
Kigali: Abanyeshuli 30 basoje amasomo ajyanye no guteka mu ishuli rya KETHA
Mu muhango wo gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri wabaye ku wa 1 Ukuboza, 2021, Umuyobozi w’ishuli Habimana Alphonse yavuze ko uretse ubumenyi abanyeshuri bakuye muri iri shuri, ko banagaragaje ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibyo bize, bikaba bitanga icyizere ko bazitwara neza ku isoko ry’umurimo.
Habimana yagize ati “Twishimiye aba banyeshuli barangije amasomo yabo, bakaba banagaragaza ubushobozi bwo kwitwara neza mu kazi aho bazagakorera hatandukanye, nk’uko amakuru duhabwa n’ababakoreshejeje ukwimenyereza umwuga abihamya.”
Habimana avuga ko ishuri ryishimira ko mu banyeshuli 30 barangije, 7 muri bo bahise bahabwa akazi mu mahoteli bakoreyemo ukwimenyereza umwuga.
Aba banyeshuli bamaze amezi atandatu harimo atatu yo kwimenyereza umwuga mu mahoteli asanzwe akorana n’ir