Imikino

Abashinzwe imikino y’abafite ubumuga bagiye gukorera ku mihigo

Abashinzwe imikino y’abafite ubumuga bagiye gukorera ku mihigo

Imikino
Mu nteko rusange ya Komite y’Igihugu y’Imikino y’abantu bafite ubumuga (NPC Rwanda) yateranye kuri uyu wa Gatandatu, bimwe mu byemejwe harimo kuba abashinzwe imikino mu turere bagiye kujya bahiga. Murema Jean Baptiste Perezida wa NPC Rwanda yabwiye abanyamakuru ko buri gace k’u Rwanda gashobora kugira umukino gateza imbere kandi ugahiga iyindi.Aha yatanze urugero nko mu Karere ka Rubavu aho umukino wo koga ushobora guhabwa imbaraga ugakomera ku rwego rw’igihugu, kimwe n’uko mu Karere ka Gicumbi umukino wo gusiganwa ku maguru (athletics) ushobora kwitabwaho hakajya havayo abakinnyi bakomeye. Rugwiro Audace ukuriye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’igingo (Football amputee) we yavuze ko icyo azahiga ari ukugira abakinnyi bakomeye bahatana ku rwego mpuza
FERWAFA yabonye umuyobozi mushya

FERWAFA yabonye umuyobozi mushya

Imikino
Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, (FERWAFA), muri manda y’imyaka ine atsinze Rurangirwa Louis bari bahanganiye uyu mwanya. Aya matora yo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Werurwe 2018, abaye asubiyemo nyuma y’aho abanza yari yabaye ku wa 30 Ukuboza 2017 yarangiye habuze utsinze hagati ya Nzamwita Vincent De Gaulle na Rwemalika Félicité. Brig. Gen. Sekamana wari uherutse gusezererwa mu gisirikare, yatsinze ku majwi 45 mu gihe Rurangirwa bari bahanganye yagize amajwi arindwi, imfabusa iba imwe. Abanyamuryango 53 nibo batoye, aho mu gutora hinjiraga umuntu umwe umwe mu bwihugiko agatora batamureba akazana urupapuro rw’itora mu gakangara kabugenewe imbere ya komisiyo y’itora. Ubwo yiyamamazaga, Sekamana yavuze k
Abakinnyi bo mu bindi bihugu baturusha kwitegura-Hakizimana

Abakinnyi bo mu bindi bihugu baturusha kwitegura-Hakizimana

Imikino
Ikipe y’u Rwanda iherutse kwitabira shampiyona y’isi yabereye muri Espagne iba iya 16, Hakizimana John witabiriye aya masiganwa avuga ko icyo abandi babarusha ari ukwitegura. Ubwo ikinyamakuru impamba.com cyabazaga John Hakizimana icyo abandi bamuje imbere bamurusha, yasubije ati “barandusha kwitegura kuko hari aho byageze muri 10km ndi imbere ndetse kugera nko muri cumi na bitatu, bandusha imyitozo”. Gusa uyu mukinnyi yavuze ko ibihe yagize byari byiza, nk’uko yabibwiwe n’abatoza batandukanye b’imikino ngororamubiri (athletics). Abakurikiranira hafi iby’iyi mikino bemeza ko nubwo abakinnyi bagize ibihe byiza, ariko mu rwego rw’imyanya ari ubwa mbere baje ku mwanya mubi. Umwe yagize ati “Nta bwo u Rwanda rurarenga ku mwanya wa 11 mu mikino yose, yaba Cross Country cyangwa H
Buri mukobwa ukinira ikipe y’Igihugu y’abafite ubumuga yagenewe miliyoni eshatu

