Mu Rwanda

Bugesera: Abahinga mu gishanga cya Mareba barasaba ko Umurasire uzamura amazi buhira usanwa

Bugesera: Abahinga mu gishanga cya Mareba barasaba ko Umurasire uzamura amazi buhira usanwa

Mu Rwanda
Abahinzi bo mu gishanga cya Mareba, bo ku ruhande rw’Umurenge wa Musenyi mu Kagali ka Nyagihunika, bavuga ko umurasire ukurura amazi mu gishanga cya Mareba, gifatanye n’ikiyaga cya Cyohoha ya ruguru, utagifite imbaraga zo gukurura amazi ahagije yo kuvomerera imyaka yabo mu mirima. Aba bahinzi bavuga ko uwo murasire wubakwa wakururaga amazi hifashishijwe imbaraga z’izuba, ugafasha abo mu Kagali ka Nyagihunika mu kuvomerera imyaka mu mirima yabo mu gishanga cya Mareba gifatanye n'ikiyaga cya Cyohoha ya ruguru iherereye hagati y' imirenge ya Mareba na Musenyi mu Karere ka Bugesera, aho ngo hari haranashyizwe ibigega(water tank) mu mirima, byakusanyirizwagamo amazi akabasha kugera mu mirima ari menshi, ubu ngo uwo murasire ukaba utagifite ubwo bushobozi, ukwiye gusanwa. Umuhinzi witw
Bruce Melodie nyuma yo gufungirwa i Burundi yarekuwe

Bruce Melodie nyuma yo gufungirwa i Burundi yarekuwe

Mu Rwanda
Bruce Melodie wari wafunzwe na Polisi y’u Burundi ashinjwa kwambura umuherwe amafaranga yarekuwe nyuma yo kwemera kwishyura ideni. Umuhanzi Bruce Melodie yafunguwe nyuma y’ubwumvikane n’umuherwe witwa Toussaint uzwi mu bushabitsi bw’utubari no gutegura ibitaramo mu Burundi. Uyu mugabo yaregaga Bruce Melodie kumurya amafaranga ya ‘avance’ y’igitaramo yari yamutumiyemo ariko ntabashe kucyitabira. Icyo gihe Melodie yasubitse icyo gitaramo avuga ko atizeye umutekano muri kiriya gihugu. Ubwo yageraga i Bujumbura amaze kuvugana n’itangazamakuru, uyu muhanzi yahise atabwa muri yombi na Polisi aza kurekurwa nyuma y’ubwumvikane na Toussaint wamushinjaga ubwambuzi. Umuhanzi nyarwanda Bruce Melodie kuri uyu wa 31 Kanama 2022 yafunzwe na Polisi y’u Burundi ashinjwa ubwambuzi yakoreye u
Inzu y’ubucuruzi muri Kamonyi yafashwe n’inkongi y’Umuriro

Inzu y’ubucuruzi muri Kamonyi yafashwe n’inkongi y’Umuriro

Mu Rwanda
Mu ijoro ryo kuwa 29/rishyira taliki ya 30 Kanama 2022 inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi ibyarimo byose birashya birakongoka Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma Nsengiyumva Pierre Célestin avuga ko hataramenyekana icyateye iyo nkongi. Ati“Hahiriyemo ibicuruzwa by’ubwoko bwose kuko harimo matela, imyenda y’abagabo n’ibindi byinshi.” Nsengiyumva yavuze ko uwacururizaga muri iyi nyubako yakodeshaga, cyakora bakaba biyambaje Ishami rya Polisi y’Iigihugu rishinzwe kuzimya umuriro (Fire brigade of Police). Gitifu yavuze ko iyi nzu nta bwishingizi yari ifite, kugira ngo hishyurwe indi n’ibicuruzwa byahiriyemo. Source Umuseke
Rwamagana: Ikigo QEC Ltd cyatangije umushinga w’imbabura zirengera ibidukikije

Rwamagana: Ikigo QEC Ltd cyatangije umushinga w’imbabura zirengera ibidukikije

Mu Rwanda
Abaturage bo mu Karere ka Rwamagana bagiye kubimburira abandi mu mushinga wo guhabwa imbabura zirengera ibidukikije, mu mushinga w' ikigo cyitwa Quality Engineering company Ltd(QEC Ltd) mu bufatanye na BB Energy na Société Petrolière (SP). Uyu mushinga watangijwe na UMWIZERWA Prosper 'umuyobozi wa QEC Ltd kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022, mu nama yabereye mu Karere ka Rwamagana muri imwe mu mahoteri ahabarizwa. Umuyobozi wa QEC Ltd mu muhango wo kumurika uyu mushinga, yavuze ko wateguwe mu rwego rwo kunganira Guverinoma y' u Rwanda mu ngamba zo kubungabunga ibidukikije, gufasha abaturage kubahiriza izo ngamba, kuborohereza kurondereza ibicanwa, hakanaboneka akazi ku rubyiruko no ku baturage muri rusange. Yakomeje avuga ko bagiye gutanga izo mbabura bahereye mu mirenge 5 muri 14 y' Ak
Muhanga: Mutekano na Mudugudu barashinjwa kuba inyuma y’abangiza ibidukikije

