Sesengura

Abasirikare bakuru, Ministre wa Siporo n’abandi bakomeye muri Leta y’u Rwanda batangiye kwivanga mu miyoborere ya siporo, kuki bitavugwa?

Abasirikare bakuru, Ministre wa Siporo n’abandi bakomeye muri Leta y’u Rwanda batangiye kwivanga mu miyoborere ya siporo, kuki bitavugwa?

Sesengura
Hashize igihe tubona abantu baza kuyobora amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda ntaho bagaragaye mu bikorwa bya siporo ahubwo bazwi mu mirimo ya politike, mu rwego rwo kugira ngo batorwe nk’uko uwabazanye yabyifuje usanga uwemererwa kwiyamamaza ari umukandida umwe rukumbi, abashyirwa mu majwi mu kubiba inyuma ni bamwe mu basirikare bakuru, Ministre wa siporo hamwe n’abandi bantu bakomeye muri Leta. Ubu igikomeje kwibazwa ni ukumenya amazina y’abo abantu bakomeye muri Leta baba bihishe inyuma yo kuzana abo bantu batumva imiyoborere ya siporo, ari na yo mpamvu itangzamakuru ryo mu Rwanda ryagombye guhaguruka rikabikoraho ubucukumbuzi amazina yabo akajya ahagaragara kugira ngo habe amatora abanyamuryango bagizemo uruhare, kuko bamwe mu ba perezida b’amakipe batangiye kwinubira kuyoborwa n
Amagare: Amatora y’abayobozi ba FERWACY yagizwe ubwiru, abanyamuryango barasabwa gukora iki?

Amagare: Amatora y’abayobozi ba FERWACY yagizwe ubwiru, abanyamuryango barasabwa gukora iki?

Sesengura
Amatora y’abayobozi b’Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY) azaba muri Werurwe 2022, ariko kugeza ubu nta kintu na kimwe gihari cyerekana ko amatora ari hafi. Amakuru aturuka muri bamwe mu banyamuryango ba FERWACY avuga ko batazi impamvu nta kivugwa ku matora ya Komite kandi nta kwezi gusigaye kugira ngo abe, bakavuga ko gukorera mu bwiru akenshi ari byo bituma mu mashyirahamwe atandukanye y’imikino mu Rwanda hasigaye hazamo abantu batumva iyo  mikino bityo bikagira ingaruka ku iterambere ryayo. Murenzi Abdalah, Umuyobozi wa FERWACY mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru IMPAMBA.COM yavuze ko ibijyanye n’ayo matora bizemezwa n’Inteko rusange, yagize ati “ntabwo biremezwa kuko bigomba kwemezwa na “Assamblée generale” niyo izemeza igihe amatora azabera, a
Atletisme: Amatora mu bwiru, gusuzugura inzego zishinzwe siporo no gushyiraho amananiza

Atletisme: Amatora mu bwiru, gusuzugura inzego zishinzwe siporo no gushyiraho amananiza

Sesengura
Amatora y’Abayobozi b’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri azaba tariki ya 22 Mutarama 2022, mu gihe mbere byari byabanje gutangazwa ko azaba muri Werurwe uyu mwaka, ikinyamakuru IMPAMBA.COM cyakoze ubusesenguzi y’ibitagenda neza muri aya matora kifashishije inyandiko zashyizweho umukono na Mubiligi Fidele President w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF) ndetse na President wa Komisiyo y’Amatora ari we Majoro Ildefonse Buseruka wari usanzwe ari umubitsi wa APR Athletics Club. Minisiteri ya Siporo ndetse na Komite Olempike ntibamenyeshejwe aya matora Tariki ya 29 Ukuboza 2021 nibwo Mubiligi Fidele Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamuburi mu Rwanda (RAF) yandikiye abanyamuryango abasaba kwitabira Inteko Rusange idasanzwe izaba tariki ya 22 Mutarama uyu mw
Athletisme: Ni iki cyihishe inyuma y’amatora yashyizwe ku itariki yatunguye benshi?

Athletisme: Ni iki cyihishe inyuma y’amatora yashyizwe ku itariki yatunguye benshi?

