Imikino

Commonwealth Games: Aho abakinnyi b’Abanyarwanda bageze mu myiteguro

Commonwealth Games: Aho abakinnyi b’Abanyarwanda bageze mu myiteguro

Imikino
Imikino ihuza ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth Games) y’uyu mwaka izatangira tariki ya 28 Nyakanga kugeza tariki 8 Kanama 2022 mu Mujyi wa Birmingham mu Bwongereza, hakaba hakomeje kwibazwa icyo u Rwanda rwaba rukora kugira ngo ruzayitwaremo neza. Théogène Uwayo Umuyobozi wa Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR), aratangaza ko Abanyarwanda biteguye ku buryo bwose bushoboka kugira ngo barebe ko babona umwanya ushimishije. Uyu muyobozi yagize ati “ntitwibwira ko tuzaba aba mbere cyangwa aba kabiri mu bihugu byose bya Commonwealth kuko ni ibihugu byinshi ariko twizera ko dushobora kubona umwanya ushimishije. Abakinnyi bariteguye neza bari ku murongo kandi biteguye guhatana n’abandi”. Munezero Valentine ntazitabira iyi mikino ariko we na mugenzi we Penelope Musabyimana
Umunyamabanga wa “Football” y’afite ubumuga ku Isi yashimiye u Rwanda, amahirwe ataragirwa n’ikindi Gihugu

Umunyamabanga wa “Football” y’afite ubumuga ku Isi yashimiye u Rwanda, amahirwe ataragirwa n’ikindi Gihugu

Imikino
Simon Baker Umunyamabanga Mukuru w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi mu ruzinduko rw'iminsi itanu yashimiye Ishyirahamwe rishinzwe uyu mukino mu Rwanda (RAFA) arigenera inyemezabumenyi (Certificate). Rugwiro Audace, Perezida wa RAFA yatangarije ikinyamakuru IMPAMBA ko iyo 'Certificate' u Rwanda rwahawe ivuze ikintu gikomeye kuko nta kindi gihugu ku Isi cyashoboye kubona ayo mahirwe kuko mbere bitakorwaga. Ishyirahamwe rya “Football Amputee” mu Rwanda ryahawe iyo nyemezabumenyi (Certificate) kubera ibikorwa ryakoze by'indashyikirwa nko kugira ibyiciro bitandukanye bikina umupira w'Amaguru ku bafite ubumuga. “Rwanda Amputee Football Association (RAFA)” ifite abakina umupira w’amaguru nko mu cyiciro cy'abana, abakuru n'abagore hakiyongeraho Shampiyona y'igihugu aho iya
Amagare: Murenzi Abdallah agiye kwiyamamariza kuyobora FERWACY ari umukandida umwe, Minisiteri ya Siporo irashinjwa kubigiramo uruhare

Amagare: Murenzi Abdallah agiye kwiyamamariza kuyobora FERWACY ari umukandida umwe, Minisiteri ya Siporo irashinjwa kubigiramo uruhare

Imikino
Murenzi Abdallah niwe uziyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ari umukandida umwe rukumbi mu matora agomba kuba Kucyumweru tariki ya 29/05/2022, mu gihe ubwo hatangwaga kandidatire uwo mwanya yawuhataniraga na Rwabusaza Thierry.   Kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Gicurasi 2022 nibwo hiriwe amakuru avuga ko Rwabusaza Thierry wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY ndetse akaba n’umubitsi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ko Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo yamutegetse kuvanamo kandidatire ye kugira ngo Murenzi Abdallah aziyamamaze ari umukandida umwe rukumbi. Nyuma yo kumva aya makuru ikinyamakuru IMPAMBA.COM cyabajije Shema Maboko Didier Umunyamabanga Uhoraho wa Minisiteri ya Siporo avuga ko ayo makuru nta
Amagare: Bamwe mu bayobozi b’amakipe barinubira gutumirwa mu irushanwa ku munota wa nyuma

Amagare: Bamwe mu bayobozi b’amakipe barinubira gutumirwa mu irushanwa ku munota wa nyuma

