Uburezi

Abarimu babiri b’i Karongi batawe muri yombi bacyekwaho gukopeza abanyeshuri

Abarimu babiri b’i Karongi batawe muri yombi bacyekwaho gukopeza abanyeshuri

Uburezi
Urwego rw’ Igihugu Rushinzwe Iperereza (RIB) rwataye muri yombi abarimu babiri b’ abagabo bigisha ku bigo bitandukanye byo mu Karere ka Karongi bakurikiranyweho gukopeza abanyeshuri. Abo barimu ni Habyarimana Alexis wo ku ishuri ribanza rya Muvungu na Michel Nsabyimpuhwe wo ku ishuri ribanza rya Muramba nk’uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha ikinyamakuru muhabura.rw Kuri ubu amakuru aravuga ko aba barimu bakopeje abana bigisha gusa abandi bakabareka nk’ uko bitangazwa n’ abanyeshuri batakopejwe.Bityo uko ari babiri bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Bwishyura. Ibizami bisoza amashuri abanza byatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ugushyingo. Abanyeshuri bose hamwe bateganyijwe kubyitabira ni 255 173. Ubwo yatangizaga ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ku munsi w’ejo
HUAWEI yahaye amahirwe abanyeshuri b’Abanyarwanda yo kwiga Igishinwa nyuma yo gusura icyo gihugu

HUAWEI yahaye amahirwe abanyeshuri b’Abanyarwanda yo kwiga Igishinwa nyuma yo gusura icyo gihugu

Amakuru, Uburezi
Abanyeshuri 8 batoranyijwe mu banyeshuri 52 bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda biga ibijyanye n’ikoranabuhanga bahagurutse mu Rwanda ku wa 18 Ukwakira bagiye gukarishya ubumenyi bwabo mu ikoranabuhanga mu Bushinwa bajyanywe n’ikigo cy’ikoranabuhanga HUAWEI muri gahunda yayo yise “Seeds for the Future program”. Nubwo aba banyeshuri bari mu rugendoshuri mu ikoranabuhanga  bahawe amahirwe yo kwiga ururimi rw’Igishinwa n’umuco wabo binyuze muri kaminuza y’umuco y’i Beijing. Ayinyeretse Peace yishimiye amahirwe yahawe na Huawei yo kwiga Igishinwa avuga ko bizamufasha guhigika benshi ku isoko ry’umurimo. Ayinyeretse yagize “Dukeneye kwiga Igishinwa kuko Ubushinwa ni Igihugu gikize cyane, kugira ngo tubone kuri ubwo bukire bw’Ubushinwa dukeneye ururimi rwabo nk’ikiraro kiduhu
Afurika ni umugabane wahawe umugisha n’Imana ariko bikaba bibabaje kuba ari wo ukennye-Musenyeri Kayinamura

Afurika ni umugabane wahawe umugisha n’Imana ariko bikaba bibabaje kuba ari wo ukennye-Musenyeri Kayinamura

Amakuru, Uburezi
Ibi ni ibyatangajwe na Musenyeri Kayinamura Samuel ukuriye inama y’Abaprotestanti, ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mata 2018 mu Rwanda hatangiraga inama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari yiga ku ndangagaciro mu burezi bwo mu mashuri y’Abaprotesitanti no kubaka umuco w’amahoro mu mashuri yo mu Rwanda ,Congo Kinshasa n’u Burundi. Afungura iyi nama Madame Kabatesi Emerithe,ushinzwe amahugurwa mu mashuri yigisha kwigisha, yavuze ko uburezi ari yo nkingi y’iterambere rirambye ryafasha aka karere mu gusohoka mu bibazo bitandukanye kagiye gacamo birimo intambara n’ubukene,aboneraho gusaba abitabiriye inama kuba imbarutso n’urumuri mu kubaka amahoro muri aka karere . Musenyeri Kayinamura Samuel ukuriye inama y’Abaprotestanti mu Rwanda mu ijambo rye yavuze ko Afurika ari umu
Rubavu: Yiga Kaminuza abikesha umugore yakoreye “massage” akoresheje amazi y’Amashyuza

Rubavu: Yiga Kaminuza abikesha umugore yakoreye “massage” akoresheje amazi y’Amashyuza

Amakuru, Uburezi
Izibyose Desire umusore wo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu yiga kaminuza abikesha umugore wo muri Afurika y’Epfo yakoreye “massage” ubwo yazaga kwivura amavunane mu mazi y’Amashyuza. Izibyose w’imyaka 22 ubarizwa mu Mudugudu wa Kaberama, Akagali ka Burushyi mu Murenge wa Nyamyumba yabwiye ikinyamakuru impamba.com ko yize amashuri yisumbuye abikesha kwita ku bantu baza kwivuriza indwara zitandukanye mu mashyuza, ariko no kugira ngo ubu abe yiga muri kaminuza ya “UTB” yahoze ari “RTUC”, abikesha umugore wo muri Afurika y’Epfo witwa Jostine Mushabi Jata waje mu Rwanda mu rwego rw’ubukerarugendo akaza mu mazi yo ku mashyuza kimwe n’abandi Banyarwanda bakunze kuhivuriza amavunane akishimira serivisi yamuhaye ubu akaba ari we umwishyurira kaminuza. Uyu musore avuga ko yaran
Kigali: Yatangiye yigishiriza abanyeshuri muri salon iwe arateganya gushinga Kaminuza

Kigali: Yatangiye yigishiriza abanyeshuri muri salon iwe arateganya gushinga Kaminuza

Amakuru, Uburezi
Mutiganda Jean de la Croix, n’umuturage utuye mu murenge wa Bumbogo akarere ka Gasabo, yatangiye yigisha abana b’incuke iwe muri salon amaze gushinga ishuri, arifuza Kaminuza.   Mutiganda n’umugabo ufite umugore n’abana batatu, yize amashuri abanza gusa, aza no kwiga umwuga w’ubwubatsi. Aho atuye mu mudugudu wa Kiriza akagari ka Nyabikenye, muri Bumbogo, yaje kubona abana baho bandagaye cyane, kuko batagiraga aho bigira, ahitamo gutangira kubigishiriza muri salon ye. Ati “wabonaga bibabaje cyane, abana bazindukaga bandagaye aho ababyeyi bagiye gushaka imibereho, bikambabaza cyane, mfata icyemezo cy’uko ngiye gutangira gukora uko nshoboye nkagira icyo nkora”. Yaje gusaba umukobwa we wari urangije amashuri yisumbuye, amwemerera ko azajya amuha amafaranga yo kwifashisha agura amavuta yo
Scroll Up