
Uburyo Iranzi yatangiye amarushanwa yirukankisha ibirenge kugeza ateze indege akajya mu Butaliyani
Iranzi Celine Umunyarwandakazi w’imyaka 23 witoreza mu Butaliyani yatangiye siporo yo gusiganwa ku maguru (Athletics) yirukankisha ibirenge, ariko ubu arishimira aho amaze kugera abikesha kwihanganira ibigeragezo byose yahuye na byo.
Iranzi Celine uturuka mu Karere ka Nyamasheke , yakiniye iyo kipe hamwe na APR Athletics Club, mu mezi arindwi yamaze mu Butaliyani, amarushanwa 24 yitabiriye yose yazaga mu myanya y’abakinnyi bitwara neza bagahembwa, akaba yaragarutse mu Rwanda mu mpera z’umwaka wa 2017 amaze kwegukana ibikombe icyenda.
Inshamake y’ubuzima bw’uyu mukinnyi
Amazina: Iranzi Céline
Aho yavukiye: Umurenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke
Igihe yavukiye: Tariki ya 4 Mata 1994
Idini asengeramo: ADEPR/Bibare
Icyo akunda: Siporo no gusenga
Icyo yanga: