Mu Rwanda

Umukino wa Squash umaze imyaka 31 mu Rwanda utazwi

Umukino wa Squash umaze imyaka 31 mu Rwanda utazwi

Imikino, Mu Rwanda
Umukino wa Squash ujya gukinwa nka Tennis ariko wo ukaba ukinirwa mu nzu umaze mu Rwanda imyaka 31 n’umwe, ariko ntuzwi. Uyu mukino ukinirwa muri Cercle Sportif de Kigali mu Rugunga ari naho watangiriye mu mwaka wa 1987 uzanywe n’Ababiligi. Nshimiyimana Jean Pierre, umutoza wa Squash muri Cercle Sportif de Kigali, avuga ko asanga impamvu uyu mukino utarigeze umunyekana n’abawuzanye babigizemo uruhare ati “bimwe mu bituma uyu mukino utameyekana hari kuba ukinwa n’abantu ku giti cyabo (individual), gukinirwa mu nzu, kuba ukinwa n’abantu bake ndetse n’Ababirigi bawuzanye bashakaga gukina ku giti cyabo”. Jean Pierre yemeza ko mu biguhugu bikoresha Icyongereza ariho umukino wa Squash wateye imbere. Mu rwego rwo guteza imbere umukino wa Squash ikigo cya Cercle muri 2013 cyubatse
Itel imaze gutanga inkweto ibihumbi bitandatu mu duce dutandukanye tw’u Rwanda

Itel imaze gutanga inkweto ibihumbi bitandatu mu duce dutandukanye tw’u Rwanda

Amakuru, Inkuru Zamamaza, Mu Rwanda
Isosiyete y’ubucuruzi ya Itel imaze gutanga inkweto ibihumbi bitandatu (6,000) mu mpande zitandukanye z’igihugu. Samuel Bizimana, umuyobozi wa Itel yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko inkweto bazitanga ku bana baba mu buzima bugoye mu rweo rwo gufatanya na Leta guca burundu ingeso yo kugendesha ibirenge. Tariki ya 24 Werurwe 2018 isosiyete “Itel” ifatanyije n’ikigo cya Gasore Serge Foundation yatanze inkweto 500 mu Karere ka Burera, zikazahabwa abana biga ku mashuri atandukanye yo muri ako karere. Nyuma ya Burera ahandi “Itel” iteganya gutanga inkweto ni mu Karere ka Bugesera. Samuel yakomeje avuga ibindi bikorwa “Itel” ikora bigamije kunganira Leta ati “dutanga mituelle no gutanga ibiribwa ku batishoboye”. Umuyobozi wa Itel yavuze aho bakuye igitekerezo cyo gukora i
Rubavu: Muri Bugeshi abagore batatu cyangwa se batanu bashobora gutunga umugabo umwe

Rubavu: Muri Bugeshi abagore batatu cyangwa se batanu bashobora gutunga umugabo umwe

Amakuru, Mu Rwanda
Mu Murenge wa Bugeshi Akarere ka Rubavu nta bwo byoroshye kugira ngo umukobwa apfe kubona umusore umurongora ku buryo ubu ari bo bahitamo kugura umuhungu bikageza nubwo abagore batatu cyangwa se batanu bashobora gutunga umugabo umwe. Ndahorugiye Eliazar umusaza utuye mu Murenge wa Bugeshi yemeza ko abagabo babuze muri ako gace batuyemo bigatuma abasore bahari bihagararaho bagahitamo umukobwa ufite amafaranga gusa. Ndahorugiye yagize ati “hano muri Bugeshi umusore ashaka n’abagore batatu cyangwa batanu bakamutunga”. Ndahorugiye yakomeje agira ati “hano umugore atereta umugabo, hari umukobwa uba yaraheze iwabo uzana umusore bakabana”. Ibi na none bishimangirwa na Iyizire Léothine w’imyaka 31 umubyeyi  ikinyamakuru impamba.com cyasanze ku biro by’Umurenge wa Bugeshi aho agira ati
Ingurube ntibwagura nta nubwo igira ibibwana-Ngirumugenga

Ingurube ntibwagura nta nubwo igira ibibwana-Ngirumugenga

Amakuru, Mu Rwanda, Ubukungu
Ngirumugenga Jean Marie Pierre umworozi w’ingurube mu Mudugudu wa Kabuga Akagali ka Sibagire Umurenge wa Kigabiro Intara y’Iburasirazuba arasaba Abanyarwanda guhindura imyumvire bagira ku ngurube, akaba asaba ko abantu bajya bavuga abana b’ingurube aho kubyita ibibwana, bakavuga ko ingurube ibyara aho kuvuga ko ibwagura. Ngirumugenga  avuga ko habwagura imbwa naho ingurube ibyara abana, kuko atari byiza gusebya itungo ritunze abantu Uyu mworozi avuga ko kera Abanyarwanda basuzuguraga ingurube ari nayo mpamvu bayigereranyaga n’imbwa ati “kera ntabwo ingurube bari bayimenyereye bigatuma abana bayo babita ibibwana , ubu ingurube tuyifata nk’andi matungo, imvugo ikibwana no kubwagura biveho ikintu gitanga amafaranga ntigikwiye kwitwa iryo zina izo mvugo abantu bazireke kuko byaba ari
Rugaba ntiyabona akazi gasimbura kuvuga amazina y’inka

