Amakuru

Gashora: Barashinja Veterineri Mujejimana guhombya aborozi abahambisha inka zitishwe n’indwara

Gashora: Barashinja Veterineri Mujejimana guhombya aborozi abahambisha inka zitishwe n’indwara

Amakuru
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, bavuga ko inka zipfuye zitishwe n’indwara Veternaire yagakwiye kujya azipima, yasanga nta burwayi zifite bakazirya, ariko we ngo ahita ategeka ko bazihamba atazipimye. Abaturage bashinja umukozi ushinzwe ubworozi mu Murenge wa Gashora guhombya aborozi, biganjemo abo ikinyamakuru impamba cyasanze mu Kagali ka Ramiro ahazwi nko ku idihiro. Bavuga ko iyo inka ipfuye kabone n’iyo yaba yishwe n’ikiziriko “Veternaire” Mujejimana w’Umurenge wa Gashora ahita ategeka ko bayihamba atayipimye, ku bwabo bakavuga ko aramutse ayipimye agasanga nta burwayi bundi ifite bahita bayirya. Umuturage twahaye izina rya Jean Damour wo muri “centre” ya Dihiro agira ati “umuntu agira impanuka ry’itungo rye, ryishwe n’ikiziriko yahamagara
Menya ikimenyetso cyagaragaye mbere y’uko Queen Elizabeth II atanga

Menya ikimenyetso cyagaragaye mbere y’uko Queen Elizabeth II atanga

Amakuru
Mbere y’uko atanga, hagaragaye ishusho y’Umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth II yikoze mu gicu ndetse hanagaragara imikororombya ibiri ako kanya byafashwe nk’imenyetso cy’uko Umwamikazi yasezeraga ku baturage be. Akaba ari Umwongerezakazi washyize hanze iyo foto yafashe ubwo yari mu nzira ataha. Iyi foto yashyizwe kuri Facebook n’uwitwa Leanne Bethell utuye muri Telford mu Bwongereza, igaragaza ingofero yari isanzwe yambarwa n’Umwamikazi, yishushanyije mu gicu. Uyu mwongerezakazi yashyizeho iyi foto mbere y’isaha imwe ngo Queen Elizabeth II atange, ashyiraho ubutumwa bugira buti “Ubwo nari ntwaye imodoka ntaha mu rugo, Lacey yatangiye gusakuza Mana yanjye! Nahinze umushyitsi.” Ubundi ahita ashyiraho iyi foto. Inkuru dukesha Daily Mail, igaragaza ko bamwe mu bongereza bah
Indwara ya miyopi ni iki? Irangwa n’iki?

Indwara ya miyopi ni iki? Irangwa n’iki?

Amakuru
Miyopi (myopia) ni indwara yibasira amaso, igatuma umuntu uyirwaye atabasha kureba neza ibintu biri kure ye. Iyi ndwara ituma umuntu uyirwaye atabasha kubona neza amashusho ari kure cyangwa akayabona arimo ibikezikezi. Ubu burwayi kandi bugira ingaruka ku umuntu uburwaye zirimo nko kuribwa umutwe, ndetse iyo butavuwe hakiri kare bushobora gutera ubundi burwayi bw’amaso. Impamvu zitera uburwayi bwa miyopi (myopia) hari uruhererekane mu miryango ndetse n’izindi ziterwa no kwangirika kw’amaso bitewe n’ibyo umuntu areba. Umuntu ufite ubu burwayi agaragaza ibimenyetso byo kubona neza ibintu bimwegereye gusa ibiri kure akabibona hazamo ibihu bitagaragara neza. Ikindi kimenyetso cy’iyi ndwara ni ukuribwa umutwe ndetse no kunanirwa kw’amaso. Ku bana miyopi (myopia) igira ingaruka ku m
Amayeri akomeje kwiyongera ku bacururiza bundi bushya mu macupa ya pulasitike yacurujwemo amazi

Amayeri akomeje kwiyongera ku bacururiza bundi bushya mu macupa ya pulasitike yacurujwemo amazi

