Author: Muhire Pacifique

Nasho: Impamvu Urwagwa Ishema rufite umwimerere

Nasho: Impamvu Urwagwa Ishema rufite umwimerere

Ubukungu
Ngirumuhire Jean Baptiste, umuyobozi wa Kampani Urwagwa Ishema rutunganyirizwa mu Murenge wa Nasho mu Kagari ka Rubirizi mu Mudugudu wa Mulindi ho mu Karere ka Kirehe, avuga ko  ari rw’umwimerere kuko iyo usuye uruganda bakwereka ibyo iyo nzoga iturukamo bitandukanye na bamwe ushobora gusura ugasanga bavuga ko bafite uruganda rw’inzoga kandi nta gitoki wahasanga cyangwa se igikatsi. Urwagwa Ishema rukunzwe cyane mu Ntara y’Iburasirazuba, rukozwe mu bitoki bya Fiya, Amasaka n’Ubuki, rukaba rufite icyangombwa gitangwa n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuziranenge (RSB). Ngirumuhire, umuyobozi wa Kampani Urwagwa Ishema, yabwiye ikinyamakuru impamba.com ko uruganda rwabo rutunganya litiro ibihumbi 8 umunani mu cyumweru, bagatara ibitoki biri hagati ya Toni 4 na 5 mu cyumweru, ariko m
Nyanza: Abo kwa Disi ntibaburanye n’abo kwa Musabyuwera, Urukiko Rukuru ruzabanza gusuzuma ubujurire bwatanzwe

Nyanza: Abo kwa Disi ntibaburanye n’abo kwa Musabyuwera, Urukiko Rukuru ruzabanza gusuzuma ubujurire bwatanzwe

Amakuru
Urukiko Rukuru rw’i Nyanza kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira 2020 ntirwaburanishije Urubanza rwa Musabyuwera Madeleine n’umuhungu we Kayihura Cassien bakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica muri Jenoside abana babiri bo kwa Disi Didace bakuwe mu musarane wabo muri 2018, ariko nyuma bagahita bajuririra icyo gihano, Urukiko Rukuru rwa Nyanza ntabwo rwaburanishije urwo rubanza ahubwo rwavuze ko rugiye gusuzuma rukareba niba rufite ububasha bwo kuburanisha ubwo bujurire bwa kabiri, umwanzuro ukazasomwa tariki ya 17 Ugushyingo 2020. Uru rubanza rwagombaga gutangira saa mbiri zuzuye za mugitondo, ariko saa yine nibwo hatangiye kugeragezwa niba abaregwa bashobora kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanga, nyuma nibwo baje kumenyeshw
Abo kwa Disi baratakamba, bakanenga abakomeje kwitambika mu rubanza rw’abana babo bishwe muri Jenoside

Abo kwa Disi baratakamba, bakanenga abakomeje kwitambika mu rubanza rw’abana babo bishwe muri Jenoside

Amakuru
Bamwe mu barokotse Jenoside bo mu muryango wa Disi Didace mu Karere ka Nyanza baranenga abakomeje kwitambika mu rubanza rw’abana babo bishwe muri Jenoside bigatuma rutarangira ngo berekwe imibiri y’ababo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, bakaba barakuwe mu musarane muri 2018, ariko n’ubu bakaba batarashyingurwa ndetse n’abasigaye bakaba batarahabwa ubutabera. Abakekwaho kugira uruhare mu kwica abana bo kwa Disi Didace ni Musabyuwera Madeleine n’umuhungu we Kayihura Kasiyani (Cassien) nyuma y’uko abo bana ari bo: Uwayezu Denis na Ufiteyezu Raymond babahungiyeho muri Jenoside bakabica bakabata mu musarane nk’uko abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi mu Kagari ka Mbuye mu Karere ka Nyanza babitangarije abanyamakuru ubwo bajyaja gukora ubucukumbuzi kuri icyo kibazo
Isesengura: Abantu batanu bayoboye Komite Olempike n’ibyo bazwiho bibi cyangwa se byiza

Isesengura: Abantu batanu bayoboye Komite Olempike n’ibyo bazwiho bibi cyangwa se byiza