Buri mukobwa ukinira ikipe y’Igihugu y’abafite ubumuga yagenewe miliyoni eshatu

Imikino
Buri mukobwa wakiniye ikipe y’Igihugu ya Sitting Volleyball mu guhatanira itike yo kwitabira shampiyona y’Isi izabera mu Buholande muri Nyakanga 2018, Minisiteri ya Siporo n’Umuco iherutse kumuha amafaranga y’agahimbazamusyi (prime) gahwanye na miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (3,000,000Frs). Aba bakinnyi bahawe ayo mafaranga nyuma y’uko abahungu begukanye umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika yabereye mu Rwanda umwaka ushize, bo buri umwe yari yagenewe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda. Bamwe muri aba bakinnyi ba Sitting Volleyball batangarije ikinyamakuru impamba.com ko aya mafaranga azabafasha mu iterambere ryabo kuko ari ubwa mbere bahawe amafaranga angana gutyo. Ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball yabonye itike yo gukina shampiyona y’isi nyuma yo gu
Ikipe y’u Rwanda ya Taekwondo yaserukanye ishema muri Maroc

Ikipe y’u Rwanda ya Taekwondo yaserukanye ishema muri Maroc

Imikino
Ikipe y’u Rwanda ya Taekwondo na Parataekwondo yaserukanye ishema mu mikino ya Afurika ibera muri Maroc yegukana imidali ku munsi wa mbere. Muri aba bakinnyi umwe mu bafite ubumuga yegukanye umudali wa zahabu ari we Rukundo Consolée nk’uko ikinyamakuru impamba.com kibikesha Bagabo Placide Umuyobozi w’Ishyirahamwe rya Taekwondo mu Rwanda. U Rwanda rwatangiye rwegukana imidali 11 Para-Taekwondo (Taekwondo ikinwa n’abafite ubumuga) Rukundo Consolee (Gold/Zahabu) Bizumuremyi Jean Marie Vianney (Umuringa/Bronze) Jean de la Croix Nikwigize “Bronze” Mu kwiyereka (Pumsae) Uwayo Clarisse: Bronze 2 Kayitare Benon : 1 bronze + 1 silver (Ifeza) Boniface Mbonigaba : 1 bonze + 1 silver Bagire Allain Irene: 1 bronze Martin Koonce : 1 bronze Iyi mikino izasozwa k
Mu batoza ba Handball mu Rwanda hahembwa mbarwa, menya ingaruka bifite kuri uyu mukino

Mu batoza ba Handball mu Rwanda hahembwa mbarwa, menya ingaruka bifite kuri uyu mukino

Imikino
Mu batoza ba Handball mu Rwanda mu makipe atandukanye bake ni bo bafite umushahara uhoraho abandi bagenerwa agahimbazamushyi nk’intica ntikize, bikaba bifite ingaruka kuri uyu mukino wageze mu Rwanda kuva mu mwaka wa 1983. Amakuru atangazwa n’umwe mu batoza ba Handball mu Rwanda, ariko wanze ko amazina ye atangazwa, avuga ko abatoza bahembwa ari ab’amakipe ashingiye kuri Leta. Bamwe muri abo batoza bahembwa harimo Bagirishya Anaclet utoza APR Handball Club, akaba ahembwa amafaranga agera mu bihumbi Magana ane, ariko nawe umutoza we wungirije Munyangondo Jean Marie Vianney akaba we ashobora kuba nta mushahara agira uhoraho ahubwo ajya agenerwa agahimbazamusyi rimwe na rimwe. Undi mutoza uhembwa mu buryo buhoraho ni Dismas Turatsinze utoza ikipe ya Polisi ya Handball akaba ahemb
Umukino wa Squash umaze imyaka 31 mu Rwanda utazwi

Umukino wa Squash umaze imyaka 31 mu Rwanda utazwi

Imikino, Mu Rwanda
Umukino wa Squash ujya gukinwa nka Tennis ariko wo ukaba ukinirwa mu nzu umaze mu Rwanda imyaka 31 n’umwe, ariko ntuzwi. Uyu mukino ukinirwa muri Cercle Sportif de Kigali mu Rugunga ari naho watangiriye mu mwaka wa 1987 uzanywe n’Ababiligi. Nshimiyimana Jean Pierre, umutoza wa Squash muri Cercle Sportif de Kigali, avuga ko asanga impamvu uyu mukino utarigeze umunyekana n’abawuzanye babigizemo uruhare ati “bimwe mu bituma uyu mukino utameyekana hari kuba ukinwa n’abantu ku giti cyabo (individual), gukinirwa mu nzu, kuba ukinwa n’abantu bake ndetse n’Ababirigi bawuzanye bashakaga gukina ku giti cyabo”. Jean Pierre yemeza ko mu biguhugu bikoresha Icyongereza ariho umukino wa Squash wateye imbere. Mu rwego rwo guteza imbere umukino wa Squash ikigo cya Cercle muri 2013 cyubatse
Amafoto: Ibintu 12 ushobora kuba utazi ku Mujyi wa Rio de Janeiro muri Brazil

