Amakuru

Bucyibaruta niwe wisabiye ko uwahoze ari Ministre w’Intebe aza mu rubanza rwe

Bucyibaruta niwe wisabiye ko uwahoze ari Ministre w’Intebe aza mu rubanza rwe

Amakuru
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Gicurasi 2022 nibwo mu rubanza rwa Laurent Bucyibaruta ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 rubera mu rukiko rwa rubanda i Pari mu Bufaransa humviswe umutangabuhamya Dismas Nsengiyaremye, wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, kuva muri Mata 1992 kugera muri Nyakanga umwaka wa 1993. Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta wigeze kuba Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro rwari rugeze ku munsi wa gatandatu. Laurent Bucyibaruta uburanishwa n'uru rukiko rwa rubanda akaba ari we wisabiye ko Dismas Nsengiyaremye w’imyaka 77 ahamagazwa n'urukiko nk’impuguke, nk’uko bitangazwa n’abanyamakuru bagiye kumva uru rubanza ku nkunga y’Umuryango w’Abanyamakuru baharanira amahoro (PAX Press). Aba banyamakuru bavuga ko Dismas Nsengiya
Bucyibaruta ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yasabye ko amasaha y’urubanza yagabanywa

Bucyibaruta ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yasabye ko amasaha y’urubanza yagabanywa

Amakuru
Laurent Bucyibaruta ukurikiranyweho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro yari abereye umuyobozi, yasabye ko amasaha y’urubanza rwe yagabanywa kuko afite intege nke. Ku munsi wa gatanu w’urubanza rwe rubera mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa, Laurent Bucyibaruta kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Gicurasi 2022 yinjiye mu rukiko yitwaje imbago imwe. Nk’uko ikinyamakuru IMPAMBA kibikesha abanyamakuru bavuye mu Rwanda bakajya gukurikirana urwo rubanza, ni uko kuri uyu wa Gatanu umwanya wahawe Dr Helene Dumas, umushakashatsi n’umunyamateka wananditse igitabo yise “Le genocide au Village” kivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Ni urubanza rwamaze amasaha hafi ane, ubushinjacyaha ndetse n’ubwunganizi bw’uregwa,
Mu Bufaransa hatangiye urubanza rw’uwahoze ari Perefe wa Gikongoro ukekwaho uruhare muri Jenoside

Mu Bufaransa hatangiye urubanza rw’uwahoze ari Perefe wa Gikongoro ukekwaho uruhare muri Jenoside

Amakuru
Bucyibaruta Laurent wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro yatangiye kuburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris kubera uruhare akekwaho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994. Urubanza rwa Bucyibaruta Laurent w’imyaka 78 rwatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Gicurasi 2022, aho akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abiciwe mu duce dutandukanye twa Gikongoro nko kuri Kiliziya ya Mbuga, Kiliziya ya Cyanika n’iy’i Kaduha, ku ishuli ry’i Murambi, Ecole des Filles de Kibeho (ubu ni mu Karere ka Nyaruguru) no kuri Gereza Gikongoro, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Stanley Mugabarigira,Umuyobozi w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi mu Karere ka Nyamagabe,  yabwiye abanyamakuru ko Laurent Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro, yashishikarije Abahutu
Kigali: Habereye ubukangurambaga bwa “Global Fund” ikeneye miliyari 18 z’amadolari

Kigali: Habereye ubukangurambaga bwa “Global Fund” ikeneye miliyari 18 z’amadolari

Amakuru
Hakenewe miliyari 18 z’amadolari azifashishwa mu bikorwa by’umuryango Global Fund muri 2024-2026 mu kwita ku bafite Virus itera SIDA, guhangana na Malariya ndetse n’Igituntu. Ihuriro ry’Imiryango igamije gukumira icyorezo cya SIDA no kurengera ubuzima (Rwanda NGOs Forum on HIV/AIDS and Health Promotion (RNGOF on HIV/AIDS & HP) n’izindi nzego zita ku buzima mu Rwanda na Global Fund kuri uyu wa Kane tariki 5 Gicurasi 2022, bakoreye inama muri Kigali igamije kuvuga kuri ayo mafaranga Global Fund ikeneye, aho agomba kuva ndetse n’umusaruro bayitezeho mu guhangaan na Virusi itera SIDA, Igituntu na Malariya. Innocent Cyiza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa mu biro bikorera muri Minisiteri y’Ubuzima  bishinzwe ubufatanyabikorwa hagati y’u Rwanda na Global Fund, yabwiye abanyamakuru ko
Kabuye: Barasaba gukorerwa umuhanda ubangamiye abagana Ikigo Nderabuzima

Kabuye: Barasaba gukorerwa umuhanda ubangamiye abagana Ikigo Nderabuzima

Amakuru
Abatuye n’abagenda i Kabuye mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, by’umwihariko abagana ikigo nderabuzima cya Kabuye, bakomeje gutakamba basaba gukorerwa umuhanda ukomeje kuba mubi, bikabangamira abagana iki kigo nderabuzima. Ni umuhanda w’igitaka uva mu muhanda munini wa Kaburimbo impande y’uruganda rw’isukari rwa Kabuye uzamuka, unyura ku maduka y’abaturage ugakomeza unyuze ku kigo nderabuzima cya Kabuye. Uyu muhanda warangiritse cyane ku buryo wuzuyemo imikuku myinshi bikagora abawunyuramo, ariko noneho birushaho kuba bibi iyo imvura yaguye kuko bitoroha kugira ngo umuturage azabone ikinyabiziga kihamujyana, na cyane ko uretse imikuku haba hananyerera cyane. Simon ni umuturage utuye muri aka gace, agira ati “uko mubyibonera namwe murabona ko uyu muhanda wangiritse bikab
Bugesera:  CCO Rilima yibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi

