Amakuru

Itel imaze gutanga inkweto ibihumbi bitandatu mu duce dutandukanye tw’u Rwanda

Itel imaze gutanga inkweto ibihumbi bitandatu mu duce dutandukanye tw’u Rwanda

Amakuru, Inkuru Zamamaza, Mu Rwanda
Isosiyete y’ubucuruzi ya Itel imaze gutanga inkweto ibihumbi bitandatu (6,000) mu mpande zitandukanye z’igihugu. Samuel Bizimana, umuyobozi wa Itel yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko inkweto bazitanga ku bana baba mu buzima bugoye mu rweo rwo gufatanya na Leta guca burundu ingeso yo kugendesha ibirenge. Tariki ya 24 Werurwe 2018 isosiyete “Itel” ifatanyije n’ikigo cya Gasore Serge Foundation yatanze inkweto 500 mu Karere ka Burera, zikazahabwa abana biga ku mashuri atandukanye yo muri ako karere. Nyuma ya Burera ahandi “Itel” iteganya gutanga inkweto ni mu Karere ka Bugesera. Samuel yakomeje avuga ibindi bikorwa “Itel” ikora bigamije kunganira Leta ati “dutanga mituelle no gutanga ibiribwa ku batishoboye”. Umuyobozi wa Itel yavuze aho bakuye igitekerezo cyo gukora i
Rubavu: Muri Bugeshi abagore batatu cyangwa se batanu bashobora gutunga umugabo umwe

Rubavu: Muri Bugeshi abagore batatu cyangwa se batanu bashobora gutunga umugabo umwe

Amakuru, Mu Rwanda
Mu Murenge wa Bugeshi Akarere ka Rubavu nta bwo byoroshye kugira ngo umukobwa apfe kubona umusore umurongora ku buryo ubu ari bo bahitamo kugura umuhungu bikageza nubwo abagore batatu cyangwa se batanu bashobora gutunga umugabo umwe. Ndahorugiye Eliazar umusaza utuye mu Murenge wa Bugeshi yemeza ko abagabo babuze muri ako gace batuyemo bigatuma abasore bahari bihagararaho bagahitamo umukobwa ufite amafaranga gusa. Ndahorugiye yagize ati “hano muri Bugeshi umusore ashaka n’abagore batatu cyangwa batanu bakamutunga”. Ndahorugiye yakomeje agira ati “hano umugore atereta umugabo, hari umukobwa uba yaraheze iwabo uzana umusore bakabana”. Ibi na none bishimangirwa na Iyizire Léothine w’imyaka 31 umubyeyi  ikinyamakuru impamba.com cyasanze ku biro by’Umurenge wa Bugeshi aho agira ati
Rubavu: Yiga Kaminuza abikesha umugore yakoreye “massage” akoresheje amazi y’Amashyuza

Rubavu: Yiga Kaminuza abikesha umugore yakoreye “massage” akoresheje amazi y’Amashyuza

Amakuru, Uburezi
Izibyose Desire umusore wo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu yiga kaminuza abikesha umugore wo muri Afurika y’Epfo yakoreye “massage” ubwo yazaga kwivura amavunane mu mazi y’Amashyuza. Izibyose w’imyaka 22 ubarizwa mu Mudugudu wa Kaberama, Akagali ka Burushyi mu Murenge wa Nyamyumba yabwiye ikinyamakuru impamba.com ko yize amashuri yisumbuye abikesha kwita ku bantu baza kwivuriza indwara zitandukanye mu mashyuza, ariko no kugira ngo ubu abe yiga muri kaminuza ya “UTB” yahoze ari “RTUC”, abikesha umugore wo muri Afurika y’Epfo witwa Jostine Mushabi Jata waje mu Rwanda mu rwego rw’ubukerarugendo akaza mu mazi yo ku mashyuza kimwe n’abandi Banyarwanda bakunze kuhivuriza amavunane akishimira serivisi yamuhaye ubu akaba ari we umwishyurira kaminuza. Uyu musore avuga ko yaran
Ingurube ntibwagura nta nubwo igira ibibwana-Ngirumugenga

Ingurube ntibwagura nta nubwo igira ibibwana-Ngirumugenga

Amakuru, Mu Rwanda, Ubukungu
Ngirumugenga Jean Marie Pierre umworozi w’ingurube mu Mudugudu wa Kabuga Akagali ka Sibagire Umurenge wa Kigabiro Intara y’Iburasirazuba arasaba Abanyarwanda guhindura imyumvire bagira ku ngurube, akaba asaba ko abantu bajya bavuga abana b’ingurube aho kubyita ibibwana, bakavuga ko ingurube ibyara aho kuvuga ko ibwagura. Ngirumugenga  avuga ko habwagura imbwa naho ingurube ibyara abana, kuko atari byiza gusebya itungo ritunze abantu Uyu mworozi avuga ko kera Abanyarwanda basuzuguraga ingurube ari nayo mpamvu bayigereranyaga n’imbwa ati “kera ntabwo ingurube bari bayimenyereye bigatuma abana bayo babita ibibwana , ubu ingurube tuyifata nk’andi matungo, imvugo ikibwana no kubwagura biveho ikintu gitanga amafaranga ntigikwiye kwitwa iryo zina izo mvugo abantu bazireke kuko byaba ari
Kigali: Yatangiye yigishiriza abanyeshuri muri salon iwe arateganya gushinga Kaminuza

