Imyidagaduro

Umukobwa ushinja “Bosebabireba” kumutera inda no kumutererana yabaye umuhanzi

Umukobwa ushinja “Bosebabireba” kumutera inda no kumutererana yabaye umuhanzi

Imyidagaduro
Ruth Muhayimana umukobwa bivugwa ko yatewe inda n’umuhanzi Bosebabireba, nyuma akamwihakana ubu nawe yateye ikirenge mu cye akaba yatangiye kuririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel). Mu myaka ibiri ishize nibwo humvikanye amakuru y’uko umuhanzi wa “Gospel” Uwiringiyimana Theogene bita “Bosebabireba” yateye inda umunyeshuri witwa Ruth Muhayimana amushukishije kumufasha,ariko akaza kumwihakana no kumutererana nk’uko byagiye bitangazwa mu bitangazamakuru bitandukanye. Mu mpera z’iki cyumweru umunyamakuru wa impamba.com, yaganiriye na Ruth Muhayimana washyize Uwiringiyimana Theogene Bosebabireba ku karubanda agira ati"nyuma yo guhura n’ubuzima bukarishye kandi bunashaririye kubera gutereranwa na Bosebabireba Theogene Uwiringiyimana wanteye inda anshukishije ibikoresho by’ishuri bi
RWANDAN ARTIST RAS BANAMUNGU IS CURRENTLY BREAKING NEW GROUND IN THE WORLD OF MUSIC AND MUSIC THERAPY

RWANDAN ARTIST RAS BANAMUNGU IS CURRENTLY BREAKING NEW GROUND IN THE WORLD OF MUSIC AND MUSIC THERAPY

Imyidagaduro
IMPAMBA.COM REPORTER As recently reported in the international media, Ras Banamungu and the Det-n-ators International, originating in Rwanda, are currently breaking new ground in the world of music and music therapy.For example, Ras Banamungu's latest musical project concerns working with the Goldfields brass band;yet another unique idea from the fertile mind of the jovial Rastaman. With his latest album 'I am Messenjah' winning a second esteemed Akademia award for best reggae album of 2019, the future of Ras Banamungu and the Det-n-ators International looks very star-spangled indeed.The first Akademia of Los Angeles award was for their Spiritual rock/reggae EP, 'Let's Make Our Business Forgiveness' in 2016 . Another Banamungu brainchild, Shakkalakka Doo, blending reggae, rock,In...
Miss Josiane, aherereye he? Ese yaba atwite koko?

Miss Josiane, aherereye he? Ese yaba atwite koko?

Imyidagaduro
Ku mbuga nkoranyambaga zirimo Youtube hagaragaye amakuru avuga ko Mwiseneza Josiane yaba atwite akaba ariyo mpamvu atakigaragara mu ruhame, gusa ushinzwe guharanira inyungu ze (manager) yabihakanye avuga ko impamvu iri gutuma uyu mukobwa atagaragara muri iyi minsi ari uko ari mu kiruhuko Mwiseneza w’ imyaka 23 yamamaye kuva yatangira kwiyamamariza kuba Nyampinga w’ u Rwanda wa 2019. Miss Josiane niwe nyampinga wakunzwe cyane mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019, bituma ahabwa ikamba rya Miss Popularity 2019. Abafana bashingiye ku kuba amaze ibyumweru bibiri atagaragara mu ruhame akaba ataboneka kuri telefone no ku mbuga nkoranyambaga batangira gukeka ko yaba atwite gusa aya makuru manager wa Miss Josiane yayahakanye. Mu kiganiro “manager” w’uyu mukobwa, Sunday Justin yagiranye
Ras Banamungu’s Musical Message of Peace about to Take the World by Storm

