibiciro ku bahanzi bafite impano, ariko badafite amikoro kugira ngo bashyire ahagaragara ibihangano byabo, mu mezi agera muri atanu atanze iryo tangazo ubu akaba yafashe umwanzuro w
Umunyarwandakazi yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise “Katika”

Umunyarwandakazi yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise “Katika”

Imyidagaduro
Umunyarwandakazi witwa Ingabire Sunlight uzwi cyane ku izina rya “Sunny” ukora akazi ko kumurika imideli utuye muri Thaïland yashyize hanze amashusho y’indirimbo yitwa “Katika”. Iyi ndirimbo yayikoranye n’umuhanzi ukomoka muri Kenya witwa Bandanah bahuye ubwo yari agiye gusura inzu ye y’imideli ibarizwa muri iki gihugu. Sunny, umunyamideli akaba n’umuhanzi amaze kwitabira amarushanwa akomeye nka Fashion F mu Bushinwa, Mango Fashion muri Thailand na Zara Fashion show muri Australia. Mu kiganiro Sunny yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com, yavuze ko kuri ubu yashyize cyane imbaraga kuri muzika, ati “ubusanzwe ndi umunyamideli wabigize umwuga, ariko muri iyi minsi nitaye cyane kuri muzika.” Sunny avuga ko kuririmba no kumurika imideli abifatanya ariko buri kimwe akagiha umw
Meddy umwe mu bahanzi w’imena mu gitaramo cya “East African Party”

Meddy umwe mu bahanzi w’imena mu gitaramo cya “East African Party”

Imyidagaduro
East African Promoters izwi mu gutegura ibitaramo bya Primus Guma Guma Superstar (PGGSS) ikanategura igitaramo ngarukamwaka cya East African Party, yemeje ko Meddy ari umwe mu bahanzi bazaririmbira abazitabira iki gitaramo kizaba kuwa 1 Mutarama 2019. Mushyoma Joseph bita Boubou, utegura ibi bitaramo, avuga ko Meddy ariwe muhanzi bahisemo kubera ko ubwo aheruka mu Rwanda atigeze aririmbira mu Mujyi wa Kigali. Mushyoma yagize ati “Igitaramo cya East African Party  kuwa 1 Mutarama 2019, twatumiyemo Meddy. Twamutumiye kubera ko ubwo aheruka mu Rwanda yaririmbiye mu ntara.” Boubou yakomeje avuga abandi bahanzi bazafatanya na Meddy batarageza igihe cyo kubatangaza gusa nabo bakaba bazamenyekana mu minsi ya vuba. Meddy aherutse kubwira igihe dukesha iyi nkuru ko ari kwitegura uru
Bab- G arashaka gufasha abahanzi badafite ubushobozi

Bab- G arashaka gufasha abahanzi badafite ubushobozi

Imyidagaduro
Umuhanzi Bab-G arashaka gufasha abahanzi badafite ubushobozi bwo gushyira ahagaragara ibihangano byabo binyuze muri Studio ye yitwa “Amazing Records” ikorera ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali. Rukundo Moïse wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Bab-G yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko yashinze studio ya “Amazing Records” agamije gufasha abahanzi badafite ubushobozi bwo gukoresha indirimbo kuko uko uje kose urakirwa. Bamwe mu bahanzi bamaze gutunganyiriza indirimbo muri iyi studio “Amazing Record” ni G-Bruce mu ndirimbo yitwa “Kiss Kiss”,  iyitwa “Itaranto nahawe” yaririmbwe n’abahanzi bazwi (all stars) barimo Packson, Green P na Back T, iyi ndirimbo ikaba yaratunganyijwe na “Producer” Jackson Daddoe wamenyekanye muri Umoja studio, indi ni Mbera mushya ya Bab-G. Korali “Aba
Davido mu nzira zo guhagarika muzika

Davido mu nzira zo guhagarika muzika

Imyidagaduro
David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido akomoka mu gihugu cya Nigeriya yatangaje ko agiye guhagarika umuziki akareba ibindi yerekezamo mu gihe cya vuba. Ubwo yaganiraga n’itangzamakuru umuhanzi Davido wavutse 21 Ugushyingo 1992 kuri ubu ufite imyaka 25 yatangaje ko niyuzuza imyaka 30 azahita ahagarika umuziki burundu bivuze ko  yihaye igihe kingana n’imyaka 5 akora umuziki Yagize ati”mfite imyaka 25 y’amavuko mfite kandi igihe kingana n’imyaka 5 nkora umuziki ni ngira imyaka 30 sinshaka kuzongera kumvikana mu muziki ukundi” Davido kuva yatangira umuziki yarakunzwe kugeza magingo aya akiri kugasongero mu bayoboye muri Nigeriya dore ko umuziki yawukuyemo umusaruro ufatika mu minsi ishize akaba yaranaguze indege ye bwite (Private Jet) ibintu bikorwa na bake mu bahanzi bakora um
Humble Jizzo (Urban Boys) arashinjwa kugira uruhare mu gutuma Cedric atagaragaza impano ye

Humble Jizzo (Urban Boys) arashinjwa kugira uruhare mu gutuma Cedric atagaragaza impano ye

Imyidagaduro
Iradukunda Cedric aravuga uburyo umwe mu bagize itsinda rya Urban Boys yamwijeje ibitangaza bituma atita ku mpano ye yo kuririmba. Mu kiganiro yagiranye na impamba.com, Iradukunda yavuze uburyo yahuye na Humble Jizzo wo mu itsinda rya Urban Boys wari waramwemereye ko azamufasha, ariko birangira bidakozwe. https://www.youtube.com/watch?v=5qAoG1z5V6M&feature=youtu.be Iradukunda avuga ko muri 2014, ari bwo yamenyanye na Humble, umwe mubagize itsinda rya Urban Boys. Avuga ko bajyaga bavugana kuri telefone, ariko Humble akaba yaramwishimiraga cyane kubera impano ye, ati “Natangiye kumva ko mfite impano yo kuririmba muri 2010, icyo gihe naririmbaga injyana ya Hip Hop.Nza kubona nimero ya Humble ntangira kujya muhamagara mubwira ko nanjye ndi umuhanzi. Ambaza injyana ndirimba mu
Gushora amafaranga mu muziki mbifata nko kugira “compte bloqué”-Sibomana

Gushora amafaranga mu muziki mbifata nko kugira “compte bloqué”-Sibomana

Imyidagaduro
Sibomana Jean Bosco umuvuzi wa gakondo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya “Scientifique”, amaze gushora amamiliyoni mu ndirimbo 26 amaze gushyira ahagaragara, ariko atagamije inyungu z’ako kanya. Umuhanzi Sibomana uzwi mu ndirimbo nka: Ubwiza bw’u Rwanda, Shaka Money, Twahisemo neza n’izindi yatangarije impamba.com ko kuba ashora amafaranga mu muziki, ariko nta gire amafaranga ahita agaruza nta gihombo abibonamo kuko abifata nko kubika amafaranga kuri banki udahita ujya kuyabikuza(compte bloqué). Sibomana bita Scentifique yemeza ko ubuhanzi bwe abufata nk’impano ari na yo mpamvu adacika intege mu guhimba. https://www.youtube.com/watch?v=BfdQ2mRS8s4 Umuhanzi Scientifique yagize ati “ubuhanzi nkora ni ukubaka network yo mu minsi iri imbere, kuko usanga ko uko amafaranga uyadepansa
Umuhanzi Fulgence yagaragaje igihombo yatewe no kubura umugabo umeze nka Muyoboke

Umuhanzi Fulgence yagaragaje igihombo yatewe no kubura umugabo umeze nka Muyoboke

Imyidagaduro, Mu Rwanda
Umuhanzi Fulgence Bigirimana wamenyekanye mu myaka ya 2007 mu ndirimbo nka Musaninyange, Unsange n’izindi, yagaragaje uburyo muzika ye itagize icyo imugezaho kubera kubura umuntu ushobora kumwitaho (manager) nk’uko Muyoboke hari abo yafashije kumenyekana bikabagirira akamaro. Mu butumwa burebure yacishije ku rubuga rwe rwa Facebook, na none Fulgence yasabye abahanzi kujya bibuka gushimira uwabafashije kandi bigakorerwa mu ruhame. Mu kugana ku musozo uyu muhanzi arasaba Muyoboke kudacika intege nyuma y’uburyo abahanzi yafashije bamwitwaraho, nyuma yo kuzamuka. Fulgence na none agaragaza uburyo Muyoboke agifite igihe cyo gukora n’andi makeka azagera no ku rwego mpuzamahanga. Muyoboke yabaye umujyanama w’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda barimo: Tom Close, Itsinda rya Dream Boys