Politiki

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Gatanu tariki ya 27 Mata 2018

Amakuru, Politiki
None ku wa Gatanu, tariki ya 27 Mata 2018, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 11 Mata 2018. Inama y’Abaminisitiri yemeje ubutaka bwegurirwa Minisiteri y’Ingabo. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imbanzirizamushinga y’Ingengo y’Imari y’igihe giciriritse (Budget Framework Paper) hamwe n’imibare y’ikigereranyo cy’Ingengo y’Imari ya 2018/2019 - 2020/2021. Inama y’Abaminisitiri yemeje raporo ya 5 n’iya 6 ku byo u Rwanda rumaze kugeraho mu ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye yerekeye uburenganzira bw’umwana. Inama y’Abaminisitiri yemeje Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Impano yashyir
Abahoze muri FDLR b’i Walungu bahawe itariki ntarengwa yo kuba bagarutse mu Rwanda

Abahoze muri FDLR b’i Walungu bahawe itariki ntarengwa yo kuba bagarutse mu Rwanda

Amakuru, Politiki
Abahoze ari abarwanyi ba FDLR bari bacumbikiwe mu nkambi ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabwe gutaha mu Rwanda bitarenze itariki ya 20 Ukwakira 2018. Iyo nteguza bayihawe ku wa 26 Mata 2018, n’itsinda ry’abagize Guverinoma ya Congo n’indi miryango nka SADC, CIRGL na Monusco. Iyi nteguza ireba abari abarwanyi 44 ba FDLR ndetse ikaba inareba imiryango yabo igizwe n’abantu 147, bose bacumbikiwe mu nkambi ya Walungu Umujyanama muri Komite Nshingwabikorwa ishinzwe gugenzura iyubahurizwa ry’amasezerano y’i Addis-Abeba, Patrick Mutombo avuga ko izi mpunzi zose zigomba gutaha mu Rwanda, mu gihe nta kindi gihugu kiteguye kuzakira. Radiyo Okapi dukesha iyi nkuru itangaza ko iyi myanzuro kandi ngo ireba Abari abarwanyi ba FDLR
Impunzi zo mu nkambi ya Kiziba zasabiwe gufungwa indi minsi 30

Impunzi zo mu nkambi ya Kiziba zasabiwe gufungwa indi minsi 30

Amakuru, Politiki
Mu rubanza rwamaze umwanya muto kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Mata 2018, ubushinjacyaha bwavuze ko impunzi z’Abakongomani zabaga mu nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi zakomeza gufungwa indi minsi 30 y’agateganyo kugira ngo burangize iperereza ku byaha zishinjwa. Izo mpunzi 21 z'abagabo zo mu nkambi ya Kiziba kuri ubu, zifungiwe muri gereza ya Muhanga, zose zari mu mwambaro w’imfungwa Zari zitabye umucamanza w’urukiko rwisumbuye rwa Muhanga ku nshuro ya 3 Ubushinjacyaha bwavuze ko bugikeneye kongererwa igihe cyo kurangiza neza iperereza. Abaregwa n’ababunganira babwiye urukiko ko nta cyaha bafite, ko iminsi y’igifungo yarangiye kandi kuri ubu bari bafunzwe mu buryo butubahirije amategeko bityo bakaba batari bakwiye kuguma muri gereza. Abaregwa basabaga kurekurwa kuko n
Kwibuka ntibizahagarara, Kwibuka bijyana n’ukuri kandi bikajyana no kubaka igihugu cyacu-Kagame

Kwibuka ntibizahagarara, Kwibuka bijyana n’ukuri kandi bikajyana no kubaka igihugu cyacu-Kagame

Amakuru, Politiki
  Perezida Paul Kagame avuga ko kwibuka ari ibintu bizahoraho, kandi ko Kwibuka bihora ari ugutangira bundi bushya kubera ko ibyo kwibuka ari kamere. Perezida Kagame na Madamu Jeannette bakaba bayoboye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 24, aho bamaze gushyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi. Umukuru w'igihugu yabanje gushimira abashyitsi n'inshuti z'igihugu zihora zizirikana kwifatanya n'u Rwanda ku munsi nk'uyu. Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagize ati "iyo amateka agiye hanze bituma abantu bakomeza kumva ukuri, ukuri ni ngombwa kugushingiraho kugira ngo dutere imbere. Twibuka uko kuri, n'abatibuka baba birengagiza uko kuri. Ukuri guca mu ziko ntigushye. Ukuri guhoraho, iyi nshuro ni iya 24 twibuka ariko uko biba bisa ni nk'aho ari ku nshuro ...
Scroll Up