Sesengura
Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) nk’urwego ruhuza amashyirahamwe yose y’imikino mu Rwanda, kuva nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 imaze kuyoborwa n’Abaperezida batanu, mu busesenguzi ikinyamakuru impamba.com cyakoze, buri umwe hari ibyo kimuziho bishimwa n’abakinnyi  ndetse n’amwe mu mashyirahamwe y’imikino ndetse hakaba n’ibyo bakoze bibi abantu bahora babibukiraho. Rudahunga Gideon Ni we Perezida wa mbere wayoboye Komite Olempike nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, niwe wajyanye n’ikipe yitabiriye imikino Olempike yabereye i Athlata muri 1996, icyo yibukirwaho ni uko nyuma y’iyo mikino, yatumiye delegasiyo yose yitabiriye iyo mikino, atumira na Ministre w’Intebe amwereka ikipe yaserukiye Igihugu, nyuma buri mukinnyi amugenera ishimwe ri
Haruna wayoboye ishuri ryo kwa Kadafi (ESSI-Nyamirambo) aravugwaho kunyereza umutungo, none akomeje kwidegembya muri Emirates

Haruna wayoboye ishuri ryo kwa Kadafi (ESSI-Nyamirambo) aravugwaho kunyereza umutungo, none akomeje kwidegembya muri Emirates

Amakuru
Amakuru dukesha ikinyamakuru Umusingi cyo ku wa 29 Kamena 2020, avuga ko Haruna Nshimiyimana wayoboye ishuri rya “Centre Culturel Islamic” ahazwi nko kwa Kadafi (ESSI-Nyamirambo) muri 2014 kugeza mu mpera za 2018, yaciye agahigo mu ba Diregiteri b’iryo shuri banyereje amafaranga menshi yatangwaga n’ababyeyi ndetse hakaba n’abandi bavugwa muri iyi dosiye nabo amakuru yabo azashyirwa ahagaragara. Uko inkuru iteguye Amakuru dukesha bamwe mu bantu bakoranye na Haruna Nshimiyimana, bavuga ko nyuma yo gutwara ayo mafaranga yatangwaga n’ababyeyi akayaguramo imitungo itandukanye, ngo yatahuye ko bishobora kuzamenyekana akabibazwa ahitamo kujya gushaka akazi muri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (United Arab Emirates) mu Rwanda ikorera muri Marriot Hotel. Abatanze ayo makuru
Gaposho: Umunyemari uvugwaho ubwambuzi

Gaposho: Umunyemari uvugwaho ubwambuzi

Amakuru
Jean Gahunde Mafutamingi umunyemari uzwi ku izina rya Gaposho aravugwaho kwambura umuturage wo mu Mudugudu wa Rutagara ya 1, Akagari ka Nzove, Umurenge wa Kanyinya witwa Vincent Twagirayezu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi cumi na birindwi Magana atanu (17,500Frs). Uwo muturage ashinja  Gaposho kumwambura amafaranga ye  kuko icyo yayamwishyuriye atakimuhaye,  yitwa Vincent Twagirayezu, akaba yarayamuhaye kugira ngo amugurire Block Sima aho yari afite ibikorwa ku Gitikinyoni ariko bikaza gusenywa muri gahunda yo gusenya ibikorwa biri mu bishanga. Twagirayezu yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko aho ku Gitikinyoni aho Gaposho afite ibikorwa hari za Block Sima nyinshi hari n’umukozi ushinzwe kwakira abakiliya ariko umukiliya amafaranga akayiyishyurira Gaposho akoresheje uburyo
Bumbogo: Baramagana ibikorwa bya Ndayisaba bigamije kubashyira mu manegeka(Amafoto)

Bumbogo: Baramagana ibikorwa bya Ndayisaba bigamije kubashyira mu manegeka(Amafoto)

