Imyidagaduro

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi

Bruce Melodie aracyafungiye i Burundi

Imyidagaduro
Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, yemeje ko umuhanzi w’Umunyarwanda Bruce Melodie agifunze ngo hakaba hari abayobozi mu Burundi batishimiye ifungwa rye. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi n’Umutekano mu Burundi, Pierre Nkurikiye, mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Nzeri 2022, yabwiye BBC ko uyu muhanzi w’Umunyarwanda agifunze. Yatangaje ibi nyuma yuko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 hari hakwirakwiye amakuru avuga ko Bruce Melodie yarekuwe. Bruce Melodie wagiye mu Burundi ku butumire bw’igitaramo yagombaga kuririmbamo, yatawe muri yombi amaze kugera muri iki Gihugu aho yari yabanje kwakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’indege. Amakuru avuga ko Bruce Melodie yafashwe n’abashinzwe umutekano mu Gihugu cy’u Burundi ashinjwa ubutekamutwe. Uyu muhan
Huye: Indirimbo ya kabiri y’Umuhanzi Muziranenge Prosper igiye kujya hanze

Huye: Indirimbo ya kabiri y’Umuhanzi Muziranenge Prosper igiye kujya hanze

Imyidagaduro
Umuhanzi Muziranenge Prosper, ukorera mu Mujyi w’Akarere ka Huye muri uku kwezi kwa Kamena 2021, azashyira ahagaragara indirimbo y’amajwi yise “Kubera Imana” naho iy’amashusho (video) ikazajya ahagaragara muri Nyakanga uyu mwaka. Iyi ndirimbo (Kubera Imana) ya Muziranenge izajya ahagaragara ari iya kabiri nyuma y’indi yashyize hanze umwaka ushize wa 2020 yise “Urera Mana”. https://www.youtube.com/watch?v=PFFnPFxeb4c Ubwo ikinyamakuru IMPAMBA cyabazaga uyu muhanzi wahisemo kuririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel music) ubutumwa bukubiye mu ndirimbo “Kubera Imana” yasubije ati “ivuga ko abakristu cyangwa umuntu usenga afite agaciro kubera Imana kuko Imana ariyo ituyobora mu buzima bwa buri munsi”. Iyi ndirimbo y’ibitero bine, na none igenda inagaragaza ikintu cyo gushimir
Leta nidohorere abahanzi Nyarwanda bongere kwemererwa gususurutsa abantu mu birori kuko babuze akazi

Leta nidohorere abahanzi Nyarwanda bongere kwemererwa gususurutsa abantu mu birori kuko babuze akazi

Imyidagaduro
Abahanzi Nyarwanda bavuga amazina y’inka, bayobora ibirori ndetse bacuranga no mu bukwe barasaba Leta kudohora abakora ubukwe bakemererwa kwiyakira hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Cororavirus (COVID-19) kuko byabagizeho ingaruka nyinshi ku mibereho yabo. https://www.youtube.com/watch?v=rDp-O6UCPq0&t=8s Ikinyamakuru impamba.com cyasuye abahanzi Nyarwanda batandukanye bavuga ko ubu imibereho yabo n’imiryango yabo ari mibi ku bwo kuba ibirori bitandukanye bitemewe kubera kwirinda COVID-19. Umwe mu bahanzi wavuganye n’umunyamakuru wanze ko amazina ye atangazwa aratakamba kugira ngo abahanzi bongere kubona akazi kuko ari bo bagira uruhare mu gusigasira umuco n’indangagaciro Nyarwanda. Ikinyamakuru impamba.com cyegereye umuhanzi Ntugurirwa Emmanuel avuga ko CO
Umuhanzi Muziranenge Prosper ati “kuririmba indirimbo z’Imana nubwo amafaranga ataboneka sinzabireka”

Umuhanzi Muziranenge Prosper ati “kuririmba indirimbo z’Imana nubwo amafaranga ataboneka sinzabireka”

Imyidagaduro
Muziranenge Prosper,umuhanzi akaba n’umuganga muri imwe muri za “Pharmacie” zikorera mu Mujyi wa Huye, avuga ko umuhamagaro we ushingiye mu kuririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel music) ndetse akaba ari nta gahunda afite yo kubireka kuko Imana yamukoreye ibikomeye mu buzima bwe imukiza indwara bamwe bavuga ko zishingiye ku marozi. https://www.youtube.com/watch?v=PFFnPFxeb4c Muziranenge Prosper yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko yatangiye kuririmba muri Korali muri 2002, mu rusengero rwa ADEPR i Nyakarambi mu Karere ka Kirehe aho yaririmbaga muri Korali y’urubyiruko yitwa Inshuti y’Imana,ati “niyo nakundiyemo kuririmba cyane”. Indirimbo ye yashyize ahagaragara ni imwe,ikaba yitwa “Urera Mana” yagiye ahagaragara muri 2020,ariko yari yatangiye gukora n’izindi ebyiri ari
Abahanzi bashaka indirimbo zo kugura habonetse umuntu uzi kwandika indirimbo nziza zatwara ibihembo

Abahanzi bashaka indirimbo zo kugura habonetse umuntu uzi kwandika indirimbo nziza zatwara ibihembo

