Mu Rwanda

Bacana udutadowa kandi REG yarabahaye amashanyarazi

Bacana udutadowa kandi REG yarabahaye amashanyarazi

Amakuru, Mu Rwanda
Abaturage batuye mu midugudu ya Nyabishunzi na Cyaruhogo mu  Kagali ka Sovu mu Kagali ka Sovu mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana baracyacana udutadowa kandi barahawe amashanyarazi badasabwe ikiguzi ,abaturage bemeza ko kuba bagicana udutadowa kandi barahawe amashanyarazi babiterwa n’ubukene Mukandekezi Claudine utuye mu Mudugudu wa Nyabishunzi yavuze ko nubwo bamuhaye amashanyarazi ntacyo amumariye kuko agicana agatadowa Mukandekezi yagize ati “ntabwo ducana amashanyarazi baduhaye kuko ndi umukene ntabwo nabona ubushobozi bwo gushyira insinga mu nzu n’amatara, niba abayobozi badufasha nkuko baduhaye umuriro badufasha tukabasha no kuwucana kuko twabuze  uko tubigenza ,namwe murabireba uko mbayeho keretse Leta nidufasha nk’uko yatugiriye neza wenda tubashije kubona ubury
Rwamagana :Abafatanyabikorwa b’Akarere bamurikiye abaturage ibyo babakorera

Rwamagana :Abafatanyabikorwa b’Akarere bamurikiye abaturage ibyo babakorera

Amakuru, Mu Rwanda
Kuva ku wa Gatatu  tariki ya 6 Kamena  kugeza  ku wa  Gatanu tariki ya 8 Kamena 2018 ku kibuga cya Police i  Rwamagana  habereye  imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere JADF mu Karere ka Rwamagana abitabiriye imurikabikorwa bagaragarije abaturage ibyo bakora, abaturage babona umwanya wo kubaza ibibakorerwa Uwari uhagarariye ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere muri JADF  ari we  Richard Dan Iraguha yijeje ubuyobozi bw’Akarere kuzakomeza gufatanya n’ubuyobozi bw’akarere mu kwesa imihigo Dan yagize ati “Twiyemeje kutiherererana ibyo dukora ,iri murikabikorwa twanaryigiyemo byinshi ,twiyemeje ko ubufatanye n’Akarere buzakomeza akarere ka Rwamagana kakabasha kuza mu myanya ya mbere mu mihigo”. Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Radjabu Mbonyumuvunyi yashimiye ab
Gatsibo: Umubiri w’umuntu wasanzwe mu cyobo  bikekwa ko yishwe mu gihe cya Jenoside

Gatsibo: Umubiri w’umuntu wasanzwe mu cyobo bikekwa ko yishwe mu gihe cya Jenoside

Amakuru, Mu Rwanda
Mu Mudugudu wa Bushenyi, Akagali ka Kabuga, Umurenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo habonetse umubiri w’umuntu bikekwa ko ari uwahiciwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Uyu mubiri ukaba  warasanzwe utabye iruhande rw’icyobo cyakatirwagamo urwondo kiri inyuma y’urugo rwa Nkuriyingoma Pierre,  nyuma y’uko umwe mu bakozi bakoreraga uyu Nkuriyingoma atangiye amakuru. Kuri uyu wa Gatatu ubwo umunyamakuru wa  impamba.com yageraga mu rugo rwa Nkuriyingoma Pierre na Mukeshimana Patricia ahabonetse  uyu mubiri, yasanzeyo Mukeshimana Patricia gusa kuko umugabo we Nkuriyingoma Pierre  we yari yamaze gutoroka. Mukeshimana Patricia yahise ajya kumwereka icyobo uyu mubiri wabonetsemo. Kugera kuri icyo cyobo bisaba guca mu kayira gato kanyura ku irembo ndetse ukazenguruk
Bugesera: Abagore b’i Shyara barashinja abagabo kumarira umusaruro mu tubali no mu nshoreke

Bugesera: Abagore b’i Shyara barashinja abagabo kumarira umusaruro mu tubali no mu nshoreke