Bugesera:  CCO Rilima yibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi

Amakuru
Ibitaro bya Rilima (CCO Rilima) biri mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Mata 2022 byibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Ibi bitaro bivura abafite ubumuga, byibutse abahoze ari abakozi babyo, abarwayi n’abarwaza bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Abayobozi ndetse n’uwatanze ubuhamya bose bashimiye ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994. Eric Muhirwa yabwiye abariho ko mu mateka y’Abanyarwanda bari umwe, ariko nyuma abakoloni aho baziye babacamo ibice kugeza Abatutsi bahunze muri 1959, nyuma abasigaye bakomeza gutotezwa kugeza 1994 habaye Jenoside yakorewe Abatutsi. Rwabuhama Jean Baptiste warokotse Jenoside ku bitaro bya CCO Rilima yavuze inzira y’umusaraba yanyuzemo.
Gasabo: Abakorera Ikigo Nderabuzima cya Kabuye biyemeje  gukumira Jenoside

Gasabo: Abakorera Ikigo Nderabuzima cya Kabuye biyemeje  gukumira Jenoside

Amakuru
Abakorera Ikigo Nderabuzima cya Kabuye mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, bibutse abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, biyemeza kwimakaza indangagaciro zo kutarobanura abo bavura. Umuhango wo kwibuka abazize Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994 mu kigo nderabuzima cya Kabuye, wabaye kuri uyu wa gatatu, wabimburiwe no gushyira indabyo ku rwibutso rwa Kabuye. Muri uyu muhango abakorera iki kigo nderabuzima bavuze ko biyemeje guharanira kuvura ababagana nta kurobanura, bitandukanye n’uko bamwe mu bakoraga mu rwego rw’ubuvuzi babikoraga mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aba kandi bakavuga ko igikorwa cyo kwibuka ari igikorwa bakiriye neza. Muhawenimana Violette, agira ati “nk’abaganga turaharanira gutanga urugero rwiza mu bandi baganga bagenzi bacu kugira ngo i
Ba Maneko (Informer) babangamiye abacuruzi ba Nyabugogo

Ba Maneko (Informer) babangamiye abacuruzi ba Nyabugogo

Amakuru
Muri Nyabugogo hari itsinda ry’abantu biswe ba Maneko (Informer) babangamiye abacuruzi kuko baza bakabasaba amafaranga bababwira ko nibatayabaha babarega mu nzego zishinzwe umutekano kugira ngo bafungirwe ubucuruzi bwabo. Bamwe mu bacuruzi bo muri Nyabugogo ahazwi nko mu Mashyirahamwe n’ahitwa mu Nkundamahoro bavuze ko ikibazo cy’abo ba Maneko kimaze igihe, ariko bakomeje kwizera ko icyo kibazo kizarangira ariko aho kugira ngo ababikora bagabanuke ahubwo bakarushaho kwiyongera. Benshi muri abo ba Maneko “Informer” usanga amazina yabo yose atazwi ahubwo hazwi ayo bihimbye cyangwa se hazwi rimwe, barimo: Uwitwa Claude Bibiliya hakaba n’uwo bakunze kugendana witwa Thomas, hakaba uwitwa Aime, hakaza uzwi ku izina rya Generali, hakaba uwo bita Onesphore, uwitwa Vedaste, Mugisha, Aphro
Petrozavodskmash conducted pre-assembly of reactor coolant pump housings for Tianwan NPS

Petrozavodskmash conducted pre-assembly of reactor coolant pump housings for Tianwan NPS

Amakuru
AEM-Technologies JSC, Branch in Petrozavodsk (member of Atomenergomash, Mechanical Engineering Division of Rosatom State Corporation, and Karelian regional office of the Russian Mechanical Engineering Union (SoyuzMash)) has completed a pre-assembly of housings of reactor coolant pump sets (RCPS) designed for the Tianwan NPS, Unit 7, People’s Republic of China. RCPS internals, particularly guide vanes, were assembled earlier, upon which those were connected to flanges. The design was placed inside a spherical housing and appropriate circumferential weld performed afterwards. Assembly with the sphere has been accomplished for all four RCPS housings of the Tianwan NPS. An RCPS housing is a Safety Class 1 product. At the site, it secures coolant circulation from reactor to steam genera
Gasore Serge: Kwiruka byabaye inzira yo kurokoka Jenoside kugeza ageze ku iterambere

Gasore Serge: Kwiruka byabaye inzira yo kurokoka Jenoside kugeza ageze ku iterambere

Amakuru
Gasore Serge yakorokeye Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, mu gitabo yanditse yiga muri Amerika yise “My Day to Die: Running for My Life”, avuga ubuzima bushaririye yanyuzemo ndetse n’uburyo nyuma ya 1994, mu gushaka kwiyubaka yabaye umukinnyi w’imikino ngororamubiri (Athletisme) kuko yari amaze kumenya amateka y’abatejwe imbere n’iyo siporo. Gasore mu buryo bwo kwiyubaka, yubaka n’abandi yashinze ikigo yise “Gasore Serge Foundation” kiri mu Murenge wa Ntarama, gikora ibikorwa by’ubugiraneza, akaba yarashinze iki kigo akiri muri Amerika ubwo yatangizaga umuryango utari uwa Leta yise “Rwanda Children”. Mu kiganiro yatanze kuri Radio Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Mata 2022 yagarutse ku bikubiye mu gitabo cye (My Day to Die: Running