Ras Banamungu’s Musical Message of Peace about to Take the World by Storm

Imyidagaduro
Finding my attention being drawn to the great anticipation that is filling Western Australia right now - concerning the forthcoming release of Ras Banamungu and the Det-n-ators International new album 'I am Messenjah' - I lost no time in procuring an interview with the lively Rastaman Ras Banamungu and his friend, bandmate and songwriting partner Steve Dean. As a musical project, the duo began as Abadahigwa International Movement (AIM), but later changed to Ras Banamungu and the Det-n-ators with new band members joining on their return to Australia after their original meeting in Rwanda, while both involved with a humanitarian project. As a teacher of God, Steve was impressed by how closely Ras Banamungu's Rastafarian ideals related to his own A Course in Miracles-inspired knowledge...
Mu gitaramo cy’amazina y’inka Bamporiki yagabiye inka Majimaji na Rugemintwaza

Mu gitaramo cy’amazina y’inka Bamporiki yagabiye inka Majimaji na Rugemintwaza

Imyidagaduro
Igitaramo cy’amazina y’inka cyabaye ku nshuro ya mbere kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Gicurasi 2019, Bamporiki Eduard, Umuyobozi wa Komisiyo y’Itorero ry’Igihugu yagabiye inka Nkurunziza wamenyekanye ku izina rya Majimaji na Rugemintwaza. Iki gitaramo nubwo kitabiriwe n’abantu bake, ariko abari aho wabonaga bahimbawe muri iki gitaramo cyari icy’umuco Nyarwanda, aho ababyinnyi b’Itorero Intayoberana basusurukije abantu, abakirigitananga bongeye kwerekana ubuhanga bwabo, ndetse n’abahanga mu kuvuga amazina y’inka bongera gutarama. Bamporiki Eduard mu ijambo yagejeje ku bari aho yagaragaje ko atishimiye kuba haratumiwe abantu benshi, ariko hakaza bake, yemera ko icyo gitaramo azakomeza kugishyigikira ku giti cye, ashimira uburyo igitaramo cyateguwe neza, asoza agabira inka Maji
Impamvu udakwiriye kubura mu gitaramo cy’Amazina y’Inka kuri uyu wa Gatanu

Impamvu udakwiriye kubura mu gitaramo cy’Amazina y’Inka kuri uyu wa Gatanu

Imyidagaduro
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Gicurasi 2019 muri Hill Top hotel ku masaha ya nimugoroba hazabera igitaramo kidasanzwe aho abahanga mu kuvuga amazina y’inka bazataramira abakunzi babo ku nshuro ya mbere. Nshimiyumuremyi Justin, Perezida w’ihuriro “Iriba ry’Umuco Nyarwanda” ryateguye iki gitaramo asaba Abanyarwanda kutazabura kuko uwo munsi bazerekana ibyo abantu badasanzwe bamenyereye. Bamwe mu bahanzi bazatarama kuri uwo munsi ni: Rugemintwaza, Nkurunziza wamenyekanye ku izina rya Majimaji, Gatete uzwiho ubuhanga mu kwigana amajwi, Itorero Intayoberana, Nshimiyumuremyi Justin uzavuga amazina mashya y’inka, Deo Munyakazi uzwiho gukirigita inanga, Emmy Nkwakuzi uzwiho impano nyinshi nk’iyo kuririmba, gucuranga inanga, kuyobora ibirori mu bukwe no kuvuga amazina y’inka n’abandi.
Iriba ry’Umuco Nyarwanda rizakomeza gutegura amarushanwa y’Igisoro

Iriba ry’Umuco Nyarwanda rizakomeza gutegura amarushanwa y’Igisoro

Amakuru, Imyidagaduro
Abagize Ihuriro “Iriba ry’Umuco Nyarwanda” muri uyu mwaka wa 2019 batangije amarushanwa y’Igisoro, nyuma biteganyijwe ko hazaba n’andi menshi. Nshimiyumuremyi Justin, umuyobozi w’abagize ihuriro “Iriba ry’Umuco Nyarwanda” rigwe n’abasaba abageni, abayobora ibirori (MC) cyane cyane mu bukwe, abakirigita nanga, n’abavuga amazina y’inka, yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko amarushanwa y’Igisoro yasorejwe i Nyabugogo tariki ya 24 Gicurasi 2019 ari intangiriro ko azakomeza kubaho ndetse akitabirwa n’abantu benshi. Mu bakinnyi bane bageze ku mukino wa nyuma, umwanya wa mbere wegukanwe na Paul naho uwa kabiri aba Uwitonze Simon uzwi ku izina rya Mwenezihuranye. Aya marushanwa y’Igisoro yari amaze ukwezi n’igice , akaba yarahereye ku Kimisagara yitabirwa n’abakinnyi 16 nyuma y
Hagiye kuba igitaramo cy’inkera y’amazina y’inka, Majimaji ni umwe mu bazatarama