Amakuru, Mu Rwanda
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Shyara mu Karere ka Bugesera, bavuga ko bavunika bahinga, nyamara byakwera abagabo bagafata iya mbere mu kubigurisha bajyana amafaranga mu tubali no mu nshoreke. Abagore bo muri uyu Murenge wa Shyara bavuga ko ubusanzwe iyo igihe cy’ihinga kigeze usanga ahanini umugore ari we uvunika kurusha umugabo, kuko ahinga agatera intabire ndetse akaba ari we ugabara cyane no gusarura, ariko byamara kwera byageze mu nzu ntibamenye uburyo bishizemo bitewe n’abagabo babo bahita babigurisha, bakabijyana mu tubari no mu nshoreke. Mujawayezu Appolonie umwe mu bagore batuye mu murenge wa Shyara agira ati “urugero nko ku gihingwa cy’umuceli dukunze guhinga inaha, usanga umugore ari we ugira imvune nini mu kuwuhinga kugeza weze nyamara ugasanga umugabo ni we ufashe
Rwamagana:Umunyafurika y’Epfo yashatse gutera ibyuma abamusuye abaziza kongeza “volume” ya Radio

Rwamagana:Umunyafurika y’Epfo yashatse gutera ibyuma abamusuye abaziza kongeza “volume” ya Radio

Amakuru, Mu Rwanda
Philippe Opperman uturuka muri Afurika y’Epfo washakanye n’Umunyarwandakazi utuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana aho akorera umurimo w’ubworozi bw’amafi n’ingurube, mu mpera z’icyumweru gishize yashatse gutera ibyuma abashyitsi bari bamusuye nyuma yo kubamenera imodoka, abaziza kongeza “volume” ya Radio. Nsengiyumva Martin wari inshuti y’uyu Munyafurika y’Epfo wari waje kumusura niwe washwanye na we bapfuye volime (volume) ya radiyo ashaka kumutera icyuma. Uwamahoro Pascaline umugore wa ny’iri imodoka yavuze ko uwo Munyafurika y’Epfo yari inshuti yabo kandi uko gushwana kwabaye ko bamusuye, ati “bari basomye ku gacupa baricara baraganira barongera biyongeza ku gacupa, noneho yongera volime ya radiyo cyane cyane pe bikabije noneho umugabo wanjye afata telekomande araga
Gikondo: Imodoka ya SKOL yafungutse urugi abaturage barahurura banywa inzoga karahava

Gikondo: Imodoka ya SKOL yafungutse urugi abaturage barahurura banywa inzoga karahava

Amakuru, Mu Rwanda
Mugitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Gicurasi 2018 imodoka ya SKOL yari igemuye inzoga mu Murenge wa Rugarama yafungutse urugi amakesi aragwa maze abaturage bahurura ari benshi  buri wese afata icupa rye ashyira ku munwa. Ngo mu makesi 400 yari muri iyo modoka agera kuri 40 niyo yaba yangiritse. Umwe mu babonye aho abo baturage buri wese yarwanaga no gufata icupa rye rya SKOL wavuganye n’ikinyamakuru impamba.com yagize ati “Fuso yaritwaye inzoga za Skol ubwo yageragezaga kwinjira muri Depo, urugi rw’inyuma rwahise rufunguka inzoga zirameneka abantu baraza baranywa sinakubwira”. Ibi byabereye i Gikondo ruguru y’isoko aho bakunze kwita kuri Marato werekeza ku rya Gatanu, mu Murenge wa Kigarama, mu Kagali ka Rugira mu Mudugudu w’Umurimo mu Karere ka Kicukiro. Ikiny
Rwamagana:Rurageretse hagati y’umukobwa na nyina w’imyaka 75

Rwamagana:Rurageretse hagati y’umukobwa na nyina w’imyaka 75

Amakuru, Mu Rwanda
Nyirabagenzi Zena, umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 75 n’umukobwa we Muhawenimana Saidath w’imyaka 41 batuye mu Mudugudu wa Kabuye mu Kagali ka Cyanya mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana rurageretse hagati yabo kubera ibibazo by’amakimbirane bafitanye amaze igihe kinini. Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kigabiro bwashyikirijwe ikirego na Nyirabagenzi mu gihe abaturage babona icyo nk’ihurizo rikomeye ryahawe Umurenge wa Kigabiro Nyirabagenzi Zena tariki 24 Mata 2018 yareze mu buyobozi bw’Akagali asaba ko umukobwa we Muhawenimana Saidath yamuvira mu rugo. Imbere y’iteko y’abaturage b’Akagali ka Cyanya yavuze ko adashaka kubana mu rugo n’umukobwa we Yagiraga ati “Saidath naramureze arakura agomba kumvira mu rugo kuko naramureze arakura, rero agomba kumvira mu rugo ntabwo nk
Umuhanda wo ku Rutare rwa Ndaba wafunzwe

