
Commonwealth Games: Aho abakinnyi b’Abanyarwanda bageze mu myiteguro
Imikino ihuza ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth Games) y’uyu mwaka izatangira tariki ya 28 Nyakanga kugeza tariki 8 Kanama 2022 mu Mujyi wa Birmingham mu Bwongereza, hakaba hakomeje kwibazwa icyo u Rwanda rwaba rukora kugira ngo ruzayitwaremo neza.
Théogène Uwayo Umuyobozi wa Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR), aratangaza ko Abanyarwanda biteguye ku buryo bwose bushoboka kugira ngo barebe ko babona umwanya ushimishije.
Uyu muyobozi yagize ati “ntitwibwira ko tuzaba aba mbere cyangwa aba kabiri mu bihugu byose bya Commonwealth kuko ni ibihugu byinshi ariko twizera ko dushobora kubona umwanya ushimishije. Abakinnyi bariteguye neza bari ku murongo kandi biteguye guhatana n’abandi”.
Munezero Valentine ntazitabira iyi mikino ariko we na mugenzi we Penelope Musabyimana