Amakuru
Muri Kigali no mu Ntara, amacupa ya pulasitike akomeje gukoreshwa inshuro nyinshi kuko hatashyizweho uburyo bwo gukurikirana imikoreshereze yayo nyuma yo kuvamo amazi. Amacupa abakora inzoga ndetse n’abacuruza amavuta y’ubuto bakunze gukoresha ni ay’uruganda rw’Inyange Industries na Sulfo Rwanda Industries. Ibi binyuranyije n’amategeko, nyamara gufata no guhana ababikora biracyagoranye. Amayeri ni yose ku bacururiza bundi bushya mu macupa ya pulasitike ubusanzwe aba yaravuye mu nganda ziyacururizamo amazi. Umwe mu bacuruzi wo muri Kicukiro ucuruza inzoga ya Gubwaneza agira, ati “hari abakora izi nzoga bafite ibyangombwa by’ubuziranenge, bakazikora mu macupa y’icyuma zikagurishirizwa ahantu ho mu mijyi. Gusa abacuruzi bo mu nkengero z’Umujyi wa Kigali n’ahandi hatagaragara cyan
DR Congo abavuga Ikinyarwanda bashobora gukorerwa Jenoside

DR Congo abavuga Ikinyarwanda bashobora gukorerwa Jenoside

Amakuru
Abavuga Ikinyarwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamwe muri bo batangiye kwicwa no gutotezwa biganisha kuri Jenoside nyuma y’Imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za M23. Umunyamulenge witwa Semutobo wakoraga ubucuruzi yiciwe i Kalima muri Maniema azira ko avuga ururimi rw’ikinyarwanda. Ibi bikurikiye imvugo z’urwango n’ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa abavuga ikinyarwanda muri Congo biganjemo abo mu bwoko bw’Abatutsi. Mu duce dutandukanye abavuga Ikinyarwanda bakomeje guhigwa bukware bazira uko bavutse. Nyuma y’aho umutwe wa M23 wubuye imirwano bamwe mu bayobozi muri Congo Kinshasa bakomeje kubishyira ku Rwanda ndetse n’abavuga Ikinyarwanda bakabirenganiramo bazira ko baba bafitanye isano n’Abanyarwanda. Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’
Kicukiro: Aratabaza kuko Musengimana wahoze ari umusirikare yamusigiye imitungo y’iwabo nyuma ya 1994 n’ubu akaba akiyirimo

Kicukiro: Aratabaza kuko Musengimana wahoze ari umusirikare yamusigiye imitungo y’iwabo nyuma ya 1994 n’ubu akaba akiyirimo

Amakuru
Abo mu muryango wa Ngiruwonsanga Jean Baptiste bakundaga kwita Ruhashya witabye Imana muri 1994,baravuga ko  umutungo wabo utimukanwa ugizwe n’isambu ifite ubuso bwa hegitari ebyiri zirenga ufite UPI:1/03/10/03/755 ndetse n’inzu  uri mu Murenge wa Nyarugunga, Akagali ka Rwimbogo, Umudugudu wa Rwinyange, wigaruriwe na Musengimana Protegene kuva Jenoside yakorewe abatutsi yahagarikwa kugeza 2022, aba bana baracyasiragira mu nzego z’ubuyobozi basaba gusubizwa imitungo y’ababyeyi babo, ariko byaranze. Uyu Protegene we aravuga ko kugira ngo yemera gusubiza uwo mutungo agomba kubanza kwishyurwa amafaranga yose y’imyaka yamaze aharinda bo badahari. Umwe mu banyamategeko wavuganye n’ikinyamakuru impamba.com yavuze ko iyo umuntu aragijwe umutungo iyo nyirawo agarutse arawusubizwa nta yan
Umunyamabanga wa Green Party arasaba Abanyarwanda kutirengagiza ibinyabuzima