Imikino
Bamwe mu bayobozi b’amakipe y’umukino w’amagare mu Rwanda barinubira ko batinze kumenyeshwa irushanwa batumiwemo ryo Kwibuka rigomba kuba kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gicurasi 2022 mu Muyi wa Kigali. Nk’uko ikinyamakuru IMPAMBA.COM kibikesha ubutumire bwatanzwe n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ni uko bwanditswe tariki ya 16 Gicurasi mu gihe itariki ntarengwa yo kuba amakipe yamaze gutanga lisite y’abakinnyi byari kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Gicurasi 2022, ariko byarangiye bitubahirijwe, aho byageze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gicurasi 2022 ku masaha ya nimugoroba lisite y’amakipe azitabira itaratangazwa. Bamwe mu bayobozi b’amakipe bavuga ko bitumvikana uburyo batungujwe irushanwa kandi kugira ngo umukinnyi yitabire bisaba imyiteguro ihagize yaba mu
Cricket:IPRC Kigali na Zonic Tigers zegukanye ibikombe bya shampiyona

Cricket:IPRC Kigali na Zonic Tigers zegukanye ibikombe bya shampiyona

Imikino
Icyiciro cya mbere cya shampiyona ya Cricket cyakinwe kuri iki Cyumweru tariki ya 15 Gicurasi 2022 aho Zonic Tigers CC yatwaye igikombe cya shampiyona itsinze Kigali CC amanota 217 kuri 112 naho mu cyiciro cya kabiri igikombe cyatwawe na IPRC Kigali. Zonic Tigers CC ni yo yatsinze toss ihitamo kubanza gukora “batting” ishyiraho amanota 217 havuyemo abantu 4 (4 wickets). Kigali Cricket Club ntiyabashije gukuraho agahigo kari kashyizweho na Zonic kuko yashyizeho amanota 112 Zonic ikaba yakuyemo abakinnyi bose ba Kigali Cricket Club (10 All out Wickets). Asaba Bryan wa Zonic ni we wabaye umukinnyi mwiza w’umukino, anashyiraho amanota 120 mu dupira 60 yakinnye. Ku rundi ruhande, IPRC Kigali Cricket Club yatwaye igikombe cy’icyiciro cya kabiri itsinze Right Guards amanota 15
Table Tennis: Abakinnyi baserukiye u Rwanda mu buryo bugoye, ariko bihagararaho

Table Tennis: Abakinnyi baserukiye u Rwanda mu buryo bugoye, ariko bihagararaho

Imikino
HAHIRWABASENGA Didier na NIYONIZIGIYE Eric hamwe na ISHIMWE François Regis wagiye ari umuyobozi wa delegasiyo, ariko bikarangira nawe abaye umukinnyi kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Gicurasi 2022 nibwo bageze mu Rwanda bavuye muri Ethiopia mu irushanwa rya Afurika ryiswe “Regional Qualification for 2022 Africa Senior Championship”, aho begukanye umwanya wa kane kandi baragiye mu buryo bugoye. Ikipe y’u Rwanda yatsinze Eritrea na Seychelle, naho mu guhatanira umwanya wa gatatu n’uwa kane Uganda ibarusha inota rimwe, u Rwanda ruhita ruba urwa kane mu bihugu 9 byitabiriye iri rushanwa. HAHIRWABASENGA Didier yabwiye abanyamakuru ko ari irushanwa bitabiriye bwa mbere ariko nubwo bagiye mu buryo bugoye ariko baranzwe n’ishyaka aho umwe yabaga umukinnyi agahindukira akaba umutoza.
Bugesera Women Sitting Volleyball Club irerekeza i Rubavu, intego ni ukuzana igikombe

Bugesera Women Sitting Volleyball Club irerekeza i Rubavu, intego ni ukuzana igikombe

Imikino
Ikipe y’abagore ya Bugesera ya Sitting Volleyball, irerekeza mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu gukina imikino ya nyuma (final) izaba kuri uyu wa Gatandatu kugeza Kucyumweru tariki ya 8 Gicurasi 2022, ari na bwo ikipe ya mbere izahabwa igikombe. Ndamyumugabe Emmanuel, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Imikino y’abafite ubumuga mu Karere ka Bugesera (BDSA) akaba n’umutoza wa Sitball na Sitting Volleyball yatangarije ikinyamakuru IMPAMBA.COM ko ajya i Rubavu afite intego yo gutwara igikombe kuko ibyiciro (phase) byose byabanje batsinze ari aba mbere. Ikipe y’abakobwa ya Bugesera ni yo yegukanye umwanya wa mbere muri shampiyona yabaye tariki ya 28 kugeza 29 Ugushyingo 2021 yabereye ku kibuga cya Bugesera, yongera gutwara umwanya wa mbere tarki ya 18-19 Ukuboza 2021 mu mikino yabereye
Football Amputee: Ikipe ya Huye yegukanye Shampiyona ya 2021-2022