Kigali: Yatangiye yigishiriza abanyeshuri muri salon iwe arateganya gushinga Kaminuza

Amakuru, Uburezi
Mutiganda Jean de la Croix, n’umuturage utuye mu murenge wa Bumbogo akarere ka Gasabo, yatangiye yigisha abana b’incuke iwe muri salon amaze gushinga ishuri, arifuza Kaminuza.   Mutiganda n’umugabo ufite umugore n’abana batatu, yize amashuri abanza gusa, aza no kwiga umwuga w’ubwubatsi. Aho atuye mu mudugudu wa Kiriza akagari ka Nyabikenye, muri Bumbogo, yaje kubona abana baho bandagaye cyane, kuko batagiraga aho bigira, ahitamo gutangira kubigishiriza muri salon ye. Ati “wabonaga bibabaje cyane, abana bazindukaga bandagaye aho ababyeyi bagiye gushaka imibereho, bikambabaza cyane, mfata icyemezo cy’uko ngiye gutangira gukora uko nshoboye nkagira icyo nkora”. Yaje gusaba umukobwa we wari urangije amashuri yisumbuye, amwemerera ko azajya amuha amafaranga yo kwifashisha agura amavuta yo
Uburyo butandukanye bwo guhagarika impiswi byihuse

Uburyo butandukanye bwo guhagarika impiswi byihuse

Amakuru, Ubuzima
Impiswi ni indwara ikunze kuzahaza abantu iyo bayirwaye ndetse uretse kuba uyirwaye aba ajyaku musarane buri kanya, itera umwuma ushobora no guhitana uyirwaye Muri iyi nkuru tugiye kubereka uburyo butandukanye wahagarika impiswi mu buryo bwihuse kandi bworoshye. Umutobe w’indimu Indimu igabanya uburibwe bwo mu nda ikoza amara igafasha mu guhagarika impiswi. Vitamine C iba mu ndimu ituma umubiri ubasha gukora imyunyu ngugu ihagije umubiri uba ukeneye. Uyu mutobe kandi urinda umubiri umwuma ukunze kuzahaza abarwaye impiswi. Umuceri na Karoti Amazi y’umuceri akora akazi gakomeye mu mara bityo akaba yahagarika impiswi, mu gihe karoti zo zifitemo ubushobozi bwo kugabanya umuvuduko wo gusohoka k’umwanda mu mara.Mu gihe rero wafashwe n’impiswi, ushobora guteka umuceri uvanze na karoti hanyum
Abaturage 70 mu karere ka Rusizi barataka basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye

Abaturage 70 mu karere ka Rusizi barataka basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye

Amakuru, Mu Rwanda, Ubukungu
Abaturage 70 bo mu Murenge wa Nkungu baravuga ko imyaka itatu ishize barakoze umuhanda wa Cyamudongo-Nkungu ariko rwiyemezamirimo ntabahembe amafaranga yose, bagasaba ko yakurikiranwa akabishyura. Aba baturage bemeza ko bahembwe ariko ntibahabwe amafaranga yose, rwiyemezamirimo akabizeza ko azabishyura akarere kamwishyuye ariko ntibaje kumenya aho yaciye kugeza n’ubu ntibaramuca iryera. Hakizimana Philbert ati “Ikibazo dufite ni icy’uyu muhanda twakoze rwiyemezamirimo ntiyaduhemba, imyaka itatu irashize twishyuza. Njyewe bandimo ibihumbi 30 n’umugore wanjye bamurimo ibihumbi 18. Twakoze gutyo rwiyemezamirimo arahagarara.” Aba baturage bavuga ko kutishyurwa byabagizeho ingaruka mbi zirimo kutabona ubwisungane mu kwivuza no kutarihirira abana babo ishuri ndetse bamwe bibaviramo kugu
Gatsibo: Ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya mu birombe gikomeje gufata indi ntera

Gatsibo: Ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya mu birombe gikomeje gufata indi ntera

Amakuru
Mu Kagali ka Rwarenga mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo ikibazo cy'abana bata ishuri bagahitamo  kugana mu  birombe  gukora imirimo y’ingufu yo gucukura amabuye ya Gasegereti na Coluta kugira ngo babone amafaranga gikomeje gufata indi ntera. Uku guta ishuli bakinjira muri ubu bucukuzi bikomeje kubagiraho ingaruka y’uburara ndetse no kwishora mu businzi binateza umutekano muke aho batuye. Ubwo umunyamakuru w’impamba.com yageraga muri aka Kagali ka Rwarenga  ku musozi urimo ibi birombe bicukurwamo amabuye ya Koluta na Gasegereti  yahasanze abana b’abahungu n’abakobwa  batari bake  bari mu kigero cy’imyaka irindwi na cumi n’itanu   bari mu gikorwa cyo gucukura  muri ibi birombe. Uretse abacukura hari n’abandi umunyamakuru yahasanze barimo kuyungurura amabuye bacukuye