
Ibaruwa ifunguye igenewe Amb.Munyabagisha Valens
Impamvu: Kugusaba kwegura
Bwana Muyobozi, mbandikiye iyi baruwa ngira ngo mbagire inama yo guhita mufata icyemezo cyo kwegura.
Icyo nshingiraho mbasaba kwegura, ni uko mu byo mwavuze ubwo muri Werurwe 2017 mwiyamamarizaga kuyobora Komite Olempike tutazi aho muvuye nta na kimwe mwashyize mu bikorwa.
Ikindi nshingiraho bwana Muyobozi ni uko utabanye neza n’abagutoye ndetse na Minisiteri ya Siporo nk’urwego rwa Leta rureberera siporo mu Rwanda. Ibi bikiyongeraho n’andi makosa menshi ntarondora ngira ngo nawe warabyiboneye ko wateguye Inteko Rusange ukahagera uri uwa mbere abanyamuryango bakahagusanga wamaze kurambirwa, mu gihe tumenyereye ko abayoborwa ari bo bategereza abayobozi, ibyo buriya nta marenga byaguciriye!
1. Amarozi wavuze uzaca muri siporo ntayo waciye
Bwana Mu