Imyidagaduro
Ubundi kugira ngo umuhanzi agire indirimbo nziza zishobora gutwara ibihembo ni uko agomba kuba afite umuntu uzi kwandika indirimbo nziza hakiyongera Producer mwiza ndetse na “Manager” mwiza bityo abo bantu bagira uruhare rukomeye mu gutuma umuhanzi aririmba indirimbo nziza. Mu Rwanda havugwa abantu bacye bazi kwandika indirimbo kandi n’umwuga watunga abantu babishoboye kuko ubu abahanzi ni benshi ariko abahanzi b’indirimbo ni bake cyane. Kuri ubu mu Rwanda habonetse umuntu uzi kwandika indirimbo akaziha abahanzi bakaririmba indirimbo zishobora kuzamura urwego rwabo uwo akaba yitwa Gatera Stanley akaba ari n’umunyamakuru. Ni umunyamakuru ubifitemo uburambe ariko kuva kera akunda imyidagaduro “Entertainment” yafashije abahanzi benshi kubateza imbere ku buryo ibyo kwandika indiri
Imihango y’Ubukwe bwa Kinyarwanda ayigereranya no Guterekera

Imihango y’Ubukwe bwa Kinyarwanda ayigereranya no Guterekera

Imyidagaduro
Nshimiyumuremyi Justin, Perezida w’Ihuriro ry’abahanzi bavuga amazina y’inka mu bukwe no kuyobora Ibiro ryitwa “Iriba ry’Umuco Nyarwanda”, akaba n’Umuyobozi wa Kampani yitwa “Umutsakura” asanga imihango y’ubukwe bwa Kinyarwanda yayigereranya no Guterekera, aho yatanze urugero rw’uburyo bakwa umugeni amafaranga ariko mu bukwe bakavuga Inka kandi ntayihari. Gusa yatangaje ko imihango yose yabaga mu bukwe mbere ya COVID-19 yari ingenzi kuko biri mu gusigasira umuco Nyarwanda nubwo wenda bidakorwaga nk’ibya kera. Nshimiyumuremyi yagize ati “biriya bintu byari ngombwa kandi n’ubu ni ngombwa kuko biriya bigaragaza umuco, ntabwo tuvuga ko bikorwa nk’uko kera byakorwaga, ariko byanze bikunze n’ubundi reka tubyite nko Guterekera, reka tuvuge ko tudakora iby’umuco neza ahubwo tuvuge ko Dut
Umuhanzi Dr Scientific arakangurira abatuye Isi kwiyegurira Imana

Umuhanzi Dr Scientific arakangurira abatuye Isi kwiyegurira Imana

Imyidagaduro
Sibomana Jean Bosco uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Dr Scientific nubwo yamenyekanye cyane mu buvuzi bwa gakondo, ariko nyuma yasanze agomba kububangikanya n’ubuhanzi, nyuma y’indirimbo yahimbye zivuga ku buzima busanzwe yatangiye no guhimba izihimbaza Imana (Gospel music) ubu indirimbo ye igezweho ni iyitwa  'Karibu kwa Yesu” irimo ubutumwa bukangurira abatuye Isi kwiyegurira Imana kuko bimaze kugaragara ko benshi bagiye kure yayo. Mu kiganiro n’ibinymakuru bitandukanye, Dr Scientific yavuze ko yasanze abatuye Isi bariraye bajya kure y'Imana. Uyu muhanzi yagize, ati "iyi ndirimbo “Karibu kwa Yesu” nayikoze nshaka gutanga ubutumwa mbinyujije muri iyi ndirimbo kuko abatuye isi bari bariraye, bajya kure y'Imana, bajya mu irari ry'ibinezeza n’irari ry'imibiri yabo". Ikindi yavuze n
Ras Banamungu yahishuye ko Coronavirus yamubujije kuririmbira muri Amerika

Ras Banamungu yahishuye ko Coronavirus yamubujije kuririmbira muri Amerika

Imyidagaduro
Ras Banamungu umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda baba muri Australia mu buryo bw’akazi ndetse no mu buryo bwa muzika, yahishuye ko yagombaga kuririmbira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byicwa na Coronavirus. Yatangarije INYARWANDA ubuzima abayemo avuga ko umuziki we utazasubira inyuma, asaba buri wese kwirinda no gukumira Covid-19. Indirimbo nka My Sunshine kimwe n’ibihembo yahawe bimuha impamvu yo kuvuga ko ari umwe mu bahanzi bamaze kubaka izina rikomeye haba mu Rwanda ndetse no mu gihugu cya Australia atuyemo. Mu kiganiro na INYARWANDA yavuze kuri muzika ye ndetse yemeza ko muzika idashobora guhagarara. Ni umwe mu bahanzi bagombaga kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gitaramo Gala Fest, gisanzwe kiba ngaruka mwaka mu buryo bwo gufasha abahanzi bahawe ibihembo bitandukanye
Dr Scientific yashyize ahagaragara indirimbo y’urukundo yise “Tonight”

Dr Scientific yashyize ahagaragara indirimbo y’urukundo yise “Tonight”

Imyidagaduro
Sibomana Jean Bosco uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Dr Scientific yashyize ahagaragara indirimbo y’urukundo yise "Tonight" irimo ubutumwa bugamije kwigisha abantu gufata umwanya bakaruhura ubwonko bwarushye kukoba babakoze cyane no gufata umwanya bagasohokana abakunzi babo  bakagira icyo babakorera cyo kubatungura (surprise). Iyi ndirimbo “Tonight” irumvikana no ku rubuga rwa YouTube rwa Dr Scientific, ikaba yagiye ahagaragara kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe 2020. Mu kiganiro n’ikinyamakuru impamba.com Dr Scientific yagize ati “njyewe nk’umuhanzi Dr.scientific nshimira inshuti za muzika Nyarwanda uburyo zikunda muzika nyarwanda, uyu mwaka wa 2020   ni uwo gukora cyane duharanira ibyaduteza imbere nk’abenegihugu”. Sibomana na none arashimira inshuti ze zose uburyo zidahw