Football Amputee: Ikipe ya Huye yegukanye Shampiyona ya 2021-2022

Imikino
Ikipe ya Huye yegukanye Shampioyona y’Igihugu y’umupira w’amaguru ku bafite ubumuga bw’ingingo (Football Amputee) irusha inota rimwe ikipe y'Akarere ka Musanze na yo iri mu makipe akomeye muri uyu mukino kuko ari yo ifite igikombe cy’irushanwa rya “Football for all league) cya 2018. Iyi Shampiyona yakinwe mu byiciro (phase) bine, itangira tariki ya 23 Ukwakira 2021. Rugwiro Audace, Perezida wa Rwanda Amputee Football Association (RAFA) mu kiganiro n’ikinyamakuru IMPAMBA.COM kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gicurasi 2022 yashimiye amakipe yose yitabiriye iyi shampiyona, ashimira na none by’umwihariko CICR yemeye kubatera inkunga kugira ngo iyi mikino igende neza. Uko imikino yagenze mu mpera z’icyumweru HUYE 4-1 NYAMASHEKE MUSANZE 0-0 NYARUGENGE RUBAVU 4-2 NYAMASHE
Table Tennis: Abakinnyi 2 baserukiye u Rwanda mu mikino ya Afurika

Table Tennis: Abakinnyi 2 baserukiye u Rwanda mu mikino ya Afurika

Imikino
HAHIRWABASENGA Didier na NIYONIZIGIYE Eric baserukiye u Rwanda mu marushanwa ya Tennis ikinirwa ku meza (Table Tennis) yo ku rwego rwa Afurika abera muri Ethiopia yiswe “Regional Qualification for 2022 Africa Senior Championship”. Nk’uko ikinyamakuru IMPAMBA.COM kibikesha ubuyobozi bw’Ishyirahamwe rya “Table Tennis” mu Rwanda, ni uko aba bakinnyi bahagurutse i Kigali kuri uyu wa Gatatu saa cyenda mu gihe amarushanwa agomba gutangira kuri uyu wa Kane tariki ya 5 kugeza ku wa 8 Gicurasi 2022. Bahati Innocent Visi Perezida wa “Rwanda Table Tennis Federation (RTF) atangaza ko hatoranyijwe abakinnyi babiri bagomba guserukira u Rwanda hashingiwe ku irushanwa ryateguwe n’umutoza Cedrick mu gihe cy’amahugurwa y’abatoza yabaye tariki ya 17 Mutarama 2022, bityo ahitamo abakinnyi 10 bafashw
Amagare: Murenzi Abdallah ikipe yamugejeje muri FERWACY yamaze guhagarikwa, harifuzwa impinduka mu matora ategerejwe

Amagare: Murenzi Abdallah ikipe yamugejeje muri FERWACY yamaze guhagarikwa, harifuzwa impinduka mu matora ategerejwe

Imikino
Murenzi Abdallah umaze imyaka ibiri n’igice ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ikipe ya Karongi yamutanzeho umukandida muri 2019 yamaze guhagarikwa mu bikorwa by’umukino w’amagare mu Rwanda ku bwo kuba iyi kipe itagira ubuzima gatozi. Nyuma y’Inteko Rusange yateranye ku wa Gatandatu tariki ya 23 Mata 2022 bamwe mu banyamuryango ba FERWACY babwiye ikinyamakuru IMPAMBA.COM ko mu matora ya Komite Nyobozi azaba tariki 29 Gicurasi 2022 bifuza ko Komite yose icyuye igihe itagomba kugaruka kuko mu gihe imazeho umukino w’amagare wasubiye inyuma. Inteko Rusange ya FERWACY yahagaritse na none ikipe ya CINE EL MAY bakunze kwitirira Mayaka ku bwo kutagira ubuzima gatozi. Bamwe mu banyamuryango ba FERWACY baganiriye n’ikinyamakuru IMPAMBA, ariko banze ko a