Iyobokamana

Padiri Ubald wamenyekanye mu gesengera abarwayi yitabye Imana

Padiri Ubald wamenyekanye mu gesengera abarwayi yitabye Imana

Iyobokamana
Padiri Ubald Rugirangoga wari uzwi mu bikorwa byo gusengera abarwayi, iby’isanamitima n’ubumwe n’ubwiyunge, yitabye Imana aguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Inkuru y’urupfu rwa Padiri Ubald yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Mutarama 2021, yaguye mu Bitaro bya Kaminuza ya Utah Hospital mu Mujyi wa Salt Lake. Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro Hakizimana Célestin, yemereye bimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda  aya makuru avuga ko Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana mu masaha ya saa Tanu z’ijoro zo muri Amerika. Yavuze ko Padiri Ubald yavuye mu Rwanda muri Mutarama 2020, ubwo yari agiye muri Amerika mu bikorwa byo gusengera abantu nk’uko asanzwe abikora. Gusa ngo yari afite gahunda yo kugaruka i Kigali muri Mata uwo mwaka ariko ngo icyorezo cya COV
Rev. Rutayisire  yahize imihigo 5 izamufasha kuyobora ADEPR Akarere ka Gasabo

Rev. Rutayisire yahize imihigo 5 izamufasha kuyobora ADEPR Akarere ka Gasabo

Iyobokamana
Umushumba wa ADEPR Akarere ka Gasabo Rev. Rutayisire Pascal yakiriwe n'Abashumba ba za Paruwase,abakuru b'Itorero, abavugabutumwa n'abakirisitu bahagarariye abandi muri ADEPR  Itorero ry'Akarere ka Gasabo. Mu ijambo rye, yavuze ibintu 5 bizamufasha kwesa imihigo mu iterambere rya ADEPR Akarere ka Gasabo, ati" muri Gasabo nahabaye Umuvugabutumwa nahabaye umupasiteri kuko muri aba bashumba mubona,harimo abanyinjije mu inshingano, nka Rev Rugema na Rev Abias kugeza mbaye Umushumba,bityo, kuba nje kuyobora Akarere ka Gasabo kagizwe nama Paruwase 20, ndisanga”. Ibyo Rev. Rutayisire Pascal yahize “1.Nje nka mwene so muri Kirisitu Yesu kandi nk'umuvandimwe wanyu  nzabana nawe mu masengesho kenshi kandi imikoranire izaba imbere. Inama zanyu zizamfasha gukora ibikorwa byinshi by’i
ADEPR yasohoye amabwiriza mashya akumira abayoboke bayo kwitwara uko bishakiye no gusenya iterambere ry’Itorero

ADEPR yasohoye amabwiriza mashya akumira abayoboke bayo kwitwara uko bishakiye no gusenya iterambere ry’Itorero

Iyobokamana
Mu itorero rya ADEPR hasohotse amabwiriza mashya asaba abayoboke bayo kuyagenderaho, ibi bije nyuma  y'uruhurirane rw'ibibazo by'ingutu byagaragaye mu buyobozi bwa ADEPR bigatera abayoboke bayo guta icyizere kuri aba bayobozi bagaragaweho n'umugayo bamwe  muribo bagakurwa ku bupasitoro bakanacibwa no muri ADEPR kuko batajya ku igaburo ryera. Umunyamakuru wa impamba.com akimara kumenya iby’aya mabwiriza mashya,yabajije Rev.Karuranga Ephrem Umuvugizi wa ADEPR icyo aya amabwiriza mashya yo ku wa 16/03/2018  agamije, icyo aje gukemura ,maze agira ati" ni byo koko twashyizeho amabwiriza mashya avuguruye ashingiye no ku mirongo ya Bibiriya mu rwego rwo gukumira bimwe bitera abayoboke bamwe kwifatanya nabagira umugambi wo gusenya Itorero”. Akaba yarashimangiye ko udashoboye kuyagenderah
Umuhanzi Don Moen yavuze bimwe mu byaranze urugendo rwe mu myaka 35 akorera Imana

Umuhanzi Don Moen yavuze bimwe mu byaranze urugendo rwe mu myaka 35 akorera Imana

Iyobokamana
Don Moen Umunyamerika wamamaye mu ndirimbo zihimbaza Imana akigera mu Rwanda nk’umuntu wari utegeranyijwe amatsiko yabwiye itangazamakuru ibanga yakoresheje mu rugendo rw’umuziki we n’ibindi. Don Moen yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyabereye Park Inn iherereye mu Kiyovu mu mujyi wa Kigali. Yavuze ko afite ibyishimo byinshi kuba ageze mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere. Afite icyizere cyiza cy’uko Imana izabana nawe mu rugendo yatangiye kugirira mu Rwanda. Ashimangira ko mu bihe bitandukanye yagiye ahura n’abanyarwanda kandi ko ari beza, yongeraho ko abanyarwanda bakwiye kwishimira ko bafite igihugu cyiza. “Ndashimira abanyarwanda ko bakomeje kunsengera kandi nanjye aho ndi ndabazirikana mu masengesho yanjye. Imana izaca inzira ndabizera.” Don Moen avuga ko mu byiruka ye
Rwamagana:Korali Intumwa irishimira imyaka 24 igiye kumara itanga ubutumwa

Rwamagana:Korali Intumwa irishimira imyaka 24 igiye kumara itanga ubutumwa

Iyobokamana
Chorale Intumwa ibarizwa mu Mudugudu wa Plage muri ADEPR Paruwasi Rwamagana abaririmbyi bayo barishimira ibyo bamaze kugeraho mu gihe imaze ishinzwe Chorale Intumwa yashinzwe n’abakristu 20 basengeraga muri ADPR Rwamagana i Nyarusange mu Murenge wa Muhazi. https://www.youtube.com/watch?v=jk0_FwZ_WRY Mu ntangiriro abaririmbyi ba Chorale Intumwa bari bafite intego yo kuvuga ubutumwa, kuva yashingwa Chorale Intumwa imaze guhimba indirimbo zirenga 110 harimo indirimbo 11 z’amashusho Umwe mu baririmbyi batangije “Chorale Intumwa ari we Pasiteri Gregoire avuga ko Chorale intumwa yatangiye mu bihe byari bikomeye nyamara nubwo ingorane zari nyinshi mu ntangiriro ubu bishimira kuba barageze kuri byinshi ,kuba nawe ari pastier asanga ari imbuto za Chorale, ati “korari yatangiye mu bi
Scroll Up