Amafoto: Ibintu 12 ushobora kuba utazi ku Mujyi wa Rio de Janeiro muri Brazil

Imikino
Mu gihe cy’imikino Paralempike, umunyamakuru w’impamba.com yasuye tumwe mu duce two mu mujyi wa Rio de Janeiro muri Brazil ndetse aganira n’umwe mu baturage baho, avuga bumwe mu buzima babamo. Igihugu cya Brazil kibarizwa muri Amerika y’Amajyepfo, kigaragaramo abakire ndetse kikabamo n’abakene bakora imirimo iciriritse nko gucuruza imyenda ahahurira abantu benshi, gucuruza ibigori ku muhanda n’indi. 1.    Ishusho ya Yezu/Yesu muri Brazil yahuruje amahanga Kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko Abakristu Gatulika aribo biganje muri Brazil  mu Mujyi wa Rio de Janeiro ni ishusho nini ya Yezu cyangwa se Yesu iri ku musozi wa Corcovado ku buryo abantu bageze muri Brazil baharanira gutaha basuye iyo shusho. Iyi shusho ni nini hafi yayo hari n’ahantu hato basengera (chapelle) ku buryo
Umukinnyi wa APR arasaba abayobozi kwirinda gukoresha siporo mu gukora ibinyuranye n’amahame y’Igihugu

Umukinnyi wa APR arasaba abayobozi kwirinda gukoresha siporo mu gukora ibinyuranye n’amahame y’Igihugu

Amateka y'abakinnyi, Imikino
Hakizimana Gervais umukinnyi w’ikipe ya APR y’imikino ngororamubiri (Athletics), ariko witoreza mu Bufaransa, arasaba bamwe mu bayobozi b’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF) kwirinda gukoresha siporo mu bitemewe n’amategeko. Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com, ubwo yavugaga ku cyerekezo cy’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda, Hakizimana waje mu Rwanda kuhasoreza umwaka wa 2016 no kuhatangirira uwa 2017, yagize ubutumwa ageza kuri Minisiteri ishinzwe siporo mu Rwanda (MINISPOC), ati “MINISPOC ikurikirane Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda irebe ko ikora inshingano zayo neza igendeye ku mihigo yahize, Athletisme y’u Rwanda ntikwiye kuba akarima k’umuntu umwe, irebe n’abifashisha Athletisme bagakora ibinyuranye n’amahame y’Igihugu, bamwe batotez
Muvunyi Hermas umaze kwegukana imidali isaga 15 ni muntu ki?

Muvunyi Hermas umaze kwegukana imidali isaga 15 ni muntu ki?

Amateka y'abakinnyi, Imikino
Amazina: Muvunyi Hermas Cliff Aho yavukiye:Kamonyi  muwa 1988 Amashuri abanza: Kamonyi Ayisumbuye: SFN Aho akunze gusohokera: Kibuye Ibiro: 59 Ibyo yize: Ubuhinzi (Agronomie) Icyo akunda: Siporo (gusiganwa ku maguru na Volleyball) Icyamushimishije: Kwegukana umudali w’isi muri 800m Icyamubabaje: Kutajya mu mikino Paralempike ya 2008 i Pekin mu Bushinwa Uburebure: 1, 76 Umukinnyi yemera: Mousa Umutoza yemera: Karasira Eric Ubutumwa: Gukomeza kumuba hafi. Muvunyi Hermas Cliff, umukinnyi w’Umunyarwanda wamamaye mu mikino ngororamubiri mu bafite ubumuga, akaba afite n’ibihe (Minima) bimwemerera kwitabira imikino Paralempike izabera i Rio muri Brazil umwaka utaha wa 2016, mu kiganiro n’ikinyamakuru Impamba.com yavuze ibigwi bye byo muri siporo n’ubu