Umuhanda wo ku Rutare rwa Ndaba wafunzwe

Amakuru, Mu Rwanda
Imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira iryo ku wa Gatandatu itariki ya 28 Mata 2018, yateje inkangu yafunze umuhanda wa kaburimbo, Kigali-Karongi, ahazwi nko ku Rutare rwa Ndaba. Kubera ibi biza, inzego za Leta muri aka karere kimwe na Polisi y’u Rwanda, baramenyesha abakoresha uyu muhanda ko ufunze mu gihe bigikurwaho. Bicishijwe ku rukuta rwa Twitter rw’Umurenge wa Bwishyura, bagira bati “Kubera imvura yaraye igwa ari nyinshi mu ijoro ryo kuwa 27-28/04, umuhanda Karongi – Kigali ntabwo ari nyabagendwa kubera inkangu yaguye mu muhanda ku rutare rwa Ndaba. Imirimo yo kugikuramo irihutishwa”. Polisi y’u Rwanda nayo igira iti “Police y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Karongi -Muhanga mu Murenge wa Rugabano aho bita ku rutare rwa Ndaba ko inkangu ya
Gatsibo:Umuyobozi w’Umudugudu akurikiranyweho gukubita umuturage

Gatsibo:Umuyobozi w’Umudugudu akurikiranyweho gukubita umuturage

Amakuru, Mu Rwanda
Umuturage witwa Akimana Valens utuye mu Mududugu wa Nyagahanga Akagali ka Gihuta Umurenge wa Rugarama Akarere ka Gatsibo aravuga ko yahohotewe n’umukuru w’umudugudu witwa Nshuti Twibanire Déo  akamukubita amuziza ubusa ibi bikaba byaramugizeho ingaruka y’uburwayi butuma nta kintu na kimwe abasha kwikorera ahubwo akaba  yirirwa mu buriri aryamye . Uyu numuturage witwa Akimana Valens ari mukigero cy’imyaka 48 y’amavuko, abana n’umugore umwe n’abana batatu. Mu ma saa sita ikinyamakuru impamba.com cyamusanze iwe mu rugo mu Mudugudu wa Gihato Akagali ka Nyagihanga Umurenge wa Rugarama.Ukibona uyu muturage uhita wibaza icyo yabaye ku kuboko kwe kw’ibumoso aho mu kiganza cye hahambiriyeho igitambaro  cy’ibara ry’umweru nk’umuntu wavunitse cyangwa wakomeretse mu kiganza. Akimana yabwiye
Abana 6,130 bo muri Gatsibo bataye ishuri

Abana 6,130 bo muri Gatsibo bataye ishuri

Amakuru, Mu Rwanda
Abana bataye ishuri bo Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba bagera kuri 6130 harimo abana b’abakobwa 1772 bataye ishuri kubera guterwa inda naho abana 4392 basubijwe mu ishuri ariko abagera mu 1738 ntibarasubizwayo. Nyuma y’iyi mibare, abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu Karere ka Gatasibo basabwe gufasha aka karere mu gutanga umusanzu wabo mu bikorwa bishyigikira imibereho myiza y’abaturage ndetse n’ibigamije iterambere ryabo. ibi byagarutsweho mu biganiro aba bahagarariye amadini n’amatorero bagiranye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo aho bunguranaga ibitekerezo ku buryo izi nzego zagira uruhare mu gutanga ubufasha bugamije gukemura ikibazo cya bamwe mu baturage bugarijwe n’ibibazo by’imibereho mibi. Bimwe mu byagarutseho muri iyi nama ni ukwereka aba bari bitab
Scroll Up