Amakuru
Bamwe mu bagize umuryango wa Mugenzi Augustin mu Kagari ka Mvuzo, Umudugudu wa Nkona mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo baratabaza inzego za Leta, inzego z’umutekano, ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) na Minisiteri ishinzwe Ibidukikije kubakiza umushoramari Ndayisaba Léon watangiye kubumba amatafari mu isambu yabo none amazu yabo akaba ashobora kujya mu manegeka abishyigikiwemo na Gahamanyi Edouard wigeze guhagararira Umurenge wa Bumbogo muri njyanama y’Akarere ka Gasabo. Ku wa Kabiri tariki ya 9 Kamena 2020 ni bwo ikinyamakuru impamba.com cyageze mu Mudugudu wa Nkona gisanga abakozi ba Ndayisaba Léon bari kubumba amatafari mu gihe bamwe mu bagize umuryango wa Mugenzi Augustin bari basabye ko icyo gikorwa kigamije kubashyira mu manegeka kigomba guhagarara. I
Ibitaro bya Dr Kanimba ishami rya Rubavu biravugwaho gutanga serivisi mbi

Ibitaro bya Dr Kanimba ishami rya Rubavu biravugwaho gutanga serivisi mbi

Amakuru
Ibitaro bya Dr Kanimba bizwi ku izina rya La Medicale ishami rya Rubavu biravugwaho guha serivisi mbi abarwayi aho usanga bamwe mu baganga bibereye kuri telefone abarwayi baryamye imbere yabo babuze ubakira. Ibitaro bya La Medicale ishami rya Rubavu ni bimwe mu bikunze kwakira abarwayi benshi, kuko bikorana n’ibigo bitandukanye by’ubwishingizi mu kwivuza, ariko ikibazo gisigaye kibangamiye abajya kwivuriza muri ibyo bitaro ni imikorere y’abanganga babo n’uburyo ubuyobozi bw’ibi bitaro bitateganyije umuntu ushinzwe kwita ku bakenera serivisi z’ibyo bitaro. Umwe mu barwayi wavuganye n’umunyakuru wa impamba.com ukorera i Rubavu yagize ati “ni gute ibitaro nk’ibi bifite abantu babigana gutya bitagira umukozi ushinzwe “customer care” ugasanga umuntu arahageze arasiragiye byaba ngombwa
Huye: Abagize uruhare mu kwica abana bo kwa Disi bakatiwe igifungo cya burundu

Huye: Abagize uruhare mu kwica abana bo kwa Disi bakatiwe igifungo cya burundu

Amakuru
Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwategetse ko Musabuwera Madeleine (Madarina) n’umuhungu we Kayihura Cassien bafungwa burundu nyuma yo gushingira ku bimenyetso simusiga rugasanga bahamwa n’icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ubwo abana babiri bo kwa Disi Didace babahungiragaho, nyuma bikamenyekana ko bishwe bakabata mu musarane na nyuma y’aho ugakomeza gukoreshwa. Tariki ya 13 Gashyantare 2020 ni bwo urubanza rwa Musabuwera Madarina na Kayihura Cassien bo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza rwakomereje mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye ari na bwo Umushinjacyaha yasabye ko Musabuwera Madarina n’abahungu be babiri ari bo Kayihura Cassien na Ngarambe Gerard bafungwa burundu. Gusa Ngarambe Gerard we afungiye urundi rubanza ahuriyemo na Nyina Musabuwera Madeleine na
Uko ibihugu by’aka Karere bikurikirana mu kugira abarwayi ba Coronavirus

Uko ibihugu by’aka Karere bikurikirana mu kugira abarwayi ba Coronavirus

Ubuzima
Icyorezo cya CORONAVIRUS (COVID19) gihangayikishije abatuye iyi si, no muri aka Karere ntiyoroheye abaturage, aho mu kuyirinda hafashwe ingamba zo guhagarika ibikorwa byose bihuza abantu benshi, ahubwo bakaba mu rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ryayo. Muri aka karere uko abayanduye bahagaze DR Congo – 307 (20 bashya uyu munsi) Kenya – 262 (12 bashya uyu munsi) Tanzania – 147 (Nta bashya uyu munsi) Rwanda – 144 (1 mushya uyu munsi) Uganda – 55 ( nta bashyashya uyu munsi) Burundi – 5 (nta bashyashya uyu munsi) Sudani y'Epfo – 4 (nta bashyashya uyu munsi) Ni inkuru dukesha Radio BBC kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2020.