Rugaba ntiyabona akazi gasimbura kuvuga amazina y’inka

Amateka y'abahanzi, Imyidagaduro, Mu Rwanda
Rugaba Emmanuel, umutahira wabigize umwuga ndetse akaba azwiho no kuyobora ibirori (M C) mu bukwe, yize ubucuruzi n’ibaruramari, ariko asanga impano afite yo kuvuga amazina y’inka ari yo imufitiye inyungu kuruta uko yajya gushaka akandi kazi. Rugaba atuye muri Kimisange mu Karere ka Kicukiro, avuga ko iyo ari mu bihe byiza amafaranga ashobora kwinjiza ku kwezi amake ari uguhera ku bihumbi magana atatu kuzamura. Soma ikiganiro Rugaba yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com Impamba.com (I): Ubuhanzi bwawe bwatangiye kwigaragaza ryari? Rugaba Emmanuel (R E): Mu mwaka wa 1999, ubwo nabyinaga mu matorero ya Kinyarwanda no guhamiriza, muri 2008 ni bwo impano yo kuvuga amazina y’inka natangiye kuyigaragaza I : Amatorero wabyinnyemo azwi ni ay’ahe? R E: Nabyinaga mu matorero yo
Abavuga amazina y’inka mu bukwe bakeneye amahugurwa-Ntigurirwa

Abavuga amazina y’inka mu bukwe bakeneye amahugurwa-Ntigurirwa

Imyidagaduro, Mu Rwanda
Ntigurirwa Emmanuel, umuhanzi uzwiho kuvuga amazina y’inka mu bukwe, asanga uyu mwuga ukwiye gufatwa nk’indi kuko iyo ukozwe neza utunga nyirawo. Ntigurirwa mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Nyakanga 2017 yavuze ko mu kwezi ashobora byibura kwinjiza amafaranga atari munsi y’ibihumbi mirongo icyenda (90,000Frs). Ibisabwa kugira ngo umuntu amenye kuvuga amazina y’inka Ntigurirwa yatangaje ko kugira ngo uvuge amazina y’inka neza bisaba kuba ari impano kuruta kubyiga bitakurimo. Uyu muhanzi yagize ati “kuvuga amazina y’inka bisaba kuba ari mpano kuko hari ababyiga bikabananira naho kuba wararagiye inka byongera ubumenyi”. Nubwo abavuga amazina y’inka batagira ihuriro, ariko bakunze kumenyana Ntigurirwa avuga ko abavuga amazina y
Umuhanzi Kavutse yatangiye kwambika abantu imyenda akura muri America, Canada na Aziya

Umuhanzi Kavutse yatangiye kwambika abantu imyenda akura muri America, Canada na Aziya

Imyidagaduro, Mu Rwanda
Umuhanzi Kavutse Olivier uzwi mu itsinda rya “Beauty For Ashes” yatangije iduka ricuruza imyenda akura muri America, Canada na Aziya mu rwego rwo kurushaho kurimbisha Abanyarwanda. Aho Kavutse yakuye igitekerezo cyo gutangiza iri duka Kavutse yatangarije ikinyamakuru impamba.com impamvu yahisemo gutangiza iduka ry’imyenda yise “Up Award Clothing”. Kavutse yavuze ko kuko yakundaga gutembera mu bihugu byo hanze y’u Rwanda, yakundaga kubona imyenda myiza idafitwe n’abandi. Uyu muhanzi avuga ko imyenda ye harimo iyo agurisha n’iyo akodesha. Kavutse yinjiye mu bucuruzi bw’imyenda asanga abandi bamaze kwamamara, yaba azanye irihe tandukaniro? Nubwo Kavutse atangiye vuba ubucuruzi bw’imyenda, ariko aje asanga muri uwo mwuga abandi bamaze kubaka izina barimo: Francis Zahabu, Kol
Abaturage 70 mu karere ka Rusizi barataka basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye

Abaturage 70 mu karere ka Rusizi barataka basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye

Amakuru, Mu Rwanda, Ubukungu
Abaturage 70 bo mu Murenge wa Nkungu baravuga ko imyaka itatu ishize barakoze umuhanda wa Cyamudongo-Nkungu ariko rwiyemezamirimo ntabahembe amafaranga yose, bagasaba ko yakurikiranwa akabishyura. Aba baturage bemeza ko bahembwe ariko ntibahabwe amafaranga yose, rwiyemezamirimo akabizeza ko azabishyura akarere kamwishyuye ariko ntibaje kumenya aho yaciye kugeza n’ubu ntibaramuca iryera. Hakizimana Philbert ati “Ikibazo dufite ni icy’uyu muhanda twakoze rwiyemezamirimo ntiyaduhemba, imyaka itatu irashize twishyuza. Njyewe bandimo ibihumbi 30 n’umugore wanjye bamurimo ibihumbi 18. Twakoze gutyo rwiyemezamirimo arahagarara.” Aba baturage bavuga ko kutishyurwa byabagizeho ingaruka mbi zirimo kutabona ubwisungane mu kwivuza no kutarihirira abana babo ishuri ndetse bamwe bibaviramo kugu
Scroll Up