Sesengura
Amatora ya Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF) azaba tariki ya 22 Mutarama 2022, mu gihe mbere byari bizwi ko azaba muri Werurwe uyu mwaka, Komite icyuye igihe iyobowe na Me Mubiligi Fidele yanenzwe ibintu bitandukanye harimo kudaha umwanya abigeze kuba abakinnyi (Athletes) haribazwa niba ari yo igiye gukomeza muri manda ya kabiri  cyangwa niba hazatorwa indi nayo izemera gukorana na Jean Pierre Ndacyayisenga umaze imyaka myinshi ashinzwe tekinike, ariko umusaruro ku rwego mpuzamahanga ukaba ukomeje kuba mubi. Amatora y’Abayobozi b’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri, azaba tariki ya 22 Mutarama nk’uko ibaruwa ikinyamakuru IMPAMBA.COM gifitiye kopi ibigaragaza mu gihe manda ya Komite iyobowe na Mubiligi Fidele igomba kurangira tariki ya 28 Mutara
Ikinyobwa “SOMAHO” gishobora kuba cyagambaniwe, FDA nidohorere ba rwiyemezamirimo bato (Yavuguruwe)

Ikinyobwa “SOMAHO” gishobora kuba cyagambaniwe, FDA nidohorere ba rwiyemezamirimo bato (Yavuguruwe)

Sesengura
Ikinyobwa kikaba n’umuti kitwa “SOMAHO Herbal Medicine Soft Drink” ubu cyamaze kuvanwa ku isoko, abo iki kinyobwa cyagiriye akamaro mu buzima, baratakambira Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (FDA) guca inkoni izamba Kampani ya “Akira Natural Life” ikongera gukora iki kinyobwa kuko rwiyemezamirimo wagitekereje akiri muto bityo akeneye kugirwa inama kuruta guhutazwa. Mu busesenguzi ikinyamakuru IMPAMBA.COM cyakoze nyuma y’uko tariki ya 7 Nzeli 2021, FDA yasohoye itangazo ko SOMAHO Herbal Medicine Soft Drink ikuwe ku isoko, abazi amavu n’amvuko y’umuvuzi wa gakondo ukora iki kinyobwa bavuga ko harimo ubugambanyi kubera imbaraga zakoreshejwe mu kumuca intege kugeza afungiwe. FDA yabanje kumena “SOMAHO Herbal Medicine Soft Drin” kandi itabanje kwihaniza abayokora M
Abantu 7 babaye ingirakamaro mu mikino ngororamubiri (Athletics)

Abantu 7 babaye ingirakamaro mu mikino ngororamubiri (Athletics)

Sesengura
Ikinyamakuru IMPAMBA.COM mu busesenguzi bwacyo, cyakoze urutonde rw’abantu babaye ab’ingirakamaro yaba mu kugira uruhare mu gutuma impano z’abakinnyi zigaragara, mu kubafasha kwiteza imbere binyuze muri siporo yo gusiganwa ku maguru (Athletics) ndetse no kubagira inama. Urutonde rw’abo bantu 7 batazibagirana kubera ibikorwa by’indashyikirwa bakoze no kwitangira abandi bagizwe na: Rukundo Johnson Yabaye umukinnyi w’imikino ngororamubiri (Athletics) yiga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, nyuma yaje kuba Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF), nyuma aza gushinga ikipe ibarizwa mu Karere ka Gicumbi yitwa “Mountain Classic Athletics Club” yigaragarijemo abakinnyi bubatse izina barimo Muhitira Felicien bita Magare. Ubwo Rukundo yari Umunyamab
Bizimana Festus asize iyihe nkuru muri Komite Olempike?

Bizimana Festus asize iyihe nkuru muri Komite Olempike?

Sesengura
Nyuma y’aho ikinyamakuru impamba.com cyakoze ubusesenguzi ku miyoborere y’uwahoze ari Perezida wa Komite Olempike ari we Amb.Munyabagisha Valens weguye tariki ya 5 Mata 2021, ubu utahiwe kugira icyo avugwaho azajya yibukirwaho muri siporo ni Bizimana Festus Visi Perezida wa kabiri wa Komite Olempike ushinzwe amashyirahamwe (Federations). Ntacyo yakoze kugira ngo ibibazo byari mu Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda (RSF) bikemuke mu mahoro Muri 2019 hari itsinda ry’abakinnyi   n’abatoza b’umukino wo koga (Swimming) ryandikiye Minisiteri ya Siporo baha Kopi Komite Olempike aho bagaragaje ko Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda ryugarijwe n’ibibazo bituma uyu mukino udatera imbere. Muri Komite Olempike uwakunze kugaragara mu nama zo kwiga kuri ibyo bibazo harimo
Komite Olempike: Ibyagenze nabi muri manda y’imyaka 4 y’ubuyobozi bwacyuye igihe

