
Amasezerano akuraho intwaro kirimbuzi, agaseke urubyiruko rw’u Rwanda ruhawe
Umuryango w’Urubyiruko rwa Mutagatifu Charles Lwanga (AJECL), watangije igikorwa cyo gushishikariza u Rwanda gusinya amasezerano mpuzamahanga akuraho intwaro za kirimbuzi. Ubuyobozi bwa AJECL buvuga ko kuba mu isi itarimo intwaro za kirimbuzi ari agaseke urubyiruko rwaba ruhawe.
AJECL iri muri gahunda yo gukangurira imiryango itari iya Leta kurushaho kumenyekanisha mu Banyarwanda n’ubuyobozi akamaro ko gukumira ikwirakwizwa ry’intaro kirimbuzi. Ni muri urwo rwego, urubyiruko rusabwa kugira uruhare runini mu gusaba ko u Rwanda narwo ryajya ku rutonde rw’ibihugu byasinye ayo masezerano, bikaba ari umurage urubyiruko rwaba rubonye ku barubanjirije, kuko baba bafite isi itekanye, aho hatari umuntu n’umwe ufite ubuzima by’isi yose mu ntoki, nk’uko ibihugu bimwe na bimwe bitunze izo ntwa