Author: Impamba.com Reporter

Za “Postes de sante” zigiye guhabwa imbaraga ku buryo zizajya zisuzuma na Diyabete

Za “Postes de sante” zigiye guhabwa imbaraga ku buryo zizajya zisuzuma na Diyabete

Ubuzima
  Za “Postes de Sante” zigiye guhabwa imbaraga ku buryo zizajya zisuzuma n’indwara zikomeye nka Diyabete, impyiko n’izindi. Umuryango Inshuti z’ubuzima (Society for Family-SFH Rwanda) ufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima, kuri uyu wa Gatatu taliki ya 23 Mutarama 2018, basuzumiye hamwe mu nama igamije kwigira hamwe uburyo ubuvuzi bw’ibanze bwakorerwaga mu Kigo Nderabuzima, bwakimuka bugatangirwa muri “Poste de Santé”, zigiye gukwirakwizwa mu tugari twose tw’u Rwanda. Ibyo bikaba bikorwa mu rwego rwo kongerera ubushobozi ubuvuzi bw’ibanze butangirwa muri Poste de santé ku buryo n’umubyeyi yahabyarira, bigakubitiraho nuko urugendo umurwayi yakoreshaga rugiye kugabanukaho iminota 25 aho kuba iminota 50 nk’uko bisanzwe. Iyo nama yari iteraniyemo impuguke mu murimo wo kuvura,
Nyakariro:Barinubira gutanga amafaranga yo kuzana amazi mu ngo ahubwo akajyanwa mu mudugudu Gitifu atuyemo

Nyakariro:Barinubira gutanga amafaranga yo kuzana amazi mu ngo ahubwo akajyanwa mu mudugudu Gitifu atuyemo

Amakuru
Abaturage batuye mu Kagari ka Gishore mu midugudu ya Matyazo na Gishore mu Murenge wa Nyakariro mu Karere ka Rwamagana  baratakamba basaba ubuyobozi kubafasha bagasubizwa amafaranga yabo batanze  ntibahabwe amazi ahubwo akajyanwa mu mudugudu utuwemo n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari kabo ari we Musanayo Felicité. Aba baturage bavuga ko batunguwe nuko basabwe n’ubuyobozi bw’Akagari amafaranga ibihumbi 50 kuri buri muturage,kugira ngo bagezweho amazi meza na WASAC stasiyo ya Kanombe, ariko bagatungurwa nuko amazi yajyanwe mu mudugudu wa Rusagara kandi abahatuye nta mafaranga batanze. Aba baturage bemeza kandi ko uwugerageje kubaza impamvu badusubizwa amafaranga yabo, ubuyobozi bumureba nabi, ariko andi makuru ikinyamakuru impamba.com gikesha abaturage avuga ko hari bamwe mu
Ari umu “Athletes” witoreza mu Rwanda n’uwitoreza mu mahanga batandukanira he?

Ari umu “Athletes” witoreza mu Rwanda n’uwitoreza mu mahanga batandukanira he?

Sesengura
Hari abakinnyi b’Abanyarwanda bakina imikino ngororamubiri (athletisme) bitoreza mu Rwanda gusa n’abandi bajya kwitoreza mu mahanga bihereye muri aka Karere ka Afurika y’Iburasirazuba nko muri muri Kenya n’abitoreza mu Burayi, mu isesengura ikinyamakuru impamba.com cyakoze kirabereka  ko abo bakinnyi hari aho batandukanira yaba mu kuzamura urwego rw’imikinire yabo yabo ndetse no mu kwiteza imbere no gufasha imiryango yabo cyangwa se kwereka bagenzi babo inzira bacamo impano Imana yabahaye yo kwiruka uburyo bamenya aho bajya guhahira bayikoresheje. Muri ubu busesenguzi turibanda ku bakinnyi barimo abajya kwitoreza mu mahanga bakagaruka mu Rwanda vuba cyangwa banakenerwa bakagaruka gukinira igihugu cyabo, turagaruka na none kubajya mu mahanga bikaba ngombwa ko batinda kugaruka mu Rwan
Rwamagana:Barinubira ikigo mbonezamikurire kidafite ubwiherero