Hagiye kuba igitaramo cy’inkera y’amazina y’inka, Majimaji ni umwe mu bazatarama

Amakuru, Imyidagaduro
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba igitaramo kidasanzwe aho abafite buhanga mu kuvuga amazina y’inka bazagaragaza ubuhanga bwabo, mu bategerejwe kuri uwo munsi ni umutahira uzwi ku izina rya Majimaji. Iki gitaramo cyiswe “Inkera y’amazina y’inka” kizaba tariki ya 31 Gicurasi muri Hill Top mu Mujyi wa Kigali. Bamwe mu batahira bazwi bazagaragara muri icyo gitaramo harimo: Rugemintwaza, Majimaji, Emmy Nkwakuzi n’abandi bakunze kugaragara ahantu hatandukanye mu gihe cy’imisango yo gusaba no gukwa bavuga amazina y’inka.   Umwe mu bategura iki gitaramo wavuganye n’ikinyamakuru impamba.com yavuze ko kuri uwo munsi hazabaho no kubyina aho amatorero akomeye azabyinira abazitabira icyo gitaramo. Rimwe mu matorero ngo ashobora kugaragara mu gitaramo cy’Inkera y’Amazina
Alain Muku arasaba abakunzi be guhora biyubutsa indirimbo ze

Alain Muku arasaba abakunzi be guhora biyubutsa indirimbo ze

Imyidagaduro
Umuhanzi Alain Mukurarinda uzwi cyane ku izina rya Alain Muku, arasaba abakunzi be bo mu Rwanda n’abo mu mahanga guhora biyibutsa indirimbo ze, kuko ubu afite umwanya wo gutaramana nabo. Imwe mu ndirimbo ya Alain Muku ikunzwe muri iyi minsi ni iyitwa “TONA”, imaze kurebwa kuri YouToube n’abasaga ibihumbi 29. Mu kiganiro Alain Muku yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Gicurasi 2019, yagize ubutumwa ageza ku bakunzi be, ati “icyo mbasaba ni ukwiyibutsa indirimbo zanjye kugira ngo mu minsi iri imbere tuzataramane agati gaturike kuko ubu aho mviriye mu kazi k’ubushinjacyaha akanya karabonetse”. https://www.youtube.com/watch?v=vawnxvcA2a4&list=RDvawnxvcA2a4&start_radio=1 Indirimbo Tona ya Alain Muku ikunzwe muri iyi minsi ikubiyemo ubutumw
Abahanzi banga kwandikisha indirimbo kugira ngo bakwepe imisoro- Sibomana

Abahanzi banga kwandikisha indirimbo kugira ngo bakwepe imisoro- Sibomana

Imyidagaduro
Sibomana Jean Bosco uzwi ku izina ry'ubuhanzi rya Dr Scientific asanga mu bituma umuziki wo mu Rwanda udatera imbere ari uko abahanzi batandikisha ibihangano byabo mu Kigo cy'Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), ibyo agasanga bikorwa mu rwego rwo gukwepa imisoro. Sibomana, ibi yabitangaje nyuma y’uko bamwe mu bahanzi bakunze kuvuga ko Leta itabafasha ngo batere imbere. Uyu muhanzi avuga ko nta muhanzi ukwiriye kuvuga ko nta cyo Leta imufasha mu gihe nawe ahunga imisoro. Sibomana ubusanzwe ukora akazi k’ubuvuzi bwa gakondo, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com, yagize ati “uhunga imisoro igihugu nticyamumenya cyangwa se kimugirire akamaro”. Yakomeje agira ati “ubu umuhanzi ashora amafaranga menshi ntayagaruze kubera kutagira ubuvugizi”. Uyu muhanzi akaba n’umu