Author: Innocent Hategekinama

 Amasezerano akuraho intwaro kirimbuzi, agaseke urubyiruko rw’u Rwanda ruhawe

 Amasezerano akuraho intwaro kirimbuzi, agaseke urubyiruko rw’u Rwanda ruhawe

Mu Rwanda
Umuryango w’Urubyiruko rwa Mutagatifu Charles Lwanga (AJECL), watangije igikorwa cyo gushishikariza u Rwanda gusinya amasezerano mpuzamahanga akuraho intwaro za kirimbuzi. Ubuyobozi bwa AJECL buvuga ko kuba mu isi itarimo intwaro za kirimbuzi ari agaseke urubyiruko rwaba ruhawe. AJECL iri muri gahunda yo gukangurira imiryango itari iya Leta kurushaho kumenyekanisha mu Banyarwanda n’ubuyobozi akamaro ko gukumira ikwirakwizwa ry’intaro kirimbuzi. Ni muri urwo rwego,  urubyiruko rusabwa kugira uruhare runini mu gusaba ko u Rwanda narwo ryajya ku rutonde rw’ibihugu byasinye ayo masezerano, bikaba ari umurage urubyiruko rwaba rubonye ku barubanjirije, kuko baba bafite isi itekanye, aho hatari umuntu n’umwe ufite ubuzima by’isi yose mu ntoki, nk’uko ibihugu bimwe na bimwe bitunze izo ntwa
Umuryango “Help a Child” wafashije urubyiruko kwivana mu bukene

Umuryango “Help a Child” wafashije urubyiruko kwivana mu bukene

Mu Rwanda
Mu turere twa Bugesera, Rwamagana, Ngoma na Rusizi, urubyiruko rufite ubuhamya bwihariye bwo kwivana mu mukene. Rwibumbiye muri koperative zitandukanye, rwiteza imbere kubera ubuhinzi bw’imboga n’ubworozi bw’inzuki. Ibi, rubikesha Umuryango Mpuzamahanga “Help a Child” ufite mu nshingano zawo gufasha urubyiruko guhanga imirimo no gufasha umuryango mugari kwigira. “Twatangiye koperative muri 2016 tubifashijwemo n’umuryango Help a Child.  Yadusanze mu ngo zacu, turi urubyiruko rutagira icyo rukora. Uyu muryango watubumbiye mu matsinda yo gukora, utwigisha akamaro ko guhuza imbaraga nk’uko izina ryacu ribivuga. Wadutoje guhinga imboga,mu buryo bugezweho, ndetse no kwizigama. Twatangiye dutanga amafaranga 200 mu cyumweru  nk’umugabane wa buri munyamuryango. Umugabane shingiro ugeze ku bi
 Ikoranabuhanga nti ryariryizerwa na benshi mu gikorwa cyo kurwanya Covid-19

 Ikoranabuhanga nti ryariryizerwa na benshi mu gikorwa cyo kurwanya Covid-19

Amakuru
Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda mu kwezi kwa 3 muri 2020, leta y'u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zo kwirinda. Muri izi ngamba harimo no gukangurira Abanyarwanda gukoresha ikoranabuhanga mu kugura no kugurisha. Iyi myanzuro yashyizweho mu rwego rwo kugira ngo abantu bareke guhererekanya amafaranga mu ntoki kuko biri mu bishobora gukwirakwiza icyorezo cya Covid-19. Ntakirutimana Simoni ni umucuruzi w'ibirayi mu isoko rya Nyamirambo, avuga ko yatangiye gukoresha ikoranabuhanga ubwo leta yemeje ko bagomba kwishyura bakoresheje uburyo buzwi nka Momo pay, ariko ngo ahora afite impungenge z'amafaranga ye kubera abatekamutwe bateye. Yagize ati" Urebye uburyo nakoreshaga Momo pay ubu narabigabanyije kuko mba mfite ubwoba ko amafaranga yanjye nshobora kuyabura kubera ...
Ngoma: Abasangira inkono imwe bazahuza icyiciro cy’ubudehe