Rwamagana:Barinubira ikigo mbonezamikurire kidafite ubwiherero

Amakuru
Ababyeyi bafite abana barerwa ku kigo mbonezamikurire kiri mu Mudugudu wa Bigabiro mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigabiro mu Mujyi w'Akarere ka Rwamagana baravuga ko baterwa impungenge no kohereza abana ku kigo mbonezamikurire kidafite ubwiherero(toilet). Kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Mutarama 2019 nibwo hatangiye umwaka w’amashuri 2019 mu mashuri y’incuke abanza ndetse n’ayisumbuye , ubu impungenge akaba ari zose ku babyeyi bafite abana bagana ku kigo mbonezamikurire kiri mu Mudugudu wa Bigabiro . Abana bari hagati y’imyaka 6 n’itatu nibo barererwa ku kigo mbonezamikurire cya "ECD Cyanya", ariko ababyeyi bafite impungenge ku mibereho y’abana babo bitewe n'uko aho bagomba kwigira nta bwiherero buhari . Umubyeyi utuye mu mudugudu wa Biraro wanze ko amazina ye atangazwa ubw
Umuhungu Tshisekedi niwe watsindiye kuyobora Congo Kinshasa

Umuhungu Tshisekedi niwe watsindiye kuyobora Congo Kinshasa

Mu Mahanga
Umuhungu wa nyakwigendea Etienne Tshisekedi waranzwe no kutavuga rumwe n’Abaperezida ba Congo Kinshasa ari we Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo uyoboye ishyaka rya UDPS (Union pour la Démocratie et le Progrès Social) ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo niwe watangajwe  na Komisiyo ishinzwe gutegura amatora ko yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu. Mu majwi y’agateganyo yatangajwe mu masaha ya sa kumi z’igitondo kuri uyu wa kane,yerekana ko umuhungu wa nyakwigendera Etienne Tshisekedi Wamulumba,Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo 7.051.013 (38,57%) agakurikirwa na Martin Fayulu n’amajwi 35’2% naho Emmanuel Ramazani Shadary wari ushyigikiwe na Perezida Kabila yabonye amajwi 4 357 359 (23,8%). Agiye gusimbura Joseph Kabila amaze imyaka 18 ku buteg
APE Rugunga: Saidon nta kiri umuyobozi w’ishuri, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi  ati “uwo twazanye twabanje kumurambagiza”

APE Rugunga: Saidon nta kiri umuyobozi w’ishuri, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ati “uwo twazanye twabanje kumurambagiza”

Amakuru
Saidon Christian wayoboye ishuri rya APE Rugunga mu gihe cy’imyaka 16, akaba yaramenyekanye cyane mu guhesha iri shuri ibikombe mu mikino mpuzamashuri, Inama y’Ubutegetsi iyobowe na Rusagara Paul, ni yo ngo yafashe icyemezo cyo gushyira Saidon  mu kiruhuko cy’izabukuru (pension) kandi komite ya “Board” manda yayo yararangiye. Umuyobozi mushya ubu wa APE Rugunga yitwa Ntawiheba Eustache mu kizamini cy’akazi wagize amanota 84 ku ijana aza ari uwa mbere, uwa kabiri yabaye Jyamubandi Orrest wabonye amanota 70 ku ijana. Tariki ya 3 Mutarama 2019 nibwo ikinyamakuru impamba.com cyanyarukiye muri APE Rugunga nyuma y’uko Perezida w’Inama y’Ubutegetsi yari yabwiye umunyamakuru ko guhera saa yine haza kuba umuhango w’ihererekanyabubasha (handover), ariko byageze mu masita nta hererekany
Ras Banamungu and the Det-n-ators International

Ras Banamungu and the Det-n-ators International

Imyidagaduro
Coming to the fore, as talent will do, Ras Banamungu and the Det-n-ators International latest release 'I am MessenJah' is currently #1 regionally (Perth, WA), # 1 nationally (Australia), and #2 Globally on Reverbnation Reggae charts. Their album of the same title, "I am MessenJah" is coming to you very soon. Ras Banamungu and the Det-n-ators International are very proud to be the 2016 Akademia Music Award winner for the Best pop rock EP For 'Let's Make Our Business Forgiveness'. In honoring us, Akademia recommended that we be be distinguished for creative excellence among a crowded field of competitors. We thank them sincerely. Its members coming from varying places around the world, Ras Banamungu & the Det-n-ators International plays Afro-rock/reggae, rock, blues and Shakala...