Author: André Isaac

Musanze-Korali Victory igiye gushyira ahagaragara alubumu ya gatatu

Musanze-Korali Victory igiye gushyira ahagaragara alubumu ya gatatu

Imyidagaduro
Korali Victory yo mu rusengero rwa Minevam igiye gutunganyiriza indirimbo zayo zo kuri alubumu ya gatatu muri studo yitwa “Heroes studio” ibarizwa mu Karere ka Musanze Intara y’Amajyaruguru. Indirimbo za Victory Choir zikaba zituganywa na  “Producer Mandebeat Pro” ukorera i  Musanze hafi y’urusengero rw’Abadivandisiti b’umunsi wa karindwi rwa Kigombe. Mandebeat yavuze impamvu iyi studio yitwa “Heroes studio” agira ati :"Iri zina Heroes Studio ryaje mu by'ukuri mu gihe kuko twabigambiriye kuyishinga kera bikanga aho twahurije ibitekerezo hamwe na “Manager” twafashe umwanzuro wo kujya tubika udufaranga twakoreraga mu gihe cy'umwaka umwe tubonamo igishoro tugura ibikoresho ari na byo byatuvunnye rero nk’abasore  ibyo byatumye twita studio yacu “Heroes” kuko ari ubutwari twagize."
Rulindo: Ishuri ry’Ubumenyi Ngiro ryaguze ibikoresho biruta ubwinshi abana baje kuryigamo

Rulindo: Ishuri ry’Ubumenyi Ngiro ryaguze ibikoresho biruta ubwinshi abana baje kuryigamo

Uburezi
Ishuri ry’Ubumenyi ngiro rya “Institut Baptiste de Buberuka (IBB) riri mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Base ryaguze ibikoresho byinshi mbere y’uko umwaka w’amashuri utangira, ariko ubuyobozi butungurwa no kubona haje abanyeshuri bake hagereranyijwe n’abari bitezwe. Umwarimu wigisha muri “Institut Baptiste de Buberuka (IBB) wanze ko amazina ye atangazwa, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru impamba.com yagize, ati "Ku ruhande rwa IBB_TVET itangira ry’amashuri ryagenze neza ndetse abarimu bose twitabiriye akazi, ikindi ni uko ibikoresho bikenerwa mu myigire n’imyigishirize byaguzwe mbere y’uko abana batangira, abana nabo bakaba bitabiriye ku rwego rushimishije, ubu amasomo ari kwigishwa neza nta kibazo, gusa habonetse abandi bana byaba ari akarusho ugereranyije n'ibikoresho ubuyobo
EP Buramira: Gutwara ibikombe ku rwego rw’Akarere ka Rulindo no gutsindisha byahateje ubucucike muri 2019

EP Buramira: Gutwara ibikombe ku rwego rw’Akarere ka Rulindo no gutsindisha byahateje ubucucike muri 2019

Uburezi
Ikigo cy’amashuri abanza cya Ep Buramira kiri mu Karere ka Rulindo kiri mu bifite abana benshi bitewe n’uko gitsindisha neza ndetse no gutwara ibikombe mu mikino mpuzamashuri (interscolaire). Kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Mutarama 2019 nibwo ikinyamakuru impamba.com cyageze ku ishuri ry’i Buramira gisanaga abana n'ababyeyi ari urujyanuruza. Mbatezimana Ignace, umuyobozi w'iri shuri rya EP Buramira yagize, ati "Itangira ry'amashuri 2019 ryagenze neza kuko twari twariteguye ku bijyanye n'isuku n'ibikoresho muri rusange.Ababyeyi bitabiriye gutangiza abana cyane cyane abari bazanye abana bavuye ku bindi bigo bashaka kwiga hano n'abahasanzwe bishimira ko iki kigo kiri mu bigo byitwara neza mu mitsindishirize ,gutoza abana muri gahunda y'itorero, indangagaciro, imikino n'imyidagaduro
Gakenke: Nikobahoze ngo arinubira kudahabwa amafaranga Perezida Kagame agenera abasaza

Gakenke: Nikobahoze ngo arinubira kudahabwa amafaranga Perezida Kagame agenera abasaza

Amakuru
Nikobahoze Pawulo  bita “Rusaku”  w’imyaka isaga 90 wo mu Murenge wa Muzo Akagari ka  Mubuga mu Mudugudu wa Butambwe mu Karere ka Gakenke aratabaza nyuma y’uko atajya agenerwa amafaranga ya VUP kandi atishoboye ngo ubuyobozi bwo bukavuga ko yishoboye. Nikobahoze wibana mu nzu y'amategura, yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko abangamiwe nuko agiye kuzapfana agahinda k’uko yirengagijwe ngo  ntahabwe inkunga Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame agenera abasaza kandi nawe akuze ku buryo ntacyo akimarira. Nikobahoze mu kiganiro n’ikinyamakuru impamba.com yagize, ati "banyimye VUP ngo ndishoboye, kandi namwe murandeba ntacyo mbakinze nshaje nshiramo amenyo n'amaso yavuyemo, singira kivurira." Uyu musaza avuga ko ari we usigaye ku isi y’abazima mu bantu bavukana
Ruhuha:Nyiranshuti yiteguye gusohokana umugabo we witandukanyije na FDLR

Ruhuha:Nyiranshuti yiteguye gusohokana umugabo we witandukanyije na FDLR

Amakuru
Nyiranshuti Kansilida utuye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ruhuha yiteguye gusohokana umugabo we witwa Nkuranyabahizi Pascal witandukanyije n’Umutwe wa FDLR, ubu uri i Mutobo mu kigo cyakira abahoze ari abasirikare bagiye kujya mu buzima busanzwe. Uyu mugore avuga ko yaburanye n’umugabo we Nkuranyabahizi mu mwaka wa 1994, mu gihe bashakanye mu mwaka wa 1984, bityo nyuma yo kumva ko umugabo we yafashe icyemezo akagaruka mu Rwanda byamushimishije cyane. Nyiranshuti yatangarije ikinyamakuru impamba.com ko umugabo we kuri ubu ari i Mutobo, ngo nyuma yo kuvugana nawe kuri telefone urukumbuzi ni rwinshi akaba asanga iminsi itinda kurangira ngo nagera mu rugo azamusohokane batembere ndetse amugurire na byeri. Nyiranshuti yatangaje ko umugabo azamusesekaraho agahita amusohokana,