Komite Olempike: Ibyagenze nabi muri manda y’imyaka 4 y’ubuyobozi bwacyuye igihe

Sesengura
Ikinyamakuru IMPAMBA cyakoze ubusesenguzi ku byagenze nabi muri manda ya Komite Olempike yarangiye tariki ya 11 Werurwe 2021, nubwo kugeza uyu munsi igihe andi azabera kitaramenyekana. Inteko Rusange ya Komite Olempike izaba Kucyumweru abayobozi ba Komite Olempike bamaze iminsi 23 bayobora mu buryo butemewe n’amategeko Tariki ya 3 Mata 2021 hazaba Inteko Rusange ya Komite Olempike, ariko yatumijwe n’ubuyobozi bukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko abayobozi bazaba bujuje iminsi 23 bayobora manda yabo yararangiye tariki ya 11 Werurwe 2021. Tariki ya 3 Mata 2021 hagombye kuba Inteko Rusange hakaba n’amatora nk’uko Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abantu Bafite Ubumuga (NPC Rwanda) yabigenje kuko kuri iyo tariki nibwo hazaba amatora. Hakurikijwe gahunda y’Inteko Rusange ya
Guma mu Rugo yazonze bamwe mu baturage ba Kigali

Guma mu Rugo yazonze bamwe mu baturage ba Kigali

Sesengura
Imibare ikomeje kwiyongera y’abandura Covid-19, imibare yo mu Mujyi wa Kigali niyo ikomeje kuba myinshi ku bantu bamaze kwandura. Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali iri ku izina gusa kuko usibye imodoka zitwara abagenzi ndetse n’ubucuruzi bumwe na bumwe cyane cyane abadafite aho bahuriye no gucuruza ibiribwa ndetse n’ibikoresho by’isuku abandi barafunze. Abakoraga imirimo iciriritse cyane cyane abarya ari uko bakoze kuko ubu nibo inzara yagezeho nkabari basanzwe ari ba nyakabyizi barya kuko bageze mu kazi ubu inzara ibageze habi, kuko nibyo Leta yatanze ntabwo ba Mutwarasibo babibagezaho kuko babwirwa ko lisiti zakorewe ku biro by’uturere. Igihe kirageze kugira ngo abafata ibyemezo babifate barebye inyungu z’abaturage kuko kureba uruhande rumwe bakibagirwa urundi nabyo ni ikibazo
Ubusesenguzi: Kuki abo Komite Olempike yatumiye mu nama batashye badahawe insimburamubyizi? Hari n’ibindi abayitabiriye banenga

Ubusesenguzi: Kuki abo Komite Olempike yatumiye mu nama batashye badahawe insimburamubyizi? Hari n’ibindi abayitabiriye banenga

Sesengura
Inama y’iminsi itatu Komite Olempike yateguye ifatanyije na Komisiyo ishinzwe abakinnyi yitabiriwe n’abantu bagera ku ijana yasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Ugushyingo 2020, ikaba yarangiye bamwe mu bayitabiriye bijujuta. Nyuma yo kumva agahinda ka bamwe mu bitabiriye iyi nama ndibaza impamvu umunsi wo gutaha warinze ugera badahawe amafaranga yabo y’insimburamubyizi ndetse n’ayo bakoresheje mu ngendo zo kwitabira iyo nama. Ikindi nibaza nkakiburira igisubizo ni uburyo abakinnyi bose bitabiriye imikino Olempike bayitumiwemo, ariko Ntawurikura Mathias ufite agahigo ko kwitabira imikino Olempike inshuro nyinshi mu Rwanda, akaba na Perezida wa mbere w’abitabiriye imikino Olempike (Association des Olympiens du Rwanda) muri iyo minsi itatu ntamwanya yahawe ngo asangize abandi