Muhanga: Mutekano na Mudugudu barashinjwa kuba inyuma y’abangiza ibidukikije

Mu Rwanda
Abatuye mu Mudugudu wa Karambo, Akagari ka Butare mu Murenge wa Kabacuzi, bavuga ko abanyogosi bamaze kwangiza ishyamba rya Leta n’imigezi iriturukamo, bagashyira mu majwi ushinzwe umutekano ko abyihishe inyuma, gusa we arabihakana. Bamwe mu batuye munsi y’iri shyamba bavuga ko bamaze igihe batakambira inzego z’ibanze guhera mu Mudugudu wa Karambo batuyemo, ku Kagari no ku Murenge ko abanyogosi bangije ibidukikije ntibigire icyo bitanga ahubwo ushinzwe umutekano n’Umukuru w’Umudugudu bakabareba nabi. Bakavuga ko bamaze kwangiza hegitari nyinshi bataretse n’imigezi mitoya 2 ihaturuka yiroha mu mugezi wa Bakokwe ushyira Nyabarongo. Umwe utashatse ko amazina ye ajya mu Itangazamakuru yagize ati “Abo banyogosi baracukura umusaruro w’amabuye bakuyemo bakawutwara kwa mutekano na Mud
CCO Rilima: Abaganga 2O bahuguwe mu kwita ku bafite ubumuga bwa “Clubfoot”

CCO Rilima: Abaganga 2O bahuguwe mu kwita ku bafite ubumuga bwa “Clubfoot”

Mu Rwanda
Amahugurwa y’abaganga bavura indwara z’amagufa yaberaga mu bitaro bya “Centre de Chirurgie Orthopédique Pédiatrique et de Réhabilitation Sainte Marie de Rilima (CCO Rilima) yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Kamena 2022. Aya mahugurwa yiswe "Africa Clubfoot Training (ACT) Project Basic  Clubfoot Treatment Providers Course" yatangiye ku wa Gatatu tariki ya 8 asozwa ku wa 10 Kamena 2022, yitabirwa n’abaganga 20 baturuka mu bitaro 16 byo mu Rwanda. Aba baganga nyuma yo kwigishwa bajyaga gushyira mu bikorwa (practice) iby’ibanze bize mu kuvura ubumuga bw’ibirenge bitarambutse neza buzwi ku izina rya "Clubfoot". Aya mahugurwa yateguwe n’ibitaro bya “Centre de Chirurgie Orthopédique Pédiatrique et de Réhabilitation Sainte Marie de Rilima (CCO Rilima)” ku bufatanye na Global Hea
Rwamagana-Gahengeri: Mu mudugudu wa Kinteko kudasezerana mu mategeko byabaye icyaha

Rwamagana-Gahengeri: Mu mudugudu wa Kinteko kudasezerana mu mategeko byabaye icyaha

Mu Rwanda
Ubuyobozi bw’umudugudu wa Kinteko n’abatuye uyu mudugudu wo mu Kagali ka Rweri Umurenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko kudasezerana mu mategeko kw’abashakanye cyangwa abari gushakana ubu ari icyaha. Ibi babitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo imiryango 33 muri 35 yari yatangiye urugendo rwo gusezerana mu mategeko yasezeranijwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana, imiryango ibiri itarasezeranye, umwe muri yo ku mpamvu zawo bwite wafashe icyemezo cyo kudasezerana, naho undi umwe umugore yibarutse ku munsi wo gusezerana bityo ntiwabasha gusezerana. Igitekerezo cyo guhagurukira gahunda yo gusezeranya imiryango yabanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, cyaje nyuma y’uko umudugudu wa Kinteko waje mu midugudu yitwaye neza mu Karere ka Rwamagana no mu Ntara y’Iburasirazu
Rwamagana: Hagiye kubakwa imihanda ya Kaburimbo y’ahareshya na kilometero 18

Rwamagana: Hagiye kubakwa imihanda ya Kaburimbo y’ahareshya na kilometero 18

Mu Rwanda
Kakooza Henry, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rwamagana aratangaza ko bagiye kubaka imihanda ibibiri  ya Kabulimbo ifite uburebure bungana na kilometero 18 zirengaho, izuzura itwaye asaga miliyari ebyiri kuri buri umwe. Muri iyo mihanda hari uzaturuka ahazwi nko kwa Karangara ugana ahahingwa indabo hitwa kuri “Bella Flower” uzaba ufite uburebure bwa kilometer 13 n’ibice icyenda naho mu Mujyi wa Rwamagana ni ahareshya kilometero 4 n’ibice 6 bya Kaburimbo. Ibi, Kakooza yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Kamena 2022, ubwo njyanama n’inzego zitandukanye z’Akarere ka Rwamagana basuraga ibikorwa by’imihigo mu mirenge itandukanye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rwamagana yavuze ko imirimo yo kubaka iyo mihanda igomba gutangira muri u
Bugesera-Musenyi:Ababyeyi basabwe kuba hafi abasoje urugerero “Inkomezabigwi” z’icyiciro cya cyenda

Bugesera-Musenyi:Ababyeyi basabwe kuba hafi abasoje urugerero “Inkomezabigwi” z’icyiciro cya cyenda

Mu Rwanda
Ubwo hasozwaga itorero ry’Inkomezabigwi icyiciro cya cyenda z’abasoje amashuli yisumbuye 2020-2021, abagize iri torero bo mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, biyemeje guhangana n’ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, maze ubuyobozi bw’uyu murenge busaba ababyeyi kudatererana abana. Abitabiriye iri torero bo mu Murenge wa Musenyi bahamya ko hari byinshi baryigiyemo batari bazi, ariko kandi bigiye gutuma bateza imbere aho batuye. Igirimbabazi Pacifique wo mu Mudugudu wa Bizenga mu Kagali ka Musenyi agira ati “twize uburyo bwo kurya imboga tuzikuye mu karima k’igikoni, mu buzima busanzwe nabonaga akarima k’igikoni ariko ntazi uburyo kakubakwa; ariko ubungubu umwanzuro nafashe ni uko mu mudugudu ntuyemo nta mwana uzongera kugaragara mu mirire mibi biturutse ku bur