
HUAWEI yahaye amahirwe abanyeshuri b’Abanyarwanda yo kwiga Igishinwa nyuma yo gusura icyo gihugu
Abanyeshuri 8 batoranyijwe mu banyeshuri 52 bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda biga ibijyanye n’ikoranabuhanga bahagurutse mu Rwanda ku wa 18 Ukwakira bagiye gukarishya ubumenyi bwabo mu ikoranabuhanga mu Bushinwa bajyanywe n’ikigo cy’ikoranabuhanga HUAWEI muri gahunda yayo yise “Seeds for the Future program”.
Nubwo aba banyeshuri bari mu rugendoshuri mu ikoranabuhanga bahawe amahirwe yo kwiga ururimi rw’Igishinwa n’umuco wabo binyuze muri kaminuza y’umuco y’i Beijing.
Ayinyeretse Peace yishimiye amahirwe yahawe na Huawei yo kwiga Igishinwa avuga ko bizamufasha guhigika benshi ku isoko ry’umurimo.
Ayinyeretse yagize “Dukeneye kwiga Igishinwa kuko Ubushinwa ni Igihugu gikize cyane, kugira ngo tubone kuri ubwo bukire bw’Ubushinwa dukeneye ururimi rwabo nk’ikiraro kiduhu