Umunyamabanga wa Green Party arasaba Abanyarwanda kutirengagiza ibinyabuzima

Amakuru
Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Depite Ntezimana Jean Claude arasaba Abanyarwanda kutirengagiza ikinyabuzima icyo ari cyo cyose kuko yaba isazi cyangwa se umubu byose ari ingirakamaro. Ibi, yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2022 nyuma y’amahugurwa yahuje abanyamuryango b’iri shyaka muri Kigali (Olympic Hotel)  aho yavuze ko hagize ikinyabuzima na kimwe abantu birengagiza byabagiraho ingaruka, yagize ati “hagize ikinyabuzima na kimwe twirengagiza muri rusange natwe twaba twiyibagiwe bivuze ko tugomba kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima, tukamenya ngo bibayeho neza buriya ku bahanga ntushobora kumenya y’uko isazi yagira akamaro, ntushobora kumenya ko umubu
Amerika yaciye agahigo mu kugira abasivile benshi batunze imbunda

Amerika yaciye agahigo mu kugira abasivile benshi batunze imbunda

Amakuru
Mu myaka 20 ishize, imbunda zikorerwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’izinjizwa muri icyo gihugu ziturutse mu mahanga zariyongereye cyane, bikaba bikekwa ko ari na yo ntandaro y’ubwicanyi bwifashishije intwaro bumaze iminsi bwigaragaza muri icyo gihugu. Inyigo nshya y’Ikigo Bureau of Alcohol, Tobacco, Firearms and Explosives, igaragaza ko imbunda zikorerwa muri Amerika umubare wa zo wikubye kabiri mu myaka 20 ishize, mu gihe iziva hanze hanze umubare wazo wikubye kane. Umubare w’abatunze imbunda nto (pistol) muri Amerika wiyongereye ku kigero gikomeye, mu gihe umubare w’imbunda nto zikorerwa muri Amerika wiyongereyeho ku kigero cya 24,080%. Muri rusange, imbunda zose zikorerwa muri Amerika ziyongereye ku kigero cya 187 % naho iziva hanze ziyongera ku kigero cya 350 
Mu rubanza rwa Bucyibaruta hari uwisubiyeho ku ijambo yabwiye Abafaransa muri 2012

Mu rubanza rwa Bucyibaruta hari uwisubiyeho ku ijambo yabwiye Abafaransa muri 2012

Amakuru
Urubanza rwa Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Perefegitura ya Gikongoro ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, rubera mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa kugeza ubu hakomeje kwakirwa abatangabuhamya batandukanye, aho umwe muri 2012 wavuze ko adashobora kumutangaho ubuhamya, ariko muri 2022 aza kwisubiraho akaba ari umwe mu batangabuhamya bumviswe kuri uyu wa Gatatu. Amakuru ikinyamakuru IMPAMBA.COM gikesha abanyamakuru bagiye kumva uru rubanza avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Gicurasi 2022, umutangabuhamya yabajijwe n'urukiko impamvu muri 2012 yabwiye Abafaransa bari mu iperereza mu Rwanda ko Bucyibaruta aramutse afashwe atakwemera kuzamutangaho ubuhamya ubu akaba yemeye kubutanga. Uyu mutangabuhamya yasubije ko muri 2012 yari afite ubw...
Umutangabuhamya yasabye ko Bucyibaruta yoherezwa mu Rwanda agasaba imbabazi Abanyarwanda

Umutangabuhamya yasabye ko Bucyibaruta yoherezwa mu Rwanda agasaba imbabazi Abanyarwanda

Amakuru
Urubanza rwa Bucyibaruta Laurent ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, kuri uyu wa Kabiri humviswe abatangabuhamya bo mu Rwanda, aho hari uwasabye ko yakoherezwa mu Rwanda agasaba imbabazi abanyarwanda yahemukiye. Uru rubanza rukomeje kubera mu rukiko rwa rubanda ruri i Paris mu Bufaransa, Laurent Bucyibaruta wahoze ari Perefe wa Gikongoro akaba aburana kubera gukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994. Abanyamakuru bavuye mu Rwanda bakajya mu Bufaransa gukurikirana uru rubanza batangaza ko umutangabuhamya yavuze ko nyuma yo kurokoka ubwicanyi kuri Paruwasi ya Kibeho yabashije guhungira kuri paruwasi ya Karama .Gusa naho ngo abicanyi bari bamaze kwica abatutsi i Kibeho barabakurikiranye. Umutangabuhamya y...