Ngoma: Abasangira inkono imwe bazahuza icyiciro cy’ubudehe

Amakuru
Mu kiganiro cya Pax Press ku budehe bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rurenge, bavuga ko bishimiye uko gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe byateguwe aho ingaragu cyangwa abakobwa babyariye iwabo bemerewe kujya mu ikiciro cy’ababyeyi mu gihe bagisangirira ku nkono imwe. Ubwo igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe cyakorwaga ababyeyi bamwe bagaragaje ibyifuzo by’uko abana babo bujuje imyaka y’ubukure cyangwa abakobwa babyariye iwabo bahabwa ibyiciro byabo ndetse na bamwe mu bana nabo bakabyifuza ariko ibi biza kubamo imbogamizi kuko amabwiriza y’ibyiciro by’ubudehe avuga ko mu gihe ingaragu cyangwa abakobwa babyariye iwabo bagisangirira n’ababyeyi babo ku nkono imwe bagomba kubarizwa mu cyiciro kimwe n’ababyeyi babo. Uyu ni Uwimana wo
Ngoma:Kwishyura Mituweli ntibizategereza ibyiciro bishya by’ubudehe

Ngoma:Kwishyura Mituweli ntibizategereza ibyiciro bishya by’ubudehe

Mu Rwanda
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rurenge, bagaragaje imbogamizi z’ukuntu bazishyura mituweli ibyiciro bitaratangazwa,ariko bamazwe amatsiko ko kuyishyura bitazategereza ko ibyiciro bishya bitangazwa. Izi mbogamizi abaturage bazigaragarije mu kiganiro cyateguwe n’Umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro (Pax Press) ku byiciro bishya by’ubudehe. Byari biteganyijwe ko muri uyu mwaka wa 2021 mu kwezi kwa Gashyantare bizagera buri mu Nyarwanda azi icyiciro cy’ubudehe abarizwamo, ariko nkuko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibikorwa by’iterambere mu nzego zibanze LODA kivuga ko iyi gahunda itagezweho kubera icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi N’URwanda rudasigaye. Mukanoheli Pascasie umwe mu baturage bo mu murenge wa Rurenge avuga ko bari bafite ibiba
Kamonyi: LA GALOPE-RWANDA na CODARIKA Amizero basinye amasezerano y’ubufatanye

Kamonyi: LA GALOPE-RWANDA na CODARIKA Amizero basinye amasezerano y’ubufatanye

Amakuru
Tariki ya 30 Ukwakira nibwo umuryango utari uwa Leta, La Galope Rwanda (LGR) hamwe na Koperative y’abahinzi b’Umuceri CODARIKA Amizero ikorera mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Musambira, basinye amasezerano y’ubufatanye, akubiyemo inshingano za buri ruhande mu bikorwa by’umushinga wo gufasha abagore batishoboye babarizwa muri iyi Koperative. Uyu mushinga ni uwo gufasha abagore batishoboye babarizwa muri koperative,aho bazahabwa inkoko 300, bakubakirwa ikiriro cy’inkoko n’uturima tw’igikoni hamwe no gufukura amazi meza. Ibi byose ni ukugira ngo biteze imbere, hamwe no ku rwanya imirire mibi. Nk’uko byasobanuwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa LGR, Alphonse Safari yavuze ko muri aya masezerano agamije ubufatanye hagati ya CODARIKA Amizero na LGR akaba akubiyemo inshingano za bu
Nyarugenge: Hari abafite ubwoba ko bashobora kwandura Covid-19 mu mubyigano w’abazunguzayi

Nyarugenge: Hari abafite ubwoba ko bashobora kwandura Covid-19 mu mubyigano w’abazunguzayi

