
Hari uburyo bubiri bwo kwipima SIDA bitabaye ngombwa ko ujya kwa muganga
Hagaragajwe uburyo bubiri bwo kwipima SIDA bitabaye ngombwa ko umuntu ajya kwa muganga.
Ubu buryo buzwi ku izina rya “HIV Self-Test” bwatangarijwe abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ukuboza 2018 mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) aho Pharmacie 20 zo muri Kigali zizajya zitangirwamo iyi serivisi.
Gukoresha ubwo buryo bwo gusuzuma niba umuntu afite agakoko ka SIDA cyangwa se niba atagafite harimo kwipima ukoresheje amatembabuzi yo mu kanwa no kwisuzuma ukoresheje amaraso.
Dr Sabin Nsanzimana ushinzwe kurwanya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu maraso muri RBC yatangaje ko hari Farumasi (Pharmacie) 20 zo muri Kigali zizajya zigurisha utwo dukoresho dupima niba umuntu afite agakoko gatera SIDA cyangwa se niba atagafite nyuma yo guhugura abazikoreramo.
Ako gakor