Ubuzima
Bamwe mu buturage batuye mu Murenge wa Gitega na Kimisagara, baravuga ko bahangayikishijwe, n’akajagari k’abacuruzi b’abazunguzayi bacururiza muri imwe mu midugudu yo muri iyi mirenge,ngo bishobora ku bagiraho ingaruka zo kwandura Covid-19. Uyu mubyigano w’abazunguzayi ugaragara cyane mu nkengero z’isoko rya Kimisagara, ndetse usanga benshi bageze no mu duce dutuwe, ari naho abaturage bahera basaba ubuyobozi gushyira imbaraga mu guca akajagari k’aba baturage dore ko batubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo. Murekatete Josiane umwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Ntaraga, wo mu Kagali ka Kamuhoza, mu Murenge wa Kimisagara, ahagaragara cyane umubyigano w’abazunguzayi, yagize ati “Twebwe nk’abaturage batuye muri uyu mudugudu iyo turebye umubyigano w’abazunguzayi usigaye uba
Covid-19 yigishije isuku y’umubiri n’iyo mu rugo

Covid-19 yigishije isuku y’umubiri n’iyo mu rugo

Ubuzima
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko nubwo icyorezo cya Covid-19 gihangayikishije Isi n’u Rwanda muri rusange cyatumye abaturage barushaho kugira isuku ku mubiri ndetse no mu rugo. Aba baturage bemeza ko mbere batitaga ku isuku cyane ndetse benshi nti bumve ko hari indwara nyinshi bashobora kurwara biturutse ku Isuku nkeya, ariko aho Coronavirus yaziye yatumye bagira umuco w’isuku ibintu bifuza ko bizaba umuco mu gihe iki cyorezo cyaba kimaze gukendera. Uyu ni Ndayambaje Gaspard w’imyaka 32 afite abana 2 atuye mu Murenge wa Gitega avuga ko Covid-19 yatumye barushaho kugira isuku kandi ngo kuri we byamaze kuba nk’umuco ngo nubwo iki cyorezo cyashira bazakomeza ingamba zo kugira isuku nyinshi mu rugo kuko yamaze gusobanukirwa ko hari izindi ndwara bibarinda. Yagiz
Mushubati : Sirivisi z’Irembo zizitirwa n’ibura ry’ibikorwaremezo

Mushubati : Sirivisi z’Irembo zizitirwa n’ibura ry’ibikorwaremezo

Amakuru
Serivisi z’Irembo mu Murenge wa Mushubaki mu Karere ka Rutsiro zizitirwa n’ibikorwaremezo by’itumanaho bidahagije. Abaturage bamara igihe kirekire bategereje umuyoboro wa Internet (network) kugira ngo bahabwe serivisi za Leta n’izibindi bigo, bifuza iminara myinshi itanga serivisi nziza. Abaturage bo mu murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro, bifuza iminara myinshi ishoboka itanga imiyoboro ya Internet kugira ngo bashobore kubona serivisi z’IREMBO, cyane cyane iyo bashaka ibyemezo bitandukanye mu nzego za Leta no kuriha imisoro. Nyirakimenyi Anastaziya ubwo yari yitabiriye ikiganiro gihuza abaturage n’abayobozi, gitegurwa n’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro (PAX PRESS) mu mpera z’Ugushyingo 2019, yerekanye ko abaturage bamara igihe kirekire bategereje kubona umuyo
Abakoze ibyaha ba nyabo nibashakishwe bahanwe-Neretse

Abakoze ibyaha ba nyabo nibashakishwe bahanwe-Neretse

Amakuru
Kuri uyu wa Kabiri mu Bubiligi hakomeje urubanza rwa Fabien Neretse ukurkiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka 1994, mu byo yabajijwe ntiyigeze ahakana ko abakoze ibyaha bakurikiranwa. Yabajijwe niba yemera ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye asubiza ko yemera ko hari abapfuye bazira uko baremwe. Mu bindi bibazo Neretse yabajijwe niba interahamwe hari icyo aziziho asubiza avuga ko “Multipartisme” ije, amashyaka yose yashyizeho imitwe y’urubyiruko: Interahamwe, Inkuba za MDR, bakombozi ba PSD, jeunesse liberale ba PL, Impuzamugambi za CDR. Ikindi yabajijwe uko abona u Rwanda rwejo hazaza, asubiza agira ati “Abakoze ibyaha ba nyabo nibashakishwe bahanwe, kuko ubwiyunge ntibwakunda hadahanwe abanyabyaha nyabo. Nkubu ndaburana